• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana   |   01 Aug 2026

  • APR FC, Rayon Sports, Police FC na Kiyovu SC zizakina FERWAFA Super Cup 2026 yari isanzwe ikinwa n’amakipe abiri   |   01 Aug 2026

  • Rutahizamu Byiringiro Lague agiye kwerekeza muri Afurika y’Epfo aho yitegura gutangira akazi mu ikipe ya Durban City FC   |   31 Jul 2026

  • Senateri Mukabalisa Donatille yitabye Imana azize Uburwayi   |   30 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’u Rwanda batrengeje imyaka 18 begukanye igikombe cya Zone V   |   29 Jul 2026

  • Bwa mbere mu mateka u Rwanda rwabonye umudali mu Mikino ya Commonwealth   |   29 Jul 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Kwibuka24: Kwetu Film Institute izerekana filime zivuga amateka ya Jenoside

Kwibuka24: Kwetu Film Institute izerekana filime zivuga amateka ya Jenoside

Ubwanditsi 09 Apr 2018 HIRYA NO HINO

U Rwanda n’Abanyarwanda baribuka ku nshuro ya 24 Jenoside yakorewe Abatutsi, nyuma y’ubu bwicanyi bwahitanye abasaga miliyoni abahanga mu bya sinema mu Rwanda ndetse n’abanyamahanga batandukanye, bagiye basubira inyuma mu mateka bakora filime zivuga ukuri kw’ibyabaye. 

Ikigo Kwetu Film Institute cyatoranyije zimwe muri filime kizerekana mu gihe u Rwanda rwibuka abazize Jenoside yakorewe Abatutsi nk’imwe mu mfashanyanyigisho zisobanura ukuri ku byabaye muri Mata 1994.

Izi filime zishingiye ku byabaye, zimwe zikubiyemo amashusho yafashwe mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi naho izindi ni izakinwe nyuma yayo.

Ubuyobozi bwa Kwetu Film Institute bwatangaje ko ibikorwa byo kwerekana izi filime bigomba gutangira ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere tariki ya 9 Mata 2018, muri Serena Hotel guhera saa kumi n’ebyiri n’igice[6:30pm].

Ibikorwa byo kwerekana filime zivuga ku mateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994, biratangira kuri uyu wa 9 Mata kugera kuwa 14 Mata 2018; buri filime izerekanwa izajya ikurikirwa n’ibiganiro bigaruka ku bihe igihugu cyaciyemo kugeza kinjiye mu icuraburindi rya jenoside n’uburyo kiyubatse mu myaka 24 ishize.

Nyuma ya buri filime izerekanwa, ibiganiro bizajya bitangwa na Eric Kabera umuhanga mu bya sinema akaba n’Umuyobozi wa Kwetu Film Institute ndetse na Ntarindwa Diogene bakunze kwita Atome.

Muri filime zizerekanwa harimo Intore, Iseta, Through My Eyes, Keepers of Memory ndetse na 100 Days iya mbere yavuze amateka nyakuri ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda yateguwe na Eric Kabera.

JPEG - 124 kb
Ntarindwa Diogène na Eric Kabera bazajya batanga ibiganiro mu bikorwa byo kwerekana izi filime

100 Days, bishatse kuvuga iminsi ijana, ni filime yakozwe mu mwaka wa 2001 ikozwe n’abagabo babiri barimo Umunyarwanda Eric Kabera uzwi mu ruhando rwa sinema yaba mu Rwanda ndetse no mu mahanga. Yayikoranye na Nick Hughes, uyu akaba ari na we wayiyoboye.

Iyi filime imara iminota 90, nk’uko yitwa, ivuga ku byabaye muri Jenoside mu gihe cy’iminsi ijana guhera kuwa 6 Mata kugeza muri Nyakanga 1994.

Eric Kabera wateguye iyi filime ari kumwe na Nick Hughes asanzwe akora filime ndetse anafite ishuri ryigisha sinema rizwi nka Kwetu Film Institute riherereye i Kigali hamwe n’ikigo cya sinema kizwi nka Rwanda Cinema Center.

2018-04-09
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umutekano n’ituze by’abanyarwanda byaje ku isonga mu bushakashatsi bwa gatandatu bw’Urwego rw’igihugu rw’Imiyoborere [ RGB ]

Umutekano n’ituze by’abanyarwanda byaje ku isonga mu bushakashatsi bwa gatandatu bw’Urwego rw’igihugu rw’Imiyoborere [ RGB ]

Ubwanditsi 31 Oct 2019
Byinshi Utari uzi kugishushanyo kigaragara hejuru y’ Ibere rya Miss Vanessa Uwase

Byinshi Utari uzi kugishushanyo kigaragara hejuru y’ Ibere rya Miss Vanessa Uwase

Ubwanditsi 21 Feb 2018
Uganda: Ubuzima bwa Gen Kale Kayihura bwaba butifashe neza aho afungiye

Uganda: Ubuzima bwa Gen Kale Kayihura bwaba butifashe neza aho afungiye

Ubwanditsi 29 Jun 2018
Nyuma yo kubona ibibi yanyuzemo yashinze umuryango wigisha amahoro.

Nyuma yo kubona ibibi yanyuzemo yashinze umuryango wigisha amahoro.

Ubwanditsi 25 Sep 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Police yashubije umuhinde miliyoni 13 Frw yibwe n’umukozi we
Mu Rwanda

Police yashubije umuhinde miliyoni 13 Frw yibwe n’umukozi we

Ubwanditsi 17 Aug 2017
Twitter yashyizeho uburyo bukumira amagambo abiba urwango rushingiye ku myemerere
IKORANABUHANGA

Twitter yashyizeho uburyo bukumira amagambo abiba urwango rushingiye ku myemerere

Ubwanditsi 12 Jul 2019
AMAFOTO – Manchester United ndetse na Arsenal zo mu Bwongereza ziri mu makipe yageze mu mikino ya ½ cya Europa League.
Amakuru

AMAFOTO – Manchester United ndetse na Arsenal zo mu Bwongereza ziri mu makipe yageze mu mikino ya ½ cya Europa League.

Ubwanditsi 16 Apr 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru