• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Uganda: Gen. Kale Kayihura Ku Rutonde Rw’abahigirwa Kwicwa

Uganda: Gen. Kale Kayihura Ku Rutonde Rw’abahigirwa Kwicwa

Ubwanditsi 13 Sep 2018 ITOHOZA

Uwahoze ari umuyobozi wa Polisi ya Uganda, Gen Kale Kayihura ngo afite impungenge z’umutekano w’ubuzima bwe, nyuma y’iyicwa rya hato na hato rya bagenzi be bo mu ngabo na polisi, bafite amapeti yo hejuru.

Ibi umuryango we wabitangaje ku wa Gatatu tariki ya 12 Nzeri 2018, hagarukwa ku bwicanyi bukomeje kugaragara muri Uganda, buhitana ubuzima bw’abayobozi bakomeye mu bya Politiki ndetse n’abo mu nzego z’umutekano.

Uwo mu muryango wa Kayihura utatangajwe amazina, yagize ati « Ni ukuri duhangayikiye umutekano w’ubuzima bwe (Kayihura), bigaragara ko abantu bicwa bashyizwe ku rutonde na ADF [Inyeshyamba] bityo na Kayihura ni nimero ya mbere kuri urwo rutonde, dufite ishingiro ryo kugira impungenge».

Mbere yo kuvanwa ku mwanya w’umuyobozi bwa polisi, Gen Kayihura n’abo bakoranaga batangaje ko inyeshyamba za ADF ziri inyuma y’ubwicanyi bukorerwa abayobozi bakuru, abashinzwe umutekano ndetse n’abihayimana.

Iki gitekerezo ngo cyongeye gushimangirwa na Perezida Museveni muri uyu mwaka,  by’umwihariko ko hari n’urutonde izi nyeshyamba zifite rw’abagomba kwicwa bariho Gen Kayihura, Nyakwigendera Maj Mohammed Kiggundu ndetse na Kaweesi wishwe yari umuvugizi wa polisi.

Mu kwirinda ubu bwicanyi bukomeje gukorerwa abayobozi bakomeye, Perezida Museveni yari yasabye ko bamwe mu badepite bazajya barindwa n’abasirikare kabuhariwe (Special forces) mu gihe Polisi yabarindaga yari yarangije kumanika amaboko ivuga ko itabashije guhangana n’abicanyi.

Kuri iki cyemezo, Gen Kayihura wari ukiri ku buyobozi yatangaje ko nacyo kidahagije, aho yagize ati “Ntabwo nanyuzwe n’ingamba z’ubugenzuzi zashyizweho hano ndetse n’uburyo bwo gucunga umutekano bwashyizweho, ababishinzwe bakwiriye kongeramo imbaraga, ibi kandi biranareba sitasiyo za polisi kuko uyu munsi zihanzwe amaso muri ibi bikorwa. Mugomba kwigengesera ndetse no kugera ku gicucucucu cyanyu”.

Iyicwa rya Muhammad Kirumira wahoze ari ofisiye mu gipolisi cya Uganda, mu mpera z’icyumweru gishinze, ngo ryateye umuryango wa Kayihura guhangayika cyane, wibaza uko umutekano we wabungwabungwa kurusha uko byari bisanzwe.

Umuryango we utangaza ko wageze ku rwego rwo guhora witeguye ikibi cyamubaho (Kayihura) mu gihe babona ko nta muntu n’umwe wabasha kumurindira umutekano na Guverinoma yarananiwe kuwurinda muri rusange muri uyu mwaka.

Gen Kayihura arinzwe na militari polisi, akaba yaragaruwe mu gihugu nyuma y’icyumweru yari amaze i Nairobi muri Kenya yivuza.

Gen Kayihura yakuwe ku buyobozi bwa Polisi na Perezida Museveni muri Werurwe uyu mwaka amusimbuza Okoth Ochola. Yatawe muri yombi ku wa 13 Kamena 2018 agezwa imbere y’urukiko ku wa 24 Kanama 2018.

Ashinjwa ibyaha bitatu ahakana, birimo kunanirwa kurinda ibikoresho by’intambara (imbunda), aho ngo hagati ya 2010 na 2018 yatanze amabwiriza yo guha imbunda abantu batazikwiriye barimo abo mu mutwe wa Boda Boda 2010 uyoborwa n’uwitwa Abdallah Kitata.

Ibindi bibiri ashinjwa ni ukunanirwa kugenzura imbunda zahawe umutwe wa Flying Squad w’igipolisi, n’umutwe w’ubugenzacyaha wa polisi na none hagati ya 2010 na 2018 no kugira uruhare mu ishimuta no gucyura ku ngufu impunzi z’Abanyarwanda hagati ya 2012 na 2016.

2018-09-13
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Muri RNC Ibintu biri kugenda bisubira irudubi, abari inkoramutima za Kayumba beguye

Muri RNC Ibintu biri kugenda bisubira irudubi, abari inkoramutima za Kayumba beguye

Ubwanditsi 25 Oct 2017
Perezida Kagame yasesekaye i London [ VIDEO ]

Perezida Kagame yasesekaye i London [ VIDEO ]

Ubwanditsi 08 Mar 2017
Nyuma y’amakosa y’Urukiko Rukuru rwari rwamugize umwere, urw’Ubujurire rwakatiye umujenosideri Wenceslas Twagirayezu igifungo cy’imyaka 20

Nyuma y’amakosa y’Urukiko Rukuru rwari rwamugize umwere, urw’Ubujurire rwakatiye umujenosideri Wenceslas Twagirayezu igifungo cy’imyaka 20

Ubwanditsi 31 Jul 2024
Kwamagana ubugizi bwanabi uwitwa Chikuru Josefu akomeje gukorera abanyarawandakazi batuye mu Bubiligi

Kwamagana ubugizi bwanabi uwitwa Chikuru Josefu akomeje gukorera abanyarawandakazi batuye mu Bubiligi

Ubwanditsi 10 Apr 2017

2 Ibitekerezo

  1. RUGENDO
    September 13, 20185:09 pm -

    UWO KAYIHURA NIWE UTUYE UBUGANDE WENYENE??
    NIWE MUTEGETSI WENYINE MUGIHUGU ??UMUJENERALI
    WUMUNYABWOBA??RUSHYASHYA NIBYO
    MWAHIMBYE NGO BABATUMYE?????
    INKURU NI BBC ,VOA,RFI,ARJZALA
    NAHOMWE MURI RTLM ,YATUMYE BAMARA BENE WACU
    UBU TUKABA DUSIGAYE IHERUHERU,NAMWE NTEKEREZA
    MUKOMEJE UKU TUZASHIDUKA MWATWITSE IGIHUGU!!

    Subiza
  2. NDEKEZI
    February 27, 20191:34 pm -

    Ibi ni iby’abagande ntacyo biturebaho. Yirwarize

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Urubyiruko rwungukiye byinshi mu musaruro w’imiyoborere myiza
Amakuru

Urubyiruko rwungukiye byinshi mu musaruro w’imiyoborere myiza

Ubwanditsi 24 Aug 2023
“Clarisse Kayisire wiyise Ariane Mukundente, aho gufasha abe kwivana mu bukene n’ibindi bibazo batewe na Jenoside, atanga akayabo mu gushyigikira abajenosideri.” – Umusomyi wa Rushyashya
Amakuru

“Clarisse Kayisire wiyise Ariane Mukundente, aho gufasha abe kwivana mu bukene n’ibindi bibazo batewe na Jenoside, atanga akayabo mu gushyigikira abajenosideri.” – Umusomyi wa Rushyashya

Ubwanditsi 06 Jun 2021
Denmark: Urukiko rwemeje ko Twagirayezu ukekwaho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi yoherezwa mu Rwanda
INKURU NYAMUKURU

Denmark: Urukiko rwemeje ko Twagirayezu ukekwaho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi yoherezwa mu Rwanda

Ubwanditsi 11 Apr 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru