• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Umujenosideri Kabuga Felisiyani yavuniye ibiti mu matwi imbere y’abacamanza, nk’ amayeri yo gutinza urubanza ngo atazigera aburanishwa

Umujenosideri Kabuga Felisiyani yavuniye ibiti mu matwi imbere y’abacamanza, nk’ amayeri yo gutinza urubanza ngo atazigera aburanishwa

Ubwanditsi 12 Nov 2020 Amakuru, INKURU NYAMUKURU

Ubwo kuri uyu wa gatatu tariki 11 Ugushyingo 2020 yitabaga urukiko mpuzamahanga rw’I La Haye mu Buholandi, Kabuga Felisiyani yavuze ijambo rimwe rukumbi , ryo kwemera ko umwirondoro yumvise ari uwe koko, maze yanga kugira icyo avuga ku byaha 7 yari amaze gusomerwa. Abamwunganira mu mategeko bavuze ko “umukiliya wabo” atemera icyaha, ariko ko adafite imbaraga zo gusubiza, ndetse umunsi wo kumenyesha Kabuga ibyaha aregwa ukaba waranzwe no kuruhuka bya hato na hato, ngo kuko yari ananiwe cyane.

Kabuga yitabye urukiko ari mu kagare k’abafite ubumuga, nabyo bikaba byaba ari amayeri yo kwerekana ko afite intege nkeya, kuko ubwo yafatwaga tariki 16 Gicurasi uyu mwaka yari mutaraga, yigenza ndetse avuga adasobwa.
Abasesengura imanza z’inshinjabyaha zo mu rwego nk’uru, bavuga ko ba ruharwa bakoresha amayeri menshi agamije gutinza urubanza.Abakurikiranye imiburanire ya ba Nyiramasuhuko Paulina, umuhungu we Shalom Ntahobari na bagenzi babo, bazi imyaka urubanza rwabo rwamaze, binubira gusa kuba ubushinjacyaha bwararebye mu gatabo bandikamo “amabanga” yabo.

Twese tuzi amananiza Léon Mugesera yazanye mu rubanza rwe na n’ubu rukaba rugikururana, arwana gusa no gukomeza kwitwa”umwere”. By’umwihariko Kabuga Felisiyani w’imyaka 87 y’amavuko arananaiza iburanisha gusa kugirango azapfe adahamijwe ibyaha bikomeye nka jenoside, mbese azagende ari”umutagatifu” imbere y’amategeko. Umushinjacyaha we yakomeje kwemeza ko iby’umunaniro wa Kabuga bitazabuza urubanza kuba, ngo kuko agomba kuryozwa ibyo yakoze akiri mu mwuka w’abazima.

Ntihatangajwe igihe urubanza ruzatangira kuburanishwa mu mizi yarwo, gusa ngo haracyakenewe iminsi nibura 60 ngo ibimenyetso byose bishinja Kabuga bizabe byegeranyijwe. Tubibutse ko Kabuga aregwa ibyaha biremereye birimo uruhare rukomeye mu gutegura no gushyira mu bikorwa umugambi wa Jenoside yakorerewe Abatutsi. Kuva yafatwa ibyaha byose yabiteye utwatsi, ukibaza icyatumye yihisha imyaka isaga 26 niba yarumvaga ari umwere.

Ntibitangaje ariko kuko n n’abandi bajenosideri nka Théonetse Bagosora, Matayo Ngirumpatse n’ abandi ba Ruharwa babanje guhakana bivuye inyuma uruhare rwabo mu guhekura uRwanda, nyamara ntibyabujije ko urukiko mpuzamahanga rubahamya ibyaha, rugendeye ku bimenyetso simusiga. Na Kabuga rero yakwipfusha ubusa yagira, amaherezo ubutungane buzamukubita intahe mu gahanga, wa mugani w’abaturanyi!!

2020-11-12
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umuhanzi  Kidum ngo yaba yararogewe mumujyi wa Bujumbura

Umuhanzi Kidum ngo yaba yararogewe mumujyi wa Bujumbura

Ubwanditsi 27 Mar 2018
U Bufaransa: Dosiye ya Dr. Charles Twagira ushinjwa kugira uruhare muri Jenoside yubuwe

U Bufaransa: Dosiye ya Dr. Charles Twagira ushinjwa kugira uruhare muri Jenoside yubuwe

Ubwanditsi 05 Feb 2018
Kayumba ni umuterabwoba, aho kuba umudemokarate nkuko yifuza ko isi imumenya gutyo

Kayumba ni umuterabwoba, aho kuba umudemokarate nkuko yifuza ko isi imumenya gutyo

Ubwanditsi 07 May 2019
Bizimana Djihad yavuye mu ikipe ya Kryvbas yo muri Ukraine ajya muri Al Ahly yo muri Libya, Rafael York we yerekeje muri ZED FC yo mu Misiri

Bizimana Djihad yavuye mu ikipe ya Kryvbas yo muri Ukraine ajya muri Al Ahly yo muri Libya, Rafael York we yerekeje muri ZED FC yo mu Misiri

Ubwanditsi 06 Feb 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Trump yabyiniye ku rukoma nyuma y’iyirukanwa ry’Umuyobozi wungirije wa FBI
POLITIKI

Trump yabyiniye ku rukoma nyuma y’iyirukanwa ry’Umuyobozi wungirije wa FBI

Ubwanditsi 17 Mar 2018
Kuki Urupfu Rwa Karegeya  Rwakurikiwe N’umwijima Mu Mubano Wa Afurika Y’Epfo N’u Rwanda
INKURU NYAMUKURU

Kuki Urupfu Rwa Karegeya Rwakurikiwe N’umwijima Mu Mubano Wa Afurika Y’Epfo N’u Rwanda

Ubwanditsi 25 Jan 2019
Me Ndikumana Vincent yitandukanije n’ibikorwa bibi bya murumuna we Rudasingwa Alexis uri muri RNC
ITOHOZA

Me Ndikumana Vincent yitandukanije n’ibikorwa bibi bya murumuna we Rudasingwa Alexis uri muri RNC

Ubwanditsi 20 Jul 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru