• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Perezida Kagame yasabye ko kubwira abakobwa bagiye gushyingirwa ko bazahura n’ibibazo bikwiye gucika

Perezida Kagame yasabye ko kubwira abakobwa bagiye gushyingirwa ko bazahura n’ibibazo bikwiye gucika

Ubwanditsi 23 Apr 2017 POLITIKI

Perezida Kagame yasabye ko kubwira abakobwa bagiye gushyingirwa ko bazahura n’ibibazo bikwiye gucika

Perezida Kagame yavuze ko umuco wo kubwira abakobwa bagiye gushyingirwa ko bazahura n’ibibazo ukwiye gucika ahubwo bakajya bahabwa inama nziza zubaka hanyuma ihohoterwa bahura naryo rikamaganwa.

-6365.jpg
Perezida Kagame asuhuza abitabiriye Inama

Ibi Umukuru w’Igihugu yabigarutseho ubwo yagezaga ijambo ku bagore bibumbiye mu rugaga rushamikiye ku muryango FRP Inkotanyi bitabiriye Inama nkuru ya gatatu yabereye muri Kigali Convention Center kuri uyu wa Gatandatu taliki ya 22 Mata 2017.

-6364.jpg
Madame Jeannette Kagame nawe yitabiriye iyi nama

Perezida Kagame yabwiye abanyamuryango ba FPR Inkotanyi bari bitabiriye iyi nama ko guteza imbere umugore atari impuhwe ahubwo ko ari inshingano za buri wese, abishimangira avuga ko ‘guteza imbere umugore ni uguteza imbere u Rwanda’.

Umukuru w’Igihugu akaba na Chairman wa RPF Inkotanyi yavuze amateka y’uyu muryango ari ayo guhindura ubuzima bw’Abanyarwanda bose ntawe usigaye inyuma ahubwo buri wese akagendana n’igihe.

Kimwe mu bibazo Umukuru w’Igihugu yagarutseho ni ikijyanye n’amahirwe ahabwa abakobwa aho yavuze ko atangana n’aya basaza babo mu ngeri zitandukanye.
Ati “Abana b’abakobwa n’abahungu ntabwo bahabwaga uburenganzira bungana haba mu ngo ndetse no mu bindi.”

By’umwihariko ku bijyanye n’abakobwa bashyingirwa bagakorerwa ihohoterwa bageze mu ngo, Perezida Kagame yavuze ko uwo muco ukwiye gucika burundu.

Ati “Hari ababwira abakobwa bagiye gushyingirwa ngo bazihanganire abagabo babakubita. Ibyo sibyo. Umuco wo kubwira abakobwa bagiye gushaka ko bagiye guhura n’ibibazo kandi ko bagomba kubyemera ukwiye gucika. Nta munyarwandakazi ukwiye kwihanganira gukubitwa.Ikibi tugomba kukirwanya twese duhereye mu miryango.”

Umukuru w’Igihugu kandi yavuze ko mu miryango ‘tugomba gufatanya kurandura imico mibi n’inyigisho zivuga ngo umugore yaragowe’ ndetse ko akarengane kadakwiye kwihanganirwa kugeza ubwo gafatwa nk’ikintu gisanzwe.
Mu minsi ishize kandi hagiye hagaragara ikibazo cy’uko hari abakobwa b’abanyarwanda bafatwa bakajya gucuruzwa mu bihugu by’amahanga gusa bakaza gutabarwa nyuma.

-6363.jpg

Nko mu 2015 imibare yatanzwe n’Ibiro bishinzwe abinjira n’abasohoka ku mupaka wa Kagitumba mu Karere ka Nyagatare mu Ntara y’Uburasirazuba yagaragazaga ko ubucuruzi bw’abantu burushaho kwiyongera, ku buryo hadafashwe ingamba zikarishye ibintu byarushaho kuba bibi.

Nko kuva mu Ukwakira 2014 kugeza mu matariki abanza ya Mutarama 2015, habashije guhagarika abakobwa 54 bari mu nzira zo kwambutswa umupaka bajyanywa gucuruzwa. Mu myaka yakurikiyeho nabwo iki kibazo cyaragaragaye nubwo cyagiye gifatirwa ingamba zikomeye.

Kuri iki, Perezida Kagame yavuze ko bikwiye kurwanywa ku buryo bwa burundu. Ati “Ntabwo tugomba kurebera abana bacu bajya gucuruzwa hanze. Tugomba kubirwanya twivuye inyuma. Umuntu ntabwo ari ikintu. Abana bacu ntabwo bacuruzwa nk’ibintu ngo tubyemere. Ibyo twifuza byose ntitwabigeraho abana bacu bacuruzwa, barahinduwe ibicuruzwa, bagirwa abacakara hirya no hino. Dukwiye guhindura imitekerereze, tukareka kwihanganira akarengane, ibikorwa byacu bigahinduka.”

2017-04-23
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Congo: Itariki y’amatora yimuwe ntihatangazwa igihe azabera

Congo: Itariki y’amatora yimuwe ntihatangazwa igihe azabera

Ubwanditsi 20 Dec 2018
Umubiligi agiye gusohora igitabo gihuza ubutwari bwa Kagame na Gen. de Gaulle wubatse ikuzo ry’u Bufaransa

Umubiligi agiye gusohora igitabo gihuza ubutwari bwa Kagame na Gen. de Gaulle wubatse ikuzo ry’u Bufaransa

Ubwanditsi 06 Sep 2017
Igitutu cya M23 cyasohoye Tshisekedi mu bitaro adakize, none uburwayi bumuvugishije amangambure.

Igitutu cya M23 cyasohoye Tshisekedi mu bitaro adakize, none uburwayi bumuvugishije amangambure.

Ubwanditsi 07 Aug 2024
UN yafatiye Koreya ya Ruguru ibihano bikakaye, Perezida Trump abyinira ku rukoma

UN yafatiye Koreya ya Ruguru ibihano bikakaye, Perezida Trump abyinira ku rukoma

Ubwanditsi 25 Dec 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Cristiano Ronaldo yegukanye ‘Ballon d’Or’ ya gatanu anganya amateka na Messi (Amafoto)
IMIKINO

Cristiano Ronaldo yegukanye ‘Ballon d’Or’ ya gatanu anganya amateka na Messi (Amafoto)

Ubwanditsi 08 Dec 2017
EAC ntijenjekere u Burundi nk’uko AU yabikoze
Mu Rwanda

EAC ntijenjekere u Burundi nk’uko AU yabikoze

Ubwanditsi 09 Aug 2016
Amarushanwa ya Volleyball yo ku musenyi azaba muri Nzeli
IMIKINO

Amarushanwa ya Volleyball yo ku musenyi azaba muri Nzeli

Ubwanditsi 10 Aug 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru