• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bombori bombori hagati ya Kayumba Placide na Pierre Celestin Rwalinda wamusimbuye ku buyobozi bwa FDU Inkingi   |   15 May 2026

  • APR FC na Rayon Sports zageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro 2026, zizahatanira miliyoni 12 z’Amafaranga y’u Rwanda   |   14 May 2026

  • Habura iminsi 3 ngo shampiyona irangire, Al Hilal yegukanye igikombe cy’icyubahiro cya BK Pro League 2025-2026   |   13 May 2026

  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Gusahura no gutwika ibikorwaremezo byafasha iki Tshisekedi mu ntambara arwana na M23?

Gusahura no gutwika ibikorwaremezo byafasha iki Tshisekedi mu ntambara arwana na M23?

Ubwanditsi 29 Jan 2025 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, POLITIKI

Ubwo kuri uyu wa kabiri tariki 28/01/2025, Akanama ka Loni gashinze Amahoro ku Isi kongeraga guterana ngo gasuzume ikibazo cy’intambara yo mu burasirazuba bwa Kongo, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’icyo gihugu, Thérèse Kayikwamba Wagner, yatunguye isi yose ubwo yatangazaga ko “niba Loni ntacyo ikoze ngo ihagarike umuvuduko wa wa M23, abaturage bazisuka mu muhanda , kandi ntawe uzakumira uburakari bwabo”.

Ibyo kandi Minisitiri Kayikwamba yavivugaga mu gihe amahanga yamaganaga ubugizi bwa nabi bwiriwe ejo mu murwa mukuru Kinshasa, aho abaturage bafatanyije n’abashinzwe umutekano, barimo n’abarinda Perezida Tshisekedi, basahuye bakanatwika amaduka na ambasade za bimwe mu bihugu aho i Kinshasa, zirimo iy’uRwanda, iya Uganda, iy’uBufaransa n’iy’uBubiligi.

Nyamara nk’uBubiligi ndetse n’uBufaransa byararenganye, kuko bishinjwa “kurebera no kwipfumbata” imbere y’akaga Leta ya Kongo irimo, kandi mu by’ukuri ntacyo ibyo bihugu bitakoze ngo bishyigikire Tshisekedi mu binyoma akwiza ngo “M23 ntibaho, ahubwo Kongo irarwana n’uRwanda”.

UBubiligi bwo rwose bwarabogamye bigaragarira buri wese, kugeza n’aho bwishora muri politiki ya” munyangire”. Muribuka ko Kongo imaze kwirukana Ambasaderi Vincent Karega wari uhagarariye uRwanda i Kinshasa, n’Ububiligi bwanze kumwakira ngo ahagararire uRwanda i Buruseli.

Ubwo urugomo rwo.kuri uyu wa kabiri rwari rurimbanyije, Minisitiri w’Itangazamakuru akaba n’Umuvugizi wa Guverinoma ya Kongo, Patrick Muyaya, yavugiye kuri Radiyo&Televiziyo y’igihugu, RTNC, ko uburakari bw’abo baturage “bufite ishingiro”, ngo kuko batishimiye kuba amahanga ntacyo akora ngo ahagarike umuvuguko wa M23 “ishyigikiwe n’uRwanda”!

Amagambo ya Minisitiri Kayikwamba na mugenzi we P. Muyaya, aragaragaza ko Leta ya Kongo ishyigikiye ubu bugizi bwa nabi, yirengagije ko gusahura no gusenya ibikorwaremezo, ari igihombo mbere na mbere kuri Kongo n’ abaturage bayo.

Imyitwarire y’abategetsi ba Kongo mu bibazo byayibanye umurengera rero, bikomeje kubera benshi urujijijo. Dore nk’ubu batiriza ngo umuryango mpuzamahanga warabatereranye, mu gihe ahubwo nka Loni yatinyutse gufatanya n’igisirikari cya Kongo n’abakirwanirira barimo n’abajenosideri ba FDLR, mu kwica Abakongomani bo mu bwoko bw’Abatutsi.

Uwo muryango mpuzamahanga wafunze amaso, aho kwamagana Tshisekedi ukoresha abacancuro, bihabanye n’amasezerano ndetse n’amategeko mpuzamahanga.

Ahubwo twe nka Rushyashya aho tubona amahanga atabaniye Tsisekedi koko, ni uko yamushyigikiye mu ntambara, abibona neza ko adashobora kuyitsinda. Tshisekedi yagombye kuba agaya amahanga ataramugiriye inama, ngo anamuhatire kugana inzira y’ibiganiro, kuko ari wo muti rukumbi wo gukemura ibibazo bimwugarije.

2025-01-29
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umutoza Masudi Djuma watoje Rayon Sports ndetse na AS Kigali yagizwe umutoza wa Dodoma Jiji yo muri Tanzania

Umutoza Masudi Djuma watoje Rayon Sports ndetse na AS Kigali yagizwe umutoza wa Dodoma Jiji yo muri Tanzania

Ubwanditsi 25 Feb 2022
Umujyanama wa Perezida Museveni bamusanze mu nzu yapfuye

Umujyanama wa Perezida Museveni bamusanze mu nzu yapfuye

Ubwanditsi 08 Jan 2018
Amaraso arasama: Isomo rikomeye kuri Paulina Nyiramasuhuko n’abo mu muryango we bashiriye muri gereza, kubera guhekura Urwababyaye.

Amaraso arasama: Isomo rikomeye kuri Paulina Nyiramasuhuko n’abo mu muryango we bashiriye muri gereza, kubera guhekura Urwababyaye.

Ubwanditsi 22 Apr 2021
Kugira ubwenegihugu bubiri ntibyakagombye gutambamira ubutabera mu guhana abakoze Jenoside: urugero rwa Charles Ndereyehe Ntahobatuye

Kugira ubwenegihugu bubiri ntibyakagombye gutambamira ubutabera mu guhana abakoze Jenoside: urugero rwa Charles Ndereyehe Ntahobatuye

Ubwanditsi 03 May 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Steve Mclaren yeretswe umuryango muri NEWCASTLE
IMIKINO

Steve Mclaren yeretswe umuryango muri NEWCASTLE

Ubwanditsi 11 Mar 2016
Perezida mushya wa Congo-Kinshasa , Felix Tshisekedi arasura u Rwanda mu byumweru bibiri
INKURU NYAMUKURU

Perezida mushya wa Congo-Kinshasa , Felix Tshisekedi arasura u Rwanda mu byumweru bibiri

Ubwanditsi 13 Mar 2019
Igitambaro cya kapiteni Cristiano Ronaldo yataye mu kibuga mu mukino wo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi cya 2022, Portugal yanganyijemo na Serbia ibitego 2-2, kigiye gucungura ubuzima bw’umwana w’Umunya-Serbia
Amakuru

Igitambaro cya kapiteni Cristiano Ronaldo yataye mu kibuga mu mukino wo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi cya 2022, Portugal yanganyijemo na Serbia ibitego 2-2, kigiye gucungura ubuzima bw’umwana w’Umunya-Serbia

Ubwanditsi 01 Apr 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru