• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Perezida Kagame yatanze isomo ku ishingiro ry’ubukungu n’ubwiyunge by’Abanyarwanda

Perezida Kagame yatanze isomo ku ishingiro ry’ubukungu n’ubwiyunge by’Abanyarwanda

Ubwanditsi 28 Oct 2016 ITOHOZA

Perezida Kagame yatanze isomo ku iterambere ry’Abanyarwanda no gusohoka mu bibazo bya Jenoside banyuzemo, bikomoka ku miyoborere igendera ku mahitamo n’inyungu z’abaturage kandi hashyirwa imbere ubwiyunge nyabwo.

Ibi Umukuru w’Igihugu yabigarutseho mu kiganiro yatanze kuri uyu wa Kabiri tariki 25 Ukwakira, mu ruzinduko rw’akazi agirira mu gihugu cya Mozambique, aho yaganiriye n’impuguke, abanyeshuri ba za kaminuza n’abashoramari bo muri icyo gihugu ku rugendo rw’u Rwanda mu bukungu no mu bwiyunge nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Perezida Kagame yashimye uburyo bakiriwe, avuga ko u Rwanda na Mozambique bifite intumbero imwe yo kubaka ahazaza hafite abaturage bigenga kandi bateye imbere mu bukungu.

Yabasangije ishingiro ry’amahitamo y’u Rwanda, agaragaza ko ibyakorwaga byose byashingiraga ku byifuzo n’inyungu z’abaturage kandi hakabaho kwibaza niba bizunga Abanyarwanda cyangwa bizarushaho kubatanya.

Ati “Twagenaga ibyo dukora tugendeye ku byifuzo n’inyungu z’Abanyarwanda kandi tukabikomeraho.”

Muri iki kiganiro Perezida Kagame yavuze ko Abanyarwanda babonye ko bashobora guhangana n’ingaruka za Jenoside, bafata izindi ntego zasaga n’izidashoboka ariko zigerwaho.

Aha yatanze urugero rw’uburyo Abanyarwanda bize kwishakamo ibisubizo binyuze mu biganiro n’ubwumvikane, bakagaragaza amahirwe mu ishoramari bafite nubwo hari abatarayabonaga.

Ati “Hoteli ya mbere y’inyenyeri eshanu ubu ni Serena Kigali, Kompanyi Nyarwanda y’indege, RwandAir. Ibyo byemezo byarafashwe nubwo hari abaterankunga n’abanyamabanki batabonaga ko havamo ubucuruzi. Ababihakanaga bari bafite ukuri mu buryo bw’ubucuruzi butagutse ariko baribeshyaga cyane urebeye mu buryo rusange bw’ubukungu bw’ahazaza h’u Rwanda.”

Yakomeje agira ati “Abo batubuzaga kubaka cyangwa gushora imari ni bo basigaye buzuza intebe baka izo serivise.”

Yakomoje ku bwiyunge, agaruka ku buryo Abanyarwanda bashishikarijwe kugira uruhare rwo kubaka sosiyete nshya itandukanye n’iya mbere, himakazwa gushingira ubwiyunge ku gutanga ubutabera kugira ngo Abanyarwanda bongere kubana.

Yagarutse ku butabera bwunga agira ati “Mu myaka itagera ku 10, inkiko Gacaca zaciye imanza zigera kuri miliyoni ebyiri ubundi byagombaga gufata imyaka 100 ngo zicibwe n’inkiko zisanzwe.”

Perezida Kagame yavuze ku ruhare rw’abikorera mu iterambere ry’u Rwanda, agaragaza ko buri wese arebwa n’imibereho ye myiza atiriwe ategereza uruhare rw’abanyamahanga n’abaterankunga.

Ku bijyanye n’imitangire ya serivisi no gukorera mu mucyo, Umukuru w’igihugu yashimangiye ko nta kindi abayobozi bagomba gushyira imbere uretse gukorera abaturage.

-4488.jpg

Perezida Kagame yavuze ko Abanyarwanda babonye ko bashobora guhangana n’ingaruka za Jenoside, bafata izindi ntego zasaga n’izidashoboka ariko zigerwaho

-4487.jpg

Bakurikira Ijambo kurindi rya Perezida Kagame

2016-10-28
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

PARIS:UMUTANGABUHAMYA W’UMUPADIRI YAGARAGAJE UBUGOME BWA NGENZI MU IYICWA RY’ABATUTSI I KABARONDO

PARIS:UMUTANGABUHAMYA W’UMUPADIRI YAGARAGAJE UBUGOME BWA NGENZI MU IYICWA RY’ABATUTSI I KABARONDO

Ubwanditsi 01 Jun 2016
Icyo abanyarwanda baba muri Amerika bavuga kuri Serge Ndayizeye Umunyamakuru wa Radio Itahuka ya RNC

Icyo abanyarwanda baba muri Amerika bavuga kuri Serge Ndayizeye Umunyamakuru wa Radio Itahuka ya RNC

Ubwanditsi 23 Nov 2016
Uwiyemerera ko yishe Iribagiza Christine  avuga ko Umugambi we wari uwo kwica Abantu 1000

Uwiyemerera ko yishe Iribagiza Christine avuga ko Umugambi we wari uwo kwica Abantu 1000

Ubwanditsi 05 May 2017
Kisoro: Hafatiwe imbunda 11, abandi Banyarwanda 20 barirukanwa

Kisoro: Hafatiwe imbunda 11, abandi Banyarwanda 20 barirukanwa

Ubwanditsi 08 Jan 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Impumyi Gusa Niyo Itabona ko u Rwanda Rwahindutse Neza Kandi Ubuziraherezo
UBUKUNGU

Impumyi Gusa Niyo Itabona ko u Rwanda Rwahindutse Neza Kandi Ubuziraherezo

Ubwanditsi 16 May 2016
Amerika  yasabye abaturage bayo kuva muri Congo
ITOHOZA

Amerika yasabye abaturage bayo kuva muri Congo

Ubwanditsi 30 Sep 2016
Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Emmanuel Macron w’u Bufaransa
POLITIKI

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Emmanuel Macron w’u Bufaransa

Ubwanditsi 19 Sep 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru