• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Visit Rwanda n’ikipe ya Aston Villa yo mu gihugu cy’u Bwongereza basinyanye amasezerano y’ubufatanye   |   14 Jul 2026

  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Perezida Kagame arasezera Sheikh Hamad wagize Qatar igihangange   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Kivu y’Amajyepfo : Intambara iraca ibintu hagati y’Umutwe wa ‘ Gumino Banyamulenge ‘ n’abarwanyi b’Umutwe wa Mai-Mai (Aoci).

Kivu y’Amajyepfo : Intambara iraca ibintu hagati y’Umutwe wa ‘ Gumino Banyamulenge ‘ n’abarwanyi b’Umutwe wa Mai-Mai (Aoci).

Ubwanditsi 31 May 2017 ITOHOZA

Amakuru aturuka muri Congo, aremeza ko imirwano ikaze ikomeje gutikiza abantu mu ntambara ikomeje kubica bigacika muri Kivu y’Amajyepfo hagati y’umutwe w ‘Abanyamulenge witwa Gumino n’umutwe babafulero bitwa Mai mai (Aoci).

Amakuru akomeza yemeza ko abantu benshi bamaze gutakaza ibyabo n’ababo bazira iyo mitwe ibili.Uko biri kose abantu bakomeje guhunga,inka zabanyamulenge zikomeje gutemagurwa, ndetse n’abantu bakomeje gupfa ari benshi ariko Leta igasa niyicecekeye.

Uwungirije regiment militaire ya 3 407 ariyo igenzura ako gace Colonel Bizuru Tito yatangarije itangazamakuru ejo ko Leta yohereje ingabo zo kujya hagati kugira ngo Abanyamulenge n’Abafulero batamarana.

Abantu bagera kuri bane kuri iki Cyumweru gishize, itariki 28 Gicurasi, bakomerekeye mu mirwano yabaye hagati uw’umutwe wa Gumino Banyamulenge ndetse n’abarwanyi b’umutwe wa Mai-Mai mu bice bya Mikalati mu misozi miremire y’i Minembwe ho muri Kivu y’Amajyepfo. Bikaba bivugwa ko hubuye imvugo zivuga ko Abanyamulenge bagomba gusubizwa aho baturutse ngo ni mu Rwanda.

Amakuru aturuka aha akaba avuga ko imirwano ikomeje hagati ya Gumino Banyamulenge n’umutwe wa Mai-Mai ubamo Abakongomani bo mu bwoko bw’Abafulero.

Iyi mirwano rero ngo imaze gukomerekeramo abantu bane nk’uko byemezwa n’umukuru w’agace ka Basimukindji, Umwami Kisale Bitolwa. Uyu akaba yavuze ko abaturage ba Mikalati bataye igiturage bagahungira ahitwa Mikenge mu Murenge wa Itombwe muri Teritwari ya Mwenga.

Amakuru aturuka aha kandi aravuga ko hari amazu y’abaturage yatwitswe n’inyeshyamba.

Radio Okapi iravuga ko kuri uyu wa Mbere, igisirikare cya Congo cyageze I Minembwe kigiye kureba uko byifashe, komanda wungirije wa regiments ya 3407 mu ngabo za Congo, Col Bizuru Tito akizeza ko hoherejwe ingabo zigomba kujya hagati y’abari kurwana.

-6742.jpg

Umutwe witwa Gumino

Nubwo bivugwa ko hageze abashinzwe umutekano ariko, ku rundi ruhande biravugwa ko nta muyobozi wa Congo wahageze kandi nta n’umuyobozi urimo kugira icyo abivugaho, dore ko na Radio Okapi ivuze kuri iyi ntambara nyuma y’iminsi ibiri irimo kuba ndetse hakaba nta kindi kinyamakuru cyo muri Congo kirayivugaho. Ibintu bifatwa nk’ubugambanyi.

Umwe mu bantu bari hafi y’ahari kubera iyi mirwano yatangaje ko umutwe wa Mai-Mai ari wo washoje intambara ku cyumweru utera mu biturage by’abanyamulenge. Umutwe wa Gumino ugizwe n’Abanyamulenge bivugwa ko ari wo usanzwe urinda aba baturage ariko nawo uba mu mashyamba, ukaba ari wo watabaye uhangana na Mai-Mai.

Uyu avuga ko intandaro y’ibi byose ari inyungu bamwe mu banyapolitiki bo muri Congo bafite mu guteranya abaturage, kuko ngo bari bamaze iminsi nta bibazo bafitanye, ariko ngo hubuye imvugo zivuga ko Abanyamulenge bakwiye gusubizwa iwabo aho baturutse mu Rwanda.

-6743.jpg

Abaturage barimo guhunga imirwano

2017-05-31
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ibikorwa bya M23 byo gukaza umutekano w’abaturage muri Goma bikomeje kwambika ubusa MONUSCO

Ibikorwa bya M23 byo gukaza umutekano w’abaturage muri Goma bikomeje kwambika ubusa MONUSCO

Ubwanditsi 07 Mar 2025
Ninde Diane Rutabana Akwiye Kuryoza Ibura Ry’umugabo We? RNC Na Kayumba CyangwaUganda Na Abel Kandiho?

Ninde Diane Rutabana Akwiye Kuryoza Ibura Ry’umugabo We? RNC Na Kayumba CyangwaUganda Na Abel Kandiho?

Ubwanditsi 21 Oct 2019
Agnes Nkusi Uwimana yarenze umurongo utukura, igihe kirageze ko abiryozwa 

Agnes Nkusi Uwimana yarenze umurongo utukura, igihe kirageze ko abiryozwa 

Ubwanditsi 26 Oct 2022
Al Gore, Blair, Kofi Annan n’abaperezida batanu bategerejwe i Kigali mu nama yiga ku buhinzi

Al Gore, Blair, Kofi Annan n’abaperezida batanu bategerejwe i Kigali mu nama yiga ku buhinzi

Ubwanditsi 07 Aug 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Shyorongi: Impanuka yabaye kuwa Gatandatu yahitanye umugore we n’abana be bose: Teta na Olga [ AMAFOTO ]
ITOHOZA

Shyorongi: Impanuka yabaye kuwa Gatandatu yahitanye umugore we n’abana be bose: Teta na Olga [ AMAFOTO ]

Ubwanditsi 29 May 2017
Ntabwo Perezida Nkurunziza aziyamamaza kandi ntazanaba Minisitiri w’Intebe- Umuvugizi we
HIRYA NO HINO

Ntabwo Perezida Nkurunziza aziyamamaza kandi ntazanaba Minisitiri w’Intebe- Umuvugizi we

Ubwanditsi 25 Jun 2018
Sosiyete Nyafurika z’indege zishobora guhomba miliyoni 300$ mu 2019
UBUKERARUGENDO

Sosiyete Nyafurika z’indege zishobora guhomba miliyoni 300$ mu 2019

Ubwanditsi 16 Dec 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru