• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Uganda: Gen. Kale Kayihura Ku Rutonde Rw’abahigirwa Kwicwa

Uganda: Gen. Kale Kayihura Ku Rutonde Rw’abahigirwa Kwicwa

Ubwanditsi 13 Sep 2018 ITOHOZA

Uwahoze ari umuyobozi wa Polisi ya Uganda, Gen Kale Kayihura ngo afite impungenge z’umutekano w’ubuzima bwe, nyuma y’iyicwa rya hato na hato rya bagenzi be bo mu ngabo na polisi, bafite amapeti yo hejuru.

Ibi umuryango we wabitangaje ku wa Gatatu tariki ya 12 Nzeri 2018, hagarukwa ku bwicanyi bukomeje kugaragara muri Uganda, buhitana ubuzima bw’abayobozi bakomeye mu bya Politiki ndetse n’abo mu nzego z’umutekano.

Uwo mu muryango wa Kayihura utatangajwe amazina, yagize ati « Ni ukuri duhangayikiye umutekano w’ubuzima bwe (Kayihura), bigaragara ko abantu bicwa bashyizwe ku rutonde na ADF [Inyeshyamba] bityo na Kayihura ni nimero ya mbere kuri urwo rutonde, dufite ishingiro ryo kugira impungenge».

Mbere yo kuvanwa ku mwanya w’umuyobozi bwa polisi, Gen Kayihura n’abo bakoranaga batangaje ko inyeshyamba za ADF ziri inyuma y’ubwicanyi bukorerwa abayobozi bakuru, abashinzwe umutekano ndetse n’abihayimana.

Iki gitekerezo ngo cyongeye gushimangirwa na Perezida Museveni muri uyu mwaka,  by’umwihariko ko hari n’urutonde izi nyeshyamba zifite rw’abagomba kwicwa bariho Gen Kayihura, Nyakwigendera Maj Mohammed Kiggundu ndetse na Kaweesi wishwe yari umuvugizi wa polisi.

Mu kwirinda ubu bwicanyi bukomeje gukorerwa abayobozi bakomeye, Perezida Museveni yari yasabye ko bamwe mu badepite bazajya barindwa n’abasirikare kabuhariwe (Special forces) mu gihe Polisi yabarindaga yari yarangije kumanika amaboko ivuga ko itabashije guhangana n’abicanyi.

Kuri iki cyemezo, Gen Kayihura wari ukiri ku buyobozi yatangaje ko nacyo kidahagije, aho yagize ati “Ntabwo nanyuzwe n’ingamba z’ubugenzuzi zashyizweho hano ndetse n’uburyo bwo gucunga umutekano bwashyizweho, ababishinzwe bakwiriye kongeramo imbaraga, ibi kandi biranareba sitasiyo za polisi kuko uyu munsi zihanzwe amaso muri ibi bikorwa. Mugomba kwigengesera ndetse no kugera ku gicucucucu cyanyu”.

Iyicwa rya Muhammad Kirumira wahoze ari ofisiye mu gipolisi cya Uganda, mu mpera z’icyumweru gishinze, ngo ryateye umuryango wa Kayihura guhangayika cyane, wibaza uko umutekano we wabungwabungwa kurusha uko byari bisanzwe.

Umuryango we utangaza ko wageze ku rwego rwo guhora witeguye ikibi cyamubaho (Kayihura) mu gihe babona ko nta muntu n’umwe wabasha kumurindira umutekano na Guverinoma yarananiwe kuwurinda muri rusange muri uyu mwaka.

Gen Kayihura arinzwe na militari polisi, akaba yaragaruwe mu gihugu nyuma y’icyumweru yari amaze i Nairobi muri Kenya yivuza.

Gen Kayihura yakuwe ku buyobozi bwa Polisi na Perezida Museveni muri Werurwe uyu mwaka amusimbuza Okoth Ochola. Yatawe muri yombi ku wa 13 Kamena 2018 agezwa imbere y’urukiko ku wa 24 Kanama 2018.

Ashinjwa ibyaha bitatu ahakana, birimo kunanirwa kurinda ibikoresho by’intambara (imbunda), aho ngo hagati ya 2010 na 2018 yatanze amabwiriza yo guha imbunda abantu batazikwiriye barimo abo mu mutwe wa Boda Boda 2010 uyoborwa n’uwitwa Abdallah Kitata.

Ibindi bibiri ashinjwa ni ukunanirwa kugenzura imbunda zahawe umutwe wa Flying Squad w’igipolisi, n’umutwe w’ubugenzacyaha wa polisi na none hagati ya 2010 na 2018 no kugira uruhare mu ishimuta no gucyura ku ngufu impunzi z’Abanyarwanda hagati ya 2012 na 2016.

2018-09-13
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uganda: Abayobozi ba Kisoro basabiye Gen.Kayihura gufungurwa

Uganda: Abayobozi ba Kisoro basabiye Gen.Kayihura gufungurwa

Ubwanditsi 19 Jul 2018
Pastor Fifi Cameron wari Inkingi ya mwamba  muri Zion Temple yanditse ibaruwa isezera kuri Gitwaza

Pastor Fifi Cameron wari Inkingi ya mwamba muri Zion Temple yanditse ibaruwa isezera kuri Gitwaza

Ubwanditsi 15 May 2017
Uganda : Cyubahiro mu kasho kubera Salim Saleh

Uganda : Cyubahiro mu kasho kubera Salim Saleh

Ubwanditsi 16 Nov 2017
Kuki Museveni yanga u Rwanda akomokamo?

Kuki Museveni yanga u Rwanda akomokamo?

Ubwanditsi 28 Jul 2019

2 Ibitekerezo

  1. RUGENDO
    September 13, 20185:09 pm -

    UWO KAYIHURA NIWE UTUYE UBUGANDE WENYENE??
    NIWE MUTEGETSI WENYINE MUGIHUGU ??UMUJENERALI
    WUMUNYABWOBA??RUSHYASHYA NIBYO
    MWAHIMBYE NGO BABATUMYE?????
    INKURU NI BBC ,VOA,RFI,ARJZALA
    NAHOMWE MURI RTLM ,YATUMYE BAMARA BENE WACU
    UBU TUKABA DUSIGAYE IHERUHERU,NAMWE NTEKEREZA
    MUKOMEJE UKU TUZASHIDUKA MWATWITSE IGIHUGU!!

    Subiza
  2. NDEKEZI
    February 27, 20191:34 pm -

    Ibi ni iby’abagande ntacyo biturebaho. Yirwarize

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Polisi irizeza umutekano usesuye mu mpera z’umwaka ifatanyije n’abaturage
Mu Rwanda

Polisi irizeza umutekano usesuye mu mpera z’umwaka ifatanyije n’abaturage

Ubwanditsi 15 Dec 2017
Nyuma y’indangampunzi, ubu zahawe na ‘Electronic Passport’
POLITIKI

Nyuma y’indangampunzi, ubu zahawe na ‘Electronic Passport’

Ubwanditsi 11 Oct 2018
Perezida Kagame yashimangiye  ko amavugurura ari gukorwa mu Muryango wa Afurika Yunze Ubumwe, AU, yihutirwa
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yashimangiye ko amavugurura ari gukorwa mu Muryango wa Afurika Yunze Ubumwe, AU, yihutirwa

Ubwanditsi 17 Nov 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru