• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ubuyobe bw’Ubuhanuzi butuma FDLR Yitera Ikinya mu mashyamba ya DRC kugirango irebe ko yamara kabiri   |   22 Aug 2026

  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Abikorera bagaragarije Umukuru w’Igihugu Paul Kagame ikibazo cy’inyubako ziri kuzamurwa zidafite abazikoreramo

Abikorera bagaragarije Umukuru w’Igihugu Paul Kagame ikibazo cy’inyubako ziri kuzamurwa zidafite abazikoreramo

Ubwanditsi 08 Dec 2016 Mu Mahanga

Abikorera bagaragarije Umukuru w’Igihugu ko bafite ikibazo cy’inyubako zitandukanye ziri kuzamurwa ariko abazikoreramo bakaba ari bacye, bamugaragariza n’ikibazo cya bimwe mu bigo bya leta bitinda kwishyura serivisi bihabwa n’abikorera kandi abenshi bakoresha inguzanyo.

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere, abacuruzi bagera ku 2000 bahagarariye abandi baturutse mu Ntara zose z’igihugu n’Umujyi wa Kigali, bahuriye muri Kigali Convention Centre baganira n’Umukuru w’Igihugu, bamushimira agaciro abagaragariza, muri uwo mwanya wafashwe nk’uwo kwishimira ibyagezweho mu rwego rw’abikorera, no kureba kubyo bagomba gushyiramo imbaraga.

Umuyobozi w’Urugaga rw’Abikorera mu Rwanda, Benjamin Gasamagera, yavuze ko abacuruzi bacyeye cyane ‘haba ku mitima yabo, ku mubiri ndetse baracyeye no kumufuka”, ariko avuga ko hari bimwe mu bibazo bibangamiye urwego rw’abikorera bikeneye gushakirwa umuti.

Ati “Nubwo amazu y’ubucuruzi ari kuzamuka ari menshi mu mujyi wa Kigali n’ahandi, ariko abayakoresha baracyari bacye. Tukaba tubasha ubuvugizi ku ruhande rwa leta, kugira ngo abantu babashe kwitabira gukorera ahantu hajyanye n’icyerekezo.’’

Gasamagera yavuze ko bifuza ko n’Ikigega giteza imbere ibyoherezwa mu mahanga cyanashyira imbaraga mu kongera umusaruro.

Yakomeje agira ati “Ikindi turifuza ko umusoro ku giciro cy’amazu waguma kuri 1/1000, aho kuba 1/100 nk’uko biri gutegurwa mu itegeko ku musoro ku mutungo.’’

“Bimwe mu bigo bya leta bitinda kwishyura abikorera kandi bafite inguzanyo ku nyungu z’umurengera, ugasanga bishobora gutera ibihombo.’’

Abikorera kandi basabye ko guhura na Perezida byajya biba buri mwaka.

Perezida Kagame yavuze ko “Iby’imisoro biba bikwiye kuganirwa mu nzego za leta n’abikorera, bakareba uko ibintu bimeze n’aho ibihe bigeze, hagomba kujyaho ibifite ibintu bishingiyeho bigaragara.’’

Ati “Ku misoro ubundi hari abantu bifuza ko itanabaho n’undi yakubwira ati na 1/1000 ntikwiriye kuba iriho, ariko byose biba bifite aho bishingira ku buryo abantu babiganira bagashaka icy’ukuri cyorohereza abantu bose. ’’

Ku kibazo cy’abikorera batishyurwa, Perezida Kagame yavuze ko bihinduka kuko atari ikibazo kiganiriweho vuba, ariko ugasanga ibisobanuro bitangwa bihora ari bimwe.

Ati “Ikibazo bavuze muzi umwanya tukiganiriye, hari Minisitiri w’Imari n’abandi bose, kandi akenshi iyo tugiye mu mizi yacyo ntabwo dusanga ari uko habuze ibintu byo kubishyura, ni ibintu bijyaho bikaguma mu mpapuro, bakubwira ko ubushinzwe yagiye, aho yagiye simpazi…’’

Yavuze ko nta rwitwazo rugomba kuboneka kuko ikoranabuhanga ryoroheje ibibazo, cyane ko mbere hari abatindaga kwishyura abikorera bagamije indonke zihariye.

Ati “Nta wabikora atyo gusa ngo agire ngo nta ngaruka biri bumugireho, agize ibyago yamenyekana. Inzego za leta mubyumve niba hari ibigomba gutinda bifite impamvu mubisobanurire abantu, niba bidafite impamvu ntibigomba gutinda.’’

Nubwo hari bimwe mu bibazo bagaragarije umukuru w’Igihugu, Gasamagera yavuze ko hari n’indi mishinga bafite irimo kuba bariyemeje kugabanya hagati ya 30% na 50% ku bitumizwa mu mahanga mu myaka 5, cyane ku bikomoka ku buhinzi, binyuze mu kongera ibikorerwa mu Rwanda.

Harimo kandi kongera ibyo u Rwanda rwohereza mu mahanga ho 28% buri mwaka kugera muri 2018, gushora imari mu mishinga itanga ingufu z’amashanyarazi, gufasha guhanga imirimo no kubaka igice kizajya kiberamo imurikagurisha.

Abikorera kandi batanze umusanzu wa Miliyari imwe na miliyoni 100 Frw muri gahunda ya Girinka.

Mu 2015 Urugaga rw’Abikorera rwakoze ubushakashatsi ku bikorwa byo gushyira hamwe kw’abikorera, basanga hari amashyirahamwe 88 y’abacuruzi arimo abanyamuryango 16 287, bashoye miliyari 155 Frw.

Uyu munsi nibura handikishwa ibigo 150 ku munsi, ndetse umubare wabyo byakomeje kuzamuka mu myaka ishize. Wavuye ku 127 662 mu 2011 ugera ku 154 236 mu 2014, bihwanye n’izamuka riri ku gipimo cya 21%.

Mu myaka itanu ishize inguzanyo zihabwa abikorera zikubye gatatu ziva kuri miliyari 397 Frw mu 2010 zigera kuri tiriyali imwe na miliyari 178 Frw mu 2015. Imisoro y’abikorera nayo yavuye kuri miliyari 460 Frw mu 2o11/2012 igera kuri miliyari 986 mu 2015/2016, bingana n’izamuka rya 114% mu myaka itanu.

Perezida Kagame yasabye abikorera kugira icyizere mu byo bakora, ati “Wiyizere, ugihe n’abantu bawe, ndetse na bo nibakiguha ntacyo mutashobora.’’

Yijeje abikorera ko u Rwanda rufite politiki nziza ku buryo n’ibindi bibazo bihari bizagenda bibonerwa ibisubizo, cyane ko kugira ngo ubucuruzi buibe bwiza bijyana na politiki igihugu gifite, yaba mbi ubukungu bukazamba n’ibindi byose.

Perezida Kagame yagiranye ibi biganiro n’abikorera nyuma y’uko mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere yafunguye ku mugaragaro inyubako zigezweho z’ubcuruzi za CHIC na Kigali Heights, nk’umusaruro w’abikorera bagenda bishyira hamwe.

-4927.jpg

-4926.jpg

-4928.jpg

-4925.jpg

-4924.jpg

-4923.jpg

Perezida Kagame aganira n’abikorera

2016-12-08
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Amnesty International na Human Rights Watch ntimwaharanira uburenganzira bwa muntu nawe ubwawe ubuhonyora, waramunzwe na ruswa n’akarengane.Ntawe utanga icyo adafite.

Amnesty International na Human Rights Watch ntimwaharanira uburenganzira bwa muntu nawe ubwawe ubuhonyora, waramunzwe na ruswa n’akarengane.Ntawe utanga icyo adafite.

Ubwanditsi 22 Apr 2021
Abayobozi muri Polisi ya Namibiya mu rugendoshuri mu Rwanda

Abayobozi muri Polisi ya Namibiya mu rugendoshuri mu Rwanda

Ubwanditsi 08 Jun 2016
Nyuma ya Perezida Mugabe,  Perezida Sirleaf wa Liberia yageze mu Rwanda

Nyuma ya Perezida Mugabe, Perezida Sirleaf wa Liberia yageze mu Rwanda

Ubwanditsi 15 Jul 2016
Umunyarwanda yasanzwe yapfiriye muri ‘lodge’ yo muri Uganda aho yari kumwe n’umugore utaramenyekana

Umunyarwanda yasanzwe yapfiriye muri ‘lodge’ yo muri Uganda aho yari kumwe n’umugore utaramenyekana

Ubwanditsi 15 Apr 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Tshisekedi arashakira FDLR ibiganiro na Leta y’u Rwanda
Amakuru

Tshisekedi arashakira FDLR ibiganiro na Leta y’u Rwanda

Ubwanditsi 28 Oct 2024
Amavubi yanganyije na Lesotho i Kigali yuzuza amanota 8 ayicaje ku mwanya wa Kabiri inyuma ya Afurika y’Epfo
Amakuru

Amavubi yanganyije na Lesotho i Kigali yuzuza amanota 8 ayicaje ku mwanya wa Kabiri inyuma ya Afurika y’Epfo

Ubwanditsi 25 Mar 2025
Burundi: Nkurunziza mu mayira abiri, ninde ukekwa kuzamusimbura mu matora ya 2020?
INKURU NYAMUKURU

Burundi: Nkurunziza mu mayira abiri, ninde ukekwa kuzamusimbura mu matora ya 2020?

Ubwanditsi 08 Sep 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru