• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Inama y’umuhora wa Ruguru yafatiwemo ibyemezo byo ku rwego rwo hejuru

Inama y’umuhora wa Ruguru yafatiwemo ibyemezo byo ku rwego rwo hejuru

Ubwanditsi 16 Jan 2016 Mu Mahanga

​Inama yari imaze iminsi itatu ibera i Kigali mu Rwanda, ihuje amatsinda atatu yo mu nzego zo hejuru mu gisirikare,inzego zishinzwe kubungabunga amahoro n’umutekano zirimo Polisi,urwego rushinzwe imfungwa n’abagororwa,urushinzwe abinjira n’abasohoka n’izindi ndetse n’irindi ry’ububanyi n’amahanga, bose bahuriye mu mishinga yo guteza imbere umuhora wa ruguru (NCIP), yasojwe kuri uyu wa gatanu tariki ya 15 Mutarama.

Impuguke zari ziyiteraniyemo zakoreye hamwe raporo y’uburyo bw’imikoranire n’ubufatanye bw’ibihugu mu byiciro byavuzwe hejuru.

Mu myanzuro yafatiwe muri iyo nama harimo uburyo bwo kuzasuzuma uko hakwemerwa kwinjiza ibindi bihugu byabisabye kwinjira muri uyu muryango, mu bijyanye no gutabarana ndetse no kurwanyiriza umwanzi hamwe, aho mu gihe kimwe mu bihugu cyaba gitewe ndetse no gufashanya gukemura amakimbirane no gushakira hamwe umuti w’ibibazo byaba byavutse mu gihugu runaka.

Imyanzuro y’iyi nama izashyikirizwa inama ya 13 izahurirwamo na ba minisitiri bireba, ikazabera muri Uganda mu minsi iri imbere, ikazayigaho mbere y’uko yemezwa.

Umugaba mukuru w’ingabo z’u Rwanda Gen.Patrick Nyamvumba ,yavuze ko iyi nama iha inzira ibihugu byifuza kwinjira muri uyu muryango nka Sudani y’amajyepfo, yitabiraga izi nama ku buryo bw’indorerezi, ku buryo yazaba umunyamuryango ku buryo busesuye. Yavuze ko inama y’abakuru b’ibihugu niyemeza imyanzuro y’inama y’abaminisitiri b’ibihugu bigize umuhora wa ruguru,Sudani y’Epfo izaba ibaye umunyamuryango wa kane.

Yakomeje agira ati:” twiteguye kwakira neza bagenzi bacu ba Sudani y’Amajyepfo ndetse n’ikindi gihugu kizifuza kuza muri uyu muryango mu bufatanye bwo guharanira amahoro n’iterambere rirambye mu karere kacu”.

-1804.jpg

Ifoto y’urwibutso

Maj. Gen. Marial Nuor Jok wari uyoboye intumwa za Sudani y’Epfo, yagaragaje ibyishimo byinshi ndetse n’ubushake bafite ku kuba bamaze igihe bitabira nk’indorerezi izi nama. Yavuze ko igihe kigeze ngo nabo binjire mu muryango.

Yagize ati:” igihe kirageze ngo natwe tube umwe mu banyamuryango bemewe, tugire ijambo ndetse tugire ibyo duhabwa ku buryo bwemewe n’amategeko”.

Intumwa za Kenya na Uganda nazo zatanze ubutumwa bumwe bwifuriza Sudani y’Epfo kuzaba umuyamuryango uhoraho mu bufatanye bw’iterambere ry’ibihugu bigize umuhora wa ruguru. Umuhora wa ruguru ni ihuriro ry’ibihugu by’u Rwanda, Kenya na Uganda, aho bihuriza hamwe ibitekerezo ndetse bigafatira hamwe ingamba z’iterambere mu bijyanye n’ibikorwa remezo,ubucuruzi,politiki n’ubukungu.

RNP

2016-01-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ban Ki moon yasabye ibihugu guta muri yombi abakekwaho ibyaha bya Jenoside

Ban Ki moon yasabye ibihugu guta muri yombi abakekwaho ibyaha bya Jenoside

Ubwanditsi 07 Apr 2016
Sudani y’Epfo: CP Munyambo yashimye imikorere y’Abapolisi b’u Rwanda bakorera Malakal

Sudani y’Epfo: CP Munyambo yashimye imikorere y’Abapolisi b’u Rwanda bakorera Malakal

Ubwanditsi 19 Jan 2018
Kirehe: Umumotari n’umukozi wa Kompanyi itwara abagenzi mu modoka bafashe umuntu ifite urumogi

Kirehe: Umumotari n’umukozi wa Kompanyi itwara abagenzi mu modoka bafashe umuntu ifite urumogi

Ubwanditsi 24 Mar 2016
Etienne Gatanazi noneho yagize umwere ruharwa Kabuga Félicien

Etienne Gatanazi noneho yagize umwere ruharwa Kabuga Félicien

Ubwanditsi 29 Sep 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ibyiza dukesha ikoranabuhanga biruta kure ibibazo rishobora gutera – Perezida Kagame
UBUKUNGU

Ibyiza dukesha ikoranabuhanga biruta kure ibibazo rishobora gutera – Perezida Kagame

Ubwanditsi 23 Jan 2017
Perezida Nguema wa Guinée Equatoriale yageze i Kigali (Amafoto)
POLITIKI

Perezida Nguema wa Guinée Equatoriale yageze i Kigali (Amafoto)

Ubwanditsi 14 Jan 2019
Burundi: Umuvugizi wa perezida yabajijwe niba bashobora gutanga u Rwanda bakarutera
INKURU NYAMUKURU

Burundi: Umuvugizi wa perezida yabajijwe niba bashobora gutanga u Rwanda bakarutera

Ubwanditsi 31 Dec 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru