• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Abadepite basabye ko inzego zirindwi zakoresheje amafaranga mu buryo budasobanutse zikurikiranwa   |   05 Aug 2026

  • Nyuma y’imyaka 28 Rayon Sports isubiye ku mukino wa nyuma wa CECAFA Kagame Cup   |   05 Aug 2026

  • Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe   |   05 Aug 2026

  • Ingoma Ibihumbi u Rwanda ruticaranye ku meza n’abaruhekuye bashaka kwambara Uruhu rwera kandi ari ibirura   |   04 Aug 2026

  • Omar Artan witegura gusifura UEFA Super Cup izahuza PSG na Aston Villa, azasifura umumukino wa nyuma wa CECAFA KAGAME Cup 2026   |   03 Aug 2026

  • Rayon Sports, Gor Mahia, Jamus na Al Hilal zageze muri ½ cy’Imikino ya CECAFA Kagame Cup 2026   |   02 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Dr Bizimana asaba gushyira ingufu hamwe mu kurwanya ingengabitekerezo ya Jenoside

Dr Bizimana asaba gushyira ingufu hamwe mu kurwanya ingengabitekerezo ya Jenoside

Ubwanditsi 13 Apr 2016 Amakuru

​Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Komisiyo y’Igihugu Ishinzwe kurwanya Jenoside(CNLG), Dr Jean Damascene Bizimana avuga ko hegeranyijwe imbaraga hagati y’abaturage n’inzego zishinzwe umutekano byagira akamaro mu guhangana n’ingengabitekerezo ya Jenoside n’ibindi byaha biyishamikiyeho.

Dr Bizimana yavuze ko kandi ibyagezweho kugeza ubu mu kuyirwanya no gufata abakoze Jenoside yakorewe Abatutsi muri 1994 ari ibyo kwishimira , ibi akaba yabwiye abapolisi ku italiki ya 12 Mata ku cyicaro gikuru cya Polisi y’u Rwanda ku Kacyiru, mu muhango wo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi ku nshuro ya 22 .

Mu kiganiro cye, Dr Bizimana, yavuze ko ingengabitekerezo ya jenoside ifite imizi mu myaka ya za 1957 aho abanyapolitiki , impuguke n’abanyamakuru bayigishaga bakayobya ubwonko bw’Abanyarwanda.

Yagize ati:”Byafashe igihe kinini kwigisha abaturage bageze aho bakora Jenoside muri 1994 ni nayo mpamvu nyuma y’imyaka 22 tukirwana nabyo ariko ni ugukomeza kwigisha ingaruka zayo kandi tugakomeza ubufatanye mu kuyirwanya.”

Yagaragaje ingamba Polisi yakwitaho mu gutanga umusanzu mu kurwanya ingengabitekerezo ya jenoside, imwe muri zo akaba ari ukumva icyo ari cyo neza, uko yigaragaza n’itegeko riyihana haba mu Rwanda no hanze yarwo.

​ Yagize ati:”Uko amadosiye y’abayikekwaho akorwa nabyo byorohereza kuyashinja, mugomba kandi kugira ubumenyi kuri yo no guhiga no gufata abakurikiranyweho gukora Jenoside bakidegembya ku isi hose.”

Yavuze ko n’ubwo ingengabitekerezo ya Jenoside igenda igabanuka ariko igenda igaragara mu bitekerezo bigenda bitangwa ku nyandiko n’amakuru bivuga kuri Jenoside

Yagize ati:”Nidushyirahamwe twese, abafite ibitangazamakuru n’inzego z’umutekano, tuzashyiraho ingamba zo kurwanya ibintu nk’ibyo, cyangwa hashyirweho uburyo bwo kubuza kugaragara ibyo bitekerezo bibi kugirango bitaroga rubanda

Yaboneyeho umwanya wo gushimira ubufatanye bwa Polisi y’u Rwanda na Polisi z’ibindi bihugu mu guta muri yombi abakekwaho gukora Jenoside, avuga ko ubufatanye nk’ubwo ari ngombwa kugirango ingengabitekerezo ya Jenoside ikwirakwizwa n’abo basize bakoze Jenoside bari mu mahanga itagera no mu Rwanda.

Ikiganiro kandi cyari kitabiriwe n’Umuyobozi w’impuzamashyirahamwe y’imiryango iharanira inyungu z’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi “IBUKA” Dr Dusingizemungu Jean Pierre, wasabye ko hakomeza kuvugurura amategeko ahana ingengabitekerezo ya Jenoside.

Akaba yagize ati:”Uko dushyiraho ingamba zo kurwanya ingengabiekerezo ya Jenoside, abayipfobya nabo bashyira imbaraga nyinshi mu kuyipfobya no kuyihakana, bityo rero kugirango batsindwe ni ugukomeza kuvugurura amategeko ahana iyo ngengabitekerezo ya Jenoside

-2655.jpg

Umuyobozi Mukuru Wungirije ushinzwe ubutegetsi n’abakozi muri Polisi y’u Rwanda DIGP Juvénal Marizamunda yabwiye abapolisi ati:”Turi bamwe mu bakemura ibibazo by’ababonetseho ipfobya rya Jenoside n’ingengabitekerezo yayo, tugomba kumenya rero uburyo bwiza bwo kubikemura no kumenya gutegura neza ibyo dushyikiriza ubushinjacyaha.”

-2656.jpg

DIGP Marizamunda yavuze ko Polisi y’u Rwanda izakomeza gukoresha ingamba zikwiye mu kurwanya ingengabitekerezo ya Jenoside mu mahugurwa izakomeza guha abapolisi kandi ibaka ubumenyi busabwa mu gutahura no kugenza ibyaha cyane icy’ingengabitekerezo ya Jenoside.

RNP

2016-04-13
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

“Ntugakore, ntukavuge, utabanje gutekereza. Icyo gihe biduha kwirinda ibintu bimwe bitari ngombwa” Perezida Kagame

“Ntugakore, ntukavuge, utabanje gutekereza. Icyo gihe biduha kwirinda ibintu bimwe bitari ngombwa” Perezida Kagame

Ubwanditsi 09 Mar 2024
Rayon Sports yanganyije umukino wa Kabiri wa shampiyona, Gasogi United ikomeje kuyobora urutonde

Rayon Sports yanganyije umukino wa Kabiri wa shampiyona, Gasogi United ikomeje kuyobora urutonde

Ubwanditsi 24 Aug 2024
Asaga Miliyoni 73 niyo yavuye mu matike yaguzwe mu gitaramo cya Israel Mbonyi cyubatse andi mateka

Asaga Miliyoni 73 niyo yavuye mu matike yaguzwe mu gitaramo cya Israel Mbonyi cyubatse andi mateka

Ubwanditsi 26 Dec 2024
Amavubi yaguye miswi na Benin ku mukino wa kane wo mu itsinda L wogushaka itike y’igikombe cya Afurika 2023

Amavubi yaguye miswi na Benin ku mukino wa kane wo mu itsinda L wogushaka itike y’igikombe cya Afurika 2023

Ubwanditsi 29 Mar 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Areruya Joseph na bagenzi be bakiriwe gitwali i Kanombe  mu mujyi wa Kigali
IMIKINO

Areruya Joseph na bagenzi be bakiriwe gitwali i Kanombe mu mujyi wa Kigali

Ubwanditsi 23 Jan 2018
Minisitiri wa Siporo Nelly Mukazayire yacyeje  Amavubi yatsinze South Sudan 2-1
Amakuru

Minisitiri wa Siporo Nelly Mukazayire yacyeje Amavubi yatsinze South Sudan 2-1

Ubwanditsi 29 Dec 2024
Dore uko byari bimeze mu gikorwa cyo kwiyamamaza Paul Kagame yakoreye i Nyamirambo
Mu Rwanda

Dore uko byari bimeze mu gikorwa cyo kwiyamamaza Paul Kagame yakoreye i Nyamirambo

Ubwanditsi 21 Jul 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru