• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»AMAFOTO – Manchester United ndetse na Arsenal zo mu Bwongereza ziri mu makipe yageze mu mikino ya ½ cya Europa League.

AMAFOTO – Manchester United ndetse na Arsenal zo mu Bwongereza ziri mu makipe yageze mu mikino ya ½ cya Europa League.

Ubwanditsi 16 Apr 2021 Amakuru, IMIKINO, Mu Mahanga

Ikipe ya Manchester United yo mu gihugu cy’Ubwongereza yageze mu mikino ya ½ cya Europa League isezereye ikipe ya Granada yo muri Esipanye ku giteranyo cy’ibitego bine ku busa mu mikino yombi dore ko umukino ubanza warangiye ari ibitego bibiri ku busa ndetse n’umukino waraye ubaye ukaba warangiye uko.

Mu mukino Manchester United yari yakiriye mu ijoro ryo kuri uyu wa kane tariki ya 15 Mata 2021, yatsindiwe na rutahizamu Edison Cavani ndetse na myugariro wa Granada Jesus Vallejo witsinze, umukino urangira ari ibitego 2-0, ibi bitego United yatsinze bikaba byatumye iyi kipe ibarizwa i Manchester yahise yuzuza ibitego 100 mu mikino yose yo ku mugabane w’i Burayi imaze gukina muri uyu mwaka w’imikino wa 2020-2021.

Iyi kipe ya manchester United ikaba yakomeje mu mikino ya ½ aho izahura n’ikipe ya AS Roma yo mu gihugu cy’Ubutaliyani yo yaraye isezereye ikipe ya Ajax ku bitego 3-2 mu mikino yombi kuko ku mugoroba wo kuri uyu wa kane amakipe yombi yanganyije igitego 1-1.

Mu wundi mukino ikipe ya Arsenal nayo yo mu gihugu cy’u Bwongereza yageze mu mikino ya ½ nyuma yaho yaraye isezereye ikipe ya SK Slavia Prague iyitsinze ibitego 4-0 mu mukino wo kuri uyu wa kane, ni mu gihe mu mukino ubanza amakipe yombi yari yanganyije igitego 1-1.

Muri uyu mukino ikipe ya Arsenal yari yagiye gusura ikipe ya SK Slavia Prague yo mu gihugu cya Repubulika ya Tchèque, ni umukino ikipe y’Abarashi yafunguriwe amazamu na Nicolas Pépé ubwo hari ku munota wa 18, iyi kipe yongeye gutsinda igitego cya kabiri kuri penaliti yinjijwe na Alexandre Lacazette wari wahawe igitambaro cya kapiteni nyuma y’uko Aubameyang byatangajwe ko arwaye Malaria.

Muri uyu mukino kandi, ubwo hari ku munota wa 24 Bukayo Saka yatsinze igitego cya gatatu nyuma y’umupira yahawe na Calum Chambers, Arsenal yabonye igitego cya kane ku munota wa 77, cyinjijwe na Alexandre Lacazette ku mupira yari aherejwe na Nicolas Pépé.

Gutsinda uyu mukino ku ikipe ya Arsenal byayigejeje mu mikino ya ½ cya Europa League aho izahura na Villarreal itozwa na Unai Emery wigeze gutoza Arsenal, ni nyuma yaho kandi Villareal yo yakuyemo Dinamo Zagreb nyuma yo kuyitsinda ibitego 2-1 bikaba ibitego 3-1 mu mikino yombi.

Biteganyijwe ko imikino ibanza ya ½ cya Europa League izakinwa tariki ya 29 Mata mu gihe iyo kwishyura izaba tariki ya 6 Gicurasi 2021. Manchester United na Villarreal ni zo zizabanza kwakira imikino ibanza.

2021-04-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Police Handball Club yatsinze ES Urumuri

Police Handball Club yatsinze ES Urumuri

Ubwanditsi 26 Sep 2016
Umukandida wa FPR-INKOTANYI ku mwanya wa Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, asanga demokarasi ari amahitamo arimo ubwisanzure, kandi bushingiye ku budasa bw’ igihugu

Umukandida wa FPR-INKOTANYI ku mwanya wa Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, asanga demokarasi ari amahitamo arimo ubwisanzure, kandi bushingiye ku budasa bw’ igihugu

Ubwanditsi 22 Jun 2024
 Perezida wa Kongo, Félix Tshisekedi yareruye avuga ko azashyigikira umuntu wese uzashaka guhirika ubutegetsi bw’u Rwanda.

 Perezida wa Kongo, Félix Tshisekedi yareruye avuga ko azashyigikira umuntu wese uzashaka guhirika ubutegetsi bw’u Rwanda.

Ubwanditsi 05 Dec 2022
Burundi: Umukobwa w’imyaka 20 yatemaguwe bikabije, haracyekwa umwarimu waba waramuteye inda

Burundi: Umukobwa w’imyaka 20 yatemaguwe bikabije, haracyekwa umwarimu waba waramuteye inda

Ubwanditsi 20 Jun 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA
KWAMAMAZA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Ubwanditsi 24 Mar 2023
Canada: Perezida Kagame yitabiriye Inama y’ibihugu bikize ku isi
INKURU NYAMUKURU

Canada: Perezida Kagame yitabiriye Inama y’ibihugu bikize ku isi

Ubwanditsi 08 Jun 2018
Joseph Hakizimana, Umunyarwanda wa mbere wifuza intebe mu Nteko Ishinga Amategeko ya Canada
HIRYA NO HINO

Joseph Hakizimana, Umunyarwanda wa mbere wifuza intebe mu Nteko Ishinga Amategeko ya Canada

Ubwanditsi 12 Sep 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru