• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»“Icyegeranyo RWANDA CLASSIFIED, ni urukozasoni umuntu wese ushyira mu gaciro akwiye kwirinda.”- Impuguke mu itangazamakuru n’amateka.

“Icyegeranyo RWANDA CLASSIFIED, ni urukozasoni umuntu wese ushyira mu gaciro akwiye kwirinda.”- Impuguke mu itangazamakuru n’amateka.

Ubwanditsi 07 Jun 2024 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, ITOHOZA, Mu Mahanga

Nyuma y’aho abanyamakuru 50 bo mu bihugu 11 bishyiriye hamwe, bagasohora icyegeranyo bise”Rwanda classified”, abantu bashyira mu gaciro bakomeje kwamagana ibyo bipapirano bigamije kwangiza isura y’u Rwanda n’abayobozi barwo.

Urugero ni inyandiko ndende cyane yamagana ako kagambane, ikaba yasohotse mu binyamakuru mpuzamahanga ” Jeune Afrique”na “Le Point” , nyuma yo gushyirwaho umukono n’impuguke mu itangazamakuru n’amateka zisaga 30.

Muri izo mpuguke zifite izina rihambaye mu ruhando mpuzamahanga rw’abanyabwenge, twavuga nka Vincent Duclert wakoze icyegeranyo ku ruhare rw’Ubufaransa muri Jenoside yakorewe Abatutsi, Mehdi Ba, umunyamakuru wa Jeune Afrique, Joëlle Alazard, Perezidante w’Ishyirahamwe Mpuzamahanga ry’Abarimu b’Amateka n’Ubumenyi bw’Isi(APHG), Jean-François Cahay, impirimbanyi mu kurwanya abahaka Jenoside, Florent Piton, impuguke mu mateka muri Kaminuza ya Angers-Temos, n’abandi bavuga rikumvikana ku isi yose, kubera ibitabo, ubushakashatsi n’ibindi bikorwa bya gihanga bakoze.

Muri iyo nyandiko yabo rero, baragira bati:” Kubogama kandi wiyita umunyamakuru w’umunyamwuga, kwihuriza mu mugambi w’ubugambanyi, ugendeye gusa ku rwango, amarangamutima, ku mpuha no ku buhamya bw’abanyabyaha, ni urugero rw’amarorerwa umuntu wese ushaka guhabwa agaciro mu bandi akwiye kwirinda”.

Aba bahanga mu itangazamakuru n’amateka batangajwe n’uburyo ibitangazamakuru bikomeye nka Le Monde na Radio-France byo mu Bufaransa, Le Soir yo mu Bubiligi, The Guardian yo mu Bwongereza, NRC yo mu Buholandi, Der Spiegel yo mu Budage na Haartz yo muri Israeli, byatinyutse gutambutsa icyegeranyo “Rwanda classified “, byirengagije inenge zikabije zirimo, nk’ amakuru ashaje kandi kuva kera yagaragajwe ko ari ibinyoma, kwambura agaciro abazize Jenoside yakorewe Abatutsi yanemejwe n’isi yose, ubunyangamugayo buri munsi y’ubukenewe bw’abatangabuhamya no kuba abateguye icyo cyegeranyo bataranakandagira mu Rwanda, ngo bavuge ibyo babonesheje amaso yabo.

Aba bahanga bavuga ko ibitagenda neza mu Rwanda bihari kandi kubitunga agatoki atari uguca inka amabere, ko ariko gukabya no guhimbahimba inkuru, utagendeye ku kimenyetso na kimwe, bifatwa nko kwibasira u Rwanda ugamije gusa kuyobya abafata u Rwanda nk’igihugu kigerageza kwikura mu ngaruka za Jenoside yakorewe Abatutsi, no gutera intambwe yananiye benshi mu barufitiye ishyari.

Inyandiko y’aba bahanga isoza isaba ko “Rwanda classified ” yateshwa agaciro, nk’uko byagendekeye urubanza umucamanza Jean-Louis Bruguière yashakaga gushoramo abayobozi b’uRwanda, rukaza guteshwa fagaciro n’iperereza rya Marc Trévidic na Nathalie Poux, mbere yo gushyingurwa burundu n’Urukiko Rusesa Imanza mu Bufaransa, hari tariki 15 Gashyantare 2022.

2024-06-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Burundi : Uwari wafashwe n’Imbonerakure yoze Rweru akira ageze ku butaka bw’u Rwanda

Burundi : Uwari wafashwe n’Imbonerakure yoze Rweru akira ageze ku butaka bw’u Rwanda

Ubwanditsi 17 Sep 2019
Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe

Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe

Ubwanditsi 26 Dec 2025
Kenneth Roth watotezaga u Rwanda cyane ntakiri umuyobozi mukuru wa Human Rights Watch 

Kenneth Roth watotezaga u Rwanda cyane ntakiri umuyobozi mukuru wa Human Rights Watch 

Ubwanditsi 02 Sep 2022
Perezida Kagame yasabye impinduka mu turere twa nyuma mu mihigo ‘twiganje mu gice kimwe cy’igihugu’

Perezida Kagame yasabye impinduka mu turere twa nyuma mu mihigo ‘twiganje mu gice kimwe cy’igihugu’

Ubwanditsi 09 Aug 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kigali Integrated College  K.I.C yafunguye imiryango ( AMAFOTO )
ITOHOZA

Kigali Integrated College K.I.C yafunguye imiryango ( AMAFOTO )

Ubwanditsi 06 Oct 2016
Inama yahuje u Rwanda na Uganda yemeje ko gushyamirana byabereye ku butaka bw’u Rwanda
INKURU NYAMUKURU

Inama yahuje u Rwanda na Uganda yemeje ko gushyamirana byabereye ku butaka bw’u Rwanda

Ubwanditsi 27 May 2019
Perezida Kagame yagaragaje akamaro k’ababyeyi ahereye mu rugo iwe
POLITIKI

Perezida Kagame yagaragaje akamaro k’ababyeyi ahereye mu rugo iwe

Ubwanditsi 14 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru