• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Uburyo bushya abarwanya Leta y’u Rwanda, batangije bwo gukwirakwiza ibihuha.

Uburyo bushya abarwanya Leta y’u Rwanda, batangije bwo gukwirakwiza ibihuha.

Ubwanditsi 08 Mar 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Muri iyi minsi hari amakuru aturuka hanze y’igihugu, amwe ni atangwa n’abarwanya Leta y’u Rwanda cyane cyane Rugema Kayumba uba mu gihugu cya Norvege akanakunda kugendera Uganda cyane na David Himbara uba muri Canada , bimwe muri ibyo bihuha bikwirakwiza kuri mbuga nkoranyambaga (Social Media), Group za Whatsapp n’ahandi hatandukanye, bikorwa n’abanzi b’igihugu harimo amakuru y’ibinyoma (Fake News) ko bamwe mu bayobozi bakuru mu Rwanda bafite imitungo mu gihugu cya Uganda ndetse n’abayihagarariye babayo, ntibanatinya gukwiza impuha ko hari n’abayobozi mu nzego za Leta niza Gisilikare ngo bakorana na  Kayumba Nyamwasa n’ishyaka rye RNC.

Ubu buryo bwo guteranya abayobozi na Leta ni ubwakoreshwaga cyane na Col. Patrick Karegeya, kugirango inzego z’umutekano zihugire muri ibyo maze bazice muri humye babone uko batera za Grenade mu mujyi wa Kigali no mu nkengero zawo, ubu buryo rero bwongeye kwaduka muri iyiminsi u Rwanda rufitanye ibibazo na Uganda.

Umujyanama wa Perezida mu by’umutekano, Gen James Kabarebe, yahishuye aya makuru, aho yavuze ko hari abantu bamaze iminsi bari mu ntambara y’amagambo n’ibihuha ku Rwanda, bavuga ko hari abasirikare bakuru bafunzwe.

Umujyanama wa Perezida mu by’umutekano, Gen James Kabarebe.

Yabitangaje kuri uyu wa Kane mu biganiro bya Minisiteri y’urubyiruko byiswe ‘Rubyiruko Menya Amateka Yawe’ bihabwa urubyiruko ruvuye mu ntara zitandukanye z’igihugu mu kigo cy’urubyiruko cya Kimisagara.

Ubwo yaganirizaga urubyiruko rusaga 580 ruturutse mu Ntara y’Iburengerazuba, Gen Kabarebe, yagarutse ku makuru amaze iminsi akwirakwizwa ku mbuga nkoranyambaga avuga ko hari abasirikare batatu bafunzwe.

Mu byagiye bitambuka ku mbuga nkoranyambaga, havugwaga ko mu bajenerali bafunzwe harimo Gen. Maj. Joseph Nzabamwita uyobora Urwego rw’Igihugu rw’Iperereza n’Umutekano w’Igihugu, NISS, Gen. Fred. Ibingira wahoze ayobora Inkeragutabara na Gen. Maj. Emmanuel Ruvusha.

Gen Kabarebe na we yabigarutseho, avuga ko ari uburyo bushya abarwanya Leta y’u Rwanda, batangije bwo gukwirakwiza ibihuha.

Yagize ati “Muri iki gihe tugezemo umwanzi w’igihugu afite uburyo bwinshi bwo kurwana intambara. Intambara ntizikiri zazindi abasirikare bamwe bahagarara hariya abandi bagahagarara hariya bakarasana. Hari intambara z’amagambo, imbuga nkoranyambaga, iterambere, byafunguye ahandi habera intambara”.

Yakomeje agira ati “Gucurika abantu, kubabeshya kandi ukagisoma utahuye na we, utamuzi ukacyemera kandi kikagutera ubwoba ngo byacitse mu gihugu, ngo Jenerali Nzabamwita ushinzwe urwego rw’umutekano mu gihugu ngo arafunzwe, ngo Jenerali Ibingira arafunze, ngo nde arafunze. Baba bashaka kwerekana ngo mu gihugu ibintu byacitse.”

Gen. Kabarebe yavuze ko badafunze atanga urugero ko nka Gen. Nzabamwita yajyanye na Perezida Kagame mu ruzinduko rw’iminsi ibiri ari kugirira muri Tanzania.

Ati “Nzabamwita yajyanye na Perezida muri Tanzania, ariko nta muntu uri bubikurikire ngo amenye aho ari, kandi Youtube abantu bose barayibona. Abantu rero bari ahongaho b’imbwa badafite icyo bamaze, yicara ahongaho agahimba ibintu, kandi kubera ko bikwira ahantu hose abantu bakabibona.”

Maj Gen Nzabamwita Joseph (iruhande ya Min Olivier Nduhungirehe)

Yavuze ko urubyiruko uyu munsi rufite amahirwe yo kuba ruganirizwa rukagera ku makuru y’ukuri, mu gihe urubyiruko rwakoze Jenoside rutigeze ruyabona, ahubwo rwigishijwe kujya kwica gusa.

Yabasabye ubufasha mu kunyomoza abaharabika u Rwanda muri iki gihe ikoranabuhanga ryihuta. Ati “Mwebwe rero mufite ayo mahirwe, iyo ntambara isebya igihugu cyanyu ni iyanyu mwese mugomba kuyirwana.”

Ibiganiro Rubyiruko Menya Amateka yawe bimaze guhabwa urubyiruko rutandukanye rwo hirya no hino mu gihugu, hagamijwe kurusobanurira inzira igihugu cyanyuzemo cyiyubaka mu gihe hitegurwa kwibuka ku nshuro ya 25 Jenoside yakorewe Abatutsi.

Ibihuha kandi bikomeje gukwirakwizwa na bimwe mu bitangazamakuru muri Uganda cyane cyane SoftPower ya Sarah Kagingo ukorera mu kwaha kwa Museveni ndetse na Chimpreports imenyerewe gukoreshwa na leta ya Uganda.

2019-03-08
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Mpayimana  Philippe, yagaye imyitwarire ya Gilbert Mwenedata uri mu buhungiro

Mpayimana Philippe, yagaye imyitwarire ya Gilbert Mwenedata uri mu buhungiro

Ubwanditsi 22 Nov 2017
Uretse isoni nke, Tewojeni Rudasingwa atinyuka ate kuvuga mu bantu, azi ubujura yasize akoze mu Rwanda? 

Uretse isoni nke, Tewojeni Rudasingwa atinyuka ate kuvuga mu bantu, azi ubujura yasize akoze mu Rwanda? 

Ubwanditsi 27 May 2022
Kurekura Kabuga ngo ni uko ashaje ni agahomamunwa, abo arusha imyaka icumi bishe abayahudi baraburanishwa no muri iki gihe

Kurekura Kabuga ngo ni uko ashaje ni agahomamunwa, abo arusha imyaka icumi bishe abayahudi baraburanishwa no muri iki gihe

Ubwanditsi 13 Aug 2023
ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO

ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO

Ubwanditsi 16 Dec 2025

3 Ibitekerezo

  1. MPKN
    March 9, 20191:32 am -

    ESEKO DUFITE TELEVISION KUKI UWO BAVUZE KO AFUNZE ATATANGA IKIGANIRO ANYOMOZA

    Subiza
  2. Evyne
    March 9, 20197:40 am -

    Hhhhh nyamara mubikurukirane none c niba umuntu afite amasitasiyo mbarara, kagitumba, kayonza, rwimiyaga, karaangazi(Nyiragegene) , amasoko yose niwe uyahabwa kandi ntanguzanyo murumva yarabikuyeho kandi ukumva mubaturage baravuga ngo biriya nu yumuyobozi runaka ibyo nibiki ababishizwe nibabikurikirane , umuvunyi, Obadiah biraro, RIB, minujust nibakurikirane

    Subiza
  3. Amahe
    March 11, 201910:43 am -

    @ Eyyne, Ayo namatiku nkayo ba RNC bahorana, inguzanyo ujya kuyifata si ngombwa abikubwire cg abitangaze.

    Abanyarwanda mwese mwigize bamenya. Kabila niwe ushobora abe abakatira internet. None se wamenya ute niba atari Rujugiro wayabahaye . cg yamugujije mbere yuko ashwana nabo.
    Erega afite menshi cyane nayo gutera inyoni. Ibaze umuntu ushinga umutwe urwanya Leta.
    Ntacyo umuriro azacana azawotaho nawe.

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame  yageze i Kinshasa aho  yitabiriye umuhango w’ishyingurwa na Etienne Tshisekedi
POLITIKI

Perezida Kagame yageze i Kinshasa aho yitabiriye umuhango w’ishyingurwa na Etienne Tshisekedi

Ubwanditsi 31 May 2019
Musanze : Perezida Kagame yifuje ko habaho no Kwita Izina abana b’ Intare
Mu Mahanga

Musanze : Perezida Kagame yifuje ko habaho no Kwita Izina abana b’ Intare

Ubwanditsi 02 Sep 2016
Ishyaka Green Party rirasaba umutekano usesuye mu gihe rizaba riri kwamamaza abazarihagararira mu Nteko
HIRYA NO HINO

Ishyaka Green Party rirasaba umutekano usesuye mu gihe rizaba riri kwamamaza abazarihagararira mu Nteko

Ubwanditsi 25 Jun 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru