• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Gen Ibingira yatanze ubuhamya bw’ibyabaye umunsi wa mbere ahura na Perezida Kagame ku rugamba   |   28 Jun 2026

  • Umukiliya w’ibanze w’ibisahurano byibwa na FDLR ni MONUSCO; Col. BORA   |   28 Jun 2026

  • Abantu 53,426 bari bakatiwe igihano cyo kwicwa kubera guhamwa n’ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi   |   28 Jun 2026

  • Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara   |   27 Jun 2026

  • Ruharwa Ntabakuze azaguma muri gereza: IRMCT yatesheje agaciro ubusabe bwe bwo gufungurwa mbere y’igihe   |   27 Jun 2026

  • Umuhanzi Muyango Jean Marie agiye kuzenguruka u Rwanda mu bitaramo byo kwizihiza #Kwibohora32   |   26 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Gusahura no gutwika ibikorwaremezo byafasha iki Tshisekedi mu ntambara arwana na M23?

Gusahura no gutwika ibikorwaremezo byafasha iki Tshisekedi mu ntambara arwana na M23?

Ubwanditsi 29 Jan 2025 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, POLITIKI

Ubwo kuri uyu wa kabiri tariki 28/01/2025, Akanama ka Loni gashinze Amahoro ku Isi kongeraga guterana ngo gasuzume ikibazo cy’intambara yo mu burasirazuba bwa Kongo, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’icyo gihugu, Thérèse Kayikwamba Wagner, yatunguye isi yose ubwo yatangazaga ko “niba Loni ntacyo ikoze ngo ihagarike umuvuduko wa wa M23, abaturage bazisuka mu muhanda , kandi ntawe uzakumira uburakari bwabo”.

Ibyo kandi Minisitiri Kayikwamba yavivugaga mu gihe amahanga yamaganaga ubugizi bwa nabi bwiriwe ejo mu murwa mukuru Kinshasa, aho abaturage bafatanyije n’abashinzwe umutekano, barimo n’abarinda Perezida Tshisekedi, basahuye bakanatwika amaduka na ambasade za bimwe mu bihugu aho i Kinshasa, zirimo iy’uRwanda, iya Uganda, iy’uBufaransa n’iy’uBubiligi.

Nyamara nk’uBubiligi ndetse n’uBufaransa byararenganye, kuko bishinjwa “kurebera no kwipfumbata” imbere y’akaga Leta ya Kongo irimo, kandi mu by’ukuri ntacyo ibyo bihugu bitakoze ngo bishyigikire Tshisekedi mu binyoma akwiza ngo “M23 ntibaho, ahubwo Kongo irarwana n’uRwanda”.

UBubiligi bwo rwose bwarabogamye bigaragarira buri wese, kugeza n’aho bwishora muri politiki ya” munyangire”. Muribuka ko Kongo imaze kwirukana Ambasaderi Vincent Karega wari uhagarariye uRwanda i Kinshasa, n’Ububiligi bwanze kumwakira ngo ahagararire uRwanda i Buruseli.

Ubwo urugomo rwo.kuri uyu wa kabiri rwari rurimbanyije, Minisitiri w’Itangazamakuru akaba n’Umuvugizi wa Guverinoma ya Kongo, Patrick Muyaya, yavugiye kuri Radiyo&Televiziyo y’igihugu, RTNC, ko uburakari bw’abo baturage “bufite ishingiro”, ngo kuko batishimiye kuba amahanga ntacyo akora ngo ahagarike umuvuguko wa M23 “ishyigikiwe n’uRwanda”!

Amagambo ya Minisitiri Kayikwamba na mugenzi we P. Muyaya, aragaragaza ko Leta ya Kongo ishyigikiye ubu bugizi bwa nabi, yirengagije ko gusahura no gusenya ibikorwaremezo, ari igihombo mbere na mbere kuri Kongo n’ abaturage bayo.

Imyitwarire y’abategetsi ba Kongo mu bibazo byayibanye umurengera rero, bikomeje kubera benshi urujijijo. Dore nk’ubu batiriza ngo umuryango mpuzamahanga warabatereranye, mu gihe ahubwo nka Loni yatinyutse gufatanya n’igisirikari cya Kongo n’abakirwanirira barimo n’abajenosideri ba FDLR, mu kwica Abakongomani bo mu bwoko bw’Abatutsi.

Uwo muryango mpuzamahanga wafunze amaso, aho kwamagana Tshisekedi ukoresha abacancuro, bihabanye n’amasezerano ndetse n’amategeko mpuzamahanga.

Ahubwo twe nka Rushyashya aho tubona amahanga atabaniye Tsisekedi koko, ni uko yamushyigikiye mu ntambara, abibona neza ko adashobora kuyitsinda. Tshisekedi yagombye kuba agaya amahanga ataramugiriye inama, ngo anamuhatire kugana inzira y’ibiganiro, kuko ari wo muti rukumbi wo gukemura ibibazo bimwugarije.

2025-01-29
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abagenzacyaha ba Polisi barebeye hamwe uko bakomeza guteza imbere akazi kabo

Abagenzacyaha ba Polisi barebeye hamwe uko bakomeza guteza imbere akazi kabo

Ubwanditsi 16 Jan 2016
Clarisse Karasira yamuritse indirimbo yahimbye akomoye ku gutandukana kwa hato na hato kw’abakundana

Clarisse Karasira yamuritse indirimbo yahimbye akomoye ku gutandukana kwa hato na hato kw’abakundana

Ubwanditsi 01 Oct 2021
Abayobozi b’inzego z’ibanze bakwiye guhembwa mu rwego rwo guca ruswa- Transparency

Abayobozi b’inzego z’ibanze bakwiye guhembwa mu rwego rwo guca ruswa- Transparency

Ubwanditsi 23 Mar 2016
Mbonigaba Vincent na Habanzintwari mu bagabo na Amito Sharon na Cathy mu bagore begukanye Mamba  Beach Volleyball Tournament 2023

Mbonigaba Vincent na Habanzintwari mu bagabo na Amito Sharon na Cathy mu bagore begukanye Mamba Beach Volleyball Tournament 2023

Ubwanditsi 18 Dec 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

“Dukomeye ku buzima bwacu, nk’uko Ababiligi n’Abanyamerika bakomeye ku bwabo”- Perezida Paul Kagame
Amakuru

“Dukomeye ku buzima bwacu, nk’uko Ababiligi n’Abanyamerika bakomeye ku bwabo”- Perezida Paul Kagame

Ubwanditsi 13 Oct 2021
Abatuye mu karere ka Ngoma bakanguriwe kwirinda ibiyobyabwenge
Mu Mahanga

Abatuye mu karere ka Ngoma bakanguriwe kwirinda ibiyobyabwenge

Ubwanditsi 25 Feb 2016
Meghan n’Igikomangoma Harry bagaragaye bwa mbere mu ruhame nyuma yo kurushinga (Amafoto)
HIRYA NO HINO

Meghan n’Igikomangoma Harry bagaragaye bwa mbere mu ruhame nyuma yo kurushinga (Amafoto)

Ubwanditsi 24 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru