• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Abarundi basaga 40 bakekwaho ibikorwa by’ubutasi birukanwe mu Rwanda

Abarundi basaga 40 bakekwaho ibikorwa by’ubutasi birukanwe mu Rwanda

Ubwanditsi 21 Aug 2017 Mu Rwanda

Abarundi bagera kuri 47 babaga mu Rwanda kuri uyu wa Gatandatu ushize nimugoroba , bageze mu gihugu cyabo nyuma yo kwirukanwa mu Rwanda bakekwaho ibikorwa by’ubutasi.

Aba Barundi bakiriwe ku mupaka n’ukuriye igipolisi mu Ntara ya Kirundo, batangaje ko birukanwe n’ubuyobozi bw’u Rwanda bazira gukekwaho ibikorwa by’ubutasi.

Umwe mu birukanwe wavuganye na Ijwi rya Amerika dukesha iyi nkuru, yavuze ko bari bafungiye aho bita kuri transit ku mupaka w’u Rwanda na Tanzania, aho bari bamaze amezi abiri. Aba bakaba bashinjwaga kuba Imbonerakure zoherejwe kuneka mu Rwanda nk’uko bavuga.

Undi uvuga ko yageze mu Rwanda mu 2000, akomeza avuga ko yafashwe muri kamena yagiye gusora ku murenge, bamujyana ku Karere ka Kirehe, aho yakuwe na bagenzi be bajyanwa kuri transit.

Yagize ati: “Ejo bundi mu kwezi kwa gatandatu kuri 14 nagize gutya baramfata nagiye gusora ku murenge aho bita kuri Rwanda Revenue mbona bantwaye ku karere kaho ka Kirehe, ngezeyo bahita bampakira imodoka bavuga ko banjyanye aho bita kuri transit, bahita bazana abandi barundi baravuga ngo turi Imbonerakure..niba turi mu cyaro cy’u Rwanda tudafite ibyangombwa bigaragaza ko turi impunzi, ubwo turi Imbonerakure”.

Aba Barundi bavuga ko bakoraga utuzi dutandukanye mu Rwanda ndetse bamwe bakavuga ko bari bamaze kwiteza imbere, ngo basubiye iwabo ntacyo batahanye.

Si ubwa mbere ibihugu byombi, u Rwanda n’u Burundi byaba bisabye gusubira iwabo abaturage ba kimwe muri ibi bihugu baba mu kindi nta byangombwa bibibemerera bafite, kuko no mu mpera z’umwaka ushize, u Burundi bwirukanye Abanyarwanda 6 babaga muri iki gihugu bazira kuhaba nta byangombwa bibemerara bafite.

Ni nyuma y’aho muri 2014 nabwo u Burundi bwari bwirukanye abandi Banyarwanda 35 mu gihe hari abandi 8 bafungiwe muri Gereza ya Mpimba, aho nabwo Leta y’iki gihugu yavugaga ko badafite ibyangombwa byo kuba mu Burundi.

-7684.jpg

Usibye aba Barundi baherutse kwirukanwa, Ijwi rya Amerika rikomeza rivuga ko hari abandi bari bafatanywe nabo ariko bagasanga bafite ibyangombwa by’impunzi bagasubizwa mu nkambi ya Mahama.

Aba barundi birukanwe mu Rwanda kubera kutagira ibyangombwa bakekwaho kuba intasi birukanwe bakurikira abandi basaga 90 birukanwe muri kamena nyuma yo gusanga na bo nta byangombwa bibemerera kuba mu Rwanda bari bafite.

2017-08-21
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Urubyiruko rwungukiye byinshi mu musaruro w’imiyoborere myiza

Urubyiruko rwungukiye byinshi mu musaruro w’imiyoborere myiza

Ubwanditsi 24 Aug 2023
U Rwanda rwifatanyije na Afurika mu kwizihiza umunsi wo kwibohora kwayo

U Rwanda rwifatanyije na Afurika mu kwizihiza umunsi wo kwibohora kwayo

Ubwanditsi 26 May 2017
Rayon Sports, APR FC na Police FC mu makipe yitwaye neza mu mikino ibanza ya 1/4 y’igikombe cy’Amahoro

Rayon Sports, APR FC na Police FC mu makipe yitwaye neza mu mikino ibanza ya 1/4 y’igikombe cy’Amahoro

Ubwanditsi 28 Apr 2022
Polisi yafashe  abantu 2 bakekwaho gucuruza ibiyobyabwenge

Polisi yafashe abantu 2 bakekwaho gucuruza ibiyobyabwenge

Ubwanditsi 18 Apr 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uko Uganda yahisemo gukemurira ibibazo by’igihugu mu itangazamakuru ry’icengezamatwara
INKURU NYAMUKURU

Uko Uganda yahisemo gukemurira ibibazo by’igihugu mu itangazamakuru ry’icengezamatwara

Ubwanditsi 24 Oct 2019
Habura iminsi 3 ngo shampiyona irangire, Al Hilal yegukanye igikombe cy’icyubahiro cya BK Pro League 2025-2026
Amakuru

Habura iminsi 3 ngo shampiyona irangire, Al Hilal yegukanye igikombe cy’icyubahiro cya BK Pro League 2025-2026

RUSHYASHYA 13 May 2026
Murasabwa kongera ubushake mu gukumira ibyaha , icyerekezo cyo kirahari-Minisitiri Kaboneka
Mu Rwanda

Murasabwa kongera ubushake mu gukumira ibyaha , icyerekezo cyo kirahari-Minisitiri Kaboneka

Ubwanditsi 04 Dec 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru