• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Dore inzira Tour du Rwanda 2017 izanyuramo

Dore inzira Tour du Rwanda 2017 izanyuramo

Ubwanditsi 16 Jun 2017 Mu Rwanda

Tariki 12-11-2017: Prologue: Kigali-Kigali (3,3 km)
Tariki 13-11-2017: Kigali-Huye (120,3 km)
Tariki 14-11-2017: Nyanza-Rubavu (180 km)
Tariki 15-11-2017:Rubavu-Musanze (95km)
Tariki 16-11-2017: Musanze- Nyamata (121 km)
Tariki 17-11-2017: Nyamata-Rwamagana (93.1 km)
Tariki 18-11-2017: Kayonza-Kigali (86.3 km)
Tariki 19-11-2017: Kigali-Kigali (120 km)

-6993.jpg

-6992.jpg
Isiganwa mpuzamahanga ry’amagare rimaze kumenyerwa mu Rwanda rigiye kuba ku nshuro 9 “Tour du Rwanda 2017” rizatangira tariki 12 risozwe 19 Ugushyingo 2017.

Ejo hashize tariki 14 Kamena 2017, ishyirahamwe ry’umukino wo gusiganwa ku magare mu Rwanda “FERWACY” ryashyize ahagaragara inzira Tour du Rwanda 2017 izanyuramo.

Ugereranyije n’imyaka yatambutse hari impinduka zabaye kuko mu ntera 7 ziteganyijwe ebyiri gusa ni zo zari zisanzwe naho izindi zose ni nshya ndetse hari n’ibice bimwe na bimwe bizasorezwamo ndetse bikanatangirirwamo iri siganwa bwa mbere, hari n’intera ya kabiri izava i Nyanza igasoreza Rubavu ari nayo izaba ari ndende muri zose (180 km).

Hari kandi intera ya 4 izava i Musanze isorezwe i Nyamata muri Bugesera iciye mu mujyi wa Kigali. Ni ubwa mbere aha hazaba hasorejwe. Intera ya 5 izatangirira i Nyamata izasorezwa i Rwamagana nyuma intera ya 6 ive i Kayonza isorezwe i Kigali.

Perezida wa FERWACY, Bayingana Aimable yatangaje ko uyu mwaka habayeho guhindura ibyekerezo mu rwego rwo kwegera abakunzi b’uyu mukino kuko hari aho bazasoreza bajyaga banyura bihitira gusa cyangwa se bakahatangirira.

Yagarutse ku bice bitagarutsemo byakoreshejwe umwaka ushize wa 2016 nka Karongi-Rusizi ndetse na Rusizi-Huye.

Ati “Ni ukugenda duhindura, umwaka utaha umuhanda wa Karongi-Rubavu uzaba waruzuye tugomba kuwutaha”. Ibi bivuze ko hari ahandi bazerekeza.

Umwe mu mpuguke zitegura Tour du Rwanda 2017, Olivier Grandjean yatangaje ko iri siganwa rizaba ririmo intera ngufi ariko zikomeye.

Tour du Rwanda 2017 nk’uko bisanzwe yatewe inkunga na Minisiteri y’Umuco na Siporo “MINISPOC” izahemba uwa mbere, Skol ihembe uwegukanye intera, COGEBANQUE ihembe uwarushije abandi kuzamuka, Rwandair ihembe umunyafurika witwaye neza naho RDB izajya ihemba umunyarwanda witwaye neza, hari n’abandi baterankunga nka SP, Ameki Color, Radiant, Inyange, Seba-med n’abandi.

Tour du Rwanda 2016 yegukanwe na Ndayisenga Valens wakoze amateka dore ko ari inshuro ya kabiri yegukanye iri rushanwa kuko yaryegukanye muri 2014 kuva ribaye mpuzamahanga muri 2009.

-6991.jpg

Perezida wa FERWACY, Bayingana Aimable utangaza ko buri mwaka bagenda bahidura aho Tour du Rwanda yerekeza

2017-06-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Nyuma yo gusezerera Sudani y’Amajyepfo kuri mpaga, Amavubi y’abagore batarengeje imyaka 20 iritegura gukina na Ethiopia mu ijonjora rya 2 mu gushaka itike y’Igikombe cy’isi kizabera muri Costa Rica 2022

Ubwanditsi 22 Sep 2021
Muri Tanzania ejo hashobora kumeneka amaraso

Muri Tanzania ejo hashobora kumeneka amaraso

Ubwanditsi 01 Sep 2016
Minisiteri ya Siporo yagaragaje amabwiriza mashya yemerera shampiyona y’u Rwanda gusubukurwa

Minisiteri ya Siporo yagaragaje amabwiriza mashya yemerera shampiyona y’u Rwanda gusubukurwa

Ubwanditsi 08 Jan 2022
Ikipe ya Mukura VS yahagaritse abakinnyi batanu bakekwaho imyitwarire itari myiza inabasaba kuva mu mwiherero wayo.

Ikipe ya Mukura VS yahagaritse abakinnyi batanu bakekwaho imyitwarire itari myiza inabasaba kuva mu mwiherero wayo.

Ubwanditsi 16 May 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Tour du Rwanda: Areruya Joseph yegukanye agace ka Rusizi-Huye
IMIKINO

Tour du Rwanda: Areruya Joseph yegukanye agace ka Rusizi-Huye

Ubwanditsi 17 Nov 2016
Minisitiri Kaboneka arahamagarira urubyiruko kwiminjiramo agafu mu kurwanya ibyaha
Mu Mahanga

Minisitiri Kaboneka arahamagarira urubyiruko kwiminjiramo agafu mu kurwanya ibyaha

Ubwanditsi 17 Sep 2016
FDLR n’uwayiha Akarere ntacyo yakwimarira, icyo ishoboye ni ugucukura amajeri- Gen Kabarebe
POLITIKI

FDLR n’uwayiha Akarere ntacyo yakwimarira, icyo ishoboye ni ugucukura amajeri- Gen Kabarebe

Ubwanditsi 10 Apr 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru