• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yakurikiye umukino wa UEFA Super Cup wahuje amakipe ya PSG na Aston Villa yamamaza u Rwanda   |   12 Aug 2026

  • Myugariro Imanishimwe Emmanuel watandukanye na AEL Limassol yo muri Chypre yerekeje mu ikipe ya Chennaiyin FC yo mu Buhinde   |   11 Aug 2026

  • Rayon Sports yaguze myugariro w’Umunya-Côte d’Ivoire, Mohamed Ouattara wakiniye Wydad Casablanca, Simba SC na Al Hilal   |   10 Aug 2026

  • Kuki Jean Bosco Gasasira yapfuye umuryango we ukabimenya nyuma y’icyumweru?     |   09 Aug 2026

  • Inganda z’inzoga zitujuje ubuziranenge nk’Ibyuma zarimo ibibazo byinshi bigira ingaruka ku buzima bw’abaturage   |   09 Aug 2026

  • AMAFOTO: Amateka aranditswe, bisabye imyaka 28 ngo Rayon Sports itware CECAFA Kagame Cup ya kabiri mu mateka yayo   |   07 Aug 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Umunyarwanda yiciwe muri Uganda urw’agashinyaguro ashyingurwa mu ibanga

Umunyarwanda yiciwe muri Uganda urw’agashinyaguro ashyingurwa mu ibanga

Ubwanditsi 06 Jan 2020 INKURU NYAMUKURU

Nsabimana Emmanuel w’imyaka 42 y’amavuko wari usanzwe uba muri Uganda yasobanuye iby’urupfu rw’agashinyaguro rwakorewe mugenzi we w’umunyarwanda babana, nyuma akaza gushyingurwa mu muhezo n’inzego z’umutekano zo muri iki gihugu n’abayobozi baho.

Tariki ya 31 Ukuboza nibwo uwitwa Mbonabaheka Célestin, wari utuye Kisoro muri Uganda, yishwe n’abantu batazwi azizwa kuba yari agiye gutabara umuturanyi we w’umunyarwanda wari utewe n’abantu batamenyekanye bashaka kumwica.

Uyu Mbonabaheka yabaga muri Uganda mu buryo bwemewe n’amategeko, akora akazi ko gutaka inzu akoresheje urwondo, mu gihe atabonye ako kazi yakoraga indi mirimo irimo ubuhinzi n’ibindi nk’uko Nsabimana abivuga.

Nsabimana avuga ko akimara kumenya ko mugenzi we yapfuye, yihutiye kujya gushaka umurambo we ngo ushyingurwe ariko aza gusanga Polisi ya Uganda yamaze kuwushyingura.

Ati “Yishwe mu ijoro ribanziriza Ubunani kuri 31 Ukuboza, mu gitondo ku ya Mbere Mutarama nibwo bampamagaye bambwira ko bamwishe, nageze aho yiciwe mpasanga amaraso menshi, nkurikiranye aho umurambo we uri ngo tumushyingure, abapolisi ba Uganda barambwiye ngo ninkomeza kumukurikirana baraduhambiranya banaduce miliyoni nyinshi, nyuma nibo bamwishyinguriye nta muntu n’umwe uhari.”

Akomeza avuga ko uyu nyakwigendera yazize kuba yari agiye gutabara mugenzi we w’umunyarwanda bari bagiye kwica.

Ati “Ubundi abantu bamwishe bari bateye urugo rw’umunyarwanda witwa Bayavuge Denys baturanye, yatatse atabaza ngo baramwishe, ntihagira undi umutabara kuko iyo utewe uri umunyarwanda nta mugande wagutabara, nibwo uyu nyakwigendera yabyutse akivuga ngo komera, bahise bakubita urugi rwe baramusohora bamutema mu mutwe, urutirigongo, bamuca akaboko n’amaguru bamuta aho.”

Akomeza avuga ko imodoka y’abayobozi bo muri Uganda ariyo yamutwaye nyuma aza gushyingurwa na polisi mu irimbi rya Kisoro nta muntu n’umwe wo mu muryango we bamenyesheje cyangwa undi munyarwanda mugenzi we.

Abo mu muryango wa nyakwigendera bavuga ko batewe intimba no kuba umuntu wabo yarishwe urw’agashinyaguro agashyingurwa batabimenyeshejwe.

Mukamazera Béatrice ni umugore wa nyakwigendera, yavuze ko urupfu rw’umugabo we rutazigera rumuvamo.

At “Iyo nibura batwemerera no kumushyingura, batwicire umuntu nabi azizwa gutabara mugenzi we bahoraga ko ari umunyarwanda, banamushyingure tudahari? Ibi bintu Uganda iba ikwiye kubibazwa rwose, ubu nsigaranye ikibazo gikomeye cy’uko nzarera abana bane ansigiye.”

Mbonabaheka yari amaze imyaka umunani aba muri Uganda, asize umugore n’abana bane kuri ubu batuye mu Murenge wa Kinoni mu Karere ka Burera.

Muri abo bana harimo uw’imyaka 12 wabaga muri Uganda, yahise acyurwa na Nsabimana asubizwa mu muryango we.

Nsabimana wavuze ko atazasubira muri Uganda ukundi, yasabye abanyarwanda bafite ibitekerezo byo kugana muri iki gihugu cy’abaturanyi ko babyibagirwa kuko n’abariyo bahigwa ngo bicwe abandi bagafungwa.

Umuryango wa nyakwigendera wasazwe n’agahinda nyuma y’uko ubuve uwo wakundaga

Nsabimana yatanze ubuhamya bw’uburyo Mbonabaheka yishwe urw’agashinyaguro

2020-01-06
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abajenosideri n’ibigarasha byo muri Mozambique mu bihuha bitagira epfo na ruguru basebya RDF

Abajenosideri n’ibigarasha byo muri Mozambique mu bihuha bitagira epfo na ruguru basebya RDF

Ubwanditsi 09 Feb 2022
Itangazamakuru ritagatifuza abicanyi ntaho ritaniye nabo.

Itangazamakuru ritagatifuza abicanyi ntaho ritaniye nabo.

Ubwanditsi 06 Jun 2024
Perezida wa Estonia yageze mu Rwanda mu ruzinduko rw’akazi

Perezida wa Estonia yageze mu Rwanda mu ruzinduko rw’akazi

Ubwanditsi 16 Nov 2017
Debora Kayembe, umwe mu bayobozi ba Kaminuza ya EDINBURGH yo muri Ecosse, ari mu kaga kubera guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi

Debora Kayembe, umwe mu bayobozi ba Kaminuza ya EDINBURGH yo muri Ecosse, ari mu kaga kubera guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 23 Apr 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ubukungu bw’u Rwanda bwiyongereye ku kigero cya 1.7% mu gihembwe cya mbere cya 2017
UBUKUNGU

Ubukungu bw’u Rwanda bwiyongereye ku kigero cya 1.7% mu gihembwe cya mbere cya 2017

Ubwanditsi 10 Jul 2017
Koffi Olomide atagerejwe  i Kigali
IMIKINO

Koffi Olomide atagerejwe i Kigali

Ubwanditsi 10 Nov 2016
Hagati ya Major Robert Higiro na David Himbara  umwe ashobora kwica undi
ITOHOZA

Hagati ya Major Robert Higiro na David Himbara umwe ashobora kwica undi

Ubwanditsi 02 Sep 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru