• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Dore inzira Tour du Rwanda 2017 izanyuramo

Dore inzira Tour du Rwanda 2017 izanyuramo

Ubwanditsi 16 Jun 2017 Mu Rwanda

Tariki 12-11-2017: Prologue: Kigali-Kigali (3,3 km)
Tariki 13-11-2017: Kigali-Huye (120,3 km)
Tariki 14-11-2017: Nyanza-Rubavu (180 km)
Tariki 15-11-2017:Rubavu-Musanze (95km)
Tariki 16-11-2017: Musanze- Nyamata (121 km)
Tariki 17-11-2017: Nyamata-Rwamagana (93.1 km)
Tariki 18-11-2017: Kayonza-Kigali (86.3 km)
Tariki 19-11-2017: Kigali-Kigali (120 km)

-6993.jpg

-6992.jpg
Isiganwa mpuzamahanga ry’amagare rimaze kumenyerwa mu Rwanda rigiye kuba ku nshuro 9 “Tour du Rwanda 2017” rizatangira tariki 12 risozwe 19 Ugushyingo 2017.

Ejo hashize tariki 14 Kamena 2017, ishyirahamwe ry’umukino wo gusiganwa ku magare mu Rwanda “FERWACY” ryashyize ahagaragara inzira Tour du Rwanda 2017 izanyuramo.

Ugereranyije n’imyaka yatambutse hari impinduka zabaye kuko mu ntera 7 ziteganyijwe ebyiri gusa ni zo zari zisanzwe naho izindi zose ni nshya ndetse hari n’ibice bimwe na bimwe bizasorezwamo ndetse bikanatangirirwamo iri siganwa bwa mbere, hari n’intera ya kabiri izava i Nyanza igasoreza Rubavu ari nayo izaba ari ndende muri zose (180 km).

Hari kandi intera ya 4 izava i Musanze isorezwe i Nyamata muri Bugesera iciye mu mujyi wa Kigali. Ni ubwa mbere aha hazaba hasorejwe. Intera ya 5 izatangirira i Nyamata izasorezwa i Rwamagana nyuma intera ya 6 ive i Kayonza isorezwe i Kigali.

Perezida wa FERWACY, Bayingana Aimable yatangaje ko uyu mwaka habayeho guhindura ibyekerezo mu rwego rwo kwegera abakunzi b’uyu mukino kuko hari aho bazasoreza bajyaga banyura bihitira gusa cyangwa se bakahatangirira.

Yagarutse ku bice bitagarutsemo byakoreshejwe umwaka ushize wa 2016 nka Karongi-Rusizi ndetse na Rusizi-Huye.

Ati “Ni ukugenda duhindura, umwaka utaha umuhanda wa Karongi-Rubavu uzaba waruzuye tugomba kuwutaha”. Ibi bivuze ko hari ahandi bazerekeza.

Umwe mu mpuguke zitegura Tour du Rwanda 2017, Olivier Grandjean yatangaje ko iri siganwa rizaba ririmo intera ngufi ariko zikomeye.

Tour du Rwanda 2017 nk’uko bisanzwe yatewe inkunga na Minisiteri y’Umuco na Siporo “MINISPOC” izahemba uwa mbere, Skol ihembe uwegukanye intera, COGEBANQUE ihembe uwarushije abandi kuzamuka, Rwandair ihembe umunyafurika witwaye neza naho RDB izajya ihemba umunyarwanda witwaye neza, hari n’abandi baterankunga nka SP, Ameki Color, Radiant, Inyange, Seba-med n’abandi.

Tour du Rwanda 2016 yegukanwe na Ndayisenga Valens wakoze amateka dore ko ari inshuro ya kabiri yegukanye iri rushanwa kuko yaryegukanye muri 2014 kuva ribaye mpuzamahanga muri 2009.

-6991.jpg

Perezida wa FERWACY, Bayingana Aimable utangaza ko buri mwaka bagenda bahidura aho Tour du Rwanda yerekeza

2017-06-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abari abayobozi ba ADEPR gufungurwa uruhongohongo

Abari abayobozi ba ADEPR gufungurwa uruhongohongo

Ubwanditsi 22 Sep 2017
Polisi y’ u Rwanda yagaragaje uko umutekano waraye wifashe mu gihugu

Polisi y’ u Rwanda yagaragaje uko umutekano waraye wifashe mu gihugu

Ubwanditsi 25 Dec 2017
RwandAir yatangije urugendo rwa mbere i Burayi ihereye mu Bwongereza

RwandAir yatangije urugendo rwa mbere i Burayi ihereye mu Bwongereza

Ubwanditsi 26 May 2017
Patmos izakugeza hose no mu ijuru rya Yesu -Prophet Bosco

Patmos izakugeza hose no mu ijuru rya Yesu -Prophet Bosco

Ubwanditsi 15 May 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

MISS RWANDA 2018: Ibiciro byo kwinjira mu birori byo gutora Nyampinga w’u Rwanda 2018 byamenyekanye
SHOWBIZ

MISS RWANDA 2018: Ibiciro byo kwinjira mu birori byo gutora Nyampinga w’u Rwanda 2018 byamenyekanye

Ubwanditsi 09 Feb 2018
Umuhanzi Bruce Melodie yagize icyo avuga ku majwi ye yasohotse avuga ko yaba yarihenuye ku bahanzi bagenzi be barimo The Ben na Meddy ngo baba bariswe abanebwe
Amakuru

Umuhanzi Bruce Melodie yagize icyo avuga ku majwi ye yasohotse avuga ko yaba yarihenuye ku bahanzi bagenzi be barimo The Ben na Meddy ngo baba bariswe abanebwe

Ubwanditsi 24 Mar 2021
Uko Venuste Nshimiyimana wa BBC, Yasabye Habyarimana Gukwiza Interahamwe na CDR mu Rwanda
INKURU NYAMUKURU

Uko Venuste Nshimiyimana wa BBC, Yasabye Habyarimana Gukwiza Interahamwe na CDR mu Rwanda

Ubwanditsi 02 Nov 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru