• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»CMI yongeye gufatirwa mucyuho: Abanyarwanda 40 bafatiwe muri Uganda bashaka kwambuka kujya muri DR.Congo
Kasese.

CMI yongeye gufatirwa mucyuho: Abanyarwanda 40 bafatiwe muri Uganda bashaka kwambuka kujya muri DR.Congo

Ubwanditsi 05 Apr 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Amakuru Rushyashya igitohoza kuva muri  Uganda ni uko abanyarwanda 40 bafatiwe muri Pariki yitwa Elizabeth National park bashaka kwambuka kujya muri DR.Congo mu gisilikare cya Kayumba Nyamwasa ufashwa na Uganda.

Kuri uyu wa 5 Mata 2019 nibwo Ikinyamakuru cyo muri Uganda kitwa Nilepost dukesha iyi nkuru cyanditse kivuga ko Abanyarwanda 40 bafatiwe hafi n’umupaka uhuza Uganda na Congo ahitwa Kasese.

Abafashwe bakaba bafungiwe kuri sitasiyo ya polisi ya Kasese kugirango hakorwe iperereza no kubabaza icyabatwaraga muri Congo ndetse bamwe badafite ibyangombwa bibaranga.

Mu bafashwe abenshi n’abagabo ariko hakaba harimo n’abagore bacye ndetse n’abana bari munsi y’imyaka 5.

Abanyarwanda bafashwe bivugwa ko bagenderaga muri Taxi Mini bus zifite ibirango UBD 338V,UBA 841D na UBE 325P ,Abafashwe bose polisi ya Kasese ikaba ibacumbikiye mu bihome byayo.

Mwesigye Vicent ukuriye polisi ya Kasese abajijwe n’itangazamakuru amazina yabafashwe yanze kuyavuga ahubwo avuga koi fatwa ry’Abanyarwanda bambukaga bajya muri Congo ari ikibazo gikomeye gikwiye gusubizwa na polisi ku rwego rwisumbuyeho.

Mwesigye yagize ati “Ntacyo navuga kuri iki kibazo ahubwo mwabaza urwego rudukuriye”.

Ibi bikimara kuba polisi ya Kasese ikaba yabujije abanyamakuru kugera aho abanyarwanda bafungiwe kugirango batangaze icyatumye bafatwa.

Umutekano umaze gukazwa cyane muri iyi pariki ya Elizabeth kubera ko mu cyumweru gishize muri iyi pariki hafashwe bugwate  umuzungu w’Umunyamerika  n’uwamutembereza basaba Miliyari imwe na Miliyoni 80 z’Amashilingi ya Uganda kugirango barekurwe.

Umwaka ushize Polisi ya Uganda ku bufasha bw’iya Tanzania, batangiriye ndetse bata muri yombi itsinda ry’impunzi 40 z’abanyarwanda zari zerekeje mu myitozo y’Umutwe urwanya ubutegetsi bw’u Rwanda, RNC, mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Aba nyuma baje gufungwaho gato baza kurekurwa  bacishwa ahandi bagezwa muri Sud Kivu mu Minembwe.

Mu mpera z’umwaka ushize Urubyiruko rw’abasukuti (scouts) rusaga 200 rw’Abagande rurimo  n’abarwanyi ba RNC, rwanyujijwe k’ubutaka bw’u Burundi n’inzego zishinzwe umutekano k’ubufatanye n’abinjira n’abasohoka  mu majyaruguru y’uburasirazuba mu Ntara ya Muyinga, aho bari bagiye mu mutwe wa RNC ariko byiswe ko ngo bari bagiye mu nama ihuza abasukuti bo mu karere yabereye mu Ntara ya Gitega.

2019-04-05
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Intambara ziri kubera ku Isi muri iki gihe: Ingaruka, Impamvu n’Impungenge Mpuzamahanga

Intambara ziri kubera ku Isi muri iki gihe: Ingaruka, Impamvu n’Impungenge Mpuzamahanga

Ubwanditsi 24 Jun 2025
Uwarokotse Jenoside Yakorewe Abatutsi, Beatrice Uwera yageneye ubutumwa abashinyaguzi bapfobya Jenoside bigira abayirokotse by’Umwihariko abagize Jambo Asbl

Uwarokotse Jenoside Yakorewe Abatutsi, Beatrice Uwera yageneye ubutumwa abashinyaguzi bapfobya Jenoside bigira abayirokotse by’Umwihariko abagize Jambo Asbl

Ubwanditsi 19 Apr 2021
France: Ubushinjacyaha Bwasabiye Umunyarwanda Claude Muhayimana Igifungo Cy’imyaka 15

France: Ubushinjacyaha Bwasabiye Umunyarwanda Claude Muhayimana Igifungo Cy’imyaka 15

Ubwanditsi 15 Dec 2021
Siporo uyu munsi tugerageza gukora, mu byo igeza ku bantu havemo n’amikoro – Perezida Paul Kagame

Siporo uyu munsi tugerageza gukora, mu byo igeza ku bantu havemo n’amikoro – Perezida Paul Kagame

Ubwanditsi 23 Dec 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Tariki 30 Gicurasi 1994: Inkotanyi zafashe Umujyi wa Ruhango
Mu Rwanda

Tariki 30 Gicurasi 1994: Inkotanyi zafashe Umujyi wa Ruhango

Ubwanditsi 30 May 2018
Bruce Melody yegukanye Primus Guma Guma Super Star 8
HIRYA NO HINO

Bruce Melody yegukanye Primus Guma Guma Super Star 8

Ubwanditsi 15 Jul 2018
Umuryango wa Habyarimana mu muhogo ugana mu nda ya FDLR
Amakuru

Umuryango wa Habyarimana mu muhogo ugana mu nda ya FDLR

Ubwanditsi 14 Aug 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru