• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

  • Rayon Sports izabanza kwakira APR FC muri shampiyona y’u Rwanda, Ingengabihe ya BK Pro League 2026/27   |   17 Aug 2026

  • Kwihambira kuri FDLR ni Umwaku mu yindi   |   17 Aug 2026

  • Amakipe ya AS Kigali mu Bagabo n’Abagore yahinduriwe izina yitwa Kigali FC na Kigali WFC    |   16 Aug 2026

  • Perezida Kagame yakurikiye umukino wa UEFA Super Cup wahuje amakipe ya PSG na Aston Villa yamamaza u Rwanda   |   12 Aug 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»RDC: Gen.Wilson Irategeka wa FLN ruramugera amajanja

RDC: Gen.Wilson Irategeka wa FLN ruramugera amajanja

Ubwanditsi 18 Dec 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ingabo za FARDC zikomeje guhumbahumba inyeshyamba za FLN, amakuru yizewe aravuga ko izi nyeshyamba zahuye n’uruva gusenya kuri uyu wa kabiri mu ma sayine z’amanywa ,ubwo zinjiraga mu nkengero z’ishyamba ryahitwa I Ninja, ni muri Fizi  zikaraswa  imyambi n’abasangwabutaka bibera muri iryo shyamba mu ntambara yamaze amasaha menshi.

Iyi mirwano yahuruje ingabo za FARDC, ziboneraho urwaho rwo gutabara abo baturage b’abasangwabutaka.

Nyuma y’ibitero bikomeye ingabo za FARDC zagabye ku  nyeshyamba za FLN zari zacitse ku icumu mu ibitero byabereye Kalehe na Hewa Bora mu cyumweru gisize,  zaseseye mu ishyamba rya Fizi, zerekeza I Kirembwe ku birindiro bya Gen.Hamada.

Hari amakuru yemeza ko Gen.Wilson Irategeka arembye cyane, ku buryo ibirenge bye byambyimbye, ndetse akaba anafite n’ibikomere by’amasasu, aho yagotewe na FARDC mu ishyamba ry’inzitane ahitwa Ninja. Hari umuturage wiboneye n’amaso Lt.Gen Wilson Irategeka ahetswe mu ngombyi n’abasore  ba FLN bamwirukankana mu ishyamba yerekeza I Kirembwe.

Abazi neza inzira iva ahahoze ibirindiro  by’inyeshyamba za FLN baravuga ko kuva I Kalehe werekeza I Kirembwe ku rugendo rw’amaguru ari ibyumweru bibiri.

Ikinyamakuru Rwandatribune gikorera I Musanze mu majyaruguru y’u Rwanda  kiravuga  ko uku kurasana kwabanje hagati y’izi nyeshyamba za FLN n’abasangwabutaka Col.Emmanuel Mbandaka wa FLN yahasize ubuzima arashwe umwambi wo mu jisho.

Mu masaha ya saha ya sa kumi ubwo twabonaga iyi nkuru, amakuru ava I Ninja yavugaga ko ingabo za FARDC zigera ku 1300 zagose iri shyamba rya Fizi n’ibimodoka by’intambara, indege za Kajugujugu zirasa misile zikaba zazengurukaga iryo shyamba, ku buryo bidaha amahirwe Inyeshyamba za FLN gusohokamo.

Mu kiganiro aherutse kugirana na BBC Bwana Twagiramungu Faustin ntiyashoboye guhakana cyangwa kwemeza ukuneshwa n’insinzwi bya FLN muri Kivu y’Amajyepfo.

Gusa umwe mu bantu ba hafi ye utashatse ko amazina ye atangazwa k’ubwumutekano we yavuze ko Twagiramungu Faustin atabasha kuvugana n’umurwanyi n’umwe wa FLN yewe na mugenzi we Gen. Irategeka Wilson kuko bamukekaho gukorera u Rwanda, akaba ari nawe utanga amakuru yabo I Kigali, kubera ubukene bumwugarije.

2019-12-18
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Iharabika k’u Rwanda rimaze gushirana Uganda nyuma y’urupfu rwa Sendegeya, umucamanza mu Burengerazuba bwa Uganda

Iharabika k’u Rwanda rimaze gushirana Uganda nyuma y’urupfu rwa Sendegeya, umucamanza mu Burengerazuba bwa Uganda

Ubwanditsi 25 Jul 2019
Uganda: Ministiri w’ububanyi n’amahanga Sam Kutesa arasabwa kwegura kubera ruswa

Uganda: Ministiri w’ububanyi n’amahanga Sam Kutesa arasabwa kwegura kubera ruswa

Ubwanditsi 23 Nov 2017
Perezida Paul Kagame yiyemeje gutanga umusanzu mu kubaka Katederali nshya

Perezida Paul Kagame yiyemeje gutanga umusanzu mu kubaka Katederali nshya

Ubwanditsi 27 Jan 2019
Umwijuto w’ikinonko ugira ngo imvura ntizagwa: Umujenosideri Eugène Rwamucyo yaraye ijoro rye rya mbere muri gereza azamaramo imyaka 27

Umwijuto w’ikinonko ugira ngo imvura ntizagwa: Umujenosideri Eugène Rwamucyo yaraye ijoro rye rya mbere muri gereza azamaramo imyaka 27

Ubwanditsi 31 Oct 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame yagiriye uruzinduko muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu
POLITIKI

Perezida Kagame yagiriye uruzinduko muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu

Ubwanditsi 05 Jan 2016
Amafoto – Perezida Kagame yatangije Iserukiramuco rizwi nka  “Giants of Africa”, anashyira ibuye ry’ifatizo kuri “Zaria Court Kigali”
Amakuru

Amafoto – Perezida Kagame yatangije Iserukiramuco rizwi nka “Giants of Africa”, anashyira ibuye ry’ifatizo kuri “Zaria Court Kigali”

Ubwanditsi 14 Aug 2023
Umurambo w’Umunyarwanda warasiwe i Nyagatare yambukana Magendu ukajyanwa muri Uganda wagaruwe mu Rwanda [ Yavuguruwe ]
INKURU NYAMUKURU

Umurambo w’Umunyarwanda warasiwe i Nyagatare yambukana Magendu ukajyanwa muri Uganda wagaruwe mu Rwanda [ Yavuguruwe ]

Ubwanditsi 27 May 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru