• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bombori bombori muri RNC: Serge Ndayizeye nawe yeretswe umuryango   |   08 Jun 2026

  • Ku bw’impamvu z’umutekano, umwiherero w’ikipe y’igihugu, Amavubi wari kubera muri Morocco wimuriwe mu Misiri   |   03 Jun 2026

  • APR FC yatangaje ko itazakomezanya n’abakinnyi batatu barimo Aliou Souané, Mamadou Sy na Mahamadou Lamine Bah   |   03 Jun 2026

  • Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze   |   03 Jun 2026

  • Mozambique izatanga amafaranga yo gufasha Ingabo z’u Rwanda mu butumwa bw’i Cabo Delgado   |   02 Jun 2026

  • Urwibutso rwa Paris ruzarinda ukuri kwa Jenoside kwibagirana no kubungabunga amateka, kurinda ukuri kutazimira uko imyaka izagenda ishira   |   02 Jun 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Perezida Kagame yavuze kuri Guverinoma ya Mbere yarimo abifuzaga iterambere n’abatararikozwaga nka Twagiramungu

Perezida Kagame yavuze kuri Guverinoma ya Mbere yarimo abifuzaga iterambere n’abatararikozwaga nka Twagiramungu

Ubwanditsi 18 Feb 2020 POLITIKI

Perezida Kagame yasangije abayobozi mu nzego zitandukanye zirimo n’iza leta uko abagize Guverinoma mu minsi yatambutse bitwaraga mu guhangana n’ibibazo bigatuma buzuza inshingano zabo byihuse kandi neza.

Ni ubutumwa yatanze ku wa 16 Gashyantare 2020, ubwo yatangizaga Umwiherero wa 17 w’abayobozi bakuru b’igihugu uri kubera mu Kigo cy’Imyitozo cya Gisirikare i Gabiro.

Umukuru w’Igihugu yifashishije ingero z’amakosa abaminisitiri batatu [Dr Gashumba Diane wari Minisitiri w’Ubuzima; Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubutabera ushinzwe Itegeko Nshinga n’andi Mategeko, Evode Uwizeyimana n’uwo muri Minisiteri y’Uburezi ushinzwe amashuri abanza n’ayisumbuye, Dr. Munyakazi Isaac] baherutse kwegura bakoze, agaragaza ko ari amakosa yisubiyemo inshuro nyinshi.

Perezida Kagame yavuze ko bidakwiye ko abayobozi bahora babwirwa ibyo bagomba gukora ariko ntibitange umusaruro.

Yakomeje ati “Mpereye muri Guverinoma, hari igihe cyabanje cyarimo ba Kaberuka (Donald) na ba Iyamuremye n’abandi ba Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga (Dr Faustin Nteziryayo). Muri icyo gihe muri Guverinoma ya mbere yabanje, y’imyaka nk’itanu, irindwi, harimo abantu bumva, akamenya uburemere bw’ikintu. Ba Kaberuka bariya niko bari bameze, ntabwo bajyaga bantera ikibazo. Nanjye nari muto muri Guverinoma, ndi Visi Perezida, ndi Minisitiri w’Umutekano ariko narabarutaga kubera inshingano z’indi nari mfite.’’

Donald Kaberuka yabaye Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, umwanya yavuyeho ku wa 20 Kanama 2005 ubwo Perezida Kagame yavugururaga Guverinoma. Uyu mugabo usanzwe ari impuguke mu by’ubukungu yari amaze gutorerwa kuba Umuyobozi wa Banki Nyafurika Itsura Amajyambere (Afdb).

Muri iyo Guverinoma harimo kandi Dr Nteziryayo Faustin wagizwe Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga ku wa 4 Ukuboza 2019, asimbuye Prof Sam Rugege wari umaze imyaka umunani aruyobora.

Uyu mugabo umaze imyaka isaga 30 akora mu by’amategeko yabaye Minisitiri w’Ubutabera guhera mu 1996 kugeza mu 1999.

Hari kandi Dr. Iyamuremye Augustin wo mu Ishyaka PSD wabaye Minisitiri Minisitiri w’Ubuhinzi, Ubworozi n’amashyamba muri Guverinoma ya mbere y’Ubumwe.

Yabaye Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga kuva mu 1999 kugeza muri 2000. Yanabaye kandi Minisitiri w’Itangazamakuru. Ni we wayoboye Komisiyo yashinzwe kwiga ku ngingo z’Itegeko Nshinga ryavuguruwe mu 2015.

Perezida Kagame avuga ko iyo Guverinoma yarimo abantu babwirwa bakumva kandi bagashyira mu bikorwa.

Ati “Waganiraga na we ako kanya agafata akamaro k’ikintu muvuganye, uburemere bwacyo, ibindi by’amakosa byabaga ku ruhande.’’

Twagiramungu mu batarifurizaga u Rwanda iterambere

Mu butumwa bwe, Perezida Kagame yabwiye abayobozi ko nubwo hari abayobozi babonaga neza icyerekezo cy’igihugu, hari n’abatarabikozwaga.

Ati “Abandi basaga n’abavuga ngo ni ikimasa cyangwa se inzovu iri kugenda isambaguza buri kimwe nta cyerekezo ariko bakabyita politiki.’’

Muri bo harimo Twagiramungu wabaye Minisitiri w’Intebe wa Guverinoma ya mbere yagiyeho nyuma ya Jenoside. Twagiramungu w’Ishyaka MDR ni umwe mu banyepolitiki bari barahanganye n’ingoma ya Habyarimana, bashyigikiye imigambi y’ubumwe n’ubwiyunge mu Banyarwanda.

Uyu mugabo uvuka mu yahoze ari Perefegitura ya Cyangugu, yeguye ku wa 28 Kanama 1995, ahita afata iy’ubuhungir. Agaragara mu bikorwa birwanya Leta y’u Rwanda ndetse yifatanyije n’Ihuriro P5 ry’amashyaka aba hanze y’u Rwanda arurwanya.

Twagiramungu yiyamamarije kuyobora u Rwanda mu 2003 ariko ntiyahirwa n’urwo rugendo.

Perezida Kagame avuga kuri uyu mugabo yagize ati “Ba Twagiramungu, harya n’ubu ngo aracyarwana no kuba Perezida? imyaka nawe iramujyanye usibye ko bimugoye n’ubundi atazabigeraho. Ari aho akavuga ko igihugu ari icyabo abandi twese, bamwe bari badusubije mu buhunzi, ni nk’aho abo ba Twagiramungu n’abandi nkabo twabanaga muri Guverinoma twebwe ari nk’impuhwe batugiriye, ni nk’aho kuba twaragarutse mu gihugu twicaye aho twagakwiye kubashimira.”

“Uko ni ukuri, ibyo kujya mu iterambere, impinduka z’igihugu cyacu, kongera kugishyira hamwe, reka reka. Ibyo ntabwo ari ibyabo, ibyo bari barashyizeho abo kubikora. Ibyo byari iby’abagiraneza. Abaholandi, Ababiligi, Abafaransa, Abadage, Abanyamerika.’’

Yatanze urugero rw’impaka zavutse zishingiye ku buryo igihugu gikoresha inkunga z’amahanga, aho bamwe babyumvaga abandi ntibabikozwe.

Ati “Nibuka tujya impaka, buriya igihugu cyacu cyatunzwe na PAM ku byo kurya igihe kirekire, ndetse aho tuvugiye ngo dushake uko dutangira kwisuganya, ndibuka hari Minisitiri w’umudamu, ntabwo ndibumuvuge ndamupfa agasoni, atumerera nabi. Yaravugaga ati PAM murayivana mu Rwanda gute? Ntabwo njya mbyibagirwa.’’

Yavuze ko hari abaminisitiri bari bafite imyumvire y’uko u Rwanda rwatera imbere rwibeshejeho n’abandi bumvaga ko bakomeza gutungwa n’inkunga z’amahanga.

Perezida Kagame yasabye abayobozi kumenya gutandukanya ibireba inyungu z’igihugu n’ibyo bakwiriye kugikorera kuko bitabaye ibyo haba hakirimo ikibazo.

Mu butumwa yageneye abakiri bato yabasabye kwirinda imico mibi irimo ruswa kuko igira inyungu zitaramba.

2020-02-18
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Burundi: Agathon Rwasa avuga ko inzego z’umutekano zibangamira abashaka kwigaragambya

Burundi: Agathon Rwasa avuga ko inzego z’umutekano zibangamira abashaka kwigaragambya

Ubwanditsi 09 May 2018
PSD yemeje urutonde rw’abarwanashyaka 80 baziyamamariza kuba abadepite

PSD yemeje urutonde rw’abarwanashyaka 80 baziyamamariza kuba abadepite

Ubwanditsi 09 Jul 2018
Perezida Kagame yakomoje ku bufatanye bwagejeje u Rwanda ku kwakira impunzi zizava muri Libya

Perezida Kagame yakomoje ku bufatanye bwagejeje u Rwanda ku kwakira impunzi zizava muri Libya

Ubwanditsi 25 Sep 2019
Congo: Itariki y’amatora yimuwe ntihatangazwa igihe azabera

Congo: Itariki y’amatora yimuwe ntihatangazwa igihe azabera

Ubwanditsi 20 Dec 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umugabo yishe umugore we utwite amezi 7 wari waramuhungiye i Ntarama
Mu Rwanda

Umugabo yishe umugore we utwite amezi 7 wari waramuhungiye i Ntarama

Ubwanditsi 04 Jan 2018
Afurika ni yo izavumbura umuti wa SIDA, Imana izaduha guhishurirwa tumenye umuti ukiza SIDA -Apôtre Dr Gitwaza
HIRYA NO HINO

Afurika ni yo izavumbura umuti wa SIDA, Imana izaduha guhishurirwa tumenye umuti ukiza SIDA -Apôtre Dr Gitwaza

Ubwanditsi 09 Jul 2018
“Muzaraswa,” Museveni aburira abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwe
INKURU NYAMUKURU

“Muzaraswa,” Museveni aburira abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwe

Ubwanditsi 13 Nov 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru