• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Dore inzira Tour du Rwanda 2017 izanyuramo

Dore inzira Tour du Rwanda 2017 izanyuramo

Ubwanditsi 16 Jun 2017 Mu Rwanda

Tariki 12-11-2017: Prologue: Kigali-Kigali (3,3 km)
Tariki 13-11-2017: Kigali-Huye (120,3 km)
Tariki 14-11-2017: Nyanza-Rubavu (180 km)
Tariki 15-11-2017:Rubavu-Musanze (95km)
Tariki 16-11-2017: Musanze- Nyamata (121 km)
Tariki 17-11-2017: Nyamata-Rwamagana (93.1 km)
Tariki 18-11-2017: Kayonza-Kigali (86.3 km)
Tariki 19-11-2017: Kigali-Kigali (120 km)

-6993.jpg

-6992.jpg
Isiganwa mpuzamahanga ry’amagare rimaze kumenyerwa mu Rwanda rigiye kuba ku nshuro 9 “Tour du Rwanda 2017” rizatangira tariki 12 risozwe 19 Ugushyingo 2017.

Ejo hashize tariki 14 Kamena 2017, ishyirahamwe ry’umukino wo gusiganwa ku magare mu Rwanda “FERWACY” ryashyize ahagaragara inzira Tour du Rwanda 2017 izanyuramo.

Ugereranyije n’imyaka yatambutse hari impinduka zabaye kuko mu ntera 7 ziteganyijwe ebyiri gusa ni zo zari zisanzwe naho izindi zose ni nshya ndetse hari n’ibice bimwe na bimwe bizasorezwamo ndetse bikanatangirirwamo iri siganwa bwa mbere, hari n’intera ya kabiri izava i Nyanza igasoreza Rubavu ari nayo izaba ari ndende muri zose (180 km).

Hari kandi intera ya 4 izava i Musanze isorezwe i Nyamata muri Bugesera iciye mu mujyi wa Kigali. Ni ubwa mbere aha hazaba hasorejwe. Intera ya 5 izatangirira i Nyamata izasorezwa i Rwamagana nyuma intera ya 6 ive i Kayonza isorezwe i Kigali.

Perezida wa FERWACY, Bayingana Aimable yatangaje ko uyu mwaka habayeho guhindura ibyekerezo mu rwego rwo kwegera abakunzi b’uyu mukino kuko hari aho bazasoreza bajyaga banyura bihitira gusa cyangwa se bakahatangirira.

Yagarutse ku bice bitagarutsemo byakoreshejwe umwaka ushize wa 2016 nka Karongi-Rusizi ndetse na Rusizi-Huye.

Ati “Ni ukugenda duhindura, umwaka utaha umuhanda wa Karongi-Rubavu uzaba waruzuye tugomba kuwutaha”. Ibi bivuze ko hari ahandi bazerekeza.

Umwe mu mpuguke zitegura Tour du Rwanda 2017, Olivier Grandjean yatangaje ko iri siganwa rizaba ririmo intera ngufi ariko zikomeye.

Tour du Rwanda 2017 nk’uko bisanzwe yatewe inkunga na Minisiteri y’Umuco na Siporo “MINISPOC” izahemba uwa mbere, Skol ihembe uwegukanye intera, COGEBANQUE ihembe uwarushije abandi kuzamuka, Rwandair ihembe umunyafurika witwaye neza naho RDB izajya ihemba umunyarwanda witwaye neza, hari n’abandi baterankunga nka SP, Ameki Color, Radiant, Inyange, Seba-med n’abandi.

Tour du Rwanda 2016 yegukanwe na Ndayisenga Valens wakoze amateka dore ko ari inshuro ya kabiri yegukanye iri rushanwa kuko yaryegukanye muri 2014 kuva ribaye mpuzamahanga muri 2009.

-6991.jpg

Perezida wa FERWACY, Bayingana Aimable utangaza ko buri mwaka bagenda bahidura aho Tour du Rwanda yerekeza

2017-06-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Museveni yishimiye kuburyo bukomeye Charly na Nina arabaramutsa mu bukwe abaha na envelope

Museveni yishimiye kuburyo bukomeye Charly na Nina arabaramutsa mu bukwe abaha na envelope

Ubwanditsi 03 Sep 2017
Abarundi basaga 40 bakekwaho ibikorwa by’ubutasi birukanwe mu Rwanda

Abarundi basaga 40 bakekwaho ibikorwa by’ubutasi birukanwe mu Rwanda

Ubwanditsi 21 Aug 2017
Kigali: Ubutinganyi bwafashe indi ntera

Kigali: Ubutinganyi bwafashe indi ntera

Ubwanditsi 17 Mar 2017
Ntacyasaza Turahirwa Moses cyatuma Urumogi Rumushora mu Kiguri cy’Urwango

Ntacyasaza Turahirwa Moses cyatuma Urumogi Rumushora mu Kiguri cy’Urwango

Ubwanditsi 06 May 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Afunzwe azira kubuza umugore we kujya kwibuka
Mu Mahanga

Afunzwe azira kubuza umugore we kujya kwibuka

Ubwanditsi 12 Apr 2016
Minisiteri ya siporo yahagaritse amatora yagombaga kuvamo uzayobora ishyirahamwe ry’umukino w’intoki wa Volley Ball, basabwa gushyiraho amategeko ayagenga
Amakuru

Minisiteri ya siporo yahagaritse amatora yagombaga kuvamo uzayobora ishyirahamwe ry’umukino w’intoki wa Volley Ball, basabwa gushyiraho amategeko ayagenga

Ubwanditsi 26 Mar 2021
Rudasingwa, asubiza ibaruwa ya Museveni mu ruhe rwego ?
INKURU NYAMUKURU

Rudasingwa, asubiza ibaruwa ya Museveni mu ruhe rwego ?

Ubwanditsi 19 Dec 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru