• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Kivu y’Amajyepfo : Intambara iraca ibintu hagati y’Umutwe wa ‘ Gumino Banyamulenge ‘ n’abarwanyi b’Umutwe wa Mai-Mai (Aoci).

Kivu y’Amajyepfo : Intambara iraca ibintu hagati y’Umutwe wa ‘ Gumino Banyamulenge ‘ n’abarwanyi b’Umutwe wa Mai-Mai (Aoci).

Ubwanditsi 31 May 2017 ITOHOZA

Amakuru aturuka muri Congo, aremeza ko imirwano ikaze ikomeje gutikiza abantu mu ntambara ikomeje kubica bigacika muri Kivu y’Amajyepfo hagati y’umutwe w ‘Abanyamulenge witwa Gumino n’umutwe babafulero bitwa Mai mai (Aoci).

Amakuru akomeza yemeza ko abantu benshi bamaze gutakaza ibyabo n’ababo bazira iyo mitwe ibili.Uko biri kose abantu bakomeje guhunga,inka zabanyamulenge zikomeje gutemagurwa, ndetse n’abantu bakomeje gupfa ari benshi ariko Leta igasa niyicecekeye.

Uwungirije regiment militaire ya 3 407 ariyo igenzura ako gace Colonel Bizuru Tito yatangarije itangazamakuru ejo ko Leta yohereje ingabo zo kujya hagati kugira ngo Abanyamulenge n’Abafulero batamarana.

Abantu bagera kuri bane kuri iki Cyumweru gishize, itariki 28 Gicurasi, bakomerekeye mu mirwano yabaye hagati uw’umutwe wa Gumino Banyamulenge ndetse n’abarwanyi b’umutwe wa Mai-Mai mu bice bya Mikalati mu misozi miremire y’i Minembwe ho muri Kivu y’Amajyepfo. Bikaba bivugwa ko hubuye imvugo zivuga ko Abanyamulenge bagomba gusubizwa aho baturutse ngo ni mu Rwanda.

Amakuru aturuka aha akaba avuga ko imirwano ikomeje hagati ya Gumino Banyamulenge n’umutwe wa Mai-Mai ubamo Abakongomani bo mu bwoko bw’Abafulero.

Iyi mirwano rero ngo imaze gukomerekeramo abantu bane nk’uko byemezwa n’umukuru w’agace ka Basimukindji, Umwami Kisale Bitolwa. Uyu akaba yavuze ko abaturage ba Mikalati bataye igiturage bagahungira ahitwa Mikenge mu Murenge wa Itombwe muri Teritwari ya Mwenga.

Amakuru aturuka aha kandi aravuga ko hari amazu y’abaturage yatwitswe n’inyeshyamba.

Radio Okapi iravuga ko kuri uyu wa Mbere, igisirikare cya Congo cyageze I Minembwe kigiye kureba uko byifashe, komanda wungirije wa regiments ya 3407 mu ngabo za Congo, Col Bizuru Tito akizeza ko hoherejwe ingabo zigomba kujya hagati y’abari kurwana.

-6742.jpg

Umutwe witwa Gumino

Nubwo bivugwa ko hageze abashinzwe umutekano ariko, ku rundi ruhande biravugwa ko nta muyobozi wa Congo wahageze kandi nta n’umuyobozi urimo kugira icyo abivugaho, dore ko na Radio Okapi ivuze kuri iyi ntambara nyuma y’iminsi ibiri irimo kuba ndetse hakaba nta kindi kinyamakuru cyo muri Congo kirayivugaho. Ibintu bifatwa nk’ubugambanyi.

Umwe mu bantu bari hafi y’ahari kubera iyi mirwano yatangaje ko umutwe wa Mai-Mai ari wo washoje intambara ku cyumweru utera mu biturage by’abanyamulenge. Umutwe wa Gumino ugizwe n’Abanyamulenge bivugwa ko ari wo usanzwe urinda aba baturage ariko nawo uba mu mashyamba, ukaba ari wo watabaye uhangana na Mai-Mai.

Uyu avuga ko intandaro y’ibi byose ari inyungu bamwe mu banyapolitiki bo muri Congo bafite mu guteranya abaturage, kuko ngo bari bamaze iminsi nta bibazo bafitanye, ariko ngo hubuye imvugo zivuga ko Abanyamulenge bakwiye gusubizwa iwabo aho baturutse mu Rwanda.

-6743.jpg

Abaturage barimo guhunga imirwano

2017-05-31
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ibikorwa bya M23 byo gukaza umutekano w’abaturage muri Goma bikomeje kwambika ubusa MONUSCO

Ibikorwa bya M23 byo gukaza umutekano w’abaturage muri Goma bikomeje kwambika ubusa MONUSCO

Ubwanditsi 07 Mar 2025
Aravuga ” Imyato ” P.Kagame, amugereranya n’umugabo udacogozwa n’urugamba

Aravuga ” Imyato ” P.Kagame, amugereranya n’umugabo udacogozwa n’urugamba

Ubwanditsi 30 Jul 2018
“Nta nyungu zo kwivanga mu bibazo by’Abanyekongo” Uganda

“Nta nyungu zo kwivanga mu bibazo by’Abanyekongo” Uganda

Ubwanditsi 15 Feb 2024
N.Korea iratangaza ko yiteguye kurwana intambara y’imperuka na Leta ya Amerika

N.Korea iratangaza ko yiteguye kurwana intambara y’imperuka na Leta ya Amerika

Ubwanditsi 28 Sep 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

APR Fc yabonye amanota atatu i Rubavu mu mukino w’ikirarane
IMIKINO

APR Fc yabonye amanota atatu i Rubavu mu mukino w’ikirarane

Ubwanditsi 26 Mar 2018
“Kuri Kiliziya Gatolika, kubyara ni icyaha kurusha kwica. – Tom Ndahiro
Amakuru

“Kuri Kiliziya Gatolika, kubyara ni icyaha kurusha kwica. – Tom Ndahiro

Ubwanditsi 06 Dec 2021
Icyerekanye uko Isi izaba imeze muri 2022. Yaburiye Amerika ko mu myaka 5 ishobora kuba yaratakaje ubuhangange itabaye maso
ITOHOZA

Icyerekanye uko Isi izaba imeze muri 2022. Yaburiye Amerika ko mu myaka 5 ishobora kuba yaratakaje ubuhangange itabaye maso

Ubwanditsi 24 Jan 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru