• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • RSSB Tigers BBC yasezereye FUS Rabat BBC yo muri Morocco, izahura na AL Ahly muri ½ cy’imikino ya nyuma ya BAL 2026 iri kubera I Kigali   |   24 May 2026

  • Nyuma y’imyaka itatu Stade y’Akarere ka Gicumbi itangiye kuvugururwa, kuri ubu yemerewe kwakira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League   |   21 May 2026

  • Umutoza w’Amavubi Stephen Constantine asanga kwitwara neza k’u Rwanda bisaba gutsinda imikino yo mu rugo ngo yerekeze mu gikombe cya Afurika 2027   |   20 May 2026

  • Olivier Kwizera ari mu bakinnyi basubukuye imyitozo ya Rayon Sports yitegura guhura na APR FC ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro   |   19 May 2026

  • Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera   |   18 May 2026

  • AMAFOTO – Patriots BBC na APR WBBC begukanye igikombe cy’irushanwa ryo kwibuka mu bakina ari batatu kuri batatu   |   18 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Karabaye! Umugambi wa Tshisekedi wo guhindura itegekonshinga uhuhuye Kongo n’ubundi yasambaga.

Karabaye! Umugambi wa Tshisekedi wo guhindura itegekonshinga uhuhuye Kongo n’ubundi yasambaga.

Ubwanditsi 24 Oct 2024 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, POLITIKI

“Kongo isanzwe imeze nk’umurwayi uri muri koma, bisaba kwigengesera ngo utamukanga bikaba byamuhuhura.” Ubu ni ubusesenguzi bw’abamaze igihe bakurikiranira hafi ibibera muri Kongo, basanga guhindura itegekonshinga, nk’uko Perezida Tshisekedi abiteganya, byakongera intugunda mu gihugu gisanzwemo ubushyamirane n’intambara.

Byari bimaze igihe bihwihwiswa mu itangazamakuru, ariko benshi bakumva Tshisekedi adashobora kubirota, kuko azi ko byatuma ibintu birushaho kuba bibi, mu gihugu gisanzwemo umwuka mubi cyane.

Kubifata nk’ibihuha kandi abantu babishingiraga ku iyirukanwa rya Augustin Kabuya, muri Nyakanga uyu mwaka wasezerewe ku mwanya w’umunyamabanga mukuru w’ishyaka “UDPR” riri ku butegetsi, mubyo yazize hakaba harimo kuba yaratangaje ko hari igitekerezo cyo guhindura itegekonshinga.

Nyamara, ubwo yari mu mujyi wa Kisangani kuri uyu wa gatatu, Perezida Tshisekedi yavanyeho ibyafatwaga nk’impuha, yemeza mu ruhame ko “itegekonshinga rya Kongo rigomba guhinduka, rikajyanishwa n’ibihe”.

Abantu banyuranye twavuganye bari muri Kongo, barahamya ko, nyuma y’ijambo rya Tshisekedi, hari abaturage bariye karungu hirya no hino muri Kongo, ahateganyijwe imyigaragambyo karundura mu minsi ya vuba, yo kwamagana icyo bise” umugambi wo gushimuta burundu ubutegetsi”.

Ibi bije kandi bisanga benshi mu baturage, cyane cyane abo mu mashyaka atavuga rumwe n’ubutegetsi, bashinja Tshisekedi kwiba amajwi ubugira kabiri, mu matora y’umukuru w’igihugu yo muw’2018 na 2023. Guhindura itegekonshinga rero, agamije kongera manda ngo agundire ubutegetsi yagiyeho mu buryo butavugwaho rumwe rero, bikaba ari nko gusuka peteroli mu muriro.

Muri Kongo kandi hasanzwe intambara zishingiye ku miyoborere yananiwe gukemura ibabazo byabaye akarande mu gihugu. Kuyongeramo noneho ibyo guhindura itegekonshinga ngo ingoma barega gukandamiza rubanda ikomeze kwica igakiza, birumvikana ko ari ukongera ibinyoro mu bibembe.

Ese ko mu rwego rwo kwikura mu isoni, ubutegetsi bwa Kongo budasiba kuvuga ko ibibazo byose igihugu cyabo kibiterwa n’uRwanda, aka kaga Tshisekedi akuruye ko noneho azakagereka kuri nde?

Abahuza se barara amajoro bashakisha uko amahoro yagaruka muri Kongo, noneho baramenya bahera he nfo bakumire amarorerwa agiye gukururwa n’ubu busazi bushya bwa Tshisekedi n’ibyegera bye?

Tshisekedi we ntabona ko ibyo arimo ari ubwiyahuzi. Kugirango ndetse yerekane ko adakina, aho i Kisangani yahatangarije ko mu mwaka utaha azashyiraho komisiyo ivugurura itegekonshinga.

Abasenga rero nimutangire amasengesho yo kwiyiriza, musabe Imana kuvana Tshisekedi ku izima, areke uwo mushinga wo gucukurira Kongo imva, ariko nawe atiretse.

2024-10-24
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Felix Tshisekedi yatorewe gusimbura se ku buyobozi bw’ishyaka bitera impaka

Felix Tshisekedi yatorewe gusimbura se ku buyobozi bw’ishyaka bitera impaka

Ubwanditsi 04 Mar 2017
Kampala : Prossy Bonabaana na Sulah Nuwamanya, mu gukusanya imikono ya baringa y’abiyita abapfakazi  bafashwa na Self-Worth Initiative-SWI, babeshya ko abantu babo bashimuswe n’u Rwanda

Kampala : Prossy Bonabaana na Sulah Nuwamanya, mu gukusanya imikono ya baringa y’abiyita abapfakazi  bafashwa na Self-Worth Initiative-SWI, babeshya ko abantu babo bashimuswe n’u Rwanda

Ubwanditsi 16 Mar 2020
Kayumba Nyamwasa azabazwe urupfu rwa nyirabukwe, amuziza amafaranga yari muri BACAR

Kayumba Nyamwasa azabazwe urupfu rwa nyirabukwe, amuziza amafaranga yari muri BACAR

Ubwanditsi 13 Nov 2018
Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri yo ku wa Gatatu tariki ya 11 Nyakanga 2018

Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri yo ku wa Gatatu tariki ya 11 Nyakanga 2018

Ubwanditsi 12 Jul 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Imikorere yacu banenga ni yo dukesha iterambere – Perezida Kagame
POLITIKI

Imikorere yacu banenga ni yo dukesha iterambere – Perezida Kagame

Ubwanditsi 15 Mar 2018
Kicukiro: Perezida Kagame yemejwe nk’umukandida uzahagararira FPR Inkotanyi mu matora
Mu Rwanda

Kicukiro: Perezida Kagame yemejwe nk’umukandida uzahagararira FPR Inkotanyi mu matora

Ubwanditsi 03 Jun 2017
Uko Messi yafashije FC Barcelone kwegukana igikombe cya shampiyona ya Espagne
IMIKINO

Uko Messi yafashije FC Barcelone kwegukana igikombe cya shampiyona ya Espagne

Ubwanditsi 29 Apr 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru