• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Igisambo Mbayahaga cyahawe akazi ko gucamo amacakubiri abanyamulenge   |   15 Jul 2025

  • Ibaruwa ifunguye yandikiwe Ingabire Victoire   |   08 Jul 2025

  • Police VC yegukanye igikombe cyo Kwibohora 2025 mu byiciro byombi, itsinze APR VC ku mukino wa nyuma   |   07 Jul 2025

  • Perezida Kagame yavuze ko FDLR nidasenywa u Rwanda ruzakomeza guhangana n’iki kibazo rukoresheje uburyo rusanzwe rukoresha   |   04 Jul 2025

  • Police FC yatangaje ubuyobozi bwayo bushya buyobowe na CP Yahaya na Ben Mussa nk’umutoza mukuru   |   03 Jul 2025

  • Menya neza uwiyita Intumwa “Isidore Mbayahaga” wimuriye ubwonko mu gifu!   |   03 Jul 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Prof Charles Kambanda wahungiye ubutabera muri Amerika, yamunzwe n’ingengabitekerezo ya jenoside, abamuzi bakemeza ko ameze nk’uwataye umutwe.

Prof Charles Kambanda wahungiye ubutabera muri Amerika, yamunzwe n’ingengabitekerezo ya jenoside, abamuzi bakemeza ko ameze nk’uwataye umutwe.

Editorial 29 Oct 2020 Amakuru, INKURU NYAMUKURU

Umugabo Laurent NDAYIHURUME benshi bazi kuri BBC-Gahuzamiryango yigeze kunyihanangiriza, ati:”Numbwira dogiteri, ujye umbwira dogiteri wa nyawe, ureke bimwe bya ba Gasana”.Icyo gihe sinahise numva impamvu uwo munyamakuru ukomeye atemeraga ko Gasana Anastase ari “Dogiteri”. Aho rero mariye kumva amahomvu n’uburiganya bw’uyu mugabo ushaje yanduranya(uretse ko abamuzi banavuga ko yabikuranye), nibwo namenye ko Ndayuhurume atiyumvishaga ukuntu umuntu uri ku rwego rwa dogiteri agaragaza ubuswa n’ubujiji buruta ubw’umuntu utarakandagiye mu ishuri.

Sinirirwa ngaruka ku bitakaragasi Gasana yirirwamo ku mbuga nkoranyambuga, akoronga, ahakana Jenoside yakorewe Abatutsi, azi neza ko isi yose yamaze kuyemeza,ndetse ubutabera mpuzamahanga bukanahana benshi muri baruharwa bayiteguye bakanayishyira mu bikorwa.

Undi rero uteye ikirenge mu cya Rusisibiranya Anastase Gasana mu kwiyita Dogiteri Porofeseri kandi nawe yitwara giswa, gihubutsi, kigambanyi n’ibindi biranga umuntu utabarizwaho indangagaciro n’imwe, ni uwitwa Charles KAMBANDA umaze kuba kimenyabose mu guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi. Iyi myitwarire ye ariko si iya none, kuko mu mwaka w’2009 ajya no guhunga uRwanda yari yamenye ko agiye gukurikiranwaho ingengabitekerezo ya jenoside. Yahise ayabangira ingata, ajya kubeshya muri Amerika aho batamuzi.

Mu bigambo Kambanda yirirwa ahuragura, aranivuguruza cyane nk’aho avuga ko nta jenoside yabaye, mu kandi kanya ati:”..Abahutu bishe Abatutsi kugirango badashyigikira bene wabo barwanyaga leta”! Mu kiganiro yagiranye n’uwitwa Ann GARRISON nawe uzwiho cyane imyumvire nk’iy’abajenosideri, Charles Kambanda yavuze ko ubwicanyi bwakorewe Abatutsi ngo itari jenoside ahubwo yari amayeri yo gutsinda umwanzi(military tactics). Ukibaza rero, uretse ubusazi, uburyo umuntu muzima yashyigikira ko Leta yica igice kimwe cy’abaturage bayo, ngo irashaka uko yatsinda intambara. Niba ariyo nama Charles Kambanda yagiriye bazina we Yohani Kambanda na leta ye y’abatabyi, yaramubeshye cyane, kuko yisize amaraso y’inzirakarengane, arangije anatsindwa intambara ruhenu. Ikibazo ni uko Kambanda umwe ari mu buroko bwa burundu, undi akaba yirenza amafiriti iyo za Amerika.

Charles Kambanda yihisha inyuma y’uburenganzira bwo gutanga ibitekerezo, akaroha ubuvunderi mu bamukurikira, barimo n’urubyiruko yirirwa aroga ngo ararwigisha muri SAINT JOHN’S University . Igitangaje ariko , ni uko abamukoresha barebera ubwo bugome, kandi ku rubuga rwa internet rw’iyo kaminuza yivugira ko ..”itazihanganira umuntu wese urangwa n’amacakubiri ashingiye ku moko”.

Imvugo rero yagombye kuba ingiro Saint John’s ikagerera Charles Kambanda mu kebo OBERLIN College( nayo yo muri Amerika) yagereyemo umwarimu witwa Joy KAREGA ,wari wavuze ko wa mutwe w’iterabwoba wa “Islamic State” ari ishami ry’igisirikari cya USA na Israel.Icyo gihe muw’2016, yirukanywe ashinjwa urwango rukomeye afitiye Amerika na Israel.

Ese kuba Kambanda adahanirwa ingengabitekerezo ya jenoside yirirwa akongeza, byaba bivuze ko Abatutsi nta gaciro bafite nk’Abanyamerika n’Abayahudi?Bibaye ari uko bimeze byaba bihabanye n’amahame mpuzamahanga avuga ko jenoside ari icyaha ndengakamere gikorerwa isi yose.Twe icyo twabwira Charles Kambanda na bagenzi be bahagurukiye kugoreka amateka, ni uko ikinyoma kihuta ariko kitaramba, kuko ukuri kudapfukiranwa ubuziraherezo.Les faits sont têtus!!!!

2020-10-29
Editorial

IZINDI NKURU

Urusha nyina w’umwana imbabazi aba ashaka kumurya: “Inzobere za Loni zirashinja ingabo z’u Rwanda kuvogera ubutaka bwa Kongo, uboshye iki gihugu ubwacyo kitabasha kumenya abakivogereye.

Urusha nyina w’umwana imbabazi aba ashaka kumurya: “Inzobere za Loni zirashinja ingabo z’u Rwanda kuvogera ubutaka bwa Kongo, uboshye iki gihugu ubwacyo kitabasha kumenya abakivogereye.

Editorial 05 Jan 2021
Mu mukino Petros utoza Urucaca yashinje abasifuzi bo mu Rwanda ubwiyemezi, Kiyovu SC yatsinze Gorilla FC 1-0

Mu mukino Petros utoza Urucaca yashinje abasifuzi bo mu Rwanda ubwiyemezi, Kiyovu SC yatsinze Gorilla FC 1-0

Editorial 03 Oct 2023
Burundi: Abantu Bitwaje Intwaro Batwitse Ibiro Bishinzwe Abinjira N’abasohoka N’amamodoka

Burundi: Abantu Bitwaje Intwaro Batwitse Ibiro Bishinzwe Abinjira N’abasohoka N’amamodoka

Editorial 15 Sep 2018
AS Kigali yatsinze Gorilla FC naho Bugesera FC inganya na Police FC mu kino ya gicuti yatangiye gukinwa hitegurwa isubukurwa rya shampiyona y’u Rwanda .

AS Kigali yatsinze Gorilla FC naho Bugesera FC inganya na Police FC mu kino ya gicuti yatangiye gukinwa hitegurwa isubukurwa rya shampiyona y’u Rwanda .

Editorial 19 Apr 2021
Urusha nyina w’umwana imbabazi aba ashaka kumurya: “Inzobere za Loni zirashinja ingabo z’u Rwanda kuvogera ubutaka bwa Kongo, uboshye iki gihugu ubwacyo kitabasha kumenya abakivogereye.

Urusha nyina w’umwana imbabazi aba ashaka kumurya: “Inzobere za Loni zirashinja ingabo z’u Rwanda kuvogera ubutaka bwa Kongo, uboshye iki gihugu ubwacyo kitabasha kumenya abakivogereye.

Editorial 05 Jan 2021
Mu mukino Petros utoza Urucaca yashinje abasifuzi bo mu Rwanda ubwiyemezi, Kiyovu SC yatsinze Gorilla FC 1-0

Mu mukino Petros utoza Urucaca yashinje abasifuzi bo mu Rwanda ubwiyemezi, Kiyovu SC yatsinze Gorilla FC 1-0

Editorial 03 Oct 2023
Burundi: Abantu Bitwaje Intwaro Batwitse Ibiro Bishinzwe Abinjira N’abasohoka N’amamodoka

Burundi: Abantu Bitwaje Intwaro Batwitse Ibiro Bishinzwe Abinjira N’abasohoka N’amamodoka

Editorial 15 Sep 2018
AS Kigali yatsinze Gorilla FC naho Bugesera FC inganya na Police FC mu kino ya gicuti yatangiye gukinwa hitegurwa isubukurwa rya shampiyona y’u Rwanda .

AS Kigali yatsinze Gorilla FC naho Bugesera FC inganya na Police FC mu kino ya gicuti yatangiye gukinwa hitegurwa isubukurwa rya shampiyona y’u Rwanda .

Editorial 19 Apr 2021
Urusha nyina w’umwana imbabazi aba ashaka kumurya: “Inzobere za Loni zirashinja ingabo z’u Rwanda kuvogera ubutaka bwa Kongo, uboshye iki gihugu ubwacyo kitabasha kumenya abakivogereye.

Urusha nyina w’umwana imbabazi aba ashaka kumurya: “Inzobere za Loni zirashinja ingabo z’u Rwanda kuvogera ubutaka bwa Kongo, uboshye iki gihugu ubwacyo kitabasha kumenya abakivogereye.

Editorial 05 Jan 2021
Mu mukino Petros utoza Urucaca yashinje abasifuzi bo mu Rwanda ubwiyemezi, Kiyovu SC yatsinze Gorilla FC 1-0

Mu mukino Petros utoza Urucaca yashinje abasifuzi bo mu Rwanda ubwiyemezi, Kiyovu SC yatsinze Gorilla FC 1-0

Editorial 03 Oct 2023
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru