• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

 
You are at :Home»UBUKERARUGENDO»U Rwanda rwahawe igihembo mpuzamahanga cyo guteza imbere ubukerarugendo
Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente, witabiriye inama ya WTTC i Buenos Aires muri Argentina, yakiriye igihembo u Rwanda rwahawe mu guteza imbere ubukeraruigendo

U Rwanda rwahawe igihembo mpuzamahanga cyo guteza imbere ubukerarugendo

Ubwanditsi 19 Apr 2018 UBUKERARUGENDO

U Rwanda rwashyikirijwe igihembo mpuzamahanga cyiswe ‘Global Tourism Leadership Award’, kubera imiyoborere myiza yarwo yateje imbere ubukerarugendo.

Iki gihembo cyashyikirijwe Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente, uhagarariye Perezida Kagame mu nama y’Akanama Mpuzamahanga kita ku bukerarugendo n’ingendo (WTTC), irimo kubera i Buenos Aires muri Argentina.

Nyuma yo kwakira iki gihembo cyatanzwe bwa mbere na WTTC, Minisitiri w’Intebe yavuze ko iki gihembo gikomeza gutera imbaraga u Rwanda gukomeza gukora ibyiza mu guteza imbere ubukerarugendo.

Yagize ati “Ubukerarugendo ni umutima w’iterambere ry’u Rwanda, buri ku isonga mu byinjiza amadevize, aho ku mwaka butera imbere ku kigero cya 11% kuva mu myaka itanu ishize. Ku Rwanda, iki gihembo kiradutera izindi mbaraga zo gukora ibindi byinshi mu kwita ku bidukikije n’ubukerarugendo.”

U Rwanda rwashyizeho politiki ihamye yo guteza imbere ubukerarugendo no kurengera ibidukikije, aho abaturage baturiye pariki bahabwa 10% by’umusaruro w’ubukerarugendo ugakoreshwa mu bikorwa by’iterambere rya bo. Ibi byagabanyije cyane ba rushimusi n’abandi bangizaga umutungo kamere wa za pariki.

Umuyobozi Mukuru wa RDB, Clare Akamanzi, abinyujije kuri Twitter, yanditse ko ‘u Rwanda rwakiriye igihembo cya mbere mpuzamahanga cyo guteza imbere ubukerarugendo gitanzwe na WTTC, mu kuzirikana ibikorwa by’indashyikirwa rwakoze muri uru rwego.

Mu mpera z’umwaka ushize bwo Perezida Kagame yashyikirijwe igihembo cyiswe ‘World Tourism Award 2017’ ashimirwa ubuyobozi bwe buteza imbere ubukerarugendo. Iki gihembo yagiherewe i Londres mu Bwongereza mu nama mpuzamahanga ku bukerarugendo izwi nka “World Travel Market London”.

Yagihawe kubera imiyoborere ye ifite icyerekezo binyuze muri gahunda z’ubumwe n’ubwiyunge, ubukerarugendo buhamye, kurengera ibinyabuzima ndetse no guteza imbere ubukungu binyuze mu gukurura amahoteli akomeye kugira ngo ashore imari mu Rwanda, byatumye u Rwanda ruba kimwe mu bice bibereye ubukerarugendo muri Afurika’.

Ubukerarugendo ni kimwe mu byinjiriza u Rwanda amafaranga menshi muri iki gihe, aho umusaruro wabwo wikubye inshuro zirenga ebyiri uvuye kuri miliyoni 200 z’amadolari mu 2010 ugera kuri miliyoni 444 $ mu 2017. Intego akaba ri ukuzagera kuri miliyoni 800 z’amadolari uyu mwaka.

Umujyi wa Kigali ubarizwamo hoteli zifite ibyumba bigera ku 8000 mu mwaka 2016, Guverinoma yongereye imbaraga mu ishoramari ry’amahoteli, hanafungurwa izindi zirimo Radisson Blu, Marriott, Park Inn by Radisson na Ubumwe Grand Hotel zongereyeho ibyumba 900.

Ibi byiyongeraho kongera ibyerekezo bya RwandAir, koroshya urujya n’uruza rw’abantu ku bijyanye no kubona viza, kongera ubushobozi bwa pariki, aho iy’Akagera yashyizwemo inyamaswa eshanu zitisukirwa n’izibonetse zose kuri uyu mugabane n’ibindi bikurura abakerarugendo.

2018-04-19
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Bayern Munich yiyongereye kuri Arsenal na PSG mu kwamaza ubukerarugendo bw’u Rwanda binyuze muri gahunda ya “Visit Rwanda”

Bayern Munich yiyongereye kuri Arsenal na PSG mu kwamaza ubukerarugendo bw’u Rwanda binyuze muri gahunda ya “Visit Rwanda”

Ubwanditsi 27 Aug 2023
Jurrien Timber ukinira Arsenal yasuye Stade Amahoro, Urwibutso rwa Jenocide rwa Kigali n’abakinnyi b’umupira w’Amaguru

Jurrien Timber ukinira Arsenal yasuye Stade Amahoro, Urwibutso rwa Jenocide rwa Kigali n’abakinnyi b’umupira w’Amaguru

Ubwanditsi 15 Dec 2023
RDB yemeje ko ibikorwa by’ubukerarugendo muri Pariki ya Nyungwe bitigeze bihungabana

RDB yemeje ko ibikorwa by’ubukerarugendo muri Pariki ya Nyungwe bitigeze bihungabana

Ubwanditsi 22 Dec 2018
Ntibikiri Indoto, RwandAir igiye kujya ikora ingendo eshatu mu Cyumweru i Kinshasa

Ntibikiri Indoto, RwandAir igiye kujya ikora ingendo eshatu mu Cyumweru i Kinshasa

Ubwanditsi 04 Apr 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amafoto – APR FC yegukanye igikombe cya shampiyona 2023/2024 habura imikino 3 ngo irangire, kiba icya 5 itwaye yikurikiranya
Amakuru

Amafoto – APR FC yegukanye igikombe cya shampiyona 2023/2024 habura imikino 3 ngo irangire, kiba icya 5 itwaye yikurikiranya

Ubwanditsi 20 Apr 2024
Kamanzi na Maniriho batorewe guhagararira urubyiruko mu Nteko Ishinga Amategeko
POLITIKI

Kamanzi na Maniriho batorewe guhagararira urubyiruko mu Nteko Ishinga Amategeko

Ubwanditsi 05 Sep 2018
Kibeho: Amacumbi n’ibyo kurya  birabona umugabo bigasiba undi
Mu Rwanda

Kibeho: Amacumbi n’ibyo kurya birabona umugabo bigasiba undi

Ubwanditsi 14 Aug 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru