• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bombori bombori muri RNC: Serge Ndayizeye nawe yeretswe umuryango   |   08 Jun 2026

  • Ku bw’impamvu z’umutekano, umwiherero w’ikipe y’igihugu, Amavubi wari kubera muri Morocco wimuriwe mu Misiri   |   03 Jun 2026

  • APR FC yatangaje ko itazakomezanya n’abakinnyi batatu barimo Aliou Souané, Mamadou Sy na Mahamadou Lamine Bah   |   03 Jun 2026

  • Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze   |   03 Jun 2026

  • Mozambique izatanga amafaranga yo gufasha Ingabo z’u Rwanda mu butumwa bw’i Cabo Delgado   |   02 Jun 2026

  • Urwibutso rwa Paris ruzarinda ukuri kwa Jenoside kwibagirana no kubungabunga amateka, kurinda ukuri kutazimira uko imyaka izagenda ishira   |   02 Jun 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Perezida Kagame ntazihanganira abayobozi biremereza

Perezida Kagame ntazihanganira abayobozi biremereza

Ubwanditsi 01 Mar 2018 INKURU NYAMUKURU

Asoza inama ya 15 y’Umwiherero Perezida Paul Kagame yasabye abayobozi bakuru b’igihugu gucika ku muco wo kwiremereza, abasaba kwiyoroshya bagashyira umutima ku kazi bagamije kugirira akamaro abo bayobora.

Perezida Kagame yabwiye aba bayobozi ko kwiremereza ari umuco mubi udafite icyo umarira nyirawo, ahubwo usanga udindiza akazi, ugasanga umuyobozi uwufite ntacyo amariye abaturage.

Yagize ati” Kumva ko kuba umuyobozi ari ukwicara abaturage bakakugana bakagushengerera gusa, ni ikibazo kijyanye n’umuco imyifatire ndetse n’imikorere idahwitse.

N’umuyobozi umanutse kureba abaturage agerayo yakabije abantu bose bagomba kumenya ko yaje. Bigatuma bamukinga urukuta rw’icyo bashaka ko abona, ikibazo kiri inyuma y’urwo rukuta ntakibone.”

Yatanze ingero za bamwe mu bayobozi yahishiriye amazina, avuga ukuntu usanga bakunda ababahakwaho benshi muri za Porotokole, bagera no mu baturage ugasanga ntimamenye ibibazo bafite kuko baba bahugiye mu kwitabwaho gusa.

Yatanze kandi n’ingero za bamwe mu baminisitiri bajya kuva mu ndege mu butumwa runaka ugasanga bahagaritse akazi k’abashinzwe umutekano ku kibuga cy’indege ndetse n’abayobozi b’ikibuga bose bahagaritse akazi akazi baje kwakira Minisitiri uvuye hanze.

Kuri ibi Perezida Kagame yagize ati” Ibi by’amaporotokole Birahenze kandi ntacyo bimaze. Nimubicikeho mukore akazi kanyu.”

Yakomeje agira ati” Ibi bimaze kungera ahantu, hari n’uwo nahamagaye mubwira ko ninongera kubona bamukorera ibyo byose nzamwirukana.”

Perezida Kagame yibukije aba bayobozi ko bakwiye gufata urugero ku bihugu bimwe byateye imbere, kuko ababiyobora barangwa n’umuco wo kwiyoroshya no guca bugufi, ahubwo bakimakaza umuco wo gukora cyane kugira ngo biteze imbere.

Ati” Mu bihugu bimwe na bimwe byo mu Burayi bagira umuco wo kwitwara nk’abantu, bakanagira umuco wo kwicisha bugufi bagakora, kandi ntibibabuza kuza ku mwanya mwiza w’imibereho ku rwego rw’isi”.

Yakomeje agira ati” Ikigira Amerika igihange buriya ni Umuco nta Kindi. Bafite umuco wo Kwigirira icyizere kandi ntabwo batinya kurwanira inyungu no kubaho kwabo.”

Perezida Kagame yagarutse ku bayobozi bakorera ku jisho.

JPEG - 705.5 kb
Abayobozi bakorera ku Jisho Perezida Kagame yabihanangirije

Mu ijambo risoza umwiherero kandi Perezida Kagame yihanangirije abayobozi bafite umuco wo gukorera ku jisho, abasaba kuwucikaho.

Yatanze ingero z’uko hari aho aba ari bujye gusura hamaze imyaka igera ku 10 nta muhanda uhaba, ariko bakumva ko azahasura mu cyumweru kimwe hakaba hageze umuhanda umeze neza.

Ati “Iyo nagiye ahantu, ahatari umuhanda barawuhashyira. Nkibaza ukuntu iyi mihanda itari ihari mu myaka 10, mu cyumweru kimwe ubushobozi buvuye he? Ubushobozi buboneka igihe perezida agiye gusura ahantu buvahe? Kuki Buboneka uwo munsi? “

Yanatanze urugero rw’aho yari busure mu Ntara y’Uburasirazuba ntiyabasha kujyayo kubera impamvu z’akazi, abaturage bakamutumaho bamusaba kuzajya ababwira buri gihe ko ari buze kubasura, ngo kuko iyo abivuze nubwo atabasha kuhagera ibibazo bafite bikemuka.

Perezida Kagame yasoje ashimira abayobozi ku biganiro byiza bagize muri iyi minsi ine bamaze mu mwiherero, abashimira kubitekerezo byiza kandi byubaka byatanzwemo, abasaba ko bi byose bibafasha gutera imbere mu mpinduka u Rwanda rwifuza yaba mu mikorere mo mu musaruro.

Abafite umuco wo guca Intege abashaka kuzana impinduka baburiwe

JPEG - 689.5 kb
Perezida Kagame yasabye Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente Eduard kuzima amatwi abashaka kumuca intege

Perezida Kagame yakomoje no ku bayobozi baca intege bagenzi babo bifuza kuzana impinduka bitwaje ko babarusha imyaka cyangwa se uburambe mu buyobozi, ababirwa ko uwo bizagaragaraho atazihanganirwa.

Yagarutse kuri Minisitiri w’Intebe Dr Eduard Ngirente amusaba kuzirinda abamuca intege kuko ari mushya, amusaba kuzabima amatwi agakora igikwiye.

Ati”Uracyari mushya, buriya uzagira abajyanama benshi utazi aho bavuye bazajya bakubwira ngo ’oya have, ibyo ntabwo bikorwa hano!’ Niba bitaraba, bizaba. Umunsi byabaye, ntuzabyemere.”

Aburira abo baca intege bagenzi babo yagize ati” Hagomba kubaho ingaruka ku bayobozi babangamira, bakanaca intege abashaka kuzana impinduka.”

2018-03-01
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abanya-Uganda bararegera kubangamirwa, Abanyarwanda baregera iyicarubozo

Abanya-Uganda bararegera kubangamirwa, Abanyarwanda baregera iyicarubozo

Ubwanditsi 09 Jul 2019
RDF yatangaje ko nta mikoranire n’ubufasha yahaye umutwe wa M23 mu gitero wagabye nkuko byamamazwa na Uganda

RDF yatangaje ko nta mikoranire n’ubufasha yahaye umutwe wa M23 mu gitero wagabye nkuko byamamazwa na Uganda

Ubwanditsi 09 Nov 2021
Umukongomani Nyamuhombeza, indashima  isebya u Rwanda rwamuhaye byose ubwo yari  mu nkambi mu Rwanda.

Umukongomani Nyamuhombeza, indashima isebya u Rwanda rwamuhaye byose ubwo yari mu nkambi mu Rwanda.

Ubwanditsi 08 Nov 2023
Umurambo w’Umunyarwanda warasiwe i Nyagatare yambukana Magendu ukajyanwa muri Uganda wagaruwe mu Rwanda [ Yavuguruwe ]

Umurambo w’Umunyarwanda warasiwe i Nyagatare yambukana Magendu ukajyanwa muri Uganda wagaruwe mu Rwanda [ Yavuguruwe ]

Ubwanditsi 27 May 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ibaruwa ifunguye yandikiwe ishyirahamwe ry’Abadepite bo mu Muryango w’I Bihugu by’Uburayi
Mu Mahanga

Ibaruwa ifunguye yandikiwe ishyirahamwe ry’Abadepite bo mu Muryango w’I Bihugu by’Uburayi

Ubwanditsi 26 Oct 2016
Habuze Ticket ngo Padiri Tomas Nahimana  atahe aze kwiyamamaza kuyobora u Rwanda 2017.
POLITIKI

Habuze Ticket ngo Padiri Tomas Nahimana atahe aze kwiyamamaza kuyobora u Rwanda 2017.

Ubwanditsi 28 Jan 2016
Amakimbirane hagati y’inyeshyamba za Kayumba zikomeje gucikamo ibice
INKURU NYAMUKURU

Amakimbirane hagati y’inyeshyamba za Kayumba zikomeje gucikamo ibice

Ubwanditsi 24 Jan 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru