• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ibaruwa ifunguye yandikiwe Ingabire Victoire   |   08 Jul 2025

  • Police VC yegukanye igikombe cyo Kwibohora 2025 mu byiciro byombi, itsinze APR VC ku mukino wa nyuma   |   07 Jul 2025

  • Perezida Kagame yavuze ko FDLR nidasenywa u Rwanda ruzakomeza guhangana n’iki kibazo rukoresheje uburyo rusanzwe rukoresha   |   04 Jul 2025

  • Police FC yatangaje ubuyobozi bwayo bushya buyobowe na CP Yahaya na Ben Mussa nk’umutoza mukuru   |   03 Jul 2025

  • Menya neza uwiyita Intumwa “Isidore Mbayahaga” wimuriye ubwonko mu gifu!   |   03 Jul 2025

  • Ubwigenge bwabaye igikoresho cy’ivangura: Uko Kamarampaka ya 1959 yazanye Repubulika ariko ntizane ubwigenge nyabwo   |   02 Jul 2025

 
You are at :Home»ITOHOZA»Perezida Kagame yatanze isomo ku ishingiro ry’ubukungu n’ubwiyunge by’Abanyarwanda

Perezida Kagame yatanze isomo ku ishingiro ry’ubukungu n’ubwiyunge by’Abanyarwanda

Editorial 28 Oct 2016 ITOHOZA

Perezida Kagame yatanze isomo ku iterambere ry’Abanyarwanda no gusohoka mu bibazo bya Jenoside banyuzemo, bikomoka ku miyoborere igendera ku mahitamo n’inyungu z’abaturage kandi hashyirwa imbere ubwiyunge nyabwo.

Ibi Umukuru w’Igihugu yabigarutseho mu kiganiro yatanze kuri uyu wa Kabiri tariki 25 Ukwakira, mu ruzinduko rw’akazi agirira mu gihugu cya Mozambique, aho yaganiriye n’impuguke, abanyeshuri ba za kaminuza n’abashoramari bo muri icyo gihugu ku rugendo rw’u Rwanda mu bukungu no mu bwiyunge nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Perezida Kagame yashimye uburyo bakiriwe, avuga ko u Rwanda na Mozambique bifite intumbero imwe yo kubaka ahazaza hafite abaturage bigenga kandi bateye imbere mu bukungu.

Yabasangije ishingiro ry’amahitamo y’u Rwanda, agaragaza ko ibyakorwaga byose byashingiraga ku byifuzo n’inyungu z’abaturage kandi hakabaho kwibaza niba bizunga Abanyarwanda cyangwa bizarushaho kubatanya.

Ati “Twagenaga ibyo dukora tugendeye ku byifuzo n’inyungu z’Abanyarwanda kandi tukabikomeraho.”

Muri iki kiganiro Perezida Kagame yavuze ko Abanyarwanda babonye ko bashobora guhangana n’ingaruka za Jenoside, bafata izindi ntego zasaga n’izidashoboka ariko zigerwaho.

Aha yatanze urugero rw’uburyo Abanyarwanda bize kwishakamo ibisubizo binyuze mu biganiro n’ubwumvikane, bakagaragaza amahirwe mu ishoramari bafite nubwo hari abatarayabonaga.

Ati “Hoteli ya mbere y’inyenyeri eshanu ubu ni Serena Kigali, Kompanyi Nyarwanda y’indege, RwandAir. Ibyo byemezo byarafashwe nubwo hari abaterankunga n’abanyamabanki batabonaga ko havamo ubucuruzi. Ababihakanaga bari bafite ukuri mu buryo bw’ubucuruzi butagutse ariko baribeshyaga cyane urebeye mu buryo rusange bw’ubukungu bw’ahazaza h’u Rwanda.”

Yakomeje agira ati “Abo batubuzaga kubaka cyangwa gushora imari ni bo basigaye buzuza intebe baka izo serivise.”

Yakomoje ku bwiyunge, agaruka ku buryo Abanyarwanda bashishikarijwe kugira uruhare rwo kubaka sosiyete nshya itandukanye n’iya mbere, himakazwa gushingira ubwiyunge ku gutanga ubutabera kugira ngo Abanyarwanda bongere kubana.

Yagarutse ku butabera bwunga agira ati “Mu myaka itagera ku 10, inkiko Gacaca zaciye imanza zigera kuri miliyoni ebyiri ubundi byagombaga gufata imyaka 100 ngo zicibwe n’inkiko zisanzwe.”

Perezida Kagame yavuze ku ruhare rw’abikorera mu iterambere ry’u Rwanda, agaragaza ko buri wese arebwa n’imibereho ye myiza atiriwe ategereza uruhare rw’abanyamahanga n’abaterankunga.

Ku bijyanye n’imitangire ya serivisi no gukorera mu mucyo, Umukuru w’igihugu yashimangiye ko nta kindi abayobozi bagomba gushyira imbere uretse gukorera abaturage.

-4488.jpg

Perezida Kagame yavuze ko Abanyarwanda babonye ko bashobora guhangana n’ingaruka za Jenoside, bafata izindi ntego zasaga n’izidashoboka ariko zigerwaho

-4487.jpg

Bakurikira Ijambo kurindi rya Perezida Kagame

2016-10-28
Editorial

IZINDI NKURU

Huye: Abakozi bane ba Restaurant ya Kaminuza batawe muri yombi

Huye: Abakozi bane ba Restaurant ya Kaminuza batawe muri yombi

Editorial 13 May 2017
Isesengura: Kayumba Nyamwasa mu bihe bibi nk’ibyo mu minsi ya nyuma ya Juvenal Habyarimana

Isesengura: Kayumba Nyamwasa mu bihe bibi nk’ibyo mu minsi ya nyuma ya Juvenal Habyarimana

Editorial 31 Oct 2019
Abantu 47 bakurikiranyweho ibyaha by’ingengabitekerezo ya Jenoside muri iki cyunamo

Abantu 47 bakurikiranyweho ibyaha by’ingengabitekerezo ya Jenoside muri iki cyunamo

Editorial 12 Apr 2019
Ingabo z’u Rwanda [ RDF ] zishe batatu mu bagabye igitero ku Kitabi

Ingabo z’u Rwanda [ RDF ] zishe batatu mu bagabye igitero ku Kitabi

Editorial 18 Dec 2018
Huye: Abakozi bane ba Restaurant ya Kaminuza batawe muri yombi

Huye: Abakozi bane ba Restaurant ya Kaminuza batawe muri yombi

Editorial 13 May 2017
Isesengura: Kayumba Nyamwasa mu bihe bibi nk’ibyo mu minsi ya nyuma ya Juvenal Habyarimana

Isesengura: Kayumba Nyamwasa mu bihe bibi nk’ibyo mu minsi ya nyuma ya Juvenal Habyarimana

Editorial 31 Oct 2019
Abantu 47 bakurikiranyweho ibyaha by’ingengabitekerezo ya Jenoside muri iki cyunamo

Abantu 47 bakurikiranyweho ibyaha by’ingengabitekerezo ya Jenoside muri iki cyunamo

Editorial 12 Apr 2019
Ingabo z’u Rwanda [ RDF ] zishe batatu mu bagabye igitero ku Kitabi

Ingabo z’u Rwanda [ RDF ] zishe batatu mu bagabye igitero ku Kitabi

Editorial 18 Dec 2018
Huye: Abakozi bane ba Restaurant ya Kaminuza batawe muri yombi

Huye: Abakozi bane ba Restaurant ya Kaminuza batawe muri yombi

Editorial 13 May 2017
Isesengura: Kayumba Nyamwasa mu bihe bibi nk’ibyo mu minsi ya nyuma ya Juvenal Habyarimana

Isesengura: Kayumba Nyamwasa mu bihe bibi nk’ibyo mu minsi ya nyuma ya Juvenal Habyarimana

Editorial 31 Oct 2019
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru