• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»u Rwanda rwashyizwe ku mwanya wa mbere muri Afrika mu bijyanye no kugendera ku mategeko

u Rwanda rwashyizwe ku mwanya wa mbere muri Afrika mu bijyanye no kugendera ku mategeko

Ubwanditsi 15 Oct 2021 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

“World Justice Project Rule and Law”(WJP), itsinda ry’inzobere mu gucukumbura uburyo ibihugu birushanwa kugendera ku mategeko no kubahiriza uburenganzira bwa muntu, rimaze gushyira ahagaragara urutonde rwerekana uko ibihugu 139, byakozweho ubushakashatsi, bikurikirana mu kubahiriza amategeko muri uyu mwaka wa 2021.

Mu bigenderwaho hategurwa urutonde ngarukamwaka, harimo uburenganzira bw’ibanze bw’umuturage, imiyoborere myiza, amahoro n’umutekano, ubutabera no kurwanya ruswa.

Hashingiwe rero ku buhamya bw’impuguke mpuzamahanga mu by’amategeko n’uburenganzira bwa muntu zisaga 4.000, ndetse n’ubw’abaturage mu ngeri zinyuranye, u Rwanda rwashyizwe ku mwanya wa mbere(1) muri Afrika, no kuwa 42 ku isi yose. By’umwihariko u Rwanda rukaba rwarashimiwe uko umuturage ahabwa ibyo afitiye uburenganzira, kuba ntawe uri hejuru y’amategeko, uko rushyira imbere umutekano , n’ uburyo rwitwaye mu kurwanya icyorezo cya Covid-19.

Urwo rutonde ruyobowe na Denmark iza ku mwanya wa mbere ku isi, mu kugendera ku mategeko no kubahiriza uburenganzira bwa muntu, ikaba ikurikiwe na Norvège,Finland, Suède n’Ubudage. Igihugu kiri ku mwanya wa nyuma ni Venezuela.

Ikindi gihugu cyo muri aka karere kiza ku mwanya wa hafi ni Tanzaniya iri ku mwanya w’ ijana(100), Kenya ku mwanya w’ 106,Uganda kuw’ 125, Repubulika Iharanira Demukarasi ya kongo ku mwanya w’137, mu gihe u Burundi butari mu bihugu byakozweho ubushakashatsi.

Ikigaragara ni uko ibihugu byinshi, cyane cyane ibyo muri Afrika byatakaje amanota muri uyu mwaka wa 2021, ahanini bitewe n’uko byitwaye mu gushyiraho no kubahiriza amabwiriza yo kurwanya Covid-19, ariko cyane cyane mu guhangana n’ingaruka zayo.

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe Ubuzima, OMS, mu kwezi gushize ryagaragaje ko u Rwanda rwabaye indashyikirwa mu kurwanya Covid-19, rushyiraho ingamba zihamye zo kuyirinda, kwita ku bayanduye no gukingira abaturage.

Ibikorwa byo gufasha abagizweho ingaruka na Covid-19, nko kubabonera ibiribwa mu gihe cya “Guma mu rugo”, gutanga inkunga y’amafaranga ku bikorwa byadindijwe n’icyo cyorezo, nabyo biri mu byatumye u Rwanda rubona amanota menshi mu kwita ku burenganzira bw’abaturage barwo.

Ibi kandi biza byiyongera ku miyoborere iha umuturage ijambo mu bimukorerwa, no kubungabunga umutekano ubu ukaba ari nta makemwa mu bice byose by’u Rwanda, mu gihe wabaye ingume mu bihugu byinshi birimo n’ibyo muri aka karere.

Tubibutse ko k’urutonde nk’uru rw’ umwaka ushize wa 2020 u Rwanda rwari ku mwanya wa 2 muri Afrika, rukaba rero rwazamutseho umwanya umwe.

2021-10-15
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

RDC: Général Kahimbi wari ukuriye iperereza rya gisirikare “yapfuye yiyahuye”

RDC: Général Kahimbi wari ukuriye iperereza rya gisirikare “yapfuye yiyahuye”

Ubwanditsi 08 Mar 2020
AMAFOTO – APR FC yatangiye neza CECAFA Kagame Cup itsinda Singida Big Stars yo muri Tanzania

AMAFOTO – APR FC yatangiye neza CECAFA Kagame Cup itsinda Singida Big Stars yo muri Tanzania

Ubwanditsi 09 Jul 2024
Huye: Ba nyiri amahoteri basabwe kugira uruhare mu gukumira ihohoterwa rikorerwa abana

Huye: Ba nyiri amahoteri basabwe kugira uruhare mu gukumira ihohoterwa rikorerwa abana

Ubwanditsi 07 Jun 2016
Abatuye mu manegeka mu duce twa Gitega na Kimisagara mu Mujyi wa Kigali bagiye gushyirwa igorora

Abatuye mu manegeka mu duce twa Gitega na Kimisagara mu Mujyi wa Kigali bagiye gushyirwa igorora

Ubwanditsi 16 Sep 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame yatoreye abadepite mu Bushinwa
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yatoreye abadepite mu Bushinwa

Ubwanditsi 03 Sep 2018
Uwiyemerera ko yishe Iribagiza Christine  avuga ko Umugambi we wari uwo kwica Abantu 1000
ITOHOZA

Uwiyemerera ko yishe Iribagiza Christine avuga ko Umugambi we wari uwo kwica Abantu 1000

Ubwanditsi 05 May 2017
Leta 17 zajyanye Trump mu nkiko kubera politiki itandukanya imiryango y’abimukira
POLITIKI

Leta 17 zajyanye Trump mu nkiko kubera politiki itandukanya imiryango y’abimukira

Ubwanditsi 27 Jun 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru