• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»“Uruvunganzoka” rw’imburamukoro 10, mu “myigaragambyo” isaba ko abajenosideri 8 batakwirukanwa muri Niger

“Uruvunganzoka” rw’imburamukoro 10, mu “myigaragambyo” isaba ko abajenosideri 8 batakwirukanwa muri Niger

Ubwanditsi 05 Jan 2022 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Kuri uyu wa kabiri, tariki 04 Mutarama 2022, abatuye mu gace ka Arrondissement ya 16 mu Mujyi wa Paris barasetse barigaragura ubwo babonaga abantu batarenga icumi bavuga ko bari mu ”myigaragambyo” yo kwamagana iyirukanwa ry’abajenosideri 8 bari mu gihugu cya Niger.

Ubundi abo baturage b’Abafaransa bamenyereye ko iyo hateguwe imyigaragambyo ifite impamvu yitabirwa n’ibihumbi by’abantu. Bari batarabona rero aho abantu 10 biyita ”uruvunganzoka”, nk’uko byavugwaga na Thomas Nahimana mu ndangururamajwi, dore ko ari we wari wahuruje n’iyonka, hakaza ababarirwa ku mitwe y’intoki!

Uretse ko abiyita”opozisiyo nyarwanda”banamenyerewe mu rwenya rwo gutumiza imyigaragambyo bakubita impyisi inkoni ikitabirwa n’imburamukoro 10, iyari yateguwe ejo kuwa kabiri yo yanatumye basubiranamo, kuko n’ubwo basangiye ubuswa muri politiki, hari abayamaganye bavuga ko badashobora kugirira impuhwe abajenosideri.

Burya koko umusazi arasara akagwa ku ijambo. Sylvia Mukankiko, benewabo basigaye bita”LIBUMA”( umusazi utoragura ibyo kurya mu iyarara), niwe wabimburiye abandi mu kwamagana Thomas Nahimana, amubuza kwigaragambiriza”abicanyi.” Nahimana yanze kumva Libuma nyamara basangiye ingengabitekerezo ya giparmehutu, yiha urw’amenyo ngo agomba kuvugira “abavandimwe be”.

Ubundi Thomas Nahimana yari yasabye Leta y’Ubufaransa kwigaragambiriza imbere ya Ambasade ya Niger i Paris, ariko uruhushya bararumwima, ndetse bamubwira ko nabirengaho we n’abasazi bagenzi be bazahanishwa igifungo cy’amezi 6 n’ihazabu y’amaeuros 7.500, ni amafaranga y’u Rwanda akabakaba miliyoni 8.

Nyamara muri bya binyoma birirwa bakwiza, uwitwa Gaspard Musabyimana womonganira ku ngirwa-radiyo”Inkingi”, yabeshye ko abigaragambya batari kubona aho bahagarara ngo kuko umuhanda uri imbere ya Ambasade ya Niger ari muto cyane,kandi ukaba unyuramo imodoka nyinshi. Nonese, aho babahaye guhurira ho nta modoka zihanyura? Bari kuzibuza gutambuka se ari bangahe?

Mu mahomvu Thomas Nahimana yahavugiye, yabwiye inshoreke ze 3 zari aho, abana yabyaye hanze 3, Gaspard Musabyimana, n’abandi bagore 2 barimo uwitwa Tuyiringire Illuminee, ko ngo batazahwema gushyira igitutu kuri Niger kugeza yisubiyeho ntiyirukane abantu babo 8 bari ku butaka bwayo.

Nimutekereze inzererezi zitagira epfo na ruguru, zishyize igitutu ku gihugu kugeza gihinduye icyemezo, kikishyiraho umugogoro wo gutunga abajenosideri!

Zabishoboza iki se nazo ubwazo zitizeye amaramuko, dore ko zihorana ikidodo ko umunsi uzagera ibihugu bizicumbikiye bikazereka umuryango usohoka?

Mu mpera z’umwaka ushize wa 2021 nibwo Leta ya Niger yamenyesheje Abanyarwanda 8 bari muri icyo gihugu ko bagomba kuzinga uturago,bakahava mu buryo bwihuse. Nyuma Urwego Rwashyiriweho Gusoza Imirimo y’Urukiko Mpuzamahanga Rwashyiriweho u Rwanda, ari narwo rwari rwabohereje muri Niger, rwaratakambye ngo ba “Gahini” babe bagumye muri Niger, iki gihugu nacyo gitanga andi mahirwe, kibongera indi minsi 30 ngo babe bavuye ku butaka bwacyo.

Abo ni Col Anatole Nsengiyumva wari ukuriye ibikorwa bya gisirikari mu yahoze ari perefegitura ya Gisenyi, Col Tharcisse Muvunyi wategekaga ishuri rya gisirikari rya “ESO”, Col Alphonse Nteziryayo wari perefe wa Butare, Maj Francois Nzuwonemeye wategekaga umutwe w’intasi mu ngabo zatsinzwe,EX-FAR, Cpt Innocent Sagahutu wari umwungirije, Protais Zigiranyirazo, muramu wa Yuvenari Habyarimana, akaba n’umwe mu bagize “Akazu” kateguye kakanashyira mu bikorwa umugambi wa Jenoside yakorewe Abatutsi, Prosper Mugiraneza wari minisitiri w’abakozi ba leta y’abicanyi, na Andereya Ntagerura wari minisitiri wo gutwara abantu n’ibintu muri iyo leta. Benshi muri aba bahamwe n’uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi barangije ibihano, abandi bagirwa”abere” mu buryo butunguranye. Bose bakomeje gukerakera mu mujyi wa Arusha, kuko habuze igihugu cyakwemera kwikorera umutwaro wo gucumbikira abajenosideri.

U Rwanda rwakomeje kuvuga ko rwiteguye kubakira, kuko n’ubwo ari ibirara, bitabavanaho Ubunyarwanda. Bo batinye gutaha kubera ipfunwe, kuko batumva uburyo babana n’abandi baturage bazi neza amahano bakoze.

Nyamara baratinya ubusa, kuko umujenosideri mugenzi wabo, Col Aloys Ntuyahaga, ubu ari mu Rwanda mu mutuzo, kuko yarangije igihano cye mu Bubiligi agataha.

Niger yagumana aba bagome, yabashushubikanya, icyo Abanyarwanda basaba ni uko igihugu kizabakira kitazabemerera kuhakorera ibikorwa by’urugomo, bigamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda.

Hari abibwira ko imyaka aba bajenosideri bafite itabemerera kongera kwijandika mu bikorwa bibi. Ni ukwibeshya kuko nka Innocent Sagahutu ubwo yari akiri Arusha muri Tanzaniya, icyo gihugu cyamufashe ashaka kwambuka ngo ajye mu mutwe w’iterabwoba wa FDLR ukorera mu Burasirazuba bwa Kongo, aranabifungirwa. Uyu kandi yumvikana kenshi ahakana akanapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, ku buryo abonye urwaho yakongera akamara abantu. Ngabo rero abo Thomas Nahimana yita”abavandimwe babuzwa amahwemo”, atitaye ku nzirakarengae bishe, abo bagize imfubyi n’abapfakazi.

Nta mugayo ariko, Nahimana Thomas wahoze ari umusaseridoti yahisemo kwitandukanya n’ Imana, ubu niwe uhagarariye shitani ku isi.

2022-01-05
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

FERWAFA yareze Uganda muri CAF

FERWAFA yareze Uganda muri CAF

Ubwanditsi 27 Apr 2016
Perezida Kagame yahawe igihembo kubera kuba indashyikirwa mu guharanira uburinganire

Perezida Kagame yahawe igihembo kubera kuba indashyikirwa mu guharanira uburinganire

Ubwanditsi 10 Jul 2016
Ingimbi n’Abangavu 30 bahize abandi mu gikorwa cyogushaka impano zizaserukira u Rwanda mu mikino Olempikey’Urubyiruko

Ingimbi n’Abangavu 30 bahize abandi mu gikorwa cyogushaka impano zizaserukira u Rwanda mu mikino Olempikey’Urubyiruko

Ubwanditsi 12 Dec 2022
Expo 2021: Bamwe mu bashaka gukoresha udukingirizo twagenewe abagore basubijwe

Expo 2021: Bamwe mu bashaka gukoresha udukingirizo twagenewe abagore basubijwe

Ubwanditsi 30 Dec 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Urugo rwa Gen Masunzu rwagabweho igitero
HIRYA NO HINO

Urugo rwa Gen Masunzu rwagabweho igitero

Ubwanditsi 27 Jan 2018
Umujyi wa Kigali wateguye umuganda udasanzwe
Mu Mahanga

Umujyi wa Kigali wateguye umuganda udasanzwe

Ubwanditsi 13 Aug 2016
Tariki 30 Gicurasi 1994: Inkotanyi zafashe Umujyi wa Ruhango
Mu Rwanda

Tariki 30 Gicurasi 1994: Inkotanyi zafashe Umujyi wa Ruhango

Ubwanditsi 30 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru