• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»“Icyegeranyo RWANDA CLASSIFIED, ni urukozasoni umuntu wese ushyira mu gaciro akwiye kwirinda.”- Impuguke mu itangazamakuru n’amateka.

“Icyegeranyo RWANDA CLASSIFIED, ni urukozasoni umuntu wese ushyira mu gaciro akwiye kwirinda.”- Impuguke mu itangazamakuru n’amateka.

Ubwanditsi 07 Jun 2024 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, ITOHOZA, Mu Mahanga

Nyuma y’aho abanyamakuru 50 bo mu bihugu 11 bishyiriye hamwe, bagasohora icyegeranyo bise”Rwanda classified”, abantu bashyira mu gaciro bakomeje kwamagana ibyo bipapirano bigamije kwangiza isura y’u Rwanda n’abayobozi barwo.

Urugero ni inyandiko ndende cyane yamagana ako kagambane, ikaba yasohotse mu binyamakuru mpuzamahanga ” Jeune Afrique”na “Le Point” , nyuma yo gushyirwaho umukono n’impuguke mu itangazamakuru n’amateka zisaga 30.

Muri izo mpuguke zifite izina rihambaye mu ruhando mpuzamahanga rw’abanyabwenge, twavuga nka Vincent Duclert wakoze icyegeranyo ku ruhare rw’Ubufaransa muri Jenoside yakorewe Abatutsi, Mehdi Ba, umunyamakuru wa Jeune Afrique, Joëlle Alazard, Perezidante w’Ishyirahamwe Mpuzamahanga ry’Abarimu b’Amateka n’Ubumenyi bw’Isi(APHG), Jean-François Cahay, impirimbanyi mu kurwanya abahaka Jenoside, Florent Piton, impuguke mu mateka muri Kaminuza ya Angers-Temos, n’abandi bavuga rikumvikana ku isi yose, kubera ibitabo, ubushakashatsi n’ibindi bikorwa bya gihanga bakoze.

Muri iyo nyandiko yabo rero, baragira bati:” Kubogama kandi wiyita umunyamakuru w’umunyamwuga, kwihuriza mu mugambi w’ubugambanyi, ugendeye gusa ku rwango, amarangamutima, ku mpuha no ku buhamya bw’abanyabyaha, ni urugero rw’amarorerwa umuntu wese ushaka guhabwa agaciro mu bandi akwiye kwirinda”.

Aba bahanga mu itangazamakuru n’amateka batangajwe n’uburyo ibitangazamakuru bikomeye nka Le Monde na Radio-France byo mu Bufaransa, Le Soir yo mu Bubiligi, The Guardian yo mu Bwongereza, NRC yo mu Buholandi, Der Spiegel yo mu Budage na Haartz yo muri Israeli, byatinyutse gutambutsa icyegeranyo “Rwanda classified “, byirengagije inenge zikabije zirimo, nk’ amakuru ashaje kandi kuva kera yagaragajwe ko ari ibinyoma, kwambura agaciro abazize Jenoside yakorewe Abatutsi yanemejwe n’isi yose, ubunyangamugayo buri munsi y’ubukenewe bw’abatangabuhamya no kuba abateguye icyo cyegeranyo bataranakandagira mu Rwanda, ngo bavuge ibyo babonesheje amaso yabo.

Aba bahanga bavuga ko ibitagenda neza mu Rwanda bihari kandi kubitunga agatoki atari uguca inka amabere, ko ariko gukabya no guhimbahimba inkuru, utagendeye ku kimenyetso na kimwe, bifatwa nko kwibasira u Rwanda ugamije gusa kuyobya abafata u Rwanda nk’igihugu kigerageza kwikura mu ngaruka za Jenoside yakorewe Abatutsi, no gutera intambwe yananiye benshi mu barufitiye ishyari.

Inyandiko y’aba bahanga isoza isaba ko “Rwanda classified ” yateshwa agaciro, nk’uko byagendekeye urubanza umucamanza Jean-Louis Bruguière yashakaga gushoramo abayobozi b’uRwanda, rukaza guteshwa fagaciro n’iperereza rya Marc Trévidic na Nathalie Poux, mbere yo gushyingurwa burundu n’Urukiko Rusesa Imanza mu Bufaransa, hari tariki 15 Gashyantare 2022.

2024-06-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Washington DC : Perezida Kagame yagaragaje aho u Rwanda rugeze rwubaka ubushobozi bw’abaturage

Washington DC : Perezida Kagame yagaragaje aho u Rwanda rugeze rwubaka ubushobozi bw’abaturage

Ubwanditsi 14 Oct 2017
Kamonyi: Abanyeshuri b’ishuri ribanza rya Gihinga bigishijwe uburyo bwo kugenda mu muhanda

Kamonyi: Abanyeshuri b’ishuri ribanza rya Gihinga bigishijwe uburyo bwo kugenda mu muhanda

Ubwanditsi 15 Feb 2016
Londres: Inzu bikekwako ari iya Kayumba Nyamwasa ifite agaciro ka £ 375,000, ni ukuvuga hafi 410,578,273 Frw. igiye gukorwaho iperereza

Londres: Inzu bikekwako ari iya Kayumba Nyamwasa ifite agaciro ka £ 375,000, ni ukuvuga hafi 410,578,273 Frw. igiye gukorwaho iperereza

Ubwanditsi 28 Apr 2016
Burundi: Umuyobozi mu ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi yishwe amaze gufatwa ku ngufu

Burundi: Umuyobozi mu ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi yishwe amaze gufatwa ku ngufu

Ubwanditsi 16 Nov 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida wa FIFA yageze mu Rwanda
IMIKINO

Perezida wa FIFA yageze mu Rwanda

Ubwanditsi 15 Jan 2016
Kigali yabaye ihuriro ry’ibitaramo mpuzamahanga bitewe n’ibikorwaremezo ndetse n’abakunzi ba Muzika bahari
Amakuru

Kigali yabaye ihuriro ry’ibitaramo mpuzamahanga bitewe n’ibikorwaremezo ndetse n’abakunzi ba Muzika bahari

Ubwanditsi 05 Nov 2021
Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika Donald Trump
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika Donald Trump

Ubwanditsi 26 Jan 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru