• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yakurikiye umukino wa UEFA Super Cup wahuje amakipe ya PSG na Aston Villa yamamaza u Rwanda   |   12 Aug 2026

  • Myugariro Imanishimwe Emmanuel watandukanye na AEL Limassol yo muri Chypre yerekeje mu ikipe ya Chennaiyin FC yo mu Buhinde   |   11 Aug 2026

  • Rayon Sports yaguze myugariro w’Umunya-Côte d’Ivoire, Mohamed Ouattara wakiniye Wydad Casablanca, Simba SC na Al Hilal   |   10 Aug 2026

  • Kuki Jean Bosco Gasasira yapfuye umuryango we ukabimenya nyuma y’icyumweru?     |   09 Aug 2026

  • Inganda z’inzoga zitujuje ubuziranenge nk’Ibyuma zarimo ibibazo byinshi bigira ingaruka ku buzima bw’abaturage   |   09 Aug 2026

  • AMAFOTO: Amateka aranditswe, bisabye imyaka 28 ngo Rayon Sports itware CECAFA Kagame Cup ya kabiri mu mateka yayo   |   07 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Abarundi basaga 40 bakekwaho ibikorwa by’ubutasi birukanwe mu Rwanda

Abarundi basaga 40 bakekwaho ibikorwa by’ubutasi birukanwe mu Rwanda

Ubwanditsi 21 Aug 2017 Mu Rwanda

Abarundi bagera kuri 47 babaga mu Rwanda kuri uyu wa Gatandatu ushize nimugoroba , bageze mu gihugu cyabo nyuma yo kwirukanwa mu Rwanda bakekwaho ibikorwa by’ubutasi.

Aba Barundi bakiriwe ku mupaka n’ukuriye igipolisi mu Ntara ya Kirundo, batangaje ko birukanwe n’ubuyobozi bw’u Rwanda bazira gukekwaho ibikorwa by’ubutasi.

Umwe mu birukanwe wavuganye na Ijwi rya Amerika dukesha iyi nkuru, yavuze ko bari bafungiye aho bita kuri transit ku mupaka w’u Rwanda na Tanzania, aho bari bamaze amezi abiri. Aba bakaba bashinjwaga kuba Imbonerakure zoherejwe kuneka mu Rwanda nk’uko bavuga.

Undi uvuga ko yageze mu Rwanda mu 2000, akomeza avuga ko yafashwe muri kamena yagiye gusora ku murenge, bamujyana ku Karere ka Kirehe, aho yakuwe na bagenzi be bajyanwa kuri transit.

Yagize ati: “Ejo bundi mu kwezi kwa gatandatu kuri 14 nagize gutya baramfata nagiye gusora ku murenge aho bita kuri Rwanda Revenue mbona bantwaye ku karere kaho ka Kirehe, ngezeyo bahita bampakira imodoka bavuga ko banjyanye aho bita kuri transit, bahita bazana abandi barundi baravuga ngo turi Imbonerakure..niba turi mu cyaro cy’u Rwanda tudafite ibyangombwa bigaragaza ko turi impunzi, ubwo turi Imbonerakure”.

Aba Barundi bavuga ko bakoraga utuzi dutandukanye mu Rwanda ndetse bamwe bakavuga ko bari bamaze kwiteza imbere, ngo basubiye iwabo ntacyo batahanye.

Si ubwa mbere ibihugu byombi, u Rwanda n’u Burundi byaba bisabye gusubira iwabo abaturage ba kimwe muri ibi bihugu baba mu kindi nta byangombwa bibibemerera bafite, kuko no mu mpera z’umwaka ushize, u Burundi bwirukanye Abanyarwanda 6 babaga muri iki gihugu bazira kuhaba nta byangombwa bibemerara bafite.

Ni nyuma y’aho muri 2014 nabwo u Burundi bwari bwirukanye abandi Banyarwanda 35 mu gihe hari abandi 8 bafungiwe muri Gereza ya Mpimba, aho nabwo Leta y’iki gihugu yavugaga ko badafite ibyangombwa byo kuba mu Burundi.

-7684.jpg

Usibye aba Barundi baherutse kwirukanwa, Ijwi rya Amerika rikomeza rivuga ko hari abandi bari bafatanywe nabo ariko bagasanga bafite ibyangombwa by’impunzi bagasubizwa mu nkambi ya Mahama.

Aba barundi birukanwe mu Rwanda kubera kutagira ibyangombwa bakekwaho kuba intasi birukanwe bakurikira abandi basaga 90 birukanwe muri kamena nyuma yo gusanga na bo nta byangombwa bibemerera kuba mu Rwanda bari bafite.

2017-08-21
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

“Ndaburira abemera gushukwa n’ibisambo nka Kayumba Nyamwasa, bakajya mu mitwe y’iterabwoba itazagira icyo ibagezaho”.-Umucuruzi Ndagijimana Benjamin

“Ndaburira abemera gushukwa n’ibisambo nka Kayumba Nyamwasa, bakajya mu mitwe y’iterabwoba itazagira icyo ibagezaho”.-Umucuruzi Ndagijimana Benjamin

Ubwanditsi 11 Jan 2022
CNLG irashima u Budage bwohereje Twagiramungu mu Rwanda

CNLG irashima u Budage bwohereje Twagiramungu mu Rwanda

Ubwanditsi 22 Aug 2017
John Mirenge wahoze ayobora RwandAir asigaye ayobora Prime Insurance Ltd

John Mirenge wahoze ayobora RwandAir asigaye ayobora Prime Insurance Ltd

Ubwanditsi 19 Sep 2017
Kenya : Umunyamerika n’Umunyacanada bagiye guhambirizwa kubera amatora

Kenya : Umunyamerika n’Umunyacanada bagiye guhambirizwa kubera amatora

Ubwanditsi 06 Aug 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

“Bwiza bwirabura” indirimbo nshya ya Nick Dimpoz wo muri City Maid
SHOWBIZ

“Bwiza bwirabura” indirimbo nshya ya Nick Dimpoz wo muri City Maid

Ubwanditsi 14 May 2018
Ikipe z’igihugu mu mukino wa Sitting Volleyball abagabo n’abagore zageze muri Bosnia  & Herzegovina aho bagiye gukina shampiyona y’Isi
Amakuru

Ikipe z’igihugu mu mukino wa Sitting Volleyball abagabo n’abagore zageze muri Bosnia & Herzegovina aho bagiye gukina shampiyona y’Isi

Ubwanditsi 02 Nov 2022
Guverinoma mu ihurizo ryo kwishyura miliyari 11 Frw y’inyongeramusaruro yaburiwe irengero
UBUKUNGU

Guverinoma mu ihurizo ryo kwishyura miliyari 11 Frw y’inyongeramusaruro yaburiwe irengero

Ubwanditsi 08 Jan 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru