• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26   |   31 May 2026

  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Perezida ntabwo azahangana n’ibibazo by’Ababiligi ngo yongereho n’ibibazo by’Umunywarumogi w’umudozi – Djihad

Perezida ntabwo azahangana n’ibibazo by’Ababiligi ngo yongereho n’ibibazo by’Umunywarumogi w’umudozi – Djihad

Ubwanditsi 13 Apr 2025 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, ITOHOZA, Mu Rwanda, POLITIKI

Ntabwo twirirwa tuvuga ibigwi by’Umukuru w’igihugu cy’u Rwanda byo ibyinshi birivugira mu ngeri zose z’imibereho y’ igihugu ahubwo turagaruka ku nkubiri iri ku mbuga nkoranyambaga yiswe “Tumwamagane” igamije gukurira inzira ku murima Umunyamideri, Turahirwa Moise uzwi nka Moshions.

Moses uyu yagize gutya ku mbuga nkoranyambaga ze abambaho ubutumwa bwatunguye benshi aho bwari bufite umutwe ugira uti “ Nakuze nanga Kagame n’inkotanyi zose Bro!’’, akomeza agira ati ‘’Inkotanyi zafunze data Pasteur zimuziza ubusa, ubwa mbere nagiye mu mugi wa Kamembe ngiye gusura Papa afungiye I Cyangugu ndi kumwe na Mama, 6yrs old(Ku myaka 6).

Inkotanyi yakubise ikiboko Papa ari gushaka uburyo yansuhuza kubera iminota mike babahaga yo gufata ingemu twabazaniye yasubiye mu gihome ntamusuhuje Papa ni umurinzi w’igihango (….)

Asoza agira ati “Naraye ndira ubwo bambwiraga ko H.E azambara ishati nahanze, Sindababarira Kagame n’Inkotanyi zose”. 

Hanyuma rero abazi Inkotanyi icyo ari cyo barimo uzwi nka Uzabakiriho Cyprien (Djihad) umenyerewe aho bita ku mihanda y’imbugankoranyambaga yahise akora ikiganiro ndorane maze amukurira inzira ku murima amwibutsa ko gutumagura ibimogi bitamuha uburenganzira bwo kurira umukuru w’ igihugu batangana kandi badahurira ku isoko ry’ibyarahane n’indodo.

Djihad avuga ko Amateka y’inkotanyi ari maremare cyane cyane abayazi cyane ari abo zarokoye kuko mu buhamya bwose ababutanga basoza bashima inkotanyi zabarokoye, Djihad avugako kwanga inkotanyi ari ukwanga ubuzima zo kabaho.

Mu kiganiro cyuje gukeburwa n’ibitutsi, yibukije Moses Turahirwa ineza y’inkotanyi zamuhaye amahirwe menshi akayatera inyoni.

Moses yibukijwe ko yazanye ibimogi byinshi abikuye mu butaliyani ndetse na byinshi byamubayeho inkotanyi zaramurengeye, yamwibukije ko hari nyinshi zamugariye ku rugamba, izindi nkotanyi zirugwaho kugirango ko atagakwiye gusinda amahoro amuha umwanya wo kurolinga (gusuguta) urumogi bigatuma atuka inka ngo dore igicebe cyayo.

Mu bandi batunguwe harimo GOD FATHER kuri X aho we yagize ati “Ntakintunguye inda mbi uyiha Amata ikaruka Amaraso….Nakuze Nkunda Paul Kagame N’inkotanyi Bro. Asoza agira ati “Uhamba roho mbi ahorana isuka”.

Munyakazi Sadate benshi bita General w’Urubyiruko rwo kumbuga we agize ati “Iteka ryose, si kenshi ni beshya ku muntu.”

Iyo umugabo atega aho MOSHOON atega bakajombamo ibisongo, ibitiritiri n’amacupa nti wakwitega ko mu kanwa ke havamo ibinyuranye nibyo MOSES MOSHION yavuze, kuko ubwonko bw’ umuntu nk’uwo buba bwaraboze bugahinduka umwanda.

(UKURI )

Uwo wavuze wanga, njyewe ndabizi neza yangwa n’abicanyi, ibitabapfu, inkozi z’ibibi, ibisambo n’ibirumbo n’abandi nkabo.

Abamukunda turihagije kandi turahagije ngo turumuhate anyurwe kandi yishime, erega abe turahari kandi tuzahoraho turi abe.

Dukomeje kwibuka ko SO, wowe wabashaga kumusura aho afungiye, akaba yarafungiwe ko yamaze bene wabo n’uwo wanga.

Ni mugihe njyewe iyo nshatse gusura DATA mfata inzira nkajyana indabo mu rwibutso rwa Génocide yakorewe Abatutsi So yamaze, ariko agahinda ntikica kagira mubi koko igitangaje ni ubutwari, ubushishozi, ubumuntu bw’uwo uvuga ko wanga, twembi ( Umwana w’uwamaze abatutsi muri Génocide n’umwana wuwamariwe abe muri iyo Génocide) yaduhaye amahirwe amwe muri iki gihugu,  aha niho uwo wanga yabarushirije umutima n’ubumuntu.

Moses ndakangutse mvuye mu nzozi nibuka ko udashobora kugira urukundo waronse Ingengabiterezo ya Génocide; Yewe, nari nibagiwe ko utagira urukundo waronse urwango wa mutindiwe; Ni nk’uko utaba umugabo utega iyo bakajomba, Ntamwijima ubyara urumuri, nta mbwa ibyara inka, urwango ntirwahinduka urukundo, uri URWANGO. Yasoje amwita kivume iteka ryose.

Reka rero twibutse urubyiruko rutekereza nka Turahirwa Moise (Moses, Moshions, Kwanda Seasons) ko bakwiye guha agaciro igihugu gifite ubu ndetse n’aho cyavuye bareke gusinda amahoro bumve ko kugera aha hari ikiguzi cy’amaraso inkotanyi zamennye ndetse bamenye no guha agaciro gakwiye Umukuru w’igihugu wagobotse urugamba akubaka igihugu gihereye ku busa.

2025-04-13
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Amwe mu matariki y’ingenzi yaranze urugamba rwo kubohora u Rwanda

Amwe mu matariki y’ingenzi yaranze urugamba rwo kubohora u Rwanda

Ubwanditsi 04 Jul 2018
Abapolisi b’u Rwanda 140 berekeje mu butumwa bw’amahoro muri Haiti

Abapolisi b’u Rwanda 140 berekeje mu butumwa bw’amahoro muri Haiti

Ubwanditsi 25 Aug 2017
Gen Maj Aloys NTIWIRAGABO ukurikiranweho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi yavumbuwe mu bwihisho mu nkengero za Paris, m’Ubufaransa

Gen Maj Aloys NTIWIRAGABO ukurikiranweho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi yavumbuwe mu bwihisho mu nkengero za Paris, m’Ubufaransa

Ubwanditsi 24 Jul 2020
Kigali:Umugabo yishe mugenzi we amukekaho kumusambanyiriza umugore [ Yavuguruwe ]

Kigali:Umugabo yishe mugenzi we amukekaho kumusambanyiriza umugore [ Yavuguruwe ]

Ubwanditsi 27 Jun 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Akumiro :  Perezida Mugabe  wari ufungiwe iwe yagaragaye mu ruhame “nivogonyo “
Mu Mahanga

Akumiro :  Perezida Mugabe  wari ufungiwe iwe yagaragaye mu ruhame “nivogonyo “

Ubwanditsi 17 Nov 2017
Ubushake bwa politiki ku isonga mu gutuma umugore afite aho ageze mu ikoranabuhanga
IKORANABUHANGA

Ubushake bwa politiki ku isonga mu gutuma umugore afite aho ageze mu ikoranabuhanga

Ubwanditsi 29 Nov 2017
Umusaruro mbumbe w’igihugu wiyongereye ku kigero cya 8.6% mu 2018
UBUKUNGU

Umusaruro mbumbe w’igihugu wiyongereye ku kigero cya 8.6% mu 2018

Ubwanditsi 18 Mar 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru