• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Rwanda-Uganda: hari ruswa mu iyambutswa ry’ibiyobyabwenge

Rwanda-Uganda: hari ruswa mu iyambutswa ry’ibiyobyabwenge

Ubwanditsi 11 Apr 2019 HIRYA NO HINO, Mu Rwanda

Abacuruza ibiyobyabwenge byambukiranya imipaka ihuza u Rwanda na Uganda bo mu karere ka Nyagatare, bavuga ko badashobora kureka ubwo bucuruzi butemewe, ahubwo bahitamo gutanga ruswa harimo n’iyi gitsina kuko bwunguka amafaranga menshi.

Uwase Ruth, umwe mubambutsa bakanacuruza kanyanga, mu Murenge wa Matimba, Akagari ka Rwentanga, yavuze ko bisigaye bikomeye kwinjiza mu Rwanda ibiyobyabwenge kuko inzego z’umutekano zabaye nyinshi cyane ku cyambu cyo ku mpande zombi.

Abasirikare ngo ni benshi cyane haba Uganda, usanga bariho bagenda ku nkengero z’amazi ndetse n’u Rwanda bari aho hafi mu misozi ku buryo bigoranye kugira icyo wambutsa unyuze mu mazi.

Uwo mugore twahaye amazina mpimbano avuga ko ku ruhande rwa Uganda nta kibazo kuko babaha ruswa y’amafaranga abandi bakabaha iyi gitsina ku bari n’abategarugore.

Ati” nk’ejo bundi nageze mu rugando mvuye Kamwezi ho mu gihugu cya Uganda, intara ya Ntungamo, mvuye  kuyizana mpura n’abasirikare baramfata umwafande wabo ufite ipeti rya kapiteni ajya ku ruhande ahantu bafite akazu ka burende ambwira ko ngomba kuryamana nawe, ndamuha, abwira abasirikare be ko bamperekeza hamwe n’uwari antwaje bangeza ku mazi y’icyambu  mpita niyambukira, kuko nari nasize abasore bange twita abamarine bantegereje nahise nambuka nta kibazo n’ubu niyo mfite ndacyapanga uko nzasubirayo.

Akomeza avuga ko afande yamubwiye ko nasanga agihari nta kibazo azajya amutambutsa kuko bazajya babanza gukora ibyo bakora (kumusambanya)  yarangiza akambuka nta kibazo.

Gutanga ruswa mu Rwanda ntibyoroshye

Ndushabandi Robert utuye mu kagari ka Nyabwishongwezi avuga ko yabaho nta bundi bucurizi yari yakora atari ubwa kanyanga, kuko bwihuta kandi bukunguka kuko litiro 20 arangura amafaranga ibihumbi 40 avanamo asaga ibihumbi 200 kandi mu gihe kiri hagati y’icyumweru kimwe na bibiri.

Robert ati “ikiduhangayikishije ni aba basirikare baraha kuko bo ntiwabaha ruswa ngo ubashobore bose, kandi no kuvugana nabo ntibyoroshye, cyane ko badasabana n’abaturage.”

Uwase nawe yunga mu rya Ndushabandi avuga ko ikibazo mu bucuruzi bw’abo kiri mu ruhande rw’u Rwanda. Ati: “Ikitugoye ni ukugera hano mu Rwanda kuko guha ruswa abasirikare bitoroshye keretse iyo usanze ari umwe nabwo w’umwana mwiza; kandi nabwo araguhenda.”

Ndushabandi  avuga ko iyo bagize Imana kanyanga yabo ikagera ku butaka bw’u Rwanda biba birangiye kuko ayijyana akayitaba mwisambu ye, mu rugo akahatwara nkeya nayo akayitaba mu gikoni,  yarangiza akahashyira amashyiga n’ivu ku buryo utarabukwa. Ngo n’iyo polisi ije irasaka naho ikahegera ariko ntigire icyo ibona, keretse igihe umukuru w’igihugu yendaga kuhaza nibwo abasirikare bazanye ibwa zisaka zo zahitaga ziyivumbura. Uwagize amahirwe ni   uwabaga afite uwe akamubwira kare kugira ngo ayijyane mu isambu nayo.

Abayobozi b’inzego z’ibanze n’abo bacuruza ibiyobyabwenge

Umunyamabanga nshigwabikorwa w’Umurenge wa Matimba Karangwa Edward  yemera ko ikiyobyabwenge cya Kanyanga n’izindi nzoga zitemewe mu Rwanda ari ikibazo mu Murenge ayobora kandi bigoye ko gicika.

Impamvu atanga ngo ni uko asanga  hari ubushake buke bwa bamwe mu baturage, n’abayobozi b’Imidugudu na Daso  badatanga amakuru ahubwo nabo bakajya muri ibyo bikorwa byo kwambutsa ibiyobyabwenge ku buryo kumenya amakuru bigorana kuko babahishira.

Cyakora akomeza  yerekana ko bamwe mu bakora ubwo bucuruzi bwambukiranya imipaka butemewe bakurikiranwa n’inzego z’umutekano. Ati “ibyaha bisaga 125 muri uyu Murenge byabaregwaga gucuruza Kanyanga n’izindi nzoga zitemewe mu Rwanda byose RIB yabishyikirije ubugenzacyaha barimo kubakurikirana, cyane ko hari abafashwe abandi bakaba baratorokeye mu gihugu cy’abaturanyi cya Uganda”.

Akagari ka Rwentanga

Ikindi ngo uwo murenge ashinzwe kuyobora ni wo uhana imbibi n’Intara ya Ntungamo yo mu gihugu cya Uganda, cyane ko usanga byoroshye kubyambutsa kuko ababicuruza babinyuza mu mazi, ku buryo kugira ngo inzego z’umutekano zibafate biba bigoranye, dore ko hafi Akarere kose ka Nyagatare kazengurutswe n’igihugu cya Uganda ndetse na Tanzaniya igice kimwe, bityo rero kwinjiza ibintu bitemewe n’amategeko byorohera ababikora.

Imwe munzira zinyuzwamo ibiyobyabwenge, ikibaya cyo kucyambu Nyabwishongwezi

Karangwa akomeza avuga ko Umurenge washyizeho amashyirahamwe y’abantu bacuruzaga ibiyobyabwenge ukabashakira ibyo bakora bindi mu rwengo rwo kubirwanya kugira ngo bicike burundu nubwo bitoroshye, kuko bibaha amafaranga menshi, kandi ahita aboneka vuba cyane. Ngo abenshi babinyuza mu Murenge wa Matimba bikajya mu zindi ntara n’umugi wa Kigali.

Gukora ibikorwa byerekeranye n’ibiyobyabwenge bihanishwa n’amategeko

Ingingo ya 263 yo mu gitabo cy’amategeko mpanabyaha yerekana ko ” Umuntu wese ufatanwa, urya, unywa, witera, uhumeka cyangwa wisiga mu buryo ubwo aribwo bwose ibiyobyabwenge bito cyangwa urusobe rw’imiti ikoreshwa nka byo, aba akoze icyaha.

Umuntu wese uhamijwe n’urukiko gukora ibikorwa bivugwa mu gika cya mbere cy’iyi ngingo, ahanishwa igifungo kitari munsi y’umwaka umwe (1) ariko kitarenze imyaka ibiri (2) cyangwa imirimo y’inyungu rusange.”

Ku bakora ubucuruzi bw’ibiyobyabwenge bo, ibihano biraremereye kuko iyo babihamijwe n’urukiko bashobora gutanga izahabu y’amafaranga y’u Rwanda ari hagati ya miliyoni eshanu (5.000.000 frws)  na mirongo itanu (50.000.000frws)  n’igifungo kiri hagati y’imyaka irindwi (7) n’icya burundu. Biterwa n’ubwoko bw’ikiyobyabwenge ndetse n’uwo babikoreye.

Safi Nkongori Emmanuel

2019-04-11
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ikipe ya Rayon Sports yitegura gukina na AS Banda yo muri RDC, yaraye igiranye amasezerano y’ubufatanye na Kompanyi ya Tom Transfers yemeye kubaha imodoka ebyiri

Ikipe ya Rayon Sports yitegura gukina na AS Banda yo muri RDC, yaraye igiranye amasezerano y’ubufatanye na Kompanyi ya Tom Transfers yemeye kubaha imodoka ebyiri

Ubwanditsi 16 Nov 2021
WASAC, REG, UR , na RAB mu batunzwe agatoki kubera guhombya Leta

WASAC, REG, UR , na RAB mu batunzwe agatoki kubera guhombya Leta

Ubwanditsi 04 May 2017
Abasirikare barindwi ba Loni muri Congo bishwe n’inyeshyamba

Abasirikare barindwi ba Loni muri Congo bishwe n’inyeshyamba

Ubwanditsi 17 Nov 2018
FDLR iracyari ihurizo rikomeye ku mutekano w’u Rwanda

FDLR iracyari ihurizo rikomeye ku mutekano w’u Rwanda

Ubwanditsi 17 Jun 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umurundi n’Abanye-Congo bazanywe mu Rwanda bageze muri FDLR bate ?
INKURU NYAMUKURU

Umurundi n’Abanye-Congo bazanywe mu Rwanda bageze muri FDLR bate ?

Ubwanditsi 16 Jan 2019
Imbere y’imbaga y’abakirisitu be, Apotre Gitwaza yarahiye izina ry’Imana ko atahunze igihugu
Mu Mahanga

Imbere y’imbaga y’abakirisitu be, Apotre Gitwaza yarahiye izina ry’Imana ko atahunze igihugu

Ubwanditsi 25 Apr 2016
Abitwaje intwaro bahitanye 26 mu Burundi mbere y’icyumweru ngo hakorwe referendum
INKURU NYAMUKURU

Abitwaje intwaro bahitanye 26 mu Burundi mbere y’icyumweru ngo hakorwe referendum

Ubwanditsi 13 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru