• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Icyo Abahakanyi ba Jenoside Bibumbiye Muri Jambo Asbl nindi Miryango Bagomba Kumenya k’Ubwicanyi bw’Abatutsi Bwabaye mu Ukwezi k’Ukwakira 1990

Icyo Abahakanyi ba Jenoside Bibumbiye Muri Jambo Asbl nindi Miryango Bagomba Kumenya k’Ubwicanyi bw’Abatutsi Bwabaye mu Ukwezi k’Ukwakira 1990

Ubwanditsi 10 Oct 2020 Amakuru, INKURU NYAMUKURU

Ntirukiri urubyiruko ni abagabo n’abagore bakuze, bibumbiye mu miryango itandukanye nka Jambo asbl, nindi itandukanye bagamije guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi ku mpamvu zitandukanye harimo gutagatifuza ababyeyi babo dore ko abagize iyo miryango bakomoka ku bahekuye u Rwanda muri Jenoside yakorewe Abatutsi, kujijisha ubutabera bagamije ubukangurambaga mu itangazamakuru aho baba bashaka gushinja ingabo zahoze ari iza FPR Inkotanyi ubwicanyi nkuko byateguwe n’ababyeyi babo.

Muri iyi minsi biharaje kwamamaza ko ukwezi k’Ukwakira kwahariwe Jenoside bihimbira kugirango bakomeze bagaragaze ko ba Se atari abicanyi karundura mu rwego rwo kugoreka amateka. Twagiye tubagezaho isano iri hagati yabari inyuma yicyo gikorwa, nka Denise Zaneza wakajije umurego nyuma yaho, Se umubyara Marcel Sebatware inkiko z’Ububiligi zishikirijwe dosiye ye ngo aburanishwe uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Abandi ni bagenzi be bo muri Jambo nka Kayumba Placide, mwene Ntawukuliryayo wari Su perefe wa Gisagara wakatiwe imyaka 25 n’urukiko rw’Arusha n’abandi. Tugarutse ku ibyabaye mu ukwezi k’Ukwakira, nyuma yaho ingabo za FPR Inkotanyi zigabye igitero kuko leta za Kayibanda na Habyarimana zari zarabwiye impunzi ko u Rwanda ari ikirahuri cyuzuye amazi, umugambi wa Jenoside wahise utangira kujya mu bikorwa bidatinze.

Duhereye ku ijoro ryo ku wa 4 rishyira uwa 5 Ukwakira 1990, ingabo za Habyarimana zaraye zirasa nijoro mu mugi wa Kigali kugirango mu gitondo bafate icyitwa umututsi cyose uzi gusoma no kwandika yaba umugabo cyangwa umugore, Bose barafashwe barundanywa muri Stade ya Nyamirambo aho ku munsi wa mbere abagera ku ibihumbi 50 bashyizwe hamwe muri Stade bamara iminsi itatu batarya batanywa, babona igikoma nyuma y’iminsi itatu bakiyambura inkweto akaba arizo bakinywesha. Ibi byabaye isi yose irebera akaba ari n’imiryango mpuzamahanga yatumye babona nicyo gikoma. Nyuma yaho bamwe bararekuwe ariko abize cyane bajyanwa gufungirwa muri Gereza ya Kigali na Ruhengeli.

Hagati ya tariki 7-10 Ukwakira, mucyahoze ari Komini Murambi Perefegitura ya Byumba, hafashwe abasore barenga 50 b’Abatutsi boherezwa mu kigo cya gisirikari I Byumba batwikwa ari bazima.

Ubwicanyi bw’abagogwe muri Kibilira n’andi makomini ya Gisenyi na Ruhengeli

Ukwezi kwa cumi 1990 nandi mezi yakurikiye bwaranzwe n’ubwicanyi bw’Abagogwe mu gice cy’amajyarugu y’igihugu aho inzego za leta n’izumutekano zabigizemo uruhare runini. Raporo y’Umuryango uhuza ibihugu by’Afurika (OUA) yahindutse Umuryango w’Afurika yunze Ubumwe (AU) yemeje ko ubwicanyi bw’Abagogwe bwagizwemo uruhare na Perezida Habyarimana ubwe ndetse n’abamwungirije bakomoka muri icyo gice.

Mbere y’ubwicanyi habaye inama zitandukanye zibutegura aho abasirikari n’inzego za Komini zashishikarije abaturage b’abahutu kwikiza umwanzi ariwe mututsi. Kugirango bakurure umujinya w’abo baturage, abayobozi batangaje ko Col Uwihoreye na Col Serubuga bishwe n’Abatutsi, bwari ubutumwa bw’icengezamatwara bashaka kwerekana ko Abatutsi bishe abasirikari bakuru b’igihugu bazica n’abaturage basanzwe bityo ari byiza Kubica mbere.

Kugeza tariki ya 13 Ukwakira 1990, Abatutsi bagera kuri 348 barishwe ndetse inzu zisaga 550 ziratwikwa nkuko byemejwe na raporo yari ihuriwewo n’Imiryango Mpuzamahanga itandukanye hamwe n’Afurika yunze Ubumwe (International Commission of Investigation on Human Rights Violations in Rwanda.) Abagera kuri 2,385 bahungiye kuri Paruwasi ya Muhororo. Nkuko tubikesha raporo y’Imiryango Mpuzamahanga, abagize uruhare mu iyicwa ry’Abatutsi muri Kibilira nandi makomini ya Gisenyi ni Burugumesitiri Jean Baptiste Nteziryayo, Pierre Tegera wari Umukuru w’Umushinga PNAP mu Ruhengeli, Thomas Ushizimpumu wakoraga kuri Komini Kibilira na Innocent Teganya wari umukuru wa MRND muri Kibilira.

Ubwicanyi bwo muri Kibilira ndetse nandi makomini agera kuri 12 yari agize Perefegitura ya Gisenyi bwarakomeje ndetse bufata n’intera mu yandi makomini yari agize Ruhengeli nka Mukingo, Nkuli na Kinigi, Ibi byose abana b’abicanyi barabizi neza, kandi uruhare rw’ababyeyi babo bararuzi, bityo gushakisha ubwicanyi butabayeho ntabwo bizatagatifuza ababyeyi babo. Nibicare hamwe bagire umutima utandukanye n’uwababyeyi babo naho ubundi bariha umurage mubi.

2020-10-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Intambara iratutumba hagati ya Perezida Ndayishimiye na Minisitiri w’intebe Bunyoni

Intambara iratutumba hagati ya Perezida Ndayishimiye na Minisitiri w’intebe Bunyoni

Ubwanditsi 16 Dec 2020
Uganda : Urukiko rwanze kurekura by’agateganyo ushinjwa gushimuta Lt.Joel Mutabaza

Uganda : Urukiko rwanze kurekura by’agateganyo ushinjwa gushimuta Lt.Joel Mutabaza

Ubwanditsi 05 Jan 2018
Kigali: Reba Amafoto Y’umuhango Wo Gusezeraho Bwa Nyuma CSP Gashagaza

Kigali: Reba Amafoto Y’umuhango Wo Gusezeraho Bwa Nyuma CSP Gashagaza

Ubwanditsi 21 Sep 2018
Ngire ibyo nibariza Perezida Evariste Ndayishimiye, ukinga Abarundi ibikarito mu maso

Ngire ibyo nibariza Perezida Evariste Ndayishimiye, ukinga Abarundi ibikarito mu maso

Ubwanditsi 02 Jan 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Bishop Rugagi yagarutse mu Rwanda atangaza ko i burayi ahakuye izindi mbaraga
Mu Rwanda

Bishop Rugagi yagarutse mu Rwanda atangaza ko i burayi ahakuye izindi mbaraga

Ubwanditsi 20 Oct 2017
Amafoto – Amavubi yakoreye imyitozo ya mbere kuri Sitade ya Huye, yitegura gukina na Ethiopie mu gushaka itike yo gukina CHAN2023
Amakuru

Amafoto – Amavubi yakoreye imyitozo ya mbere kuri Sitade ya Huye, yitegura gukina na Ethiopie mu gushaka itike yo gukina CHAN2023

Ubwanditsi 29 Aug 2022
Umugabo wabenze umugore ku munsi w’ubukwe i Kigali yararongoye undi i Burundi
SHOWBIZ

Umugabo wabenze umugore ku munsi w’ubukwe i Kigali yararongoye undi i Burundi

Ubwanditsi 04 Apr 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru