• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Perezida ntabwo azahangana n’ibibazo by’Ababiligi ngo yongereho n’ibibazo by’Umunywarumogi w’umudozi – Djihad

Perezida ntabwo azahangana n’ibibazo by’Ababiligi ngo yongereho n’ibibazo by’Umunywarumogi w’umudozi – Djihad

Ubwanditsi 13 Apr 2025 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, ITOHOZA, Mu Rwanda, POLITIKI

Ntabwo twirirwa tuvuga ibigwi by’Umukuru w’igihugu cy’u Rwanda byo ibyinshi birivugira mu ngeri zose z’imibereho y’ igihugu ahubwo turagaruka ku nkubiri iri ku mbuga nkoranyambaga yiswe “Tumwamagane” igamije gukurira inzira ku murima Umunyamideri, Turahirwa Moise uzwi nka Moshions.

Moses uyu yagize gutya ku mbuga nkoranyambaga ze abambaho ubutumwa bwatunguye benshi aho bwari bufite umutwe ugira uti “ Nakuze nanga Kagame n’inkotanyi zose Bro!’’, akomeza agira ati ‘’Inkotanyi zafunze data Pasteur zimuziza ubusa, ubwa mbere nagiye mu mugi wa Kamembe ngiye gusura Papa afungiye I Cyangugu ndi kumwe na Mama, 6yrs old(Ku myaka 6).

Inkotanyi yakubise ikiboko Papa ari gushaka uburyo yansuhuza kubera iminota mike babahaga yo gufata ingemu twabazaniye yasubiye mu gihome ntamusuhuje Papa ni umurinzi w’igihango (….)

Asoza agira ati “Naraye ndira ubwo bambwiraga ko H.E azambara ishati nahanze, Sindababarira Kagame n’Inkotanyi zose”. 

Hanyuma rero abazi Inkotanyi icyo ari cyo barimo uzwi nka Uzabakiriho Cyprien (Djihad) umenyerewe aho bita ku mihanda y’imbugankoranyambaga yahise akora ikiganiro ndorane maze amukurira inzira ku murima amwibutsa ko gutumagura ibimogi bitamuha uburenganzira bwo kurira umukuru w’ igihugu batangana kandi badahurira ku isoko ry’ibyarahane n’indodo.

Djihad avuga ko Amateka y’inkotanyi ari maremare cyane cyane abayazi cyane ari abo zarokoye kuko mu buhamya bwose ababutanga basoza bashima inkotanyi zabarokoye, Djihad avugako kwanga inkotanyi ari ukwanga ubuzima zo kabaho.

Mu kiganiro cyuje gukeburwa n’ibitutsi, yibukije Moses Turahirwa ineza y’inkotanyi zamuhaye amahirwe menshi akayatera inyoni.

Moses yibukijwe ko yazanye ibimogi byinshi abikuye mu butaliyani ndetse na byinshi byamubayeho inkotanyi zaramurengeye, yamwibukije ko hari nyinshi zamugariye ku rugamba, izindi nkotanyi zirugwaho kugirango ko atagakwiye gusinda amahoro amuha umwanya wo kurolinga (gusuguta) urumogi bigatuma atuka inka ngo dore igicebe cyayo.

Mu bandi batunguwe harimo GOD FATHER kuri X aho we yagize ati “Ntakintunguye inda mbi uyiha Amata ikaruka Amaraso….Nakuze Nkunda Paul Kagame N’inkotanyi Bro. Asoza agira ati “Uhamba roho mbi ahorana isuka”.

Munyakazi Sadate benshi bita General w’Urubyiruko rwo kumbuga we agize ati “Iteka ryose, si kenshi ni beshya ku muntu.”

Iyo umugabo atega aho MOSHOON atega bakajombamo ibisongo, ibitiritiri n’amacupa nti wakwitega ko mu kanwa ke havamo ibinyuranye nibyo MOSES MOSHION yavuze, kuko ubwonko bw’ umuntu nk’uwo buba bwaraboze bugahinduka umwanda.

(UKURI )

Uwo wavuze wanga, njyewe ndabizi neza yangwa n’abicanyi, ibitabapfu, inkozi z’ibibi, ibisambo n’ibirumbo n’abandi nkabo.

Abamukunda turihagije kandi turahagije ngo turumuhate anyurwe kandi yishime, erega abe turahari kandi tuzahoraho turi abe.

Dukomeje kwibuka ko SO, wowe wabashaga kumusura aho afungiye, akaba yarafungiwe ko yamaze bene wabo n’uwo wanga.

Ni mugihe njyewe iyo nshatse gusura DATA mfata inzira nkajyana indabo mu rwibutso rwa Génocide yakorewe Abatutsi So yamaze, ariko agahinda ntikica kagira mubi koko igitangaje ni ubutwari, ubushishozi, ubumuntu bw’uwo uvuga ko wanga, twembi ( Umwana w’uwamaze abatutsi muri Génocide n’umwana wuwamariwe abe muri iyo Génocide) yaduhaye amahirwe amwe muri iki gihugu,  aha niho uwo wanga yabarushirije umutima n’ubumuntu.

Moses ndakangutse mvuye mu nzozi nibuka ko udashobora kugira urukundo waronse Ingengabiterezo ya Génocide; Yewe, nari nibagiwe ko utagira urukundo waronse urwango wa mutindiwe; Ni nk’uko utaba umugabo utega iyo bakajomba, Ntamwijima ubyara urumuri, nta mbwa ibyara inka, urwango ntirwahinduka urukundo, uri URWANGO. Yasoje amwita kivume iteka ryose.

Reka rero twibutse urubyiruko rutekereza nka Turahirwa Moise (Moses, Moshions, Kwanda Seasons) ko bakwiye guha agaciro igihugu gifite ubu ndetse n’aho cyavuye bareke gusinda amahoro bumve ko kugera aha hari ikiguzi cy’amaraso inkotanyi zamennye ndetse bamenye no guha agaciro gakwiye Umukuru w’igihugu wagobotse urugamba akubaka igihugu gihereye ku busa.

2025-04-13
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Amafoto – Imanizabayo Eric uzwi nka Radio yegukanye isiganwa ry’amagare ryavaga I Kigali ryerekeza mu Karere ka Gicumbi

Amafoto – Imanizabayo Eric uzwi nka Radio yegukanye isiganwa ry’amagare ryavaga I Kigali ryerekeza mu Karere ka Gicumbi

Ubwanditsi 28 Nov 2021
Biravugwa ko umuyobozi wa CIA yerekeje muri Koreya ya Ruguru kubonana na Kim Jong un

Biravugwa ko umuyobozi wa CIA yerekeje muri Koreya ya Ruguru kubonana na Kim Jong un

Ubwanditsi 18 Apr 2018
Perezida Kagame yakiriwe na mugenzi we wa Kenya

Perezida Kagame yakiriwe na mugenzi we wa Kenya

Ubwanditsi 18 Sep 2019
Muri 2010, Ingabire Victoire yemeje ko Joseph Ntawangundi yari muri Kenya mu gihe cya Jenoside nyuma Nyirubwite yemera ibyaha byose bya Jenoside aregwa   

Muri 2010, Ingabire Victoire yemeje ko Joseph Ntawangundi yari muri Kenya mu gihe cya Jenoside nyuma Nyirubwite yemera ibyaha byose bya Jenoside aregwa  

Ubwanditsi 25 Jun 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kitoko yasobanuye byinshi ku ndirimbo ‘Thank you Kagame’ yanashyiriye hanze amashusho–VIDEO
Mu Rwanda

Kitoko yasobanuye byinshi ku ndirimbo ‘Thank you Kagame’ yanashyiriye hanze amashusho–VIDEO

Ubwanditsi 16 Aug 2017
Iturufu y’amoko (Hutu &Tutsi) kimwe mu byatumye Gen Kayumba ashwana na bagenzi be
ITOHOZA

Iturufu y’amoko (Hutu &Tutsi) kimwe mu byatumye Gen Kayumba ashwana na bagenzi be

Ubwanditsi 31 Mar 2017
Burundi: Inyeshyamba zivuga Ikinyarwanda zagaragaye mu ishyamba rya Kibira
INKURU NYAMUKURU

Burundi: Inyeshyamba zivuga Ikinyarwanda zagaragaye mu ishyamba rya Kibira

Ubwanditsi 11 Apr 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru