• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Ikipe y’igihugu ya Mexique yakiriye igikombe cy’Isi 2026 na Koreya y’Epfo zatangiye zitsinda imikino yayo   |   12 Jun 2026

  • Nyuma y’imyaka 12 y’ubufatanye, Amasezerano ya Rayon Sports na SKOL yageze ku musozo   |   09 Jun 2026

  • Bombori bombori muri RNC: Serge Ndayizeye nawe yeretswe umuryango   |   08 Jun 2026

  • Ku bw’impamvu z’umutekano, umwiherero w’ikipe y’igihugu, Amavubi wari kubera muri Morocco wimuriwe mu Misiri   |   03 Jun 2026

  • APR FC yatangaje ko itazakomezanya n’abakinnyi batatu barimo Aliou Souané, Mamadou Sy na Mahamadou Lamine Bah   |   03 Jun 2026

  • Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze   |   03 Jun 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Finland : Bazaramba Francois ufungiye Jenoside yahawe uruhushya rwo gusohoka muri prison kujya kwishimana n’umugore

Finland : Bazaramba Francois ufungiye Jenoside yahawe uruhushya rwo gusohoka muri prison kujya kwishimana n’umugore

Ubwanditsi 20 Sep 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE, ITOHOZA, POLITIKI

Nyuma y’imyaka ine yihisha ubutabera, Bazaramba Francois wafatiwe muri Finland mu mwaka wa 2007 ashinjwa kugira uruhare muri Genocide yakorewe abatutsi 1994, nyuma inkiko zimuhamya icyaha muri 2012.

Urukiko rukuru n’urukiko rw’ubujurire byamuhamije kuba yarishe abatutsi 8.000 mucyahoze kitwa Komine Nyakizu mubice bya Birambo, Cyahinda, Rushunguriro, Maraba na Kibangu, ubu hakaba ari mukarere ka Nyaruguru.

Urukiko kandi rwamuhamije uruhare rwe rwo kuyobora ibitero byahigaga Abatutsi ndetse no gutwika amazu atagira ingano mubitero yayoboraga by’impunzi z’abarundi zari munkambi ya Nyakizu aho yari umukuru w’iyo nkambi. Mukwezi kwa mbere k’uyu mwaka izo nkiko nyine ziherutse kumuhakanira gufungurwa byagateganyo nk’uko bisanzwe muri ibyo bihugu nyuma y’imyaka 12 muri gereza.

Amakuru ashyushye rero ni uko Bazaramba azakoresha umunsi mukuru wo kwizihiza yubile y’imyaka 45 amaze ashakanya n’umugore we Kamuhanda Immaculée.Uyu mugore we utuye mumugi wa Porvoo muri kilometero 30 uvuye i Helsinki umurwa mukuru wa Finland, amaze igihe atumira abantu muri uwo munsi mukuru wo kwerekana ibirori azaba yaberewemo n’umugabo we bikaba bizaba kuwa 6 tariki ya 20 Nzeli 2019 saa kumi kuri address Tulliportinkatu 4, 06100 Porvoo.

Abacitse ku icumu bati :”Twe nk’abacikacumu ibi ni ukutwica ubwa kabiri, kumva ngo umuntu yahawe uruhushya rwo gusohoka muri prison ajya kwishimana n’umugore we imyaka 45 bamaze babanye mugihe yishe abacu twari dukunze tutazongera kubona, ngo natwe tube twagirana ibyo byishimo tubyereke abana n’abavandimwe. Ibi ni agashinyaguro rwose”.

Si ibyo gusa kuko ngo na Nkuranyabahizi Eugene umaze igihe akurikiranywe n’inkiko zo muri Norway kubera icyaha cya Genocide ari mwisengeneza w’umugore we (umuhungu wa musaza wa Kamuhanda Immaculée) kandi nawe akazaba ngo yabonye konji yo gusohoka muburoko akaza kwifatanya mubyishimo na nyirasenge.

Hari kandi na mukuru wa Eugene Nkuranyabahizi utuye mu Buholande witwa Jean Bosco Rukundo nawe ukurikiranyweho icyaha cya Genocide n’inkiko z’u Buholande , aya makuru avuga ko azaba yitabiriye ibyo birori ari nawe uzabiyobora afatanije n’umuhungu w’imfura wa Bazaramba na Kamuhanda nawe witwa Bazaramba Franco utuye mu Bubiligi nawe inkiko zo mu Bubiligi zatangiye gukoraho iperereza.

Kamuhanda kandi afite murumuna we witwa Speciosa Ziherambere, umugore wa Pasteur Ziherambere Eleazar nawe wari washyiriweho impapuro zo kumuta muri yombi na Interpol kubera uruhare ashinjwa muri Genocide yakorewe abatutsi i Butare mumugi aho yayoboroga itorero ry’ababatista; ubu bakaba bihishe ubutabera muri Amerika aho baba.

Rwose kumva abantu basize baduhekuye bakaba barakatiwe cyangwa bakurikiranywe n’ubutabera bw’ibihugu bagiye kwihishamo, babasha kwihuriza muri Finland ngo bari muri Jubile y’ibyishimo ngo bamaze bahuje urugwiro,  ni agahomamunwa.

Ikindi kandi twamenyeko ngo nyuma yo kumwangira gufungurwa n’ubundi ngo yemerewe gutaha murugo iwe rimwe mukwezi week-end yanyuma y’ukwezi aho agera murugo kuwa 3 akazasubira kuri prison kucyumweru.

2019-09-20
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

CNLG yikomye ibitaro byo mu Bufaransa byahaye akazi Dr Twagira ushinjwa ibyaha bya Jenoside

CNLG yikomye ibitaro byo mu Bufaransa byahaye akazi Dr Twagira ushinjwa ibyaha bya Jenoside

Ubwanditsi 06 Feb 2018
Polisi y’u Rwanda n’iy’Ubutaliyani basinyanye amasezerano y’ubufatanye

Polisi y’u Rwanda n’iy’Ubutaliyani basinyanye amasezerano y’ubufatanye

Ubwanditsi 13 Jan 2017
Burundi: Kamarampaka isize bamwe mu bayoboke ba Agathon Rwasa bishwe abandi bafunzwe

Burundi: Kamarampaka isize bamwe mu bayoboke ba Agathon Rwasa bishwe abandi bafunzwe

Ubwanditsi 18 May 2018
Diyasipora irikoma RNC na Himbara bashaka kuyisenya n’ubwo batabigeraho

Diyasipora irikoma RNC na Himbara bashaka kuyisenya n’ubwo batabigeraho

Ubwanditsi 26 Dec 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uwahoze ari Meya wa Rutsiro yatawe muri yombi
Mu Mahanga

Uwahoze ari Meya wa Rutsiro yatawe muri yombi

Ubwanditsi 03 Mar 2016
Mu Budage abakinnyi bemeye kugabanyirizwa umushahara kubera Coronavirus, aba FC Barcelone ntibabivugaho rumwe
IMIKINO

Mu Budage abakinnyi bemeye kugabanyirizwa umushahara kubera Coronavirus, aba FC Barcelone ntibabivugaho rumwe

Ubwanditsi 26 Mar 2020
Uko imikino iteganyijwe muri shampiyona yo mu Bwongereza na Esipanye muri izi mpera z’icyumweru
IMIKINO

Uko imikino iteganyijwe muri shampiyona yo mu Bwongereza na Esipanye muri izi mpera z’icyumweru

Ubwanditsi 04 Jan 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru