• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Ambasaderi w’u Rwanda muri Marocco yasuye ikipe y’igihugu ya Beach Volleyball anagirana ibiganiro n’umuyobozi wa CAVB

Ambasaderi w’u Rwanda muri Marocco yasuye ikipe y’igihugu ya Beach Volleyball anagirana ibiganiro n’umuyobozi wa CAVB

Ubwanditsi 26 Jun 2021 Amakuru, IMIKINO, Mu Mahanga

Kuri uyu wa gatanu, tariki 25 Kamena 2021, Ambasaderi w’u Rwanda muri Maroc, Madame Zaina NYIRAMATAMA yasuye ikipe y’igihugu hano mu mujyi wa Agadir aho iri gukina irushanwa rya FIVB Beach Volleyball Continental Cup 2021.

Mu masaha ya nyuma ya saa sita ni bwo uyu muyobozi yageze kuri Hotel Atlas Amadil ho iyi kipe icumbitse.

Mu ijambo yagejeje ku bakinnyi n’abandi bahagarariye u Rwanda muri iri rushanwa, Madame Nyiramatama yababwiye ko umukino wa Volleyball ufite byinshi wakungukira mu mubano w’ibihugu byombi ; Repubulika y’u Rwanda ndetse n’Ubwami bwa Maroc. Yabasabye kandi gukomeza kuba abakinnyi bahamye, bakarangwa no kugira ubunyamwuga mu byo bakora, btyo bakaba icyigererezo ku bakinnyi b’ejo hazaza.

Abakinnyi bahagarariye abandi, Nzayisenga Charlotte na Ntagengwa Olivier bamushimiye ko yafashe umwanya akaza kubasura, bamubwira ko n’ubwo bamaze gusezererwa mu irushanwa hari amasomo menshi barikuyemo. Bamugaragarije ko imwe mu mbogamizi bahuye nazo harimo kutabona amarushanwa akomeye nk’uko abo bari bahanganye bahora bayakina.

Nyuma y’iki gikorwa kandi Madame Ambasaderi Nyiramatama aherekejwe n’umuyobozi w’akarere ka gatanu muri Volleyball, Ruterana Fernand Sauveur n’Umunyamabanga Mukuru wa FRVB, Mucyo Philbert bagiranye ibiganiro n’Umuyobozi w’Impuzamashyirahamwe ya Volleyball muri Afrika, CAVB, Madame Bouchra HAJIJ.

Muri ibi biganiro abayobozi bombi bagarutse ku masezerano y’ubufatanye aherutse gusinywa hagati ya Leta y’u Rwanda n’Ubwami bwa Maroc agendanye n’ibice byinshi by’ubuzima harimo na Volleyball.

Madame Hajij yijeje ko CAVB izakomeza gufatanya n’amashyirahamwe y’abayamuryango mu guteza imbere Volleyball ku mugabane wa Afrika by’umwihariko mu Rwanda igana mu cyerekezo cy’iterambere isi igezemo.
Impande zombi zemeranije ko zizakomeza kugirana ibiganiro bigamije gushyiraho imikoranire irambye ndetse no gutegura imishinga igamije guteza imbere Volleyball y’u Rwanda.

Madame Bouchra HAJIJ ni umubyeyi wakinnye Volleyball mu makipe nka Forces Armées Royales, Fath Union Sport de Rabat, and Crédit Agricole, akinira ikipe y’igihugu ya Maroc imyaka 18. Yatorewe kuyobora CAVB ku itarki 25 Ukwakira 2020, muri mandat y’imyaka ine.

2021-06-26
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abajenerali mu gisirikari cya Kongo bagiye gushirira mu buroko bashinjwa ubugwari mu ntambara icyo gisirikari kirbarwana na M23

Abajenerali mu gisirikari cya Kongo bagiye gushirira mu buroko bashinjwa ubugwari mu ntambara icyo gisirikari kirbarwana na M23

Ubwanditsi 16 Feb 2023
Amakosa 5 Umucamanza Theodor Meron asabirwa gukurwaho icyizere

Amakosa 5 Umucamanza Theodor Meron asabirwa gukurwaho icyizere

Ubwanditsi 23 Dec 2016
Polisi y’u Rwanda ikomeje gukorera ubukangurambaga bwo kurwanya ibyaha mu mashuri

Polisi y’u Rwanda ikomeje gukorera ubukangurambaga bwo kurwanya ibyaha mu mashuri

Ubwanditsi 16 May 2016
Areruya Joseph na bagenzi be bakiriwe i Kigali nka Yezu i Galileya – AMAFOTO

Areruya Joseph na bagenzi be bakiriwe i Kigali nka Yezu i Galileya – AMAFOTO

Ubwanditsi 24 Jan 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda: Kutesa yafashe ruswa ngo ageze abayimuhaye kuri bimwe mu bikorwa byinjiza amafaranga menshi mu gihugu
INKURU NYAMUKURU

Uganda: Kutesa yafashe ruswa ngo ageze abayimuhaye kuri bimwe mu bikorwa byinjiza amafaranga menshi mu gihugu

Ubwanditsi 27 Nov 2017
Impamvu  Rubingisa Pudence  wari  Umuyobozi wungirije wa Kaminuza y’u Rwanda,  yatawe muri yombi
ITOHOZA

Impamvu Rubingisa Pudence wari Umuyobozi wungirije wa Kaminuza y’u Rwanda, yatawe muri yombi

Ubwanditsi 29 Aug 2017
Amafoto: APR FC yasuye urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 rwa Kigali ruherereye ku Gisozi
Amakuru

Amafoto: APR FC yasuye urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 rwa Kigali ruherereye ku Gisozi

Ubwanditsi 19 Apr 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru