• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Abapolisi bahuguwe ku buringanire bugamije iterambere rirambye

Abapolisi bahuguwe ku buringanire bugamije iterambere rirambye

Ubwanditsi 03 Jun 2016 Mu Mahanga

​Abapolisi 100 b’imboni z’uburinganire bavuye mu mitwe itandukanye ya Polisi mu gihugu hose , ejo taliki ya 2 Kamena zatangiye amahugurwa y’iminsi ibiri ku guteza imbere ihame ry’uburinganire rigamije amajyambare arambye, akaba yafunguwe ku mugaragaro n’Umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda wungirije ushinzwe ubutegetsi n’abakozi, Deputy Inspector General of Police (DIGP) , Juvenal Marizamunda.

Aya mahugurwa agamije kurebera hamwe imbogamizi ku iterambere ry’uburinganire no gufata ingamba hanongerwa ubumenyi kuri izi mboni z’uburinganire ngo zizabone uko zishyira mu bikorwa gahunda za Polisi y’u Rwanda ku ihame ry’uburinganire.

Mu ijambo yagejeje kuri izi mboni, DIGP Marizamunda yagize ati:”Aya mahugurwa ni kimwe mu bigize uruhererekane rw’imbaraga dukoresha mu kwimakaza uburinganire muri Polisi y’u Rwanda; ni n’umurongo kandi w’igihugu wibanda ku buringanire bwa bose,…aya mahugurwa akwiye gufasha abayarimo kugira ubushobozi no kwigirira icyizere mu gukemura ibibazo by’uburinganire bahura nabyo mu mitwe bakoreramo.”

Yagize kandi ati:”Kugirango turenge imbibi z’umuco, tugomba gukomeza guha ubushobozi abagore kugirango binjire neza mu bikorwa byubaka igihugu.Igihe cyose bazahabwa umwanya nk’uw’abagabo mu buryo bungana bazakora neza ndetse cyane.”

Yavuze ko politiki y’uburinganire muri Polisi y’u Rwanda igeze kure mu guha amahirwe abanyarwanda bose agira ati:” Ibi tubigeze kure, uyu munsi dufite 20 ku ijana by’abagore mu bapolisi bose kandi bagomba kongerwa kandi bafite ishema ryo gutanga umusanzu ku mutekano ku gihugu cyabo.”

Mu kubishyira mu bikorwa kandi, Polisi y’u Rwanda yashyizeho uburyo bwinshi, burimo gushyiraho ishami rishinzwe uburinganire, irirwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina ndetse no gushyiraho imboni z’uburinganire muri buri mutwe wa Polisi aho ukorera hose.

Biteganyijwe ko aya mahugurwa azarangira abayitabiriye bafatiye hamwe ingamba zo gutsimbataza ihame ry’uburinganire mu mitwe bakoreramo no hanze yayo byose bigamije iterambere.

RNP

2016-06-03
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uganda: Urukiko rwategetse ko Gen Tumukunde ushinjwa ubugambanyi afungwa by’agateganyo

Uganda: Urukiko rwategetse ko Gen Tumukunde ushinjwa ubugambanyi afungwa by’agateganyo

Ubwanditsi 18 Mar 2020
Geneve : U Rwanda rwasabye ibihugu byafashaga Habyarimana guhishura inyandiko z’ibikorwa byazo mu Rwanda

Geneve : U Rwanda rwasabye ibihugu byafashaga Habyarimana guhishura inyandiko z’ibikorwa byazo mu Rwanda

Ubwanditsi 12 Apr 2018
Ntayima nyina akabara: Kabuga Félicien ukurikiranyweho Jenoside yaribyaye

Ntayima nyina akabara: Kabuga Félicien ukurikiranyweho Jenoside yaribyaye

Ubwanditsi 24 Nov 2022
Ibitero bikakaye by’Ingabo za Congo FARDC byirukanye mu birindiro umutwe wa FDLR uhungira muri pariki

Ibitero bikakaye by’Ingabo za Congo FARDC byirukanye mu birindiro umutwe wa FDLR uhungira muri pariki

Ubwanditsi 02 Dec 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Minisitiri Mushikiwabo yahaye ikaze abakinnyi n’abafana baje muri CHAN 2016
IMIKINO

Minisitiri Mushikiwabo yahaye ikaze abakinnyi n’abafana baje muri CHAN 2016

Ubwanditsi 07 Jan 2016
Tecno yashyize ku isoko telefoni nshya Camon X na Camon X Pro zizanye ikoranabuhanga rigezweho
IKORANABUHANGA

Tecno yashyize ku isoko telefoni nshya Camon X na Camon X Pro zizanye ikoranabuhanga rigezweho

Ubwanditsi 28 Apr 2018
Gen (Rtd) Kabarebe yagizwe Umunyamabanga wa Leta muri Minaffet, Francis Gatare asubira muri RDB
Amakuru

Gen (Rtd) Kabarebe yagizwe Umunyamabanga wa Leta muri Minaffet, Francis Gatare asubira muri RDB

Ubwanditsi 28 Sep 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru