• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Guca burundu ihohoterwa rishingiye ku gitsina birashoboka-Intumwa yihariye y’umuryango w’Abibumbye

Guca burundu ihohoterwa rishingiye ku gitsina birashoboka-Intumwa yihariye y’umuryango w’Abibumbye

Ubwanditsi 18 Oct 2016 Mu Mahanga

Intumwa yihariye y’Umunyamabanga mukuru w’Umuryango w’Abibumbye ishinzwe ibijyanye no kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina bitewe n’ibibazo by’umutekano muke mu bihugu, Zainab Bangura, yavuze ko isi ishobora kurandura burundu ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’irikorerwa abana mu gihe ibihugu byose bishyize hamwe ndetse bigahuza imbaraga mu kurirwanya.

Yabivuze ku itariki ya 17 Ukwakira 2016, ubwo yasuraga ikigo cya Isange one stop Center gikorera mu bitaro bya Kacyiru by’akarere ka Gasabo, akaba yaravuze ko intambwe u Rwanda rumaze gutera mu kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’irikorerwa abana ishimishije ndetse ko byabera n’ibindi bihugu urugero rwiza mu kurirwanya, bakurikije uburyo ikigo cya Isange one stop center gikoresha.

Yagize ati:”Rwose nkigera hano nagiye nirebera uburyo bukoreshwa n’iki kigo mu gufasha uwahohotewe, ku buryo nasanze ari ibintu bishimishije cyane; harimo n’ukuntu habaho gukusanya ibimenyetso by’ihohotera bigashyikirizwa ubutabera”.

Avuga uburyo ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’irikorerwa abana rishobora gukumirwa ndetse rikanacika burundu, Bangura yavuze ko isi yose ikeneye kumva neza uburemere bw’iki kibazo ndetse buri wese akumva ko bimureba kurwanya iri hohoterwa.

Yagize ati:” dukeneye kumenya neza iby’iki kibazo ku buryo habaho kwiyemeza no kugira ubushake mu kurikumira burundu rigacika, tukongera ubukangurambaga ndetse tukareka guceceka mu gihe ryabayeho, ariko kandi hakanabaho ubufatanye bw’ibihugu. Ndemeza rwose ko tuzarikumira rigacika burundu”.

Mu ruzinduko rwe, Bangura yari ari kumwe n’uhagarariye mu Rwanda ishami ry’umuryango w’Abibumbye rishinzwe guteza imbere abagore (UN Women) Fatou-Lo; bakaba barakiriwe n’Umuyobozi wa Loboratwari ya Kigali ( Kigali Forensic Laboratory) Commissioner of Police (CP) Daniel Nyamwasa, aho yababwiye ko ikigo cya Isange one stop center gikeneye gusuzuma uduce ndangabuzima (DNA) ku muntu, ku buryo mu kwezi kwa Mutarama 2017 laboratwari yabo izatangira imirimo ;bityo bikazafasha imikorere myiza na serivisi za Isange one stop center. Ugusuzuma izi DNA, ubusanzwe zoherezwaga mu gihugu cy’u Budage gusuzumirwayo.

Ubwo aba bashyitsi basuraga Isange one stop center, hari n’umuyobozi wungirije w’Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe itangazamakuru, imibanire n’imikoranire myiza ya Polisi n’inzego zitandukanye, Chief Superintendent of Police (CSP) Lynder Nkuranga n’Umuhuzabikorwa wa Isange one stop center Superintendent of Police (SP) Shafiga Murebwayire.

SP Shafiga yabwiye aba bashyitsi ko Isange one stop center yashyizweho mu mwaka w’2009, ikaba ifasha abahohotewe mu bijyanye n’ubujyanama ku ihungabana, ubuvuzi, ndetse abahuye n’iri hohoterwa bagafashwa mu bijyanye n’ubutabera; aho abakekwaho gukora ihohotera bafatwa ndetse bagashyikirizwa ubutabera.

-4416.jpg

Isange one stop center, inafasha kandi kwirinda inda zitateganyijwe, gukumira no kwandura agakoko gatera SIDA n’indwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina n’ibindi.

RNP

2016-10-18
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umujenosideri Anastase Munyandekwe wakiriwe na Perezida Museveni ni muntu ki?

Umujenosideri Anastase Munyandekwe wakiriwe na Perezida Museveni ni muntu ki?

Ubwanditsi 17 Nov 2021
Uburengerazuba: Uburenganzira bw’ abagenzi bakoresha moto n’amagare bwagarutsweho

Uburengerazuba: Uburenganzira bw’ abagenzi bakoresha moto n’amagare bwagarutsweho

Ubwanditsi 14 Nov 2016
Uganda: Abanyarwanda bakomeje kwegeranya amafaranga yo kubaka urwibutso muri Mpigi

Uganda: Abanyarwanda bakomeje kwegeranya amafaranga yo kubaka urwibutso muri Mpigi

Ubwanditsi 10 Apr 2018
Inda ninini isumbye indagu, umuhanzi Jean Paul Samputu, nawe abaye ikigarasha gikoreshwa nUbutegetsi bwa Uganda ngo kigambanire gakondo!!!

Inda ninini isumbye indagu, umuhanzi Jean Paul Samputu, nawe abaye ikigarasha gikoreshwa nUbutegetsi bwa Uganda ngo kigambanire gakondo!!!

Ubwanditsi 09 Apr 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame yabwiye urubyiruko icyo amateka azarwishyuza nirujenjeka
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yabwiye urubyiruko icyo amateka azarwishyuza nirujenjeka

Ubwanditsi 05 Jul 2018
’Army Week 2017’ mu isura nshya mu gufasha abaturage
Mu Rwanda

’Army Week 2017’ mu isura nshya mu gufasha abaturage

Ubwanditsi 04 May 2017
CNDD FDD yafashe icyemezo cyo gusenya urwibutso rushyinguyemo inzirakarengane 166 z’Abanyamulenge zishwe muri 2004 mu Gatumba
Amakuru

CNDD FDD yafashe icyemezo cyo gusenya urwibutso rushyinguyemo inzirakarengane 166 z’Abanyamulenge zishwe muri 2004 mu Gatumba

Ubwanditsi 23 Dec 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru