• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Ese kwihanganira abanyabyaha no kubaha ibihano bidakanganye sibyo byaba bituma abagizi ba nabi biyongera mu Rwanda?

Ese kwihanganira abanyabyaha no kubaha ibihano bidakanganye sibyo byaba bituma abagizi ba nabi biyongera mu Rwanda?

Ubwanditsi 04 Oct 2021 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Rwanda

Abasesenguzi batangiye kwibaza niba  kujenjekera abanyabyaha  atari byo bituma barushaho kwiyongera mu Rwanda. Hari n’abasanga kuva igihano cy’urupfu cyavanwa mu mategeko y’u Rwanda, abashaka kwambura abandi ubuzima bariyongereye, kuko babonye n’abafatwa badahabwa ibihano ntangarugero.

Tutiriwe tugaruka ku bajenosideri barekuwe, harimo n’aboherejwe mu mirimo nsimburagifungo ifitiye Igihugu akamaro ndetse abenshi bakanga kuyikora, hari abantu bakoze ibyaha biremereye, nyamara wasesengura ibihano bahawe ugasanga ni bito cyane ugereranyije n’ibyaha bibahama. Ingero ni nyinshi:

Ingabire Victoire Umuhoza yahamwe n’ibyaha birimo iterabwoba, guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi.  Kubera ko igihano cy’urupfu  cyavuyeho, yagombye kuba yarakatiwe nibura gufungwa burundu, nk’uko ibikorwa by’iterabwoba bihanwa. Nyamara yahawe igifungo cy’imyaka 15 gusa,  nk’umuntu wakoze icyaha cyoroheje. Twibuke ko we nta n’inyoroshyacyaha yagombaga guhabwa kuko atigeze yemera ibyaha ngo anabyicuze. Hejuru yo guhabwa igihano kidakangaye yanafumguwe atakirangije, nyamara ntibyamubujije gukomeza ubugome bwe.

Paul Rusesabagina yahamwe n’ibyaha byo kuba mu mutwe w’iterabwoba, wanahitanye ubuzima bw’inzirakarengane. Ibi byaha byagombaga guhanishwa igifungo cya burundu, nyamara yahanishijwe gufungwa imyaka 25 gusa! Abakurikiraniye hafi urubanza rwe basanga harabayemo koroshya igihano bikabije, ugereranyije n’amahano umutwe we w’iterabwoba wa FLN wakoze.

Nsabimana Callixte “Sankara” yahawe gufungwa imyaka 20 gusa. Iki gihano nacyo kirimo kudohora cyane, wibutse ukuntu yigambye urupfu rw’inzirakarengane zazize FLN yabo.  N’ubwo yasabye imbabazi bwose, abo we na bagenzi be bishe bo ntibazagaruka. Ikindi “Sankara” siwe wishyikirije ubutabera, ahubwo byasabye izindi mbaraga ngo afatwe. Iyo adatabwa muri yombi  n’ubu yari kuba akiri mu migambi mibisha nk’iyo bagenzi be barimo mu Kibira no mu mashyamba ya Kongo.

Helman Nsengimana niwe wasimbuye “Sankara” mu nshingano zo gukina ku mubyimba abahitanywe na FLN. Yahamwe n’ibyaha byagombye kuba byaramuviriyemo guhanwa by’intangarugero, nyamara azafungwa imyaka 5 gusa. Wakeka ko kurema imitwe y’iterabwoba ari icyaha gishobora kwihanganirwa mu Rwanda.

Idamange Yvonne Iryamugwiza aregwa ibyaha bikomeye, birimo guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, no kwangisha abaturage ubuyobozi. Aho afatiwe yanze gusaba imbabazi, ahubwo ahitamo gusuzugura ubutabera, yanga kwiregura ku byaha akurikiranyweho. Ntibyabujije ko ahabwa igihano cyo gufungwa imyaka 15 gusa, igihano nacyo kigaragara nk’ikidakanganye ugererabyije n’uburemere bw’imyaha bye. Biranashoboka ko ibi ari nabyo byatumwe umugore w’uwitwa Shyaka Gilbert ajya ku mbuga nkoranyambaga, maze si ugutuka inzego za Leta yiva inyuma, kuko yumva ntawe uzamukurikirana, ariko byanaba agahabwa igihano cyoroheje, nk’icya Yvonne Idamange.

Si ibihano byoroheje gusa, ahubwo hari n’abanyabyaha badahanwa na busa  nka Agnès Uwimana  Nkusi wiyita umunyamakuru kandi ari”umwamamazarwango” k’UMURABYO TV,  hibazwa impamvu atabiryozwa. Kwitwikira uburenganzira bw’itangazamakuru ntibyagombye kuza mbere y’uburenganzira bw’abo ibikorwa bye byangiriza.  Hatitawe ku bantu bakomeje kwerekana impungenge baterwa n’uburozi uyu mugore aroha mu baturage, aridegembya ndetse  aho guterwa ubwoba n’ibyo akora, ahubwo bimutera ishema. Ntiyigeze ahakana ko ahabwa amafaranga  n’abanzi b’Igihugu ngo aharabike u Rwanda, agumure abaturage, ariko aremye cyane.

Niyonsenga Dieudonné wiyita CYUMA Hassan, nawe yamaze kwishyiramo ko ari “Cyuma” kidakangwa n’amategeko. Iyo urebye ibyo atambuta ku ISHEMA TV, wibaza niba mu Rwanda nta nzego zishinzwe guhana ibyaha byo kuvutsa igihugu umudendezo no kwangisha rubanda ubutegetsi. Umuntu wese ugamije gusebya inzego za Leta cyangwa kubangamira gahunda zayo, umuzindaro ni  ISHEMA TV. Nyirayo”Cyuma” aremye cyane.

Ejo bundi hafashwe abantu 13 bari mu mugambi w’ibikobwa by’iterabwoba byari kwibasira ahantu hanyuranye mu Mujyi wa Kigali. Nubwo tutazi ibihano bazahabwa, hari abatangiye gutekereza ko nabo bazadohorerwa nk’uko byagenze ku bo basangiye imigambi mibisha, nka Rusesabagina, Ingabire Victoire, Sankara,  Herman n’abandi.

Mu Karere ka Kamonyi hafatiwe abantu barenga 20  bakaba bashinjwa kugirira nabi abaturage. Ese ejo umucamanza ntazatubwira ko bahawe igihano gito kubera ko ari ubwa mbere bakurikiranywe mu nkiko? Imbaraga ziba zashyizwe  mu kubatahura, ubuzima bw’abo bahohoteye, imitungo bangije indi bakayiba, bizahabwa akahe gaciro mu kubagenera ibihano?

Nibyo kandi ni byiza ko ubutabera bukorera mu bwisanzure no mu bushishozi. Yewe ni na byiza ko umunyabyaha yihanganirwa, akihanangirizwa, ndetse akaba yanahabwa igihano kizamufasha kwikosora akagaruka vuba mu buzima busanzwe. Ariko se iyo bigaragara ko abagiye bagirirwa impuhwe batikosora, ahubwo bakarushaho kugira ubukana, ntibikwiye gusubirwamo, impuhwe ku bagome n’abo tumaze kuvuga zikagabanuka? Ni ibyo gutekerezwaho, kuko ibyo twita gutanga amahiwe ngo umunyabyaha yisubireho, bishobora kuvamo kuba urwaho rwo kwangiza bikomeye umuryango nyarwanda.

2021-10-04
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Sergio Ramos, Kaylor Navas ndetse na Julian Draxler bakinira ikipe ya Paris St Germain barasura u Rwanda mu mpera z’iki cyumweru

Sergio Ramos, Kaylor Navas ndetse na Julian Draxler bakinira ikipe ya Paris St Germain barasura u Rwanda mu mpera z’iki cyumweru

Ubwanditsi 29 Apr 2022
Turebe La Forge Fils Bazeye wo kuri BBC Gahuzamiryango na VOA ndetse na La Forge Fils Bazeye imbere y’ubutabera

Turebe La Forge Fils Bazeye wo kuri BBC Gahuzamiryango na VOA ndetse na La Forge Fils Bazeye imbere y’ubutabera

Ubwanditsi 09 Oct 2021
Ibanga ry’iterambere rya Afurika ni abaturage bayo – Perezida Kagame

Ibanga ry’iterambere rya Afurika ni abaturage bayo – Perezida Kagame

Ubwanditsi 22 Jun 2018
Kigali : Perezida Kagame arahamagarira inzego z’umutekano ku isi guhuza

Kigali : Perezida Kagame arahamagarira inzego z’umutekano ku isi guhuza

Ubwanditsi 04 Aug 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Polisi y’u Rwanda yakajije ibikorwa byo kurwanya  ivunjisha ry’amafaranga y’amahanga ritemewe
Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda yakajije ibikorwa byo kurwanya ivunjisha ry’amafaranga y’amahanga ritemewe

Ubwanditsi 13 Apr 2016
Ingabo z’u Rwanda zongeye guha isomo rikomeye ibyihebe muri Mozambique
Amakuru

Ingabo z’u Rwanda zongeye guha isomo rikomeye ibyihebe muri Mozambique

Ubwanditsi 04 May 2024
Émirats Arabes Unis : Perezida Kagame aremeza ko ibyo akora adashingira ku byo abwirwa gusa
POLITIKI

Émirats Arabes Unis : Perezida Kagame aremeza ko ibyo akora adashingira ku byo abwirwa gusa

Ubwanditsi 11 Feb 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru