• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Amateka y’Umunyamakuru Shyaka Kanuma, Uko yinjiye mu Itangazamakuru n’Uko yageze mu Buyanja bwa Bizimungu Pasteur

Amateka y’Umunyamakuru Shyaka Kanuma, Uko yinjiye mu Itangazamakuru n’Uko yageze mu Buyanja bwa Bizimungu Pasteur

Ubwanditsi 17 Jan 2017 ITOHOZA

Hari igihe abantu bitera ibibazo byabakomerana bagatangira kubigereka kuri Leta kandi akenshi babitewe n’indanini ariyo ibatera guhemuka no guhemukira uwabakamiye ( Perezida Kagame). Uyu munsi turabagezaho Amateka y’Umunyamakuru Shyaka Kanuma wa Rwanda Focus uri mu gihome. Uko yinjiye mu itangazamakuru n’uko yageze mu Buyanja bwa Pasteur Bizimungu.

Kanuma itangazamakuru ryamuguye neza agerageje kurivamo bimugwa nabi
Kugeza mu mpera z’umwaka ushize iyo wabazaga buri munyamakuru umuntu itangazamakuru ryandika ryaguye neza hano mu Rwanda yakubwiraga yuko ari Shyaka Kanuma, umuyobozi w’ikinyamakuru Rwanda Focus !

Kuvuga yuko Kanuma itangazamakuru ryandika ryamuguye neza ntabwo byari ibintu byo gushakisha, byarigaragazaga kandi bikagaragarira buri wese.

Igihe byinshi mu binyamakuru byandika by’abantu ku giti cyabo bitagiraga aho bikorera hasobanutse kubera kunanirwa kuba babona amafaranga yo gukodesha aho gushyira ibiro, Kanuma we icyo kibazo ntabwo cyamurebaga. Ikinyamakuru cye Rwanda Focus cyari gifite biro (offices) nziza, mu nyubako ya SHF Rwanda ku Kacyiru, werekeza ku bitaro by’umwami Faisal. Mbere The Focus yakoreraga muri ya etage nziza iri haruguru ya Trading Center, hino ya Hotel The Mile Collines. hejuru ya Blue caffe.

Kubera amikiro make aranga ibitangazamakuru byandika, usanga byinshi bidasohokera igihe cyangwa bitanagisohoka. Ibyo ariko ntabwo byarebaga Rwanda Focus. Yari ifite amasoko menshi y’amabanki n’ibigo bya Leta yamamazaga ibikorwa byabyo, ikahakura amafaranga atatuma ihungabana mu mikorere yayo !

Iyo wafunguraga ikinyamakuru Rwanda Focus wasangagamo umurundo wa za publicite, waba nawe ufite ikinyamakuru cyawe ugasigara wigaya kuba utazi gushakisha nka Shyaka Kanuma !

-5389.jpg

Kanuma Shyaka

Kanuma ubwe ifaranga ryamugaragaragaho. Yari afite imodoka nziza, n’icyuma muri Serena Hotel yakiriramo abo ashatse ntiyishyure, uko yabagaho byari VIP atanakigaragara ahantu haciriritse abandi banyamakuru bahurira nko ku inzu y’abanyamakuru iri iruhande rwa Sports View Hotel, imbere ya Stade Amahoro !

Kanuma rwose itangazamakuru ryamuguye neza nk’uko anarifitemo amateka maremare n’ibintu bivangitiranye.

Shyaka Kanuma ntabwo ari umwe mu bantu batangiranye n’itangazamakuru, Jenoside ikimara guhagarikwa. Kanuma yabonetse mu itangazamukru hano mu Rwanda mu mpera ya za 90, aturutse muri Uganda. Yabanje kuzajya yohereza inkuru mu kinyamakuru cyo muri Kenya, The East African, ariko nyuma aza gukorana na The NewsLine ku buryo buhoraho. Iyi NewsLine niyo yaje kubyara UMUSESO na Champion yandikaga amakuru y’imikino. Ibyo binyamakuru byari byibumbiye mu kitwaga RIMEG.

Byaje guhwihwiswa yuko Kanuma yaba yarakoranaga n’abarwanyaga Leta bayobowe n’uwahoze ari Perezida wa Repubulika Pasteur Bizimungu na Ntakirutinka Charles ubwo bashingaga ishyaka Ubuyanja RIMEG yarimo Shyaka yabonye akayabo k’Amadorali ibihumbi makumyabiri by’amadorari ( 20.000 usd ) yari yoherejwe n’umuhungu wa Ntakirutinka wabaga muri Amerika waje kugwa mundege akoze impanuka ayo madorali yohererejwe RIMEG biciye kuri compte yabo yari muri BCDI, Kanuma abonye ko byatahuwe n’inzego z’iperereza, ahungira muri Afurika y’Epfo aho yahise ahabwa igihembo cy’umunyamakuru mwiza ariko benshi hano mu Rwanda bagahamya yuko ubwo bunyamakuru bwiza batari babumuziho !

Icyo gihembo cyatumye Kanuma abona buruse yo kujya kwiga muri Amerika, ariko abantu bagakomeza kuvuga yuko yakomeje akorana n’abarwanya leta y’u Rwanda, dore ko icyo gihe bari beze cyane harimo n’ikitwaga ingabo z’umwami !

Andi makuru akavuga yuko atararangiza amasomo ye aho muri Amerika yasabye imbabazi leta y’u Rwanda abinyijije ku bari bayihagararariye muri icyo gihugu, bemeranya ko atahuka kandi akazajya akorana nayo.

Kanuma yaratahutse asubira muri RIMEG ariko nyuma aza kugirana ubwumvikane buke na ba Charles Kabonero bari bayiyoboye, bamuturumburamo. Abo bayobozi ba NewsLine n’Umuseso bashinjaga Kanuma ko nta kindi yakoraga uretse kubaneka.

Kanuma avuye muri RIMEG nibwo yatangije Rwanda Focus, ikinyamakuru wabonaga cyarageragezaga kurwanya akarengane no kurwanya abanzi ba leta y’u Rwanda. Uyu murongo benshi bawushimiraga Kanuma, ikaba ishobora kuba ari nayo mpamvu yatumaga Rwanda Focus yarabonaga amasoko menshi kuva muri Leta cyangwa mu bigo biyishamikiyeho !

-5390.jpg

Shyaka Kanuma mu manama yakundaga kwigaragaza cyane

Muri uwo murongo Rwanda Focus yari yarafashe ariko hari ikintu Kanuma yigeze gukora bituma abanyamakuru bose babimwangira. Muri cya gihe haterwagwa ibisasu hirya no hino muri Kigali, Kanuma yasohoye ikinyamakuru cyarimo inyandiko yagaragazaga yuko Charles Kabonero yohererezwaga amafaranga na ba Col. Karegeya akayaha abo baturitsaga ibisasa byakomeretsaga abantu batari bake !

Iyo nyandiko yari iriho kopi ya E- mail yohererejwe Kabonero kandi koko ugasanga yaravuye kuri adresi ya E- mail ya Kabonero. Iyo kopi ya E-mail yohererejwe Kabonero niyo yagaragazaga yuko uwo muyobozi w’Umuseso yakoranaga n’abategaga ibisasu hano mu gihugu. Kuko Umuseso utari umeranye neza na bamwe muri Leta nk’uwari umushinjacyaha mukuru, Gerald Hahima, intego ya Kanuma yari iyo gucisha umutwe Charles Kabonero ariko Imana ikinga akaboko kuko inzego z’iperereza zatahuye yuko yari E- mail mpimbano, ntizabiha agaciro Kabonero arokoka atyo!

Twatangiye tuvuga yuko itangazamakuru ryaguye neza Kanuma none, kugerageza kurivamo bikaba bimuguye nabi. Mu mpera z’uyu mwa Kanuma yatunguye benshi atangaje yuko Rwanda Focus ayihagaritse, ikibera umukangura mbaga muri politike, niba ariko political activist bisobanuye. Yambura abanyamakuru yakoreshaga ndetse n’inzu yakoreregamo kuburyo ny’irinzu yaje guteza cyamunara ibikoresho byo mubiro ngo yiyishyure.

Muri iyo political activism ye ngo yari gushinga urugaga ruvugira abantu bari mu karengane gafitanye isano na politike, barimo Col. Tom Byabagamba na Gen. Frank Rusagara, Kanuma kandi ngo yari yiteguye kuzajya anahamagarira n’abantu kwigaragambya bamagana akarengane gakomeye gakorwa na Leta aho kaba kagaragaye !

-5388.jpg

Umunyamkauru Shyaka Kanuma

Kanuma ataratangiza neza uwo mushinga, mugihe yarimo guhamagarwa abazwa n’ubugenzacyaha yafatiwe i Kayonza igicuku kinishye bivugwa ko yari ahunze igihugu arafungwa akurikiranyweho icyaha cyo gukoresha impapuro mpimbano mu kubona mu manyanga amwe muri ya masoko twavuze yatumye Rwada Focus iba ikinyamakuru k’igitangaza !

Tuzakomeza kubakurikiranira ibya Shyaka Kanuma….


Cyiza D.

2017-01-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abantu 10 baguye mu mpanuka y’Ubwato bw’intambara bwa Amerika n’ubundi butwaye Peteroli ku nkengero ya Singapour.

Abantu 10 baguye mu mpanuka y’Ubwato bw’intambara bwa Amerika n’ubundi butwaye Peteroli ku nkengero ya Singapour.

Ubwanditsi 21 Aug 2017
Ibirenge biva muri “Edeni” bijya muri Kongo, ko tutabibona bigaruka aho ni ubuhoro? 

Ibirenge biva muri “Edeni” bijya muri Kongo, ko tutabibona bigaruka aho ni ubuhoro? 

Ubwanditsi 22 Jan 2025
Hari abakoze Jenoside bari mu Gihugu biyita Abapagasi

Hari abakoze Jenoside bari mu Gihugu biyita Abapagasi

Ubwanditsi 14 Jan 2017
Rusesabagina afite uburiganya muri kamere ye.

Rusesabagina afite uburiganya muri kamere ye.

Ubwanditsi 21 Jun 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ikipe ya Chelsea yasezereye Manchester City igera ku mukino wa nyuma wa FA Cup aho izahura na Leicester City yo yasezereye ikipe ya Southampton.
Amakuru

Ikipe ya Chelsea yasezereye Manchester City igera ku mukino wa nyuma wa FA Cup aho izahura na Leicester City yo yasezereye ikipe ya Southampton.

Ubwanditsi 19 Apr 2021
DONALD TRUMP  yatsembeye Inzego z’Iperereza ko azakomeza gukoresha SAMSUNG GALXY S3  ye .
ITOHOZA

DONALD TRUMP yatsembeye Inzego z’Iperereza ko azakomeza gukoresha SAMSUNG GALXY S3 ye .

Ubwanditsi 31 Jan 2017
Polisi y’u Rwanda yasubije Ambasaderi wa Uganda imodoka ebyiri na moto imwe byibwe
Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda yasubije Ambasaderi wa Uganda imodoka ebyiri na moto imwe byibwe

Ubwanditsi 24 Jan 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru