• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Museveni yatsinze amatora Mbabazi atsindwa cyane

Museveni yatsinze amatora Mbabazi atsindwa cyane

Ubwanditsi 25 Feb 2016 POLITIKI

Ibyavuye mu matora y’umukuru w’igihugu nay’abadepite muri Uganda byamenyekanye uyu munsi aho Perezida usanzweho yatsinze n’amajwi 60.75 %.

Perezida Yoweri Kaguta Museveni watsinze n’ayo majwi asaga 60 % yakurikiwe na Kizza Besigye wabonye amajwi angana na 35.37 % n’ undi mukandida wabonaga afite imbaraga muri kampanye, Amama Mbabazi, atsindwa cyane kuko yabonye amajwi angana 1.43 % gusa !

Abiyamamarizaga umwanya w’umukuru w’igihugu bari umunani, harimo umugore umwe. Uretse Museveni, Besigye na Mbabazi ntawundi muri abo bakandida bandi wabonye amajwi agera kuri 1%.

Muri rusange amatora yagenze neza uretse gusa yuko mu kwiyamamaza hari aho polisi yahanganaga n’abayoboke b’ishyaka FDC ndetse n’umuyobozi waryo, Kizza Besigye agatabwa muri yombi nk’uko n’ubu amajwi yatangajwe afungiwe iwe murugo.

Ibi ariko ntabwo byagize icyo bibangamiraho amatora nk’uko byemezwa na benshi mu ndorerezi z’amatora zibarirwa ku 5000.

Ku myanya y’abadepite amashyaka yose yagiye agabagabana aho abaminisitiri ba NRM bagera kuri 20 batakaje imyanya yabo y’ubudepite. Muri Uganda ntabwo ushobora kuba minisitiri utari umudepite.

-77.png

Perezida Yoweli Museveni na Amama Mbabazi

-2196.jpg

Museveni ari ku butegetsi kuva mu 1986, nyuma y’iyi manda atorewe y’imyaka itanu azaba abumazeho imyaka 35, akaba azaba agiye mu mubare w’abakuru b’ibihugu bamaze igihe kirekire ku butegetsi.

-2195.jpg

Kizza Besigye amajwi yatangajwe afungiwe iwe murugo.

Muri 2006 muri icyo gihugu cya Uganda bakuyeho ibya manda ntarengwa umukuru w’igihugu agomba kumara ku butegetsi ariko hari ingingo ivuga yuko Perezida wa Uganda adashobora kuba arengeje imyaka 75 y’amavuko kandi Museveni yarangije gutangaza yuko azubahiriza iyo ngingo ntazongere kwiyamamariza umwanya w’umukuru w’igihugu.

Amama Mbabazi yigeze kuba umunyamabanga mukuru w’iryo shyaka rya Museveni riri ku butefetsi, NRM, aza no kuba Minisitiri w’intebe muri leta ya Museveni. Besigye we yari Umuganga wa Museveni NRM ikiri mu ishyamba.

Kayumba Casmiry

2016-02-25
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Kagame yakiriye Minisiitiri w’Intebe w’u Buhinde, Narendra Modi

Perezida Kagame yakiriye Minisiitiri w’Intebe w’u Buhinde, Narendra Modi

Ubwanditsi 24 Jul 2018
Madamu Jeannette Kagame yasobonuriye isi uko u Rwanda rwesezereye ibigo by’impfubyi

Madamu Jeannette Kagame yasobonuriye isi uko u Rwanda rwesezereye ibigo by’impfubyi

Ubwanditsi 23 Sep 2017
Hagati ya Tshisekedi n’Umuryango Mpuzamahanga, ninde wigiza nkana mu gushaka umuti w’intambara ya Kongo?

Hagati ya Tshisekedi n’Umuryango Mpuzamahanga, ninde wigiza nkana mu gushaka umuti w’intambara ya Kongo?

Ubwanditsi 24 Sep 2024
Mpayimana  Philippe uvugwaho gupfobya Jenoside yageze aho atanga kandidatire  ye muri NEC,  abigereranya nka ‘ Armstrong’  agera ku kwezi

Mpayimana Philippe uvugwaho gupfobya Jenoside yageze aho atanga kandidatire ye muri NEC, abigereranya nka ‘ Armstrong’ agera ku kwezi

Ubwanditsi 25 Jun 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Video: Netanyahu yashimiye Kagame ko yahagaritse Jenoside
Mu Rwanda

Video: Netanyahu yashimiye Kagame ko yahagaritse Jenoside

Ubwanditsi 11 Jul 2017
Umuririmbyi Chester Bennington wabarizwaga mu itsinda rya Linkin Park yapfuye yimanitse
Mu Rwanda

Umuririmbyi Chester Bennington wabarizwaga mu itsinda rya Linkin Park yapfuye yimanitse

Ubwanditsi 21 Jul 2017
Agathe Kanziga imbere y’urukiko rwa Paris mu iperereza ku ruhare rwa Paul Barril, bafitanye amabanga adasanzwe
Amakuru

Agathe Kanziga imbere y’urukiko rwa Paris mu iperereza ku ruhare rwa Paul Barril, bafitanye amabanga adasanzwe

Ubwanditsi 03 Nov 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru