• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Polisi y’u Rwanda yaburijemo ubujura bushukana mu Mujyi wa Kigali, Miliyoni 27 zari zigiye gutikira

Polisi y’u Rwanda yaburijemo ubujura bushukana mu Mujyi wa Kigali, Miliyoni 27 zari zigiye gutikira

Ubwanditsi 23 Sep 2016 Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda mu Mujyi wa Kigali yaburijemo ubujura bushukana, ndetse ifata bamwe mu bakekwaho gukora iki cyaha barangiye umwe mu bacuruzi amasoko ya baringa bagamije kumwambura miliyoni zigera kuri zirindwi z’amafaranga y’u Rwanda.

Iperereza ry’ibanze rigaragaza ko ku itariki 21 Nzeri uwitwa Singirankabo Jacques yahamagaye kuri telefone igendanwa Nzaramyimana Emmanuel (Basanzwe baziranye), amubwira ko ashaka kumuhuza n’Umukozi wa Caritas ushaka kumuha isoko ry’imyambaro yo guha abatishoboye 800 rya miliyoni 27 z’amafaranga y’u Rwanda.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Mujyi wa Kigali, Superintendent of Police (SP) Emmanuel Hitayezu yavuze ko Nzaramyimana yavuye i Nyagatare aza i Nyamirambo (Kigali), aho bahuriye n’uwo wiyitaga umukozi wa Caritas uzwi kugeza ubu ku izina rya Claude, wamubwiye ko isoko ashaka kumuha ari ukugurira uyu Muryango utegamiye kuri Leta amapantalo 1600, imipira y’imbeho 800, amashati 1600 n’imipira migufi 1600, kandi ko agomba kuba yabiwugejejeho bitarenze tariki 25 Nzeri.

Bamurangiye irindi soko rya baringa ryo kugura ibiryo by’ingagi, aho bamubwiye ko ikiro kimwe cyabyo kigurwa miliyoni eshatu z’amafaranga y’u Rwanda; kikagurishwa miliyoni 25 z’amafaranga y’u Rwanda; kandi ko hari umuzungu abijyana ku mugabane wa Amerika kubisuzuma ko byujuje ubuziranenge.

SP Hitayezu yagize ati:” Yababwiye ko yabona miliyoni imwe y’amafaranga y’u Rwanda, andi asigaye akayatanga nyuma. Bahamagaye uwitwa Bakina François kuri telefone igendanwa ngo azane urugero rw’ibyo biryo. Nzaramyimana yagize amakenga y’uko bashobora kuba ari abatekamutwe; maze abimenyesha Polisi, ibafatira mu cyuho mu kagari ka Nyabugogo, ho mu murenge wa Kigali.

Yavuze ko Singirankabo na Bakina bafungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Kigali mu gihe iperereza rikomeje kugira ngo hafatwe Claude n’undi mufatanyacyaha witwa Mushi.

Mu butumwa bwe, SP Hitayezu yagize ati:”Amasoko ntapfa gutangwa, arapiganirwa. Abantu bakwiye gushishoza kugira ngo ba Rutemayeze batabacuza utwabo. Niba hagize ukurangira isoko, ugomba kugenzura ko ayo makuru ari ukuri kugira ngo udashora umutungo wawe mu kintu cya baringa, kandi igihe utahuye ko ari ubutekamutwe ugahita ubimenyesha Polisi.”

-4135.jpg

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Mujyi wa Kigali, Superintendent of Police (SP) Emmanuel Hitayezu

Iyo ataza kugira amakenga ngo abimenyeshe Polisi, Nzaramyimana yari guhomba amafaranga y’u Rwanda agera kuri miriyoni zirindwi muri ayo masoko yombi ya baringa yarangiwe.


RNP

2016-09-23
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abapolisi barahugurwa kurwanya icuruzwa ry’ibiyobyabwenge bivanwa mu bihugu bimwe bijyanwa ahandi

Abapolisi barahugurwa kurwanya icuruzwa ry’ibiyobyabwenge bivanwa mu bihugu bimwe bijyanwa ahandi

Ubwanditsi 11 Oct 2016
Abantu babiri bafashwe bakekwaho kwigana kashe ngo ntibishyure imisoro

Abantu babiri bafashwe bakekwaho kwigana kashe ngo ntibishyure imisoro

Ubwanditsi 30 Mar 2016
Umujyi wa Kampala watewe n’ icyorezo cya Cholera

Umujyi wa Kampala watewe n’ icyorezo cya Cholera

Ubwanditsi 29 Jan 2019
Umuvumo n’uruzerero bishegeshe Tewojeni Rudasingwa, yongera kubahuka Perezida Kagame wamukamiye.

Umuvumo n’uruzerero bishegeshe Tewojeni Rudasingwa, yongera kubahuka Perezida Kagame wamukamiye.

Ubwanditsi 10 Apr 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amafoto – Rayon Sports yasinyishije rutahizamu Musa Esunu wari uyoboye abandi muri shampiyona ya Uganda wanahise ahabwa nimero 7
Amakuru

Amafoto – Rayon Sports yasinyishije rutahizamu Musa Esunu wari uyoboye abandi muri shampiyona ya Uganda wanahise ahabwa nimero 7

Ubwanditsi 26 Jan 2022
Kubera ibikorwa by’ubwubatsi k’umupaka wa Gatuna amakamyo manini agiye kujya aca Kagitumba
INKURU NYAMUKURU

Kubera ibikorwa by’ubwubatsi k’umupaka wa Gatuna amakamyo manini agiye kujya aca Kagitumba

Ubwanditsi 28 Feb 2019
Leta y’u Burundi irashinjwa kohereza rwihishwa abasirikari n’imbonerakure muri Kongo
Amakuru

Leta y’u Burundi irashinjwa kohereza rwihishwa abasirikari n’imbonerakure muri Kongo

Ubwanditsi 28 Jul 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru