• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Abarundi bazindukiye mu matora ya Kamarampaka ishobora kwemerera Nkurunziza kuyobora kugeza mu 2034

Abarundi bazindukiye mu matora ya Kamarampaka ishobora kwemerera Nkurunziza kuyobora kugeza mu 2034

Ubwanditsi 17 May 2018 INKURU NYAMUKURU

Abarundi bagera kuri miliyoni eshanu bazindukiye  mu matora ya Kamarampaka ku ivugururwa ry’Itegeko Nshinga, ashobora guha Perezida Pierre Nkurunziza uburenganzira bwo kuyobora kugeza mu 2034, ndetse abaturage basabwe gutora ‘Yego’ ku bwinshi.

Aya matora yo kuri uyu wa Kane, tariki 17 Gicurasi 2018, arakorwa nta ndorerezi mpuzamahanga zihari, ibintu Komisiyo y’Amatora mu Burundi yasobanuye ko byatewe n’uko nta zigeze zibisabira ibyangombwa.

Bimwe mu biteganywa muri aya mavugurura ku Itegeko Nshinga ryakoreshwaga guhera mu 2005 ni uko harimo ishyirwaho ry’umwanya wa Minisitiri w’Intebe utari ukibaho nubwo wahozeho, ndetse imyanya ya ba visi Perezida ikavanwa kuri ibiri akajya aba umwe gusa, ubwo bubasha nabwo bugahabwa perezida.

Hanateganywamo ko manda y’imyaka ya Perezida wa Repubulika yava kuri itanu ikaba irindwi, ariko Perezida akajya ayobora manda ebyiri gusa zikurikirana. Gusa ayo mavugurura aha umwihariko perezida uriho, wo kwiyamamariza izo manda hatarebwe ku zo amaze kuyobora.

Bivuze ko Perezida Nkurunziza wahoze ari umwarimu wa siporo akaza no kuba umwe mu barwanyi bakomeye, ivugururwa ry’Itegeko Nshinga ryamuha kwiyamamariza izindi manda ebyiri z’imyaka irindwi nyuma ya 2020 ubwo azaba asoje manda ye ya gatatu.

Nk’uko bitangazwa n’ibinyamakuru bitandukanye, iri vugurura ntacyo rihindura ku ngingo igena ko muri Guverinoma no mu Nteko Ishinga Amategeko, 60% bagomba kuba ari Abahutu na 40 % bakaba Abatutsi. Gusa riha Sena ububasha bwo kuba yahindura iyo mibare.

Aya matora agiye kuba mu gihe Radio BBC n’Ijwi Rya Amerika ziheruka gufungwa mu Burundi zishinjwa imyitwarire idakwiye, mu gihe Radio Mpuzamahanga y’Abafaransa yo yihanangirijwe. Abatavuga rumwe na Leta y’u Burundi bakunze guhanika ijwi bagaragaza ko aya matora anyuranyije n’Itegeko Nshinga u Burundi bugenderaho.

Biteganywa ko Perezida Nkurunziza w’imyaka 54 yongera akiyamamaza mu myaka ibiri iri imbere, mu gihe no mu 2015 abatavuga rumwe nawe bavugaga ko adakwiye kwiyamamaza, bigakurura imvururu zaguyemo abasaga 1200, abagera hafi ku 500 000 bagana iy’ubuhungiro.

2018-05-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uwigize General mu nterahamwe Mutayomba yakomerekeye bikomeye mu mirwano na M23

Uwigize General mu nterahamwe Mutayomba yakomerekeye bikomeye mu mirwano na M23

RUSHYASHYA 01 Jun 2026
Inama nyirizina ya OIF yatangiye  kuri uyu wa Kane

Inama nyirizina ya OIF yatangiye kuri uyu wa Kane

Ubwanditsi 11 Oct 2018
Depite Habineza Frank yaba yaratorewe kuba umuvugizi w’imitwe y’iterabwoba irwanya Leta y’u Rwanda? 

Depite Habineza Frank yaba yaratorewe kuba umuvugizi w’imitwe y’iterabwoba irwanya Leta y’u Rwanda? 

Ubwanditsi 19 Aug 2022
Tumenye umuhanurabinyoma UWIZEYIMANA Shadrack, umutekamutwe wakiranywe yombi mu mutwe w’iterabwoba, RNC

Tumenye umuhanurabinyoma UWIZEYIMANA Shadrack, umutekamutwe wakiranywe yombi mu mutwe w’iterabwoba, RNC

Ubwanditsi 09 Feb 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza
Amakuru

Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza

RUSHYASHYA 22 Apr 2026
Big Farious w’i Burundi yarushinze bwa kabiri (Amafoto)
SHOWBIZ

Big Farious w’i Burundi yarushinze bwa kabiri (Amafoto)

Ubwanditsi 26 Aug 2018
Ishusho y’ubucuruzi bw’u Rwanda n’amahanga mu gihembwe cya kabiri cya 2019
UBUKUNGU

Ishusho y’ubucuruzi bw’u Rwanda n’amahanga mu gihembwe cya kabiri cya 2019

Ubwanditsi 30 Sep 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru