• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Prudence Nsengumukiza akomeje kuba umuyoboro w’interahamwe mu gushaka amaronko   |   20 Apr 2026

  • Perezida Kagame yashimiye amakipe afitanye ubufatanye na Visit Rwanda kubwo kugera muri 1/2 cya Champions League   |   16 Apr 2026

  • Diamond aritegura gutaramira i Kigali mu mpeshyi, mu gitaramo yise ‘Retro Tour’   |   15 Apr 2026

  • Amaherezo y’urubanza rwa Agathe Kanziga azaba ayahe? Azapfa adashyikirijwe ubutabera nk’umugabo we?   |   15 Apr 2026

  • Umutindi ku mutima aba arogoye ijambo rya Perezida Kagame mu Kwibuka, ati “Muribuka ibiki harya?”   |   11 Apr 2026

  • Valens Pappy na DC Clement babere Urugero abandi biyita abanyamakuru babaho ubuzima bw’ikinyoma   |   09 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Abikorera bagaragarije Umukuru w’Igihugu Paul Kagame ikibazo cy’inyubako ziri kuzamurwa zidafite abazikoreramo

Abikorera bagaragarije Umukuru w’Igihugu Paul Kagame ikibazo cy’inyubako ziri kuzamurwa zidafite abazikoreramo

Ubwanditsi 08 Dec 2016 Mu Mahanga

Abikorera bagaragarije Umukuru w’Igihugu ko bafite ikibazo cy’inyubako zitandukanye ziri kuzamurwa ariko abazikoreramo bakaba ari bacye, bamugaragariza n’ikibazo cya bimwe mu bigo bya leta bitinda kwishyura serivisi bihabwa n’abikorera kandi abenshi bakoresha inguzanyo.

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere, abacuruzi bagera ku 2000 bahagarariye abandi baturutse mu Ntara zose z’igihugu n’Umujyi wa Kigali, bahuriye muri Kigali Convention Centre baganira n’Umukuru w’Igihugu, bamushimira agaciro abagaragariza, muri uwo mwanya wafashwe nk’uwo kwishimira ibyagezweho mu rwego rw’abikorera, no kureba kubyo bagomba gushyiramo imbaraga.

Umuyobozi w’Urugaga rw’Abikorera mu Rwanda, Benjamin Gasamagera, yavuze ko abacuruzi bacyeye cyane ‘haba ku mitima yabo, ku mubiri ndetse baracyeye no kumufuka”, ariko avuga ko hari bimwe mu bibazo bibangamiye urwego rw’abikorera bikeneye gushakirwa umuti.

Ati “Nubwo amazu y’ubucuruzi ari kuzamuka ari menshi mu mujyi wa Kigali n’ahandi, ariko abayakoresha baracyari bacye. Tukaba tubasha ubuvugizi ku ruhande rwa leta, kugira ngo abantu babashe kwitabira gukorera ahantu hajyanye n’icyerekezo.’’

Gasamagera yavuze ko bifuza ko n’Ikigega giteza imbere ibyoherezwa mu mahanga cyanashyira imbaraga mu kongera umusaruro.

Yakomeje agira ati “Ikindi turifuza ko umusoro ku giciro cy’amazu waguma kuri 1/1000, aho kuba 1/100 nk’uko biri gutegurwa mu itegeko ku musoro ku mutungo.’’

“Bimwe mu bigo bya leta bitinda kwishyura abikorera kandi bafite inguzanyo ku nyungu z’umurengera, ugasanga bishobora gutera ibihombo.’’

Abikorera kandi basabye ko guhura na Perezida byajya biba buri mwaka.

Perezida Kagame yavuze ko “Iby’imisoro biba bikwiye kuganirwa mu nzego za leta n’abikorera, bakareba uko ibintu bimeze n’aho ibihe bigeze, hagomba kujyaho ibifite ibintu bishingiyeho bigaragara.’’

Ati “Ku misoro ubundi hari abantu bifuza ko itanabaho n’undi yakubwira ati na 1/1000 ntikwiriye kuba iriho, ariko byose biba bifite aho bishingira ku buryo abantu babiganira bagashaka icy’ukuri cyorohereza abantu bose. ’’

Ku kibazo cy’abikorera batishyurwa, Perezida Kagame yavuze ko bihinduka kuko atari ikibazo kiganiriweho vuba, ariko ugasanga ibisobanuro bitangwa bihora ari bimwe.

Ati “Ikibazo bavuze muzi umwanya tukiganiriye, hari Minisitiri w’Imari n’abandi bose, kandi akenshi iyo tugiye mu mizi yacyo ntabwo dusanga ari uko habuze ibintu byo kubishyura, ni ibintu bijyaho bikaguma mu mpapuro, bakubwira ko ubushinzwe yagiye, aho yagiye simpazi…’’

Yavuze ko nta rwitwazo rugomba kuboneka kuko ikoranabuhanga ryoroheje ibibazo, cyane ko mbere hari abatindaga kwishyura abikorera bagamije indonke zihariye.

Ati “Nta wabikora atyo gusa ngo agire ngo nta ngaruka biri bumugireho, agize ibyago yamenyekana. Inzego za leta mubyumve niba hari ibigomba gutinda bifite impamvu mubisobanurire abantu, niba bidafite impamvu ntibigomba gutinda.’’

Nubwo hari bimwe mu bibazo bagaragarije umukuru w’Igihugu, Gasamagera yavuze ko hari n’indi mishinga bafite irimo kuba bariyemeje kugabanya hagati ya 30% na 50% ku bitumizwa mu mahanga mu myaka 5, cyane ku bikomoka ku buhinzi, binyuze mu kongera ibikorerwa mu Rwanda.

Harimo kandi kongera ibyo u Rwanda rwohereza mu mahanga ho 28% buri mwaka kugera muri 2018, gushora imari mu mishinga itanga ingufu z’amashanyarazi, gufasha guhanga imirimo no kubaka igice kizajya kiberamo imurikagurisha.

Abikorera kandi batanze umusanzu wa Miliyari imwe na miliyoni 100 Frw muri gahunda ya Girinka.

Mu 2015 Urugaga rw’Abikorera rwakoze ubushakashatsi ku bikorwa byo gushyira hamwe kw’abikorera, basanga hari amashyirahamwe 88 y’abacuruzi arimo abanyamuryango 16 287, bashoye miliyari 155 Frw.

Uyu munsi nibura handikishwa ibigo 150 ku munsi, ndetse umubare wabyo byakomeje kuzamuka mu myaka ishize. Wavuye ku 127 662 mu 2011 ugera ku 154 236 mu 2014, bihwanye n’izamuka riri ku gipimo cya 21%.

Mu myaka itanu ishize inguzanyo zihabwa abikorera zikubye gatatu ziva kuri miliyari 397 Frw mu 2010 zigera kuri tiriyali imwe na miliyari 178 Frw mu 2015. Imisoro y’abikorera nayo yavuye kuri miliyari 460 Frw mu 2o11/2012 igera kuri miliyari 986 mu 2015/2016, bingana n’izamuka rya 114% mu myaka itanu.

Perezida Kagame yasabye abikorera kugira icyizere mu byo bakora, ati “Wiyizere, ugihe n’abantu bawe, ndetse na bo nibakiguha ntacyo mutashobora.’’

Yijeje abikorera ko u Rwanda rufite politiki nziza ku buryo n’ibindi bibazo bihari bizagenda bibonerwa ibisubizo, cyane ko kugira ngo ubucuruzi buibe bwiza bijyana na politiki igihugu gifite, yaba mbi ubukungu bukazamba n’ibindi byose.

Perezida Kagame yagiranye ibi biganiro n’abikorera nyuma y’uko mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere yafunguye ku mugaragaro inyubako zigezweho z’ubcuruzi za CHIC na Kigali Heights, nk’umusaruro w’abikorera bagenda bishyira hamwe.

-4927.jpg

-4926.jpg

-4928.jpg

-4925.jpg

-4924.jpg

-4923.jpg

Perezida Kagame aganira n’abikorera

2016-12-08
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Polisi y’u Rwanda yatangiye gushyira mu bikorwa itegeko ry’utugabanyamuvuduko mu modoka

Polisi y’u Rwanda yatangiye gushyira mu bikorwa itegeko ry’utugabanyamuvuduko mu modoka

Ubwanditsi 28 Oct 2016
Omega, Cirimwami, ibikundanye birajyanye!!

Omega, Cirimwami, ibikundanye birajyanye!!

Ubwanditsi 28 Jan 2025
Donald Trump yongeye guca amarenga y’ibitero Amerika yitegura kugaba kuri Koreya ya Ruguru

Donald Trump yongeye guca amarenga y’ibitero Amerika yitegura kugaba kuri Koreya ya Ruguru

Ubwanditsi 09 Oct 2017
Imyanzuro y’inama ya 14 y’igihugu y’Umushyikirano

Imyanzuro y’inama ya 14 y’igihugu y’Umushyikirano

Ubwanditsi 22 Dec 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ubuhamya bw’Umusilikare wa Habyarimana wahungishije Abatutsi 18 akabageza i Burundi
Mu Rwanda

Ubuhamya bw’Umusilikare wa Habyarimana wahungishije Abatutsi 18 akabageza i Burundi

Ubwanditsi 14 Apr 2017
Ingabo z’u Rwanda zirashakisha Uruhindu abagabye  Igitero i Rusizi  cyaguyemo umwe, umunani bagakomereka
ITOHOZA

Ingabo z’u Rwanda zirashakisha Uruhindu abagabye Igitero i Rusizi cyaguyemo umwe, umunani bagakomereka

Ubwanditsi 23 Jun 2017
Ibiciro ku masoko byiyongereyeho 3.0% muri Gicurasi
UBUKUNGU

Ibiciro ku masoko byiyongereyeho 3.0% muri Gicurasi

Ubwanditsi 11 Jun 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru