• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Umujenosideri Kabuga Felisiyani yavuniye ibiti mu matwi imbere y’abacamanza, nk’ amayeri yo gutinza urubanza ngo atazigera aburanishwa

Umujenosideri Kabuga Felisiyani yavuniye ibiti mu matwi imbere y’abacamanza, nk’ amayeri yo gutinza urubanza ngo atazigera aburanishwa

Ubwanditsi 12 Nov 2020 Amakuru, INKURU NYAMUKURU

Ubwo kuri uyu wa gatatu tariki 11 Ugushyingo 2020 yitabaga urukiko mpuzamahanga rw’I La Haye mu Buholandi, Kabuga Felisiyani yavuze ijambo rimwe rukumbi , ryo kwemera ko umwirondoro yumvise ari uwe koko, maze yanga kugira icyo avuga ku byaha 7 yari amaze gusomerwa. Abamwunganira mu mategeko bavuze ko “umukiliya wabo” atemera icyaha, ariko ko adafite imbaraga zo gusubiza, ndetse umunsi wo kumenyesha Kabuga ibyaha aregwa ukaba waranzwe no kuruhuka bya hato na hato, ngo kuko yari ananiwe cyane.

Kabuga yitabye urukiko ari mu kagare k’abafite ubumuga, nabyo bikaba byaba ari amayeri yo kwerekana ko afite intege nkeya, kuko ubwo yafatwaga tariki 16 Gicurasi uyu mwaka yari mutaraga, yigenza ndetse avuga adasobwa.
Abasesengura imanza z’inshinjabyaha zo mu rwego nk’uru, bavuga ko ba ruharwa bakoresha amayeri menshi agamije gutinza urubanza.Abakurikiranye imiburanire ya ba Nyiramasuhuko Paulina, umuhungu we Shalom Ntahobari na bagenzi babo, bazi imyaka urubanza rwabo rwamaze, binubira gusa kuba ubushinjacyaha bwararebye mu gatabo bandikamo “amabanga” yabo.

Twese tuzi amananiza Léon Mugesera yazanye mu rubanza rwe na n’ubu rukaba rugikururana, arwana gusa no gukomeza kwitwa”umwere”. By’umwihariko Kabuga Felisiyani w’imyaka 87 y’amavuko arananaiza iburanisha gusa kugirango azapfe adahamijwe ibyaha bikomeye nka jenoside, mbese azagende ari”umutagatifu” imbere y’amategeko. Umushinjacyaha we yakomeje kwemeza ko iby’umunaniro wa Kabuga bitazabuza urubanza kuba, ngo kuko agomba kuryozwa ibyo yakoze akiri mu mwuka w’abazima.

Ntihatangajwe igihe urubanza ruzatangira kuburanishwa mu mizi yarwo, gusa ngo haracyakenewe iminsi nibura 60 ngo ibimenyetso byose bishinja Kabuga bizabe byegeranyijwe. Tubibutse ko Kabuga aregwa ibyaha biremereye birimo uruhare rukomeye mu gutegura no gushyira mu bikorwa umugambi wa Jenoside yakorerewe Abatutsi. Kuva yafatwa ibyaha byose yabiteye utwatsi, ukibaza icyatumye yihisha imyaka isaga 26 niba yarumvaga ari umwere.

Ntibitangaje ariko kuko n n’abandi bajenosideri nka Théonetse Bagosora, Matayo Ngirumpatse n’ abandi ba Ruharwa babanje guhakana bivuye inyuma uruhare rwabo mu guhekura uRwanda, nyamara ntibyabujije ko urukiko mpuzamahanga rubahamya ibyaha, rugendeye ku bimenyetso simusiga. Na Kabuga rero yakwipfusha ubusa yagira, amaherezo ubutungane buzamukubita intahe mu gahanga, wa mugani w’abaturanyi!!

2020-11-12
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ingabire Victore yavuye muri gereza atarangije igihano bituma yibwira ko arusha Igihugu imbaraga

Ingabire Victore yavuye muri gereza atarangije igihano bituma yibwira ko arusha Igihugu imbaraga

Ubwanditsi 27 Jun 2022
Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo Ikennye itunze Cobalt nyinshi ku Isi: Ubundi izira iki?

Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo Ikennye itunze Cobalt nyinshi ku Isi: Ubundi izira iki?

Ubwanditsi 03 Aug 2025
Ambasaderi w’u Rwanda muri Marocco yasuye ikipe y’igihugu ya Beach Volleyball anagirana ibiganiro n’umuyobozi wa CAVB

Ambasaderi w’u Rwanda muri Marocco yasuye ikipe y’igihugu ya Beach Volleyball anagirana ibiganiro n’umuyobozi wa CAVB

Ubwanditsi 26 Jun 2021
Bugesera FC yahakanye amakuru y’uko yahagaritse umutoza wayo Mbarushimana Abdoul, iboneraho kwisegura kubwo umusaruro utari mwiza

Bugesera FC yahakanye amakuru y’uko yahagaritse umutoza wayo Mbarushimana Abdoul, iboneraho kwisegura kubwo umusaruro utari mwiza

Ubwanditsi 25 Dec 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Col. Ngabo Janvier wamenyekanye nka Javel yahitanywe n’ibikorwa bya gisirikari bya FARDC Ahita ahasiga ubuzima
Amakuru

Col. Ngabo Janvier wamenyekanye nka Javel yahitanywe n’ibikorwa bya gisirikari bya FARDC Ahita ahasiga ubuzima

Ubwanditsi 28 Dec 2020
Abenshi bakekaga ko RwandAir nigera i Kinshasa izaraswa- Perezida Kagame yagize icyo abivugaho
INKURU NYAMUKURU

Abenshi bakekaga ko RwandAir nigera i Kinshasa izaraswa- Perezida Kagame yagize icyo abivugaho

Ubwanditsi 21 Jun 2019
Mu Rwanda: Perezida Kagame yatangaje ko azongera kwiyamamariza manda ya gatatu
Mu Mahanga

Mu Rwanda: Perezida Kagame yatangaje ko azongera kwiyamamariza manda ya gatatu

Ubwanditsi 04 Jan 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru