• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yashyikirije ibendera ikipe y’u Rwanda y’Abagore yerekeje i Nairobi mu Gikombe cya Afurika   |   23 Aug 2026

  • Ubuyobe bw’Ubuhanuzi butuma FDLR Yitera Ikinya mu mashyamba ya DRC kugirango irebe ko yamara kabiri   |   22 Aug 2026

  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Perezida Kagame yavuze kuri Guverinoma ya Mbere yarimo abifuzaga iterambere n’abatararikozwaga nka Twagiramungu

Perezida Kagame yavuze kuri Guverinoma ya Mbere yarimo abifuzaga iterambere n’abatararikozwaga nka Twagiramungu

Ubwanditsi 18 Feb 2020 POLITIKI

Perezida Kagame yasangije abayobozi mu nzego zitandukanye zirimo n’iza leta uko abagize Guverinoma mu minsi yatambutse bitwaraga mu guhangana n’ibibazo bigatuma buzuza inshingano zabo byihuse kandi neza.

Ni ubutumwa yatanze ku wa 16 Gashyantare 2020, ubwo yatangizaga Umwiherero wa 17 w’abayobozi bakuru b’igihugu uri kubera mu Kigo cy’Imyitozo cya Gisirikare i Gabiro.

Umukuru w’Igihugu yifashishije ingero z’amakosa abaminisitiri batatu [Dr Gashumba Diane wari Minisitiri w’Ubuzima; Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubutabera ushinzwe Itegeko Nshinga n’andi Mategeko, Evode Uwizeyimana n’uwo muri Minisiteri y’Uburezi ushinzwe amashuri abanza n’ayisumbuye, Dr. Munyakazi Isaac] baherutse kwegura bakoze, agaragaza ko ari amakosa yisubiyemo inshuro nyinshi.

Perezida Kagame yavuze ko bidakwiye ko abayobozi bahora babwirwa ibyo bagomba gukora ariko ntibitange umusaruro.

Yakomeje ati “Mpereye muri Guverinoma, hari igihe cyabanje cyarimo ba Kaberuka (Donald) na ba Iyamuremye n’abandi ba Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga (Dr Faustin Nteziryayo). Muri icyo gihe muri Guverinoma ya mbere yabanje, y’imyaka nk’itanu, irindwi, harimo abantu bumva, akamenya uburemere bw’ikintu. Ba Kaberuka bariya niko bari bameze, ntabwo bajyaga bantera ikibazo. Nanjye nari muto muri Guverinoma, ndi Visi Perezida, ndi Minisitiri w’Umutekano ariko narabarutaga kubera inshingano z’indi nari mfite.’’

Donald Kaberuka yabaye Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, umwanya yavuyeho ku wa 20 Kanama 2005 ubwo Perezida Kagame yavugururaga Guverinoma. Uyu mugabo usanzwe ari impuguke mu by’ubukungu yari amaze gutorerwa kuba Umuyobozi wa Banki Nyafurika Itsura Amajyambere (Afdb).

Muri iyo Guverinoma harimo kandi Dr Nteziryayo Faustin wagizwe Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga ku wa 4 Ukuboza 2019, asimbuye Prof Sam Rugege wari umaze imyaka umunani aruyobora.

Uyu mugabo umaze imyaka isaga 30 akora mu by’amategeko yabaye Minisitiri w’Ubutabera guhera mu 1996 kugeza mu 1999.

Hari kandi Dr. Iyamuremye Augustin wo mu Ishyaka PSD wabaye Minisitiri Minisitiri w’Ubuhinzi, Ubworozi n’amashyamba muri Guverinoma ya mbere y’Ubumwe.

Yabaye Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga kuva mu 1999 kugeza muri 2000. Yanabaye kandi Minisitiri w’Itangazamakuru. Ni we wayoboye Komisiyo yashinzwe kwiga ku ngingo z’Itegeko Nshinga ryavuguruwe mu 2015.

Perezida Kagame avuga ko iyo Guverinoma yarimo abantu babwirwa bakumva kandi bagashyira mu bikorwa.

Ati “Waganiraga na we ako kanya agafata akamaro k’ikintu muvuganye, uburemere bwacyo, ibindi by’amakosa byabaga ku ruhande.’’

Twagiramungu mu batarifurizaga u Rwanda iterambere

Mu butumwa bwe, Perezida Kagame yabwiye abayobozi ko nubwo hari abayobozi babonaga neza icyerekezo cy’igihugu, hari n’abatarabikozwaga.

Ati “Abandi basaga n’abavuga ngo ni ikimasa cyangwa se inzovu iri kugenda isambaguza buri kimwe nta cyerekezo ariko bakabyita politiki.’’

Muri bo harimo Twagiramungu wabaye Minisitiri w’Intebe wa Guverinoma ya mbere yagiyeho nyuma ya Jenoside. Twagiramungu w’Ishyaka MDR ni umwe mu banyepolitiki bari barahanganye n’ingoma ya Habyarimana, bashyigikiye imigambi y’ubumwe n’ubwiyunge mu Banyarwanda.

Uyu mugabo uvuka mu yahoze ari Perefegitura ya Cyangugu, yeguye ku wa 28 Kanama 1995, ahita afata iy’ubuhungir. Agaragara mu bikorwa birwanya Leta y’u Rwanda ndetse yifatanyije n’Ihuriro P5 ry’amashyaka aba hanze y’u Rwanda arurwanya.

Twagiramungu yiyamamarije kuyobora u Rwanda mu 2003 ariko ntiyahirwa n’urwo rugendo.

Perezida Kagame avuga kuri uyu mugabo yagize ati “Ba Twagiramungu, harya n’ubu ngo aracyarwana no kuba Perezida? imyaka nawe iramujyanye usibye ko bimugoye n’ubundi atazabigeraho. Ari aho akavuga ko igihugu ari icyabo abandi twese, bamwe bari badusubije mu buhunzi, ni nk’aho abo ba Twagiramungu n’abandi nkabo twabanaga muri Guverinoma twebwe ari nk’impuhwe batugiriye, ni nk’aho kuba twaragarutse mu gihugu twicaye aho twagakwiye kubashimira.”

“Uko ni ukuri, ibyo kujya mu iterambere, impinduka z’igihugu cyacu, kongera kugishyira hamwe, reka reka. Ibyo ntabwo ari ibyabo, ibyo bari barashyizeho abo kubikora. Ibyo byari iby’abagiraneza. Abaholandi, Ababiligi, Abafaransa, Abadage, Abanyamerika.’’

Yatanze urugero rw’impaka zavutse zishingiye ku buryo igihugu gikoresha inkunga z’amahanga, aho bamwe babyumvaga abandi ntibabikozwe.

Ati “Nibuka tujya impaka, buriya igihugu cyacu cyatunzwe na PAM ku byo kurya igihe kirekire, ndetse aho tuvugiye ngo dushake uko dutangira kwisuganya, ndibuka hari Minisitiri w’umudamu, ntabwo ndibumuvuge ndamupfa agasoni, atumerera nabi. Yaravugaga ati PAM murayivana mu Rwanda gute? Ntabwo njya mbyibagirwa.’’

Yavuze ko hari abaminisitiri bari bafite imyumvire y’uko u Rwanda rwatera imbere rwibeshejeho n’abandi bumvaga ko bakomeza gutungwa n’inkunga z’amahanga.

Perezida Kagame yasabye abayobozi kumenya gutandukanya ibireba inyungu z’igihugu n’ibyo bakwiriye kugikorera kuko bitabaye ibyo haba hakirimo ikibazo.

Mu butumwa yageneye abakiri bato yabasabye kwirinda imico mibi irimo ruswa kuko igira inyungu zitaramba.

2020-02-18
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Minisitiri w’Intebe yatabaje amadini mu kurwanya ibiyobyabwenge mu rubyiruko

Minisitiri w’Intebe yatabaje amadini mu kurwanya ibiyobyabwenge mu rubyiruko

Ubwanditsi 14 Jan 2018
#Rwandaday2017: Nyuma y’imyaka irindwi Perezida Kagame agiye kongera guhura n’Abanyarwanda mu Bubiligi

#Rwandaday2017: Nyuma y’imyaka irindwi Perezida Kagame agiye kongera guhura n’Abanyarwanda mu Bubiligi

Ubwanditsi 08 Jun 2017
Igisambo Mbayahaga cyahawe akazi ko gucamo amacakubiri abanyamulenge

Igisambo Mbayahaga cyahawe akazi ko gucamo amacakubiri abanyamulenge

Ubwanditsi 15 Jul 2025
Kwibuka24: Abayobozi ba Loni basabye ko Jenoside yakorewe Abatutsi ibera isomo ahagikorwa ubwicanyi

Kwibuka24: Abayobozi ba Loni basabye ko Jenoside yakorewe Abatutsi ibera isomo ahagikorwa ubwicanyi

Ubwanditsi 07 Apr 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

FERWAFA na Rwanda Premier League basinye amabwiriza mashya agenga shampiyona y’u Rwanda 2025/26
Amakuru

FERWAFA na Rwanda Premier League basinye amabwiriza mashya agenga shampiyona y’u Rwanda 2025/26

Ubwanditsi 11 Sep 2025
Umugezi w’Isuri urisiba  RNC  mu marembera
ITOHOZA

Umugezi w’Isuri urisiba RNC mu marembera

Ubwanditsi 07 Sep 2016
DRC: Leta yahagaritse ikoreshwa rya internet
ITOHOZA

DRC: Leta yahagaritse ikoreshwa rya internet

Ubwanditsi 01 Jan 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru