• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Igikombe kirajya mu bindi twibitseho, ubutumwa bwa Gen. MK Mubarakh yageneye abafana ba APR FC yitegura gukina CECAFA Kagame Cup 2026   |   22 Jul 2026

  • Police FC yatangaje umunya-Maroc, Jaafar Rkyek nk’umutoza mukuru wayo asimbuye Ben Moussa watandukanye n’iyi kipe   |   21 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza wa Mukura VS, Tomáš Trucha, yageze mu Rwanda aho aje gutangira akazi   |   20 Jul 2026

  • AMAFOTO – Rayon Spotrs yasinyanye amasezerayo y’ubufatanye na Bank of Kigali y’igihe cy’imyaka 5, ikazabona arenga Miliyari 1 ku mwaka   |   18 Jul 2026

  • Dr Eugène Rwamucyo yahamijwe ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi, akatirwa imyaka 27 y’igifungo mu Bufaransa   |   18 Jul 2026

  • Bombori bombori muri RNC yageze no mu muryango bwite wa Kayumba Nyamwasa   |   17 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Perezida ntabwo azahangana n’ibibazo by’Ababiligi ngo yongereho n’ibibazo by’Umunywarumogi w’umudozi – Djihad

Perezida ntabwo azahangana n’ibibazo by’Ababiligi ngo yongereho n’ibibazo by’Umunywarumogi w’umudozi – Djihad

Ubwanditsi 13 Apr 2025 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, ITOHOZA, Mu Rwanda, POLITIKI

Ntabwo twirirwa tuvuga ibigwi by’Umukuru w’igihugu cy’u Rwanda byo ibyinshi birivugira mu ngeri zose z’imibereho y’ igihugu ahubwo turagaruka ku nkubiri iri ku mbuga nkoranyambaga yiswe “Tumwamagane” igamije gukurira inzira ku murima Umunyamideri, Turahirwa Moise uzwi nka Moshions.

Moses uyu yagize gutya ku mbuga nkoranyambaga ze abambaho ubutumwa bwatunguye benshi aho bwari bufite umutwe ugira uti “ Nakuze nanga Kagame n’inkotanyi zose Bro!’’, akomeza agira ati ‘’Inkotanyi zafunze data Pasteur zimuziza ubusa, ubwa mbere nagiye mu mugi wa Kamembe ngiye gusura Papa afungiye I Cyangugu ndi kumwe na Mama, 6yrs old(Ku myaka 6).

Inkotanyi yakubise ikiboko Papa ari gushaka uburyo yansuhuza kubera iminota mike babahaga yo gufata ingemu twabazaniye yasubiye mu gihome ntamusuhuje Papa ni umurinzi w’igihango (….)

Asoza agira ati “Naraye ndira ubwo bambwiraga ko H.E azambara ishati nahanze, Sindababarira Kagame n’Inkotanyi zose”. 

Hanyuma rero abazi Inkotanyi icyo ari cyo barimo uzwi nka Uzabakiriho Cyprien (Djihad) umenyerewe aho bita ku mihanda y’imbugankoranyambaga yahise akora ikiganiro ndorane maze amukurira inzira ku murima amwibutsa ko gutumagura ibimogi bitamuha uburenganzira bwo kurira umukuru w’ igihugu batangana kandi badahurira ku isoko ry’ibyarahane n’indodo.

Djihad avuga ko Amateka y’inkotanyi ari maremare cyane cyane abayazi cyane ari abo zarokoye kuko mu buhamya bwose ababutanga basoza bashima inkotanyi zabarokoye, Djihad avugako kwanga inkotanyi ari ukwanga ubuzima zo kabaho.

Mu kiganiro cyuje gukeburwa n’ibitutsi, yibukije Moses Turahirwa ineza y’inkotanyi zamuhaye amahirwe menshi akayatera inyoni.

Moses yibukijwe ko yazanye ibimogi byinshi abikuye mu butaliyani ndetse na byinshi byamubayeho inkotanyi zaramurengeye, yamwibukije ko hari nyinshi zamugariye ku rugamba, izindi nkotanyi zirugwaho kugirango ko atagakwiye gusinda amahoro amuha umwanya wo kurolinga (gusuguta) urumogi bigatuma atuka inka ngo dore igicebe cyayo.

Mu bandi batunguwe harimo GOD FATHER kuri X aho we yagize ati “Ntakintunguye inda mbi uyiha Amata ikaruka Amaraso….Nakuze Nkunda Paul Kagame N’inkotanyi Bro. Asoza agira ati “Uhamba roho mbi ahorana isuka”.

Munyakazi Sadate benshi bita General w’Urubyiruko rwo kumbuga we agize ati “Iteka ryose, si kenshi ni beshya ku muntu.”

Iyo umugabo atega aho MOSHOON atega bakajombamo ibisongo, ibitiritiri n’amacupa nti wakwitega ko mu kanwa ke havamo ibinyuranye nibyo MOSES MOSHION yavuze, kuko ubwonko bw’ umuntu nk’uwo buba bwaraboze bugahinduka umwanda.

(UKURI )

Uwo wavuze wanga, njyewe ndabizi neza yangwa n’abicanyi, ibitabapfu, inkozi z’ibibi, ibisambo n’ibirumbo n’abandi nkabo.

Abamukunda turihagije kandi turahagije ngo turumuhate anyurwe kandi yishime, erega abe turahari kandi tuzahoraho turi abe.

Dukomeje kwibuka ko SO, wowe wabashaga kumusura aho afungiye, akaba yarafungiwe ko yamaze bene wabo n’uwo wanga.

Ni mugihe njyewe iyo nshatse gusura DATA mfata inzira nkajyana indabo mu rwibutso rwa Génocide yakorewe Abatutsi So yamaze, ariko agahinda ntikica kagira mubi koko igitangaje ni ubutwari, ubushishozi, ubumuntu bw’uwo uvuga ko wanga, twembi ( Umwana w’uwamaze abatutsi muri Génocide n’umwana wuwamariwe abe muri iyo Génocide) yaduhaye amahirwe amwe muri iki gihugu,  aha niho uwo wanga yabarushirije umutima n’ubumuntu.

Moses ndakangutse mvuye mu nzozi nibuka ko udashobora kugira urukundo waronse Ingengabiterezo ya Génocide; Yewe, nari nibagiwe ko utagira urukundo waronse urwango wa mutindiwe; Ni nk’uko utaba umugabo utega iyo bakajomba, Ntamwijima ubyara urumuri, nta mbwa ibyara inka, urwango ntirwahinduka urukundo, uri URWANGO. Yasoje amwita kivume iteka ryose.

Reka rero twibutse urubyiruko rutekereza nka Turahirwa Moise (Moses, Moshions, Kwanda Seasons) ko bakwiye guha agaciro igihugu gifite ubu ndetse n’aho cyavuye bareke gusinda amahoro bumve ko kugera aha hari ikiguzi cy’amaraso inkotanyi zamennye ndetse bamenye no guha agaciro gakwiye Umukuru w’igihugu wagobotse urugamba akubaka igihugu gihereye ku busa.

2025-04-13
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Paul Kagame yakiriwe na Papa Francis

Perezida Paul Kagame yakiriwe na Papa Francis

Ubwanditsi 20 Mar 2017
Ukuri kubivugwa ko Perezida w’ urukiko rw’ ikirenga wa Kenya yahawe hafi miliyoni 5 z’ amadorali akazanga

Ukuri kubivugwa ko Perezida w’ urukiko rw’ ikirenga wa Kenya yahawe hafi miliyoni 5 z’ amadorali akazanga

Ubwanditsi 04 Sep 2017
Uganda : Gen Sultani Makenga wayoboraga M23 yaburiwe irengero

Uganda : Gen Sultani Makenga wayoboraga M23 yaburiwe irengero

Ubwanditsi 13 Nov 2016
Uganda : Ambasaderi Frank Mugambage yavuye imuzi imiterere y’ibibazo biri hagati ya Uganda n’u Rwanda

Uganda : Ambasaderi Frank Mugambage yavuye imuzi imiterere y’ibibazo biri hagati ya Uganda n’u Rwanda

Ubwanditsi 29 Jan 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

“Uruvunganzoka” rw’imburamukoro 10, mu “myigaragambyo” isaba ko abajenosideri 8 batakwirukanwa muri Niger
Amakuru

“Uruvunganzoka” rw’imburamukoro 10, mu “myigaragambyo” isaba ko abajenosideri 8 batakwirukanwa muri Niger

Ubwanditsi 05 Jan 2022
Hakomeje kwibazwa impamvu abaturage ba Uganda bafunze umuhanda k’umupaka inzego zabo zirebera
INKURU NYAMUKURU

Hakomeje kwibazwa impamvu abaturage ba Uganda bafunze umuhanda k’umupaka inzego zabo zirebera

Ubwanditsi 22 Dec 2017
Faustin Twagiramungu ahuriye n’akaga ku mbuga nkoranyambaga, Ngo ni “Bihemu”udatinya gusebya aho nyina yamuhereye ibere!
Amakuru

Faustin Twagiramungu ahuriye n’akaga ku mbuga nkoranyambaga, Ngo ni “Bihemu”udatinya gusebya aho nyina yamuhereye ibere!

Ubwanditsi 20 Jul 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru