• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Ishyaka PL rirashishikariza abayoboke bayo babyifuza gutanga kandidatire zabo mu matora y’Abadepite .

Ishyaka PL rirashishikariza abayoboke bayo babyifuza gutanga kandidatire zabo mu matora y’Abadepite .

Ubwanditsi 11 Jun 2018 POLITIKI

Ku itariki ya 10 Kamena 2018, abagize Inama y’Igihugu y’Ishyaka Riharanira Ukwishyira Ukizana kwa Buri Muntu/PL bakoze inama yayobowe na Perezida w’Ishyaka PL, MUKABALISA Donatille. Atangiza inama, Perezida w’Ishyaka PL yavuze ku matora y’Abadepite ateganyijwe mu ntangiriro z’ukwezi kwa Nzeri 2018 aho yagaragaje ko imyiteguro yayo ikomeje kandi ko abari mu nzego z’ubuyobozi za PL babimenyeshejwe kugira ngo abayoboke ba PL babyifuza bazatange kandidatire zabo muri ayo matora.

Yagaragaje ko Ishyaka PL ryateguye amabwiriza yerekeye ishyirwaho ry’urutonde rw’abakandida mu matora akaba yaremejwe na Komite Nyobozi y’Ishyaka PL yasabye ko agezwa ku bayoboke ba PL kugira ngo bamenye ibishingirwaho mu kujya ku rutonde rw’abakandida. Izindi ngingo Perezida w’Ishyaka PL yagarutseho ni izari kuri gahunda y’inama zijyanye n’imirongo migari ya gahunda ya Politiki y’Ishyaka PL y’imyaka itanu (2018-2023) n’ikiganiro ku “ruhare rw’umuturage mu miyoborere myiza”.

Yagaragaje ko Ishyaka PL ryateguye politiki rizagenderaho kugeza mu 2023 asaba ko bayinoza kuko ariyo izashingirwaho ibikorwa by’Ishyaka PL mu gihe cy’imyaka itanu iri imbere. Yagaragaje ko ikiganiro ku bijyanye n’imiyoborere cyateguwe kugira ngo abayobozi ba PL barusheho bo ubwabo n’abo bahagarariye kugira uruhare muri gahunda z’Igihugu, bakazigira izabo, ari na byo bituma bagira uruhare rufatika mu itegurwa, ishyirwa mu bikorwa n’isuzuma ry’izo gahunda.

Ikiganiro ku ruhare rw’umuturage mu miyoborere myiza cyatanzwe na Dr Usta KAITESI, Umuyobozi Wungirije w’Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB) wagaragaje ko imiyoborere myiza ishingira ku guha agaciro umuturage kandi ko iterambere ry’Igihugu ariwe rigomba gushingiraho. Yagaragaje ko Leta y’u Rwanda yashyizeho politiki n’ingamba bigamije guteza imbere imiyoborere myiza no gufasha umuturage kugira uruhare mu bimukorerwa.

Yasabye abayoboke ba PL gushyira imbere indangagaciro z’umuco nyarwanda, gukunda Igihugu bitabira gahunda za Leta, kurangwa n’ubwangamugayo, guharanira guhindura imibereho y’Abanyarwanda bafashwa guhindura imyumvire kuri bimwe mu bidindiza imibereho yabo, kubatoza kugira uruhare mu kwikemurira ibibazo no guharanira ubumwe bwabo.

Abagize Inama y’Igihugu y’Ishyaka Riharanira ukwishyira ukizana kwa Buri Muntu/PL bagejejweho imirongo migari ya gahunda ya Politiki y’Ishyaka y’imyaka itanu (2018-2023) yubakiye ku ngingo zirimo imiyoborere myiza ijyanye no gutanga serivisi nziza, umutekano n’ubusugire bw’Igihugu, ububanyi n’amahanga, guteza imbere ubukungu harimo guteza imbere ubuhinzi n’ubworozi, ubucuruzi n’inganda, ibikorwa remezo, ingufu, amazi n’itumanaho, uburenganzira bwa muntu n’ubutabera, imibereho myiza y’abaturage hibandwa ku buzima, uburezi, umurimo, ubwiteganyirize, urubyiruko, Umuco na Siporo, uburinganire n’ubwuzuzanye hagati  y’umugore n’umugabo, kurengera ibidukikije, ubushakashatsi n’ikoranabuhanga (ICT).

Abagize Inama y’Igihugu y’Ishyaka Riharanira ukwishyira ukizana kwa Buri Muntu/PL basoje inama y’Inama y’Igihugu biyemeje gukomeza kugira uruhare rugaragara mu ishyirwa mu bikorwa rya gahunda zose zigamije iterambere ry’Igihugu.

Bikorewe i Kigali, kuwa 10 Kamena 2018.

MUKABALISA Donatille

Perezida w’Ishyaka PL

 

2018-06-11
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

AU yemeje gukosora inyito yakoreshaga kuri Jenoside yakorewe Abatutsi

AU yemeje gukosora inyito yakoreshaga kuri Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 03 Jul 2018
Abarokotse ibitero by’Interahamwe Muhayimana uri kuburanira i Paris batanze ubuhamya

Abarokotse ibitero by’Interahamwe Muhayimana uri kuburanira i Paris batanze ubuhamya

RUSHYASHYA 16 Feb 2026
Perezida Kagame yagizwe umuturage w’icyubahiro wa Abidjan

Perezida Kagame yagizwe umuturage w’icyubahiro wa Abidjan

Ubwanditsi 20 Dec 2018
Museveni akomeje kubeshya ku mvano y’ikibazo hagati y’u Rwanda na Uganda

Museveni akomeje kubeshya ku mvano y’ikibazo hagati y’u Rwanda na Uganda

Ubwanditsi 24 Feb 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amahirwe yihariye ku bifuza gutunga inzu muri Vision City
UBUKUNGU

Amahirwe yihariye ku bifuza gutunga inzu muri Vision City

Ubwanditsi 12 Dec 2018
Igisebo kuri Kiliziya Gatolika yo mu Bubiligi: Ba babikira b’abajenosideri basubiye mu mirimo yabo, ubu baryohewe n’ubuzima nk’aho abo bishe nta gaciro bari bafite
Amakuru

Igisebo kuri Kiliziya Gatolika yo mu Bubiligi: Ba babikira b’abajenosideri basubiye mu mirimo yabo, ubu baryohewe n’ubuzima nk’aho abo bishe nta gaciro bari bafite

Ubwanditsi 06 Jan 2022
Abasirikari 5 ba Uganda bakatiwe ibihano birimo n’urupfu, kubera kwica abaturange b’abasivili muri Somaliya
Amakuru

Abasirikari 5 ba Uganda bakatiwe ibihano birimo n’urupfu, kubera kwica abaturange b’abasivili muri Somaliya

Ubwanditsi 14 Nov 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru