• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Dr Bizimana asaba gushyira ingufu hamwe mu kurwanya ingengabitekerezo ya Jenoside

Dr Bizimana asaba gushyira ingufu hamwe mu kurwanya ingengabitekerezo ya Jenoside

Ubwanditsi 13 Apr 2016 Amakuru

​Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Komisiyo y’Igihugu Ishinzwe kurwanya Jenoside(CNLG), Dr Jean Damascene Bizimana avuga ko hegeranyijwe imbaraga hagati y’abaturage n’inzego zishinzwe umutekano byagira akamaro mu guhangana n’ingengabitekerezo ya Jenoside n’ibindi byaha biyishamikiyeho.

Dr Bizimana yavuze ko kandi ibyagezweho kugeza ubu mu kuyirwanya no gufata abakoze Jenoside yakorewe Abatutsi muri 1994 ari ibyo kwishimira , ibi akaba yabwiye abapolisi ku italiki ya 12 Mata ku cyicaro gikuru cya Polisi y’u Rwanda ku Kacyiru, mu muhango wo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi ku nshuro ya 22 .

Mu kiganiro cye, Dr Bizimana, yavuze ko ingengabitekerezo ya jenoside ifite imizi mu myaka ya za 1957 aho abanyapolitiki , impuguke n’abanyamakuru bayigishaga bakayobya ubwonko bw’Abanyarwanda.

Yagize ati:”Byafashe igihe kinini kwigisha abaturage bageze aho bakora Jenoside muri 1994 ni nayo mpamvu nyuma y’imyaka 22 tukirwana nabyo ariko ni ugukomeza kwigisha ingaruka zayo kandi tugakomeza ubufatanye mu kuyirwanya.”

Yagaragaje ingamba Polisi yakwitaho mu gutanga umusanzu mu kurwanya ingengabitekerezo ya jenoside, imwe muri zo akaba ari ukumva icyo ari cyo neza, uko yigaragaza n’itegeko riyihana haba mu Rwanda no hanze yarwo.

​ Yagize ati:”Uko amadosiye y’abayikekwaho akorwa nabyo byorohereza kuyashinja, mugomba kandi kugira ubumenyi kuri yo no guhiga no gufata abakurikiranyweho gukora Jenoside bakidegembya ku isi hose.”

Yavuze ko n’ubwo ingengabitekerezo ya Jenoside igenda igabanuka ariko igenda igaragara mu bitekerezo bigenda bitangwa ku nyandiko n’amakuru bivuga kuri Jenoside

Yagize ati:”Nidushyirahamwe twese, abafite ibitangazamakuru n’inzego z’umutekano, tuzashyiraho ingamba zo kurwanya ibintu nk’ibyo, cyangwa hashyirweho uburyo bwo kubuza kugaragara ibyo bitekerezo bibi kugirango bitaroga rubanda

Yaboneyeho umwanya wo gushimira ubufatanye bwa Polisi y’u Rwanda na Polisi z’ibindi bihugu mu guta muri yombi abakekwaho gukora Jenoside, avuga ko ubufatanye nk’ubwo ari ngombwa kugirango ingengabitekerezo ya Jenoside ikwirakwizwa n’abo basize bakoze Jenoside bari mu mahanga itagera no mu Rwanda.

Ikiganiro kandi cyari kitabiriwe n’Umuyobozi w’impuzamashyirahamwe y’imiryango iharanira inyungu z’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi “IBUKA” Dr Dusingizemungu Jean Pierre, wasabye ko hakomeza kuvugurura amategeko ahana ingengabitekerezo ya Jenoside.

Akaba yagize ati:”Uko dushyiraho ingamba zo kurwanya ingengabiekerezo ya Jenoside, abayipfobya nabo bashyira imbaraga nyinshi mu kuyipfobya no kuyihakana, bityo rero kugirango batsindwe ni ugukomeza kuvugurura amategeko ahana iyo ngengabitekerezo ya Jenoside

-2655.jpg

Umuyobozi Mukuru Wungirije ushinzwe ubutegetsi n’abakozi muri Polisi y’u Rwanda DIGP Juvénal Marizamunda yabwiye abapolisi ati:”Turi bamwe mu bakemura ibibazo by’ababonetseho ipfobya rya Jenoside n’ingengabitekerezo yayo, tugomba kumenya rero uburyo bwiza bwo kubikemura no kumenya gutegura neza ibyo dushyikiriza ubushinjacyaha.”

-2656.jpg

DIGP Marizamunda yavuze ko Polisi y’u Rwanda izakomeza gukoresha ingamba zikwiye mu kurwanya ingengabitekerezo ya Jenoside mu mahugurwa izakomeza guha abapolisi kandi ibaka ubumenyi busabwa mu gutahura no kugenza ibyaha cyane icy’ingengabitekerezo ya Jenoside.

RNP

2016-04-13
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Amafoto – Abakinnyi b’u Rwanda U20 binjiye mu mwiherero wa CECAFA

Amafoto – Abakinnyi b’u Rwanda U20 binjiye mu mwiherero wa CECAFA

Ubwanditsi 23 Sep 2024
Ubutabera mpuzamahanga bwateye utwatsi ubusabe bw’abunganizi ba Kabuga Felisiyani basabaga ko urubanza rw’umukiliya wabo rukurwaho kuko ngo nta mbaraga agifite zo kuburana.

Ubutabera mpuzamahanga bwateye utwatsi ubusabe bw’abunganizi ba Kabuga Felisiyani basabaga ko urubanza rw’umukiliya wabo rukurwaho kuko ngo nta mbaraga agifite zo kuburana.

Ubwanditsi 02 Jun 2021
Ikipe y’igihugu y’umukino wa Cricket mu Bagabo yatumiwe gukina muri Nigeria

Ikipe y’igihugu y’umukino wa Cricket mu Bagabo yatumiwe gukina muri Nigeria

Ubwanditsi 04 Oct 2023
Tanzania : Bane bo mu mutwe urwanya leta y’u Burundi baguwe gitumo

Tanzania : Bane bo mu mutwe urwanya leta y’u Burundi baguwe gitumo

Ubwanditsi 24 Oct 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Macron muri UN ati: Jenosides, France, amakosa, ibibi byinshi, uruhare…
ITOHOZA

Macron muri UN ati: Jenosides, France, amakosa, ibibi byinshi, uruhare…

Ubwanditsi 28 Sep 2018
Ibihugu 6 byasezerewe mu gikombe cya Afurika 2022 birimo Algérie na Ghana, uko amakipe yakomeje muri 1/8 ndetse n’uko azahura
Amakuru

Ibihugu 6 byasezerewe mu gikombe cya Afurika 2022 birimo Algérie na Ghana, uko amakipe yakomeje muri 1/8 ndetse n’uko azahura

Ubwanditsi 21 Jan 2022
INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA  GUHINDUZA AMAZINA
Amakuru

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Ubwanditsi 08 Dec 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru