• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Prudence Nsengumukiza akomeje kuba umuyoboro w’interahamwe mu gushaka amaronko   |   20 Apr 2026

  • Perezida Kagame yashimiye amakipe afitanye ubufatanye na Visit Rwanda kubwo kugera muri 1/2 cya Champions League   |   16 Apr 2026

  • Diamond aritegura gutaramira i Kigali mu mpeshyi, mu gitaramo yise ‘Retro Tour’   |   15 Apr 2026

  • Amaherezo y’urubanza rwa Agathe Kanziga azaba ayahe? Azapfa adashyikirijwe ubutabera nk’umugabo we?   |   15 Apr 2026

  • Umutindi ku mutima aba arogoye ijambo rya Perezida Kagame mu Kwibuka, ati “Muribuka ibiki harya?”   |   11 Apr 2026

  • Valens Pappy na DC Clement babere Urugero abandi biyita abanyamakuru babaho ubuzima bw’ikinyoma   |   09 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Guca burundu ihohoterwa rishingiye ku gitsina birashoboka-Intumwa yihariye y’umuryango w’Abibumbye

Guca burundu ihohoterwa rishingiye ku gitsina birashoboka-Intumwa yihariye y’umuryango w’Abibumbye

Ubwanditsi 18 Oct 2016 Mu Mahanga

Intumwa yihariye y’Umunyamabanga mukuru w’Umuryango w’Abibumbye ishinzwe ibijyanye no kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina bitewe n’ibibazo by’umutekano muke mu bihugu, Zainab Bangura, yavuze ko isi ishobora kurandura burundu ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’irikorerwa abana mu gihe ibihugu byose bishyize hamwe ndetse bigahuza imbaraga mu kurirwanya.

Yabivuze ku itariki ya 17 Ukwakira 2016, ubwo yasuraga ikigo cya Isange one stop Center gikorera mu bitaro bya Kacyiru by’akarere ka Gasabo, akaba yaravuze ko intambwe u Rwanda rumaze gutera mu kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’irikorerwa abana ishimishije ndetse ko byabera n’ibindi bihugu urugero rwiza mu kurirwanya, bakurikije uburyo ikigo cya Isange one stop center gikoresha.

Yagize ati:”Rwose nkigera hano nagiye nirebera uburyo bukoreshwa n’iki kigo mu gufasha uwahohotewe, ku buryo nasanze ari ibintu bishimishije cyane; harimo n’ukuntu habaho gukusanya ibimenyetso by’ihohotera bigashyikirizwa ubutabera”.

Avuga uburyo ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’irikorerwa abana rishobora gukumirwa ndetse rikanacika burundu, Bangura yavuze ko isi yose ikeneye kumva neza uburemere bw’iki kibazo ndetse buri wese akumva ko bimureba kurwanya iri hohoterwa.

Yagize ati:” dukeneye kumenya neza iby’iki kibazo ku buryo habaho kwiyemeza no kugira ubushake mu kurikumira burundu rigacika, tukongera ubukangurambaga ndetse tukareka guceceka mu gihe ryabayeho, ariko kandi hakanabaho ubufatanye bw’ibihugu. Ndemeza rwose ko tuzarikumira rigacika burundu”.

Mu ruzinduko rwe, Bangura yari ari kumwe n’uhagarariye mu Rwanda ishami ry’umuryango w’Abibumbye rishinzwe guteza imbere abagore (UN Women) Fatou-Lo; bakaba barakiriwe n’Umuyobozi wa Loboratwari ya Kigali ( Kigali Forensic Laboratory) Commissioner of Police (CP) Daniel Nyamwasa, aho yababwiye ko ikigo cya Isange one stop center gikeneye gusuzuma uduce ndangabuzima (DNA) ku muntu, ku buryo mu kwezi kwa Mutarama 2017 laboratwari yabo izatangira imirimo ;bityo bikazafasha imikorere myiza na serivisi za Isange one stop center. Ugusuzuma izi DNA, ubusanzwe zoherezwaga mu gihugu cy’u Budage gusuzumirwayo.

Ubwo aba bashyitsi basuraga Isange one stop center, hari n’umuyobozi wungirije w’Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe itangazamakuru, imibanire n’imikoranire myiza ya Polisi n’inzego zitandukanye, Chief Superintendent of Police (CSP) Lynder Nkuranga n’Umuhuzabikorwa wa Isange one stop center Superintendent of Police (SP) Shafiga Murebwayire.

SP Shafiga yabwiye aba bashyitsi ko Isange one stop center yashyizweho mu mwaka w’2009, ikaba ifasha abahohotewe mu bijyanye n’ubujyanama ku ihungabana, ubuvuzi, ndetse abahuye n’iri hohoterwa bagafashwa mu bijyanye n’ubutabera; aho abakekwaho gukora ihohotera bafatwa ndetse bagashyikirizwa ubutabera.

-4416.jpg

Isange one stop center, inafasha kandi kwirinda inda zitateganyijwe, gukumira no kwandura agakoko gatera SIDA n’indwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina n’ibindi.

RNP

2016-10-18
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Urugendo rugoye rwo kugeza imbere y’ubutabera umwicanyi Vincent Murekezi,wari utunze intwaro mu gihugu cya Malawi anashyigikiwe n’abategetsi bo muri icyo gihugu

Urugendo rugoye rwo kugeza imbere y’ubutabera umwicanyi Vincent Murekezi,wari utunze intwaro mu gihugu cya Malawi anashyigikiwe n’abategetsi bo muri icyo gihugu

Ubwanditsi 12 May 2023
Polisi y’u Rwanda irihanangiriza abakoresha abana imirimo ivunanye

Polisi y’u Rwanda irihanangiriza abakoresha abana imirimo ivunanye

Ubwanditsi 10 Apr 2016
Col Willy Bagabe yashyinguwe

Col Willy Bagabe yashyinguwe

Ubwanditsi 12 Jun 2016
Burundi: CNDD igiye guhagurukira Imbonerakure n’Abarwanashyaka bayiteza urubwa

Burundi: CNDD igiye guhagurukira Imbonerakure n’Abarwanashyaka bayiteza urubwa

Ubwanditsi 06 Oct 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Urubanza rwa Wamala ukekwaho kwica Mowzey Radio rwasubitswe
SHOWBIZ

Urubanza rwa Wamala ukekwaho kwica Mowzey Radio rwasubitswe

Ubwanditsi 27 Feb 2018
Rayon Sports yegukanye igikombe kuruta ibindi “SuperCup” itsinze APR FC ibitego 3-0
Amakuru

Rayon Sports yegukanye igikombe kuruta ibindi “SuperCup” itsinze APR FC ibitego 3-0

Ubwanditsi 12 Aug 2023
Turebere hamwe imyanzuro yafatiwe mu Nama y’Umushyikirano yateranye ku nshuro ya 20
Amakuru

Turebere hamwe imyanzuro yafatiwe mu Nama y’Umushyikirano yateranye ku nshuro ya 20

RUSHYASHYA 18 Feb 2026

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru