• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Rayon Spotrs yasinyanye amasezerayo y’ubufatanye na Bank of Kigali y’igihe cy’imyaka 5, ikazabona arenga Miliyari 1 ku mwaka   |   18 Jul 2026

  • Dr Eugène Rwamucyo yahamijwe ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi, akatirwa imyaka 27 y’igifungo mu Bufaransa   |   18 Jul 2026

  • Bombori bombori muri RNC yageze no mu muryango bwite wa Kayumba Nyamwasa   |   17 Jul 2026

  • Visit Rwanda n’ikipe ya Aston Villa yo mu gihugu cy’u Bwongereza basinyanye amasezerano y’ubufatanye   |   14 Jul 2026

  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Icyo Abahakanyi ba Jenoside Bibumbiye Muri Jambo Asbl nindi Miryango Bagomba Kumenya k’Ubwicanyi bw’Abatutsi Bwabaye mu Ukwezi k’Ukwakira 1990

Icyo Abahakanyi ba Jenoside Bibumbiye Muri Jambo Asbl nindi Miryango Bagomba Kumenya k’Ubwicanyi bw’Abatutsi Bwabaye mu Ukwezi k’Ukwakira 1990

Ubwanditsi 10 Oct 2020 Amakuru, INKURU NYAMUKURU

Ntirukiri urubyiruko ni abagabo n’abagore bakuze, bibumbiye mu miryango itandukanye nka Jambo asbl, nindi itandukanye bagamije guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi ku mpamvu zitandukanye harimo gutagatifuza ababyeyi babo dore ko abagize iyo miryango bakomoka ku bahekuye u Rwanda muri Jenoside yakorewe Abatutsi, kujijisha ubutabera bagamije ubukangurambaga mu itangazamakuru aho baba bashaka gushinja ingabo zahoze ari iza FPR Inkotanyi ubwicanyi nkuko byateguwe n’ababyeyi babo.

Muri iyi minsi biharaje kwamamaza ko ukwezi k’Ukwakira kwahariwe Jenoside bihimbira kugirango bakomeze bagaragaze ko ba Se atari abicanyi karundura mu rwego rwo kugoreka amateka. Twagiye tubagezaho isano iri hagati yabari inyuma yicyo gikorwa, nka Denise Zaneza wakajije umurego nyuma yaho, Se umubyara Marcel Sebatware inkiko z’Ububiligi zishikirijwe dosiye ye ngo aburanishwe uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Abandi ni bagenzi be bo muri Jambo nka Kayumba Placide, mwene Ntawukuliryayo wari Su perefe wa Gisagara wakatiwe imyaka 25 n’urukiko rw’Arusha n’abandi. Tugarutse ku ibyabaye mu ukwezi k’Ukwakira, nyuma yaho ingabo za FPR Inkotanyi zigabye igitero kuko leta za Kayibanda na Habyarimana zari zarabwiye impunzi ko u Rwanda ari ikirahuri cyuzuye amazi, umugambi wa Jenoside wahise utangira kujya mu bikorwa bidatinze.

Duhereye ku ijoro ryo ku wa 4 rishyira uwa 5 Ukwakira 1990, ingabo za Habyarimana zaraye zirasa nijoro mu mugi wa Kigali kugirango mu gitondo bafate icyitwa umututsi cyose uzi gusoma no kwandika yaba umugabo cyangwa umugore, Bose barafashwe barundanywa muri Stade ya Nyamirambo aho ku munsi wa mbere abagera ku ibihumbi 50 bashyizwe hamwe muri Stade bamara iminsi itatu batarya batanywa, babona igikoma nyuma y’iminsi itatu bakiyambura inkweto akaba arizo bakinywesha. Ibi byabaye isi yose irebera akaba ari n’imiryango mpuzamahanga yatumye babona nicyo gikoma. Nyuma yaho bamwe bararekuwe ariko abize cyane bajyanwa gufungirwa muri Gereza ya Kigali na Ruhengeli.

Hagati ya tariki 7-10 Ukwakira, mucyahoze ari Komini Murambi Perefegitura ya Byumba, hafashwe abasore barenga 50 b’Abatutsi boherezwa mu kigo cya gisirikari I Byumba batwikwa ari bazima.

Ubwicanyi bw’abagogwe muri Kibilira n’andi makomini ya Gisenyi na Ruhengeli

Ukwezi kwa cumi 1990 nandi mezi yakurikiye bwaranzwe n’ubwicanyi bw’Abagogwe mu gice cy’amajyarugu y’igihugu aho inzego za leta n’izumutekano zabigizemo uruhare runini. Raporo y’Umuryango uhuza ibihugu by’Afurika (OUA) yahindutse Umuryango w’Afurika yunze Ubumwe (AU) yemeje ko ubwicanyi bw’Abagogwe bwagizwemo uruhare na Perezida Habyarimana ubwe ndetse n’abamwungirije bakomoka muri icyo gice.

Mbere y’ubwicanyi habaye inama zitandukanye zibutegura aho abasirikari n’inzego za Komini zashishikarije abaturage b’abahutu kwikiza umwanzi ariwe mututsi. Kugirango bakurure umujinya w’abo baturage, abayobozi batangaje ko Col Uwihoreye na Col Serubuga bishwe n’Abatutsi, bwari ubutumwa bw’icengezamatwara bashaka kwerekana ko Abatutsi bishe abasirikari bakuru b’igihugu bazica n’abaturage basanzwe bityo ari byiza Kubica mbere.

Kugeza tariki ya 13 Ukwakira 1990, Abatutsi bagera kuri 348 barishwe ndetse inzu zisaga 550 ziratwikwa nkuko byemejwe na raporo yari ihuriwewo n’Imiryango Mpuzamahanga itandukanye hamwe n’Afurika yunze Ubumwe (International Commission of Investigation on Human Rights Violations in Rwanda.) Abagera kuri 2,385 bahungiye kuri Paruwasi ya Muhororo. Nkuko tubikesha raporo y’Imiryango Mpuzamahanga, abagize uruhare mu iyicwa ry’Abatutsi muri Kibilira nandi makomini ya Gisenyi ni Burugumesitiri Jean Baptiste Nteziryayo, Pierre Tegera wari Umukuru w’Umushinga PNAP mu Ruhengeli, Thomas Ushizimpumu wakoraga kuri Komini Kibilira na Innocent Teganya wari umukuru wa MRND muri Kibilira.

Ubwicanyi bwo muri Kibilira ndetse nandi makomini agera kuri 12 yari agize Perefegitura ya Gisenyi bwarakomeje ndetse bufata n’intera mu yandi makomini yari agize Ruhengeli nka Mukingo, Nkuli na Kinigi, Ibi byose abana b’abicanyi barabizi neza, kandi uruhare rw’ababyeyi babo bararuzi, bityo gushakisha ubwicanyi butabayeho ntabwo bizatagatifuza ababyeyi babo. Nibicare hamwe bagire umutima utandukanye n’uwababyeyi babo naho ubundi bariha umurage mubi.

2020-10-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Urubyiruko rw’Abahezanguni bahekuye u Rwanda rurakataje mu gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi

Urubyiruko rw’Abahezanguni bahekuye u Rwanda rurakataje mu gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 13 Jul 2018
Ubutabera bwo muri Finland bwibukije abajenosideri uburemere bw’ibyaha bakoze, bwongera kwangira Ruharwa Faransisiko Bazaramba kurekurwa atarangije igifungo cya burundu

Ubutabera bwo muri Finland bwibukije abajenosideri uburemere bw’ibyaha bakoze, bwongera kwangira Ruharwa Faransisiko Bazaramba kurekurwa atarangije igifungo cya burundu

Ubwanditsi 14 Mar 2021
AMAFOTO- Amavubi anganyije na Libya 1-1, mu mukino uwa mbere wo gushaka itike ya AFCON 2025

AMAFOTO- Amavubi anganyije na Libya 1-1, mu mukino uwa mbere wo gushaka itike ya AFCON 2025

Ubwanditsi 04 Sep 2024
Umwambari wa Parime Hutu Filip Reyntjens akomeje guhakana Jenoside no gukorana n’abayigizemo Uruhare: Ubuhamya bwerekana ubufatanye bwe na Hassan Ngeze

Umwambari wa Parime Hutu Filip Reyntjens akomeje guhakana Jenoside no gukorana n’abayigizemo Uruhare: Ubuhamya bwerekana ubufatanye bwe na Hassan Ngeze

RUSHYASHYA 18 Nov 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Gakenke: Nyuma ya siporo rusange, abaturage bakanguriwe kwicungira umutekano no kwiteza imbere
Mu Rwanda

Gakenke: Nyuma ya siporo rusange, abaturage bakanguriwe kwicungira umutekano no kwiteza imbere

Ubwanditsi 24 Oct 2017
Shampiyona y’u Rwanda mu mikino yo kwishyura iratangira gukinwa Rayon Sports isura Mukura VS, Gasogi United yakira Marines FC naho Gorilla FC yakire Kiyovu SC
Amakuru

Shampiyona y’u Rwanda mu mikino yo kwishyura iratangira gukinwa Rayon Sports isura Mukura VS, Gasogi United yakira Marines FC naho Gorilla FC yakire Kiyovu SC

Ubwanditsi 12 Feb 2022
Umugambi wa Uganda wo gukoresha urupfu rwa Rwigema nk’intwaro yo gusiga icyasha u Rwanda
INKURU NYAMUKURU

Umugambi wa Uganda wo gukoresha urupfu rwa Rwigema nk’intwaro yo gusiga icyasha u Rwanda

Ubwanditsi 14 Oct 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru