• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Kigali : Perezida Kagame aratanga ikiganiro muri Transform Afurika 2017

Kigali : Perezida Kagame aratanga ikiganiro muri Transform Afurika 2017

Ubwanditsi 10 May 2017 Mu Rwanda

Kuri uyu wa Gatatu tariki 10 Gicurasi 2017 nibwo hafungurwa ku mugaragaro inama mpuzamahanga yiga ku ikoranabuhanga izwi nka Transform Africa biteganyijwe ko Perezida Kagame atanga ikiganiro ku nsanganyamatsiko yo kubaka imijyi igezweho muri Afurika no kuyibyaza umusaruro« Harnessing potential of smart cities for Africa. »

Iyo nama iratangira none ikazageza ku wa Gatanu tariki 12, ifite insanganyimatsiko yo guteza imbere imijyi hashigiwe ku isuku n’ ikoranabuhanga n’ ibindi.

Mu nama ya mbere ya Transform Africa buri gihugu cyahisemo ikintu kimwe kizateza imbere ibihugu 17 bahuriye mu muryango washinzwe icyo gihe witwa Smart Africa bikagifataho urugero.U Rwanda rwahisemo iterambere ry’ imijyi.

Kimwe mu byo u Rwanda rwakoze muri gahunda ya Smart Afurica ni ugushyira murandasi idakenera umugozi (wireless) mu modoka zitwara abagenzi mu buryo bwa rusange n’ ahantu hahurira abantu benshi.

Mu kiganiro Perezida Kagame yise “harnessing the potential of Smart Cities for Africa” aragaragaza imijyi Afurika yifuza ‘Africa Smart Cities Blueprint’.

Ni imijyi ikoresha ikoranabuhanga mu buryo bwo gutanga serivisi ku baturage, gucunga umutekano, gucunga ibikorwa remezo no mu buryo bwo kugira ngo umujyi ubeho ari umujyi ufite isuku, ugaragara neza kandi utuwe n’abaturage bafite imibereho myiza n’iterambere mu bukungu.

Harimo abo muri Angola, Burkina Faso, Côte d’Ivoire, Gabon, Kenya, Mali, Uganda, Sénégal, Sudani y’Amajyepfo na Tchad n’ahandi.

Iyi nama izatabirwa n’abantu bagera ku bihumbi bitatu (3,000) baturutse mu bihugu bisaga 125. Muri iyi nama hazabamo ibiganiro bitandukanye ku nsanganyamatsiko zinyuranye zijyanye ahanini n’ikoranabuhanga.

Uretse imijyi irabagirana, iyi nama izanaha urubuga abagore, aho izagaragaramo icyitwa ‘Smart Women Summit’ nk’inama ikomeye y’abari n’abategarugori mu by’ikoranabuhanga.

Uyu mwaka kandi urubyiruko rwahimbye udushya mu by’ikoranabuhanga ruzahabwa amahirwe yo kumurikira abashoramari bakomeye baturutse hirya no hino ku Isi.
Hateguwe kandi n’imurikagurisha ry’ibikorwa bishya by’ikoranabuhanga rizaba muri iyi nama (Exhibition) rizaba rigamije gushaka uko umuvuduko ikoranabuhanga rifite muri Afurika wakongerwa bityo ikoranabuhanga rihinduke moteri y’iterambere n’imibereho myiza y’abaturage ba Afurika.

Nk’ibisanzwe muri iyi nama hazagaragaramo abakuru b’ibihugu batandakanye muri Afurika, aba za Guverinoma, abacuruzi n’abashoramari bo hirya no hino ku isi.

Inama ya Smart Africa itegurwa na Guverinoma y’u Rwanda ifatanyije n’ubunyamabanga bwa Smart Africa.

Mu myaka ya 1950, abaturage ba Afurika bari batuye mu mujyi banganaga na 14%, uyu munsi abangana na 40% ni bo batuye mu Mijyi hakaba hari intumbero ko muri 2030 bazaba bageze kuri 50%, naho muri 2050 bakazaba bageze kuri 70%

-6506.jpg

Perezida Kagame ku munsi wo gusoza Transform Africa 2015

2017-05-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umunyamakuru Shyaka Kanuma  aracyagundagurana n’Ubutabera, ahakana  ibyaha ashinjwa

Umunyamakuru Shyaka Kanuma aracyagundagurana n’Ubutabera, ahakana ibyaha ashinjwa

Ubwanditsi 15 Jun 2017
Major Kalinijabo Cyprien na Bishop Nsabimana Daniel baguye mu mpanuka ikomeye yabereye i Kayonza

Major Kalinijabo Cyprien na Bishop Nsabimana Daniel baguye mu mpanuka ikomeye yabereye i Kayonza

Ubwanditsi 04 Nov 2017
Mu bihembo bya The Choice, Rutahizamu wa APR FC Byiringiro Lague yabaye umukinnyi w’umwaka wa 2021 ahize abarimo Sugira Ernest

Mu bihembo bya The Choice, Rutahizamu wa APR FC Byiringiro Lague yabaye umukinnyi w’umwaka wa 2021 ahize abarimo Sugira Ernest

Ubwanditsi 14 Mar 2022
Kagame yagaragaje ko yagakwiye kuba ahereza undi ubuyobozi ariko FPR yamusabye ko bakomezanya

Kagame yagaragaje ko yagakwiye kuba ahereza undi ubuyobozi ariko FPR yamusabye ko bakomezanya

Ubwanditsi 21 Jun 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Paul Kagame yakiriwe na Papa Francis
POLITIKI

Perezida Paul Kagame yakiriwe na Papa Francis

Ubwanditsi 20 Mar 2017
Papa  yasabye  imbabazi ku byaha abihayimana bakoreye mu gihugu cya  Chili
Mu Mahanga

Papa  yasabye  imbabazi ku byaha abihayimana bakoreye mu gihugu cya  Chili

Ubwanditsi 17 Jan 2018
BREAKING NEWS: CP BRUCE MUNYAMBO AGIZWE UMUYOBOZI WA POLICE YA UN MURI SOUTH SOUDAN.
Mu Rwanda

BREAKING NEWS: CP BRUCE MUNYAMBO AGIZWE UMUYOBOZI WA POLICE YA UN MURI SOUTH SOUDAN.

Ubwanditsi 16 Feb 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru