• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Abenshi bakekaga ko RwandAir nigera i Kinshasa izaraswa- Perezida Kagame yagize icyo abivugaho

Abenshi bakekaga ko RwandAir nigera i Kinshasa izaraswa- Perezida Kagame yagize icyo abivugaho

Ubwanditsi 21 Jun 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Tariki ya 17 Mata uyu mwaka ni bwo RwandAir yatangiye ingendo zayo zerekeza i Kinshasa, aho yakiranwe ibyishimo bikomeye.

Perezida Paul Kagame avuga ko kuri ubu umubano w’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demukarasi ya Kongo uhagaze neza, aho ashimangira ko kuva aho Perezida Felix Tshisekedi agiriye ku butegetsi hari byinshi  byiza bimaze gukorwa.

Bikubiye mu kiganiro yagiranye n’ikinyamakuru cyo mu Budage kitwa TAZ, umunyamakuru yamubajije niba nyuma y’aho yitabiriye umuhango wo gushyingura Etienne Tshisekedi, niba bizatuma umubano w’ibihugu byombi uzarushaho gutera imbere.

Perezida wa Repubulika Paul Kagame

Perezida Kagame yavuze ko hari ibimaze gukorwa bishimishije, aho yatanze urugero rwa Sosiyete y’indege y’u Rwanda, RwandAir kuri ubu ikorera ingendo zihuza Kigali na Kinshasa, ikintu avuga ko ubutegetsi bwa Joseph Kabila bwari bwaranze.

Yagize ati “Nk’urugero, twasabye Perezida Kabila ko isosiyete yacu ya RwandAir yazajya ikora ingendo ziva i Kigali zijya Kinshasa, ariko yarabyanze. Ntabwo nigeze menya impamvu yabyo. Byari  ibya politiki. Ku butegetsi bya Tshisekedi, bemeye  izo ngendo z’indege. Ubu abayikoresha ni benshi cyane. Buri gihe indege ihora yuzuye, ku buryo tudafite izihagije. Icyo ni ikerekana  ikintu kiza. Ubu turi gutegura ubufatanye mu by’umutekano ku buryo twarwanya abahungabanya umutekano w’ibihugu byacu baciye ku mipaka yacu.”

Bamwe mu bayobozi b’Igihugu n’abashinzwe umutekano bagiye iKinshasa gutsura umubano

Mu minsi ishize Repubulika Iharanira Demukarasi ya Kongo yasabye kwinjira mu Muryango w’Afurika y’Iburasirazuba, Perezida Kagame akaba yavuze ko ashyigikiye icyo gitekerezo, aho asanga byagira akamaro gakomeye.

Yagize ati “Ndatekereza ko ari ikintu kiza. Igihe igihugu cyo muri Afurika gisabye kujya mu muryango nk’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, ntekereza ko ari ikintu twakwishimira, kuko ari inyungu tuba tugize nk’igihugu ndetse n’akarere muri rusange.”

Perezida Kagame yanabajijwe ku kibazo cy’umubano w’u Rwanda na Uganda urimo agatotsi, avuga ko iyo ikibazo gihari hatabura kuba ingaruka haba mu bukungu no mu bucuruzi ndetse n’ahandi.

Avuga ko ibibazo ntaho bitaba ku isi hose, ariko biza bikagera bikanarangira.

Yashimangiye ko byose biterwa na Leta ya Uganda itera inkunga imitwe yitwaje intwaro igamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda, ndetse ikanafunga, ikanabahohotera bikabije.

Umukuru w’Igihugu yavuze ko u Rwanda rwakoze ibishoboka byose bukagaragariza Leta Uganda ibyo bibazo ariko ntigire icyo ibikoraho.

2019-06-21
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Kagame Yasabye Abarangije Itorero Kwirinda Ikibi Cyakorerwa U Rwanda

Perezida Kagame Yasabye Abarangije Itorero Kwirinda Ikibi Cyakorerwa U Rwanda

Ubwanditsi 05 Aug 2018
Ibyitezwe mu biganiro byihariye hagati ya Perezida Kagame na Perezida Macro ejo bundi i Élysées

Ibyitezwe mu biganiro byihariye hagati ya Perezida Kagame na Perezida Macro ejo bundi i Élysées

Ubwanditsi 21 May 2018
#Kwibohora25 : Igwingira ry’imyumvire mu Rwanda

#Kwibohora25 : Igwingira ry’imyumvire mu Rwanda

Ubwanditsi 26 Jun 2019
Ntaganda Bernard na Ingabire Victoire bahanganye na “Padiri” Thomas Nahimana ngo ubahatira kumushyigikira muri politiki ye y’ ubuswa n’ubusazi.

Ntaganda Bernard na Ingabire Victoire bahanganye na “Padiri” Thomas Nahimana ngo ubahatira kumushyigikira muri politiki ye y’ ubuswa n’ubusazi.

Ubwanditsi 03 Mar 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Iturufu y’amoko (Hutu &Tutsi) kimwe mu byatumye Gen Kayumba ashwana na bagenzi be
ITOHOZA

Iturufu y’amoko (Hutu &Tutsi) kimwe mu byatumye Gen Kayumba ashwana na bagenzi be

Ubwanditsi 31 Mar 2017
Abantu babiri bafashwe bakekwaho kwigana kashe ngo ntibishyure imisoro
Mu Mahanga

Abantu babiri bafashwe bakekwaho kwigana kashe ngo ntibishyure imisoro

Ubwanditsi 30 Mar 2016
U Rwanda  rwateye utwatsi amakuru ari muri  Uganda avuga ko rushaka gufasha   IGP Kale Kayihura kuzasimbura Museveni
ITOHOZA

U Rwanda rwateye utwatsi amakuru ari muri Uganda avuga ko rushaka gufasha IGP Kale Kayihura kuzasimbura Museveni

Ubwanditsi 06 Oct 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru