• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Perezida Kagame yatanze isomo ku ishingiro ry’ubukungu n’ubwiyunge by’Abanyarwanda

Perezida Kagame yatanze isomo ku ishingiro ry’ubukungu n’ubwiyunge by’Abanyarwanda

Ubwanditsi 28 Oct 2016 ITOHOZA

Perezida Kagame yatanze isomo ku iterambere ry’Abanyarwanda no gusohoka mu bibazo bya Jenoside banyuzemo, bikomoka ku miyoborere igendera ku mahitamo n’inyungu z’abaturage kandi hashyirwa imbere ubwiyunge nyabwo.

Ibi Umukuru w’Igihugu yabigarutseho mu kiganiro yatanze kuri uyu wa Kabiri tariki 25 Ukwakira, mu ruzinduko rw’akazi agirira mu gihugu cya Mozambique, aho yaganiriye n’impuguke, abanyeshuri ba za kaminuza n’abashoramari bo muri icyo gihugu ku rugendo rw’u Rwanda mu bukungu no mu bwiyunge nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Perezida Kagame yashimye uburyo bakiriwe, avuga ko u Rwanda na Mozambique bifite intumbero imwe yo kubaka ahazaza hafite abaturage bigenga kandi bateye imbere mu bukungu.

Yabasangije ishingiro ry’amahitamo y’u Rwanda, agaragaza ko ibyakorwaga byose byashingiraga ku byifuzo n’inyungu z’abaturage kandi hakabaho kwibaza niba bizunga Abanyarwanda cyangwa bizarushaho kubatanya.

Ati “Twagenaga ibyo dukora tugendeye ku byifuzo n’inyungu z’Abanyarwanda kandi tukabikomeraho.”

Muri iki kiganiro Perezida Kagame yavuze ko Abanyarwanda babonye ko bashobora guhangana n’ingaruka za Jenoside, bafata izindi ntego zasaga n’izidashoboka ariko zigerwaho.

Aha yatanze urugero rw’uburyo Abanyarwanda bize kwishakamo ibisubizo binyuze mu biganiro n’ubwumvikane, bakagaragaza amahirwe mu ishoramari bafite nubwo hari abatarayabonaga.

Ati “Hoteli ya mbere y’inyenyeri eshanu ubu ni Serena Kigali, Kompanyi Nyarwanda y’indege, RwandAir. Ibyo byemezo byarafashwe nubwo hari abaterankunga n’abanyamabanki batabonaga ko havamo ubucuruzi. Ababihakanaga bari bafite ukuri mu buryo bw’ubucuruzi butagutse ariko baribeshyaga cyane urebeye mu buryo rusange bw’ubukungu bw’ahazaza h’u Rwanda.”

Yakomeje agira ati “Abo batubuzaga kubaka cyangwa gushora imari ni bo basigaye buzuza intebe baka izo serivise.”

Yakomoje ku bwiyunge, agaruka ku buryo Abanyarwanda bashishikarijwe kugira uruhare rwo kubaka sosiyete nshya itandukanye n’iya mbere, himakazwa gushingira ubwiyunge ku gutanga ubutabera kugira ngo Abanyarwanda bongere kubana.

Yagarutse ku butabera bwunga agira ati “Mu myaka itagera ku 10, inkiko Gacaca zaciye imanza zigera kuri miliyoni ebyiri ubundi byagombaga gufata imyaka 100 ngo zicibwe n’inkiko zisanzwe.”

Perezida Kagame yavuze ku ruhare rw’abikorera mu iterambere ry’u Rwanda, agaragaza ko buri wese arebwa n’imibereho ye myiza atiriwe ategereza uruhare rw’abanyamahanga n’abaterankunga.

Ku bijyanye n’imitangire ya serivisi no gukorera mu mucyo, Umukuru w’igihugu yashimangiye ko nta kindi abayobozi bagomba gushyira imbere uretse gukorera abaturage.

-4488.jpg

Perezida Kagame yavuze ko Abanyarwanda babonye ko bashobora guhangana n’ingaruka za Jenoside, bafata izindi ntego zasaga n’izidashoboka ariko zigerwaho

-4487.jpg

Bakurikira Ijambo kurindi rya Perezida Kagame

2016-10-28
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umunyamideli Mupende Alexia yishwe, harakekwa umukozi wo mu rugo

Umunyamideli Mupende Alexia yishwe, harakekwa umukozi wo mu rugo

Ubwanditsi 09 Jan 2019
Uganda yavuye ku izima  yahagaritse pasiporo ya Mukankusi  Charlotte ushinzwe dipolomasi muri RNC

Uganda yavuye ku izima yahagaritse pasiporo ya Mukankusi Charlotte ushinzwe dipolomasi muri RNC

Ubwanditsi 21 Feb 2020
Banki ikomeye mu Bufaransa yajyanwe mu nkiko ishinjwa gutanga amafaranga yaguzwe  Intwaro  ku bwa Col Bagosora

Banki ikomeye mu Bufaransa yajyanwe mu nkiko ishinjwa gutanga amafaranga yaguzwe Intwaro ku bwa Col Bagosora

Ubwanditsi 29 Jun 2017
Tribert Rujugiro: Umunyamabi n’umunyaburiganya ruharwa wahindutse umuherwe

Tribert Rujugiro: Umunyamabi n’umunyaburiganya ruharwa wahindutse umuherwe

Ubwanditsi 09 Aug 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Cristiano Ronaldo yesheje agahigo ko kuba ariwe rutahizamu umaze gutsinda ibitego byinshi mu mikino y’ikipe y’igihugu
Amakuru

Cristiano Ronaldo yesheje agahigo ko kuba ariwe rutahizamu umaze gutsinda ibitego byinshi mu mikino y’ikipe y’igihugu

Ubwanditsi 03 Sep 2021
Ibitekerezo – FERWAFA yemeje ko abakinnyi b’abanyamahanga bakina ari 10 ku mukino, hakabanza 6
Amakuru

Ibitekerezo – FERWAFA yemeje ko abakinnyi b’abanyamahanga bakina ari 10 ku mukino, hakabanza 6

Ubwanditsi 02 Sep 2024
Perezida wa  FERWAFA yasuye Amavubi U23 yamaze guhabwa Miliyoni 1 Frw, Police FC na Etincelles zirahura ku munsi wa 6
Amakuru

Perezida wa FERWAFA yasuye Amavubi U23 yamaze guhabwa Miliyoni 1 Frw, Police FC na Etincelles zirahura ku munsi wa 6

Ubwanditsi 21 Oct 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru