• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Abakinnyi 19 muri 28 bahamagawe n’umutoza Stephen Constantine witegura gukina na Liberia na Cap-Vert, bakina hanze y’u Rwanda   |   09 Sep 2026

  • Irabu: Ibigarahamwe mwitege iyi nkota ya menge ivuye muri Oman nimukoronge ariko nimurenga wa murongo izabarya   |   09 Sep 2026

  • Cricket: U Rwanda rwitwaye neza mu mukino ufungura irushanwa rya ILT20 Continent Cup 2026   |   08 Sep 2026

  • Byatsi Baker yongeye kwikirigita araseka, mu mugambi we wa mpemuke ndamuke akomeje wo kwambara urubwa rwo gusebya u Rwanda rwabyaye Nyina   |   08 Sep 2026

  • Cassa Mbungo yahamagaye ikipe y’igihugu y’u Rwanda U20, banatangira imyitozo yitegura imikino ya CECAFA izabera muri Tanzania   |   08 Sep 2026

  • Patrice Evra wakiniye Manchester United n’ikipe y’igihugu y’u Bufaransa, uri mu Rwanda yashimye intambwe y’u Rwanda nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi   |   03 Sep 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Uko Uganda yahisemo gukemurira ibibazo by’igihugu mu itangazamakuru ry’icengezamatwara

Uko Uganda yahisemo gukemurira ibibazo by’igihugu mu itangazamakuru ry’icengezamatwara

Ubwanditsi 24 Oct 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibaruwa Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga wa Uganda yandikiye mugenzi we w’u Rwanda, yo kwigiza inyuma ubutumire bw’inama ya kabiri y’ibiganiro bigamije kuzahura umubano w’ibihugu byombi, yateje ikibazo hibazwa niba Uganda irimo gukora dipolomasi ibinyujije ku mbuga za internet zimenyerewe mu gukwirakwiza ibihuha.

Ibi bikurikiye ibaruwa yashyizwe hanze n’ikinyamakuru Chimpreports, kimwe mu bikoreshwa n’urwego rw’ubutasi bwa Uganda, mbere yuko igera ku bayobozi b’u Rwanda.

Kuwa Gatandatu w’icyumweru gishize tariki 20 Ukwakira, Chimpreports imenyerewe mu gukwirakwiza icengezamatwara rirwanya u Rwanda, yanditse ko ‘Uganda yatumiye Guverinoma y’u Rwanda mu biganiro i Kampala’.

Uru rubuga rwa internet rwanatangaje itariki ruvuga ko Uganda yagennye ko ibiganiro bizaba kuwa 13 Ugushyingo 2019.

Umunsi wakurikiyeho ariko Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’amahanga y’u Rwanda, ushinzwe Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC), Olivier Nduhungirehe, yabiteye utwatsi.

Yanditse kuri Twitter ati “Biratangaje kumenyera ibi mu binyamakuru byo muri Uganda. Ntabwo u Rwanda rwigeze ruganirizwa ku itariki iyo ari yo yose, kandi yaba Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga y’u Rwanda cyangwa Ambasade y’u Rwanda muri Uganda, nta wakiriye ubwo butumire”.

Gusa mu guhinyuza byagaragaye ko iyi baruwa ihari. Nk’uko The New Times iyifitiye kopi, bigaragara ko yasinywe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Uganda, Sam Kutesa, ubwe kuwa 18 Ukwakira 2019.

Ibi bisobanuye ko abayobozi ba Uganda bayihishuriye Chimpreports mbere yo kuyohereza i Kigali ari yo mpamvu abayobozi nka Minisitiri Nduhungirehe batangaye ubwo Chimpreports yabyandikaga.

Ibi kandi bikaba byaranatumye abantu bibaza niba Uganda ubungubu yarahisemo gukemurira ibibazo by’igihugu mu itangazamakuru rigamije icengezamatwara.

Ikindi kimenyetso cyo kutagira ukuri ku ruhande rwa Kampala gishingiye ku itariki Ambasade ya Uganda mu Rwanda yagereje ibaruwa ya Kutesa ku bayobozi b’u Rwanda.

Ni kuwa Mbere w’iki cyumweru tariki 21 Ukwakira nyuma y’umunsi umwe Chimpreports yanditse inkuru.

Umwe mu bayobozi utifuje kugaragara muri iyi nkuru yagize ati “Ni ikintu kitari cyiza mu buryo Kampala yahisemo gukina uyu mukino”.

Ku wa 16 Nzeri nibwo i Kigali habereye inama ya mbere ya Komisiyo ihuriweho n’u Rwanda na Uganda, yashyiriweho gucoca ibibazo bikomeje guteza umwuka mubi hagati y’ibi bihugu by’ibituranyi. Hemejwe ko inama itaha izaba nyuma y’iminsi 30 uhereye igiye iya mbere yabereye, yo ikabera i Kampala.

Igihe inama ya kabiri yagombaga kubera nacyo nticyubahirijwe na Uganda kuko yagombaga kuyakira nibura tariki 15 Ukwakira 2019.

Ubu nibwo Kampala irimo kohereza ubutumire nyuma yo kurenza amatariki no kubanza kubuha itangazamakuru ngo ributangaze mbere yo kugera ku bo bugenewe. Iki kikaba ari ikintu kinyuranye n’amasezerano ya dipolomasi.

Ku rundi ruhande, nta kirakorwa ku ruhande rwa Kampala kigendanye no kurekura abanyarwanda amagana bafungiweyo cyangwa se kubageza mu butabera.

Ni mu gihe kandi abenshi bakorerwa iyicarubozo ndetse bagafungirwa mu nzu zitazwi zigenzurwa n’urwego rw’ubutasi rwa Uganda.

Mu cyumweru gishize nibwo Eron Kiiza na Tony Odur, bunganira abanyarwanda barenga 100 bari muri gereza za Uganda, basabye urwego rw’ubutasi muri iki gihugu (CMI), kurekura abakiriya babo.

Kiiza yagize ati “Imiryango yabo yarababaye cyane. Abakiriya bacu bafungiwe aho badashobora kuvugana n’abandi bantu ndetse n’imiryango yabo ntabwo yemerewe kubabona. Bake bagize amahirwe yo kurekurwa berekana ibimenyetso by’iyicarubozo bakorewe”.

Bamwe bafungiwe muri kasho imyaka irenga ibiri bataragezwa mu butabera. Nta n’umwe wigeze atabwa muri yombi mu buryo bukurikije amategeko nko kuba hari inyandiko zibafata.

Kampala kandi ntacyo irakora ngo yitandukanye n’umutwe w’iterabwoba wa Kayumba Nyamwasa widegembya muri iki gihugu.

Guverinoma ya Uganda kandi ntirerekana ibimenyetso by’uko yitandukanyije n’umutwe wa FDLR, umutwe ugizwe ahanini n’abahoze mu ngabo za Habyarimana n’Interahamwe basize bakoze jenoside yakorewe Abatutsi.

U Rwanda rubinyujije muri Ambasade yarwo i Kampala ntirwahwemye gusaba ko ibikorwa byo guhungabanya umutekano w’u Rwanda bihagarara birimo nko gushaka abajya muri RNC muri Uganda, ariko uyu munsi ntabwo birahagarara.

Ubwo hafatwaga batanu mu bagabye igitero cy’iterabwoba mu Kinigi muri uku kwezi, bose bavuze ko ari abo muri RUD-Urunana, umwe mu mitwe igamije guhungabanya u Rwanda. Bose uko ari batanu bavuze ko bawugiriyemo muri Uganda.

Abayobozi bakomeye kandi muri Uganda bakorana mu bucuruzi n’abantu nka Tribert Rujugiro, umuterankunga ukomeye wa RNC.

Ibi bikorwa byose bikaba binyuranye n’ibiri mu masezerano impande zombi zashyizeho umukono kuwa 21 Kanama uyu mwaka i Luanda muri Angola.

2019-10-24
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Nta Muntu Watumye Sankara Kuvugira Abacitse Ku Icumu-Nasigeho

Nta Muntu Watumye Sankara Kuvugira Abacitse Ku Icumu-Nasigeho

Ubwanditsi 19 Jul 2018
Uko Inkende Yurira cyane, niko ubwambure bwayo bugaragara: Ibyo mutamenye kuri Ignace Rusagara, ubu uvugira umutwe w’iterabwoba wa RNC.

Uko Inkende Yurira cyane, niko ubwambure bwayo bugaragara: Ibyo mutamenye kuri Ignace Rusagara, ubu uvugira umutwe w’iterabwoba wa RNC.

Ubwanditsi 18 Jan 2024
Inkoramutima z’ Ikiryabarezi “Rwanda Bridge builders” bakomeje kugisohokamo bashinjanya amacakubiri ashingiye ku moko.

Inkoramutima z’ Ikiryabarezi “Rwanda Bridge builders” bakomeje kugisohokamo bashinjanya amacakubiri ashingiye ku moko.

Ubwanditsi 27 Sep 2021
Abayobozi b’u Burundi barashinja Abagande kutagira ibanga

Abayobozi b’u Burundi barashinja Abagande kutagira ibanga

Ubwanditsi 16 Dec 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ku myaka 94, Nancy Reagan Yitabye Imana
IMIKINO

Ku myaka 94, Nancy Reagan Yitabye Imana

Ubwanditsi 07 Mar 2016
INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA
KWAMAMAZA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Ubwanditsi 24 Apr 2023
Gianni Infantino yongeye gutorerwa kuyobora FIFA mu gihe cy’imyaka ine iri imbere, ni amatora abereye muri BK Arena
Amakuru

Gianni Infantino yongeye gutorerwa kuyobora FIFA mu gihe cy’imyaka ine iri imbere, ni amatora abereye muri BK Arena

Ubwanditsi 16 Mar 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

31 Aug 2026
Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru