• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Perezida Kagame arasezera Sheikh Hamad wagize Qatar igihangange   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Umunyarwanda yiciwe muri Uganda urw’agashinyaguro ashyingurwa mu ibanga

Umunyarwanda yiciwe muri Uganda urw’agashinyaguro ashyingurwa mu ibanga

Ubwanditsi 06 Jan 2020 INKURU NYAMUKURU

Nsabimana Emmanuel w’imyaka 42 y’amavuko wari usanzwe uba muri Uganda yasobanuye iby’urupfu rw’agashinyaguro rwakorewe mugenzi we w’umunyarwanda babana, nyuma akaza gushyingurwa mu muhezo n’inzego z’umutekano zo muri iki gihugu n’abayobozi baho.

Tariki ya 31 Ukuboza nibwo uwitwa Mbonabaheka Célestin, wari utuye Kisoro muri Uganda, yishwe n’abantu batazwi azizwa kuba yari agiye gutabara umuturanyi we w’umunyarwanda wari utewe n’abantu batamenyekanye bashaka kumwica.

Uyu Mbonabaheka yabaga muri Uganda mu buryo bwemewe n’amategeko, akora akazi ko gutaka inzu akoresheje urwondo, mu gihe atabonye ako kazi yakoraga indi mirimo irimo ubuhinzi n’ibindi nk’uko Nsabimana abivuga.

Nsabimana avuga ko akimara kumenya ko mugenzi we yapfuye, yihutiye kujya gushaka umurambo we ngo ushyingurwe ariko aza gusanga Polisi ya Uganda yamaze kuwushyingura.

Ati “Yishwe mu ijoro ribanziriza Ubunani kuri 31 Ukuboza, mu gitondo ku ya Mbere Mutarama nibwo bampamagaye bambwira ko bamwishe, nageze aho yiciwe mpasanga amaraso menshi, nkurikiranye aho umurambo we uri ngo tumushyingure, abapolisi ba Uganda barambwiye ngo ninkomeza kumukurikirana baraduhambiranya banaduce miliyoni nyinshi, nyuma nibo bamwishyinguriye nta muntu n’umwe uhari.”

Akomeza avuga ko uyu nyakwigendera yazize kuba yari agiye gutabara mugenzi we w’umunyarwanda bari bagiye kwica.

Ati “Ubundi abantu bamwishe bari bateye urugo rw’umunyarwanda witwa Bayavuge Denys baturanye, yatatse atabaza ngo baramwishe, ntihagira undi umutabara kuko iyo utewe uri umunyarwanda nta mugande wagutabara, nibwo uyu nyakwigendera yabyutse akivuga ngo komera, bahise bakubita urugi rwe baramusohora bamutema mu mutwe, urutirigongo, bamuca akaboko n’amaguru bamuta aho.”

Akomeza avuga ko imodoka y’abayobozi bo muri Uganda ariyo yamutwaye nyuma aza gushyingurwa na polisi mu irimbi rya Kisoro nta muntu n’umwe wo mu muryango we bamenyesheje cyangwa undi munyarwanda mugenzi we.

Abo mu muryango wa nyakwigendera bavuga ko batewe intimba no kuba umuntu wabo yarishwe urw’agashinyaguro agashyingurwa batabimenyeshejwe.

Mukamazera Béatrice ni umugore wa nyakwigendera, yavuze ko urupfu rw’umugabo we rutazigera rumuvamo.

At “Iyo nibura batwemerera no kumushyingura, batwicire umuntu nabi azizwa gutabara mugenzi we bahoraga ko ari umunyarwanda, banamushyingure tudahari? Ibi bintu Uganda iba ikwiye kubibazwa rwose, ubu nsigaranye ikibazo gikomeye cy’uko nzarera abana bane ansigiye.”

Mbonabaheka yari amaze imyaka umunani aba muri Uganda, asize umugore n’abana bane kuri ubu batuye mu Murenge wa Kinoni mu Karere ka Burera.

Muri abo bana harimo uw’imyaka 12 wabaga muri Uganda, yahise acyurwa na Nsabimana asubizwa mu muryango we.

Nsabimana wavuze ko atazasubira muri Uganda ukundi, yasabye abanyarwanda bafite ibitekerezo byo kugana muri iki gihugu cy’abaturanyi ko babyibagirwa kuko n’abariyo bahigwa ngo bicwe abandi bagafungwa.

Umuryango wa nyakwigendera wasazwe n’agahinda nyuma y’uko ubuve uwo wakundaga

Nsabimana yatanze ubuhamya bw’uburyo Mbonabaheka yishwe urw’agashinyaguro

2020-01-06
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Nta shyaka na rimwe rya opposition  rikorera mu buhungiro  ryahungabanya umutekano w’u Rwanda –Rutayisire Boniface

Nta shyaka na rimwe rya opposition  rikorera mu buhungiro  ryahungabanya umutekano w’u Rwanda –Rutayisire Boniface

Ubwanditsi 30 Jul 2018
Ipfunwe n’ikimwaro ryo gushaka mu muryango mugari w’interahamwe  nibyo bituma Rwalinda Pierre Celestin aharanira guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi

Ipfunwe n’ikimwaro ryo gushaka mu muryango mugari w’interahamwe  nibyo bituma Rwalinda Pierre Celestin aharanira guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 13 Aug 2020
Manda ya Mfumukeko igeze ku musozo, yaranzwe no kunyereza umutungo, gusubiza inyuma Umuryango wa EAC ndetse no guhunga Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Manda ya Mfumukeko igeze ku musozo, yaranzwe no kunyereza umutungo, gusubiza inyuma Umuryango wa EAC ndetse no guhunga Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 23 Feb 2021
Rudasingwa yateje ubwega ko ibibazo afite yabitewe na Kayumba

Rudasingwa yateje ubwega ko ibibazo afite yabitewe na Kayumba

Ubwanditsi 22 Feb 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame yafunguye Kigali Arena, aha urubyiruko umukoro wo kugira u Rwanda igihangange
IMIKINO

Perezida Kagame yafunguye Kigali Arena, aha urubyiruko umukoro wo kugira u Rwanda igihangange

Ubwanditsi 10 Aug 2019
Batatu mu bayobozi b’akarere ka Gicumbi batawe muri yombi
Mu Rwanda

Batatu mu bayobozi b’akarere ka Gicumbi batawe muri yombi

Ubwanditsi 02 Nov 2017
Ukuri kutavuzwe ku rugendo rwa Tshisekedi muri Uganda
Amakuru

Ukuri kutavuzwe ku rugendo rwa Tshisekedi muri Uganda

Ubwanditsi 31 Oct 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru