• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

  • Rayon Sports izabanza kwakira APR FC muri shampiyona y’u Rwanda, Ingengabihe ya BK Pro League 2026/27   |   17 Aug 2026

  • Kwihambira kuri FDLR ni Umwaku mu yindi   |   17 Aug 2026

  • Amakipe ya AS Kigali mu Bagabo n’Abagore yahinduriwe izina yitwa Kigali FC na Kigali WFC    |   16 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Hazitabazwa Ambasade ya Kenya mu guca abazunguzayi b’abamasayi bakorera muduce dutandukanye twa Kigali

Hazitabazwa Ambasade ya Kenya mu guca abazunguzayi b’abamasayi bakorera muduce dutandukanye twa Kigali

Ubwanditsi 19 Jan 2017 Mu Mahanga

Nubwo mu Mujyi wa Kigali bitemewe gukora ubucuruzi bwo mu muhanda, hajya hagaragara abazunguzayi b’abamasayi bo bakora mu mutuzo nk’aho bo babyemerewe, Abanyarwanda bo bakamburwa ibicuruzwa byabo.

Ibi ariko ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bugaragaza guhagarika abazunguzayi b’abamasayi [bakomoka muri Kenya] ari ibyo kwitonderwa, mu gihe Abanyarwanda bo bamburwa ibyabo, n’ubaguriye akajya acibwa amande.

Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, Muhongerwa Patricia, avuga ko gufatira ibihano abazunguzayi b’abamasayi bizabanza kuganirwaho n’Ambasade y’igihugu baturukamo.

Mu kiganiro Umujyi wa Kigali wagiranye n’abanyamakuru kuri uyu wa 18 Mutarama 2017, Muhongirwa yagize ati “U Rwanda si akarwa k’abanyarwanda gusa, buri wese yemerewe kuza no gukorera mu Rwanda, abamasayi rero by’umwihariko niba ubucuruzi bwabo bukorwa mu kajagari nk’uko nanjye njya mbibona ndumva nabo bakongerwa ku rutonde.”

-5437.jpg

Umumasayi

Akomeza agira ati “Kuko ari abanyamahanga, tuzabyitondera byaba bibaye ikibazo cya dipolomasi (ububanyi n’amahanga). Kuko ari abanyamahanga tuzafatanya n’Ambasade.”

Anavuga ko bizanashyirwamo ubushishozi harebwa niba nta banyarwanda baba bambara nk’abamasayi bagamije gukora ubwo bucuruzi.

Abamasayi bagaragara mu Mujyi wa Kigali ahanini bacuruza inkweto, imikandara, bi zikoze mu ruhu, ibikomo n’ibindi. Akenshi bikunze kuvugwa ko haba harimo n’imitsindo ( Imiti ) kuburyo ubakozeho byagukoraho bityo Polisi n’Inkeragutabara bakabibatinyira.

Ku bazunguzayi n’ababahahira, amabwiriza y’Umujyi wa Kigali ateganya ko ufashwe acibwa amande y’amafaranga ibihumbi 10, hakanafatirwa ibicuruzwa byabo.
Iki cyemezo cyasohotse mu mwaka ushize, Umujyi wa Kigali uteganya ko kizatangira gushyirwa mu bikorwa mu cyumweru gitaha.

Uzajya abura ubwishyu, biteganyijwe ko azajya yandikwa umwirondoro we wose agatangaigihe cyo kwishyura, yazakirenza agakurikiranwa.

2017-01-19
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

APR FC yageze ku mukino wa nyuma wa CECAFA Kagame Cup 2024, izahura na Red Arrows yaje itumiwe

APR FC yageze ku mukino wa nyuma wa CECAFA Kagame Cup 2024, izahura na Red Arrows yaje itumiwe

Ubwanditsi 19 Jul 2024
Perezida wa Uganda Yoweri Museveni yasuye umuryango wa Fred Rwigema

Perezida wa Uganda Yoweri Museveni yasuye umuryango wa Fred Rwigema

Ubwanditsi 21 Jul 2016
Umubyeyi watoye umwana witwa Prince muri Rurindo arasaba ko yafashwa ku murera

Umubyeyi watoye umwana witwa Prince muri Rurindo arasaba ko yafashwa ku murera

Ubwanditsi 25 Aug 2016
Ntitugomba guha icyuho abanyabyaha: Kagame

Ntitugomba guha icyuho abanyabyaha: Kagame

Ubwanditsi 01 Sep 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umusimbura wa Arsene Wenger muri Arsenal yamenyekanye
IMIKINO

Umusimbura wa Arsene Wenger muri Arsenal yamenyekanye

Ubwanditsi 22 May 2018
Impamvu 5 abasore b’imico myiza bakunze kubona abakunzi bibagoye
Mu Rwanda

Impamvu 5 abasore b’imico myiza bakunze kubona abakunzi bibagoye

Ubwanditsi 28 Mar 2017
Gen.Kayumba  gusaba imbabazi zo gucyura Condo
ITOHOZA

Gen.Kayumba gusaba imbabazi zo gucyura Condo

Ubwanditsi 08 Sep 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru