• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rutahizamu Byiringiro Lague agiye kwerekeza muri Afurika y’Epfo aho yitegura gutangira akazi mu ikipe ya Durban City FC   |   31 Jul 2026

  • Senateri Mukabalisa Donatille yitabye Imana azize Uburwayi   |   30 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’u Rwanda batrengeje imyaka 18 begukanye igikombe cya Zone V   |   29 Jul 2026

  • Bwa mbere mu mateka u Rwanda rwabonye umudali mu Mikino ya Commonwealth   |   29 Jul 2026

  • Abarwanyi ba FDLR na Wazalendo bavurirwa mu Burundi ku ngengo y’igisirikare cy’u Burundi   |   24 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’Umukino wa Volleyball mu Bagabo yatangiye imyiteguro y’igikombe cya Afurika cyaherukaga kuba muri 2023   |   23 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Banyarwanda nimucyo twibuke twiyubaka, dore ingoma y’abahekuye u Rwanda isigaranye abakaraza babusanya!!

Banyarwanda nimucyo twibuke twiyubaka, dore ingoma y’abahekuye u Rwanda isigaranye abakaraza babusanya!!

Ubwanditsi 07 Apr 2021 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Rwanda, POLITIKI

Kwibuka ubuzima bwazimye benebwo bazize gusa uko bavutse, ni umwanya wo gufatana mu mugongo. Ni ugukomeza intwaza zavuye mu nzara z’abababisha, no gushima ineza y’abatakaje ubuto bwabo batabara izo mponoke.

Jenoside ni ikimwaro ku muryango nyarwanda n’umuryango mugari w’abatuye isi, ariko si imperuka nk’iyo Bagosora yifurizaga ingorwa. u Rwanda  rwakozwe mu nda kubera ibigwiranda, ariko rwahakuye impamvu yo kurwanya ikibi, kabone n’iyo ababi baba bakiruhigira. Barikoza ubusa ariko, dore baduhize bukware none twe turabahiga ubutwari. Ishyari n’ipfunwe bibatera gupfobya no guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi. Ibitutsi n’ubutindi byabagize imbata, twe biduha imbaraga zo kubarwanya. Kubatsinda si intego gusa, ahubwo ni ihame ridakuka. Nta gukura mu rujye kandi,imbaraga zabatsinze na mbere, zarushijeho kujya mbere kuko zikubye inshuro nyishi.

Abatuvuyemo ntituzabibagirwa. Aho twashyinguye imibiri yanyu hameze indabo z’urwibutso. Ziratoshye cyane, abato bazisaruraho urukundo.u Rwanda rwibarutse urubyiruko rugera ikirenge mu cyanyu. Nitubasanga mu ijabiro kwa Jambo, muzadushima ko twasigaye neza mu cyimbo.

Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi muri intwari.Nimukomeze mutwaze rero, dore mufite ubuyobozi buzima, bubatwaje intwaro zo gutsinda agahinda.Kwibuka twiyubaka niwo mugambi, nta kugamuruzwa n’ imbogamizi rero. Ndahari, urahari, arahari ngo duharanire ahazaza hazima. Nta mpamvu y’amaganya, inyangabirama zaranyazwe, ubu zisigaye ku magambo, ni imbohe z’urwango, ingoma yazo isigaranye abakaraza babusanya.

Abagize uruhare mu guhekura u Rwanda namwe, kwicuza kwanyu nibyo bizabacungura, naho gucura indi migambi mibi, bizabaheza mu icuraburindi. Abinangira ntimuzangira n’amategeko, amaherezo muzabiryozwa, kandi ni ikibazo cy’iminsi.

Abanyamahanga badufata mu mugongo turabashima cyane. Inyiturano ni kubaka u Rwanda rudasa n’urwasizwe na ba gapanga. Abigize abahanga badutega iminsi n’adushinga ibikwasi nawe, ukuri kwacu kuzashyira gutsinde, amateshwa yanyu azashyirwaho iherezo. Kubaho si impano, niyo mpamvu twibohoye.

Twibuke abacu nyabyo, ni uguterwa ishema n’aheza tugeze, duharanira no kuharenga, maze ingabo za sekibi zikomeze zikorwe n’ikimwaro.

Rushyashya, yifatanyije n’Abanyarwanda bose mu kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

2021-04-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Kagame yagiye muri Tchad akoresheje Pasiporo Nyafurika

Perezida Kagame yagiye muri Tchad akoresheje Pasiporo Nyafurika

Ubwanditsi 08 Aug 2016
Kigali Investment Company niyo yegukanye umuturirwa wa Rujugiro [ Yavuguruwe ]

Kigali Investment Company niyo yegukanye umuturirwa wa Rujugiro [ Yavuguruwe ]

Ubwanditsi 25 Sep 2017
Nyamagabe: Perezida Kagame yagabiye umukecuru w’imyaka 109 inka

Nyamagabe: Perezida Kagame yagabiye umukecuru w’imyaka 109 inka

Ubwanditsi 27 Feb 2019
Nyuma ya Bomboli-Bomboli muri RNC : Museveni yashyizeho ushinzwe guhuza impande zitavuga rumwe, Kayumba n’agatsiko kamwigometseho

Nyuma ya Bomboli-Bomboli muri RNC : Museveni yashyizeho ushinzwe guhuza impande zitavuga rumwe, Kayumba n’agatsiko kamwigometseho

Ubwanditsi 17 Oct 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umwe mu bapfakajwe na FLN ya Paul Rusesabagina arashima ingabo z’Igihugu zagaruye umutekano muri Nyaruguru
Amakuru

Umwe mu bapfakajwe na FLN ya Paul Rusesabagina arashima ingabo z’Igihugu zagaruye umutekano muri Nyaruguru

Ubwanditsi 21 Dec 2020
“Uzitura impene yamara kurenga imbibe ugahebeba nka yo”-Umugani w’ikirundi
Amakuru

“Uzitura impene yamara kurenga imbibe ugahebeba nka yo”-Umugani w’ikirundi

Ubwanditsi 04 Feb 2025
Agnes Uwimana mu butekamutwe no gushaka indonke asebya inzego za Leta, ni inshuro ya kabiri asuye Cyuma akanga kumwiyereka kuko aziko amushakiraho amaramuko
Amakuru

Agnes Uwimana mu butekamutwe no gushaka indonke asebya inzego za Leta, ni inshuro ya kabiri asuye Cyuma akanga kumwiyereka kuko aziko amushakiraho amaramuko

Ubwanditsi 16 May 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru