• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»u Rwanda rwashyizwe ku mwanya wa mbere muri Afrika mu bijyanye no kugendera ku mategeko

u Rwanda rwashyizwe ku mwanya wa mbere muri Afrika mu bijyanye no kugendera ku mategeko

Ubwanditsi 15 Oct 2021 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

“World Justice Project Rule and Law”(WJP), itsinda ry’inzobere mu gucukumbura uburyo ibihugu birushanwa kugendera ku mategeko no kubahiriza uburenganzira bwa muntu, rimaze gushyira ahagaragara urutonde rwerekana uko ibihugu 139, byakozweho ubushakashatsi, bikurikirana mu kubahiriza amategeko muri uyu mwaka wa 2021.

Mu bigenderwaho hategurwa urutonde ngarukamwaka, harimo uburenganzira bw’ibanze bw’umuturage, imiyoborere myiza, amahoro n’umutekano, ubutabera no kurwanya ruswa.

Hashingiwe rero ku buhamya bw’impuguke mpuzamahanga mu by’amategeko n’uburenganzira bwa muntu zisaga 4.000, ndetse n’ubw’abaturage mu ngeri zinyuranye, u Rwanda rwashyizwe ku mwanya wa mbere(1) muri Afrika, no kuwa 42 ku isi yose. By’umwihariko u Rwanda rukaba rwarashimiwe uko umuturage ahabwa ibyo afitiye uburenganzira, kuba ntawe uri hejuru y’amategeko, uko rushyira imbere umutekano , n’ uburyo rwitwaye mu kurwanya icyorezo cya Covid-19.

Urwo rutonde ruyobowe na Denmark iza ku mwanya wa mbere ku isi, mu kugendera ku mategeko no kubahiriza uburenganzira bwa muntu, ikaba ikurikiwe na Norvège,Finland, Suède n’Ubudage. Igihugu kiri ku mwanya wa nyuma ni Venezuela.

Ikindi gihugu cyo muri aka karere kiza ku mwanya wa hafi ni Tanzaniya iri ku mwanya w’ ijana(100), Kenya ku mwanya w’ 106,Uganda kuw’ 125, Repubulika Iharanira Demukarasi ya kongo ku mwanya w’137, mu gihe u Burundi butari mu bihugu byakozweho ubushakashatsi.

Ikigaragara ni uko ibihugu byinshi, cyane cyane ibyo muri Afrika byatakaje amanota muri uyu mwaka wa 2021, ahanini bitewe n’uko byitwaye mu gushyiraho no kubahiriza amabwiriza yo kurwanya Covid-19, ariko cyane cyane mu guhangana n’ingaruka zayo.

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe Ubuzima, OMS, mu kwezi gushize ryagaragaje ko u Rwanda rwabaye indashyikirwa mu kurwanya Covid-19, rushyiraho ingamba zihamye zo kuyirinda, kwita ku bayanduye no gukingira abaturage.

Ibikorwa byo gufasha abagizweho ingaruka na Covid-19, nko kubabonera ibiribwa mu gihe cya “Guma mu rugo”, gutanga inkunga y’amafaranga ku bikorwa byadindijwe n’icyo cyorezo, nabyo biri mu byatumye u Rwanda rubona amanota menshi mu kwita ku burenganzira bw’abaturage barwo.

Ibi kandi biza byiyongera ku miyoborere iha umuturage ijambo mu bimukorerwa, no kubungabunga umutekano ubu ukaba ari nta makemwa mu bice byose by’u Rwanda, mu gihe wabaye ingume mu bihugu byinshi birimo n’ibyo muri aka karere.

Tubibutse ko k’urutonde nk’uru rw’ umwaka ushize wa 2020 u Rwanda rwari ku mwanya wa 2 muri Afrika, rukaba rero rwazamutseho umwanya umwe.

2021-10-15
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Burundi: Abantu bitwaje intwaro bateye ibirindiro bya polisi

Burundi: Abantu bitwaje intwaro bateye ibirindiro bya polisi

Ubwanditsi 08 Apr 2019
FARDC yashyikirije igisirikare cya Uganda abana babiri bari barajyanwe na se mu nyeshyamba

FARDC yashyikirije igisirikare cya Uganda abana babiri bari barajyanwe na se mu nyeshyamba

Ubwanditsi 13 Feb 2019
Perezida Robert Mugabe yageze i Kigali

Perezida Robert Mugabe yageze i Kigali

Ubwanditsi 14 Jul 2016
Clare Akamanzi yasimbuye Gatare ku buyobozi bwa RDB

Clare Akamanzi yasimbuye Gatare ku buyobozi bwa RDB

Ubwanditsi 04 Feb 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Paul Gitwaza muri Zion Temple yeretse umuryango bamwe mubakozi b’Imana bamufashaga
Mu Rwanda

Paul Gitwaza muri Zion Temple yeretse umuryango bamwe mubakozi b’Imana bamufashaga

Ubwanditsi 08 May 2017
APR FC na AS Kigali zikomeje kwitwara neza mu cyiciro cy’amakipe ahatanira igikombe, ni mugihe AS Muhanga ikomeje kugana habi.
Amakuru

APR FC na AS Kigali zikomeje kwitwara neza mu cyiciro cy’amakipe ahatanira igikombe, ni mugihe AS Muhanga ikomeje kugana habi.

Ubwanditsi 11 Jun 2021
Abayobozi b’inzego z’ibanze mu karere ka Kamonyi basabwe gukangurira abaturage kurengera ibidukikije
Mu Mahanga

Abayobozi b’inzego z’ibanze mu karere ka Kamonyi basabwe gukangurira abaturage kurengera ibidukikije

Ubwanditsi 21 Jan 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru