• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Ntiwatsinda umuntu urwanira kubaka igihugu wowe urwanira kugisenya – Gen Kabarebe

Ntiwatsinda umuntu urwanira kubaka igihugu wowe urwanira kugisenya – Gen Kabarebe

Ubwanditsi 17 Dec 2019 POLITIKI

Umujyanama Mukuru wa Perezida wa Repubulika mu bya Gisirikare n’Umutekano, Gen James Kabarebe, yabwiye urubyiruko ko rugomba guharanira kubaka igihugu cyarwo, kuko abashaka kugisenya batazigera batsinda urwo rugamba.

Ni ubutumwa yahaye urubyiruko rusaga 500, rwitabiriye Itorero ry’Urungano, mu Kigo cy’Ubutore cya Nkumba mu Karere ka Burera. Gen Kabarebe yabagezagaho ikiganiro cyubakiye ku “Indangagaciro za RPA/RDF mu rugamba rwo kubohora u Rwanda, guhagarika Jenoside no kubaka u Rwanda Rushya.’’

Yabwiye urubyiruko ko kuba nta gihugu abagize RPA bagiraga, biri mu byatumye batangiza urugamba rwo kubohora igihugu cyabo, kuko umuntu arengerwa n’igihugu cye, yaba atagifite akageragezwa n’ikibonetse cyose.

Yakomeje ati “Urugamba rwo kubohora igihugu no guhagarika Jenoside twabigezeho tutarusha ibikoresho n’ingabo abo twari duhanganye. Twatsinze Urugamba kuko twari dufite intego, twunze ubumwe, indangagaciro zirimo ikinyabupfura no gukunda igihugu.”

Gen Kabarebe yavuze ko ushaka kumenya ingufu za RPF Inkotanyi azimenyera mu kudagungabanywa n’icyo ari cyo cyose mu murongo wo kubaka igihugu, ashimangira ko ari zo zatumye ibasha kuyobora urugamba rwo kubaka u Rwanda rushya.

Yashimangiye ko abagifite imigambi yo gushaka gusubiza u Rwanda aho rwavuye badateze kubigeraho kuko barushywa n’ubusa.

Yakomeje ati “Ntabwo watsinda umuntu urwanira kubaka igihugu wowe urwanira kugisenya, ntabwo byakunda.”

Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco, Bigenimana Emmanuel, we yasobanuriye abatozwa, Gahunda ya Guverinoma y’imyaka irindwi yo kwihutisha iterambere (NST1) n’uruhare urubyiruko rwitezweho.

Yabwiye urubyiruko ko rugize hafi 70% by’Abanyarwanda, bisobanuye ko ntacyo leta yashaka kugeraho mu cyerekezo cyayo atari rwo imishinga yose yubakiyeho.

Yagize ati “Nta muntu n’umwe ushobora gukirira mu gihugu cyimakaje ruswa cyangwa kirimo amacakubiri, murasabwa guhangana n’ibi bibazo kugira ngo mubashe kubaka iki gihugu.”

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’amahanga, Nduhungirehe Olivier, yasobanuye ko aho ibintu bigeze nta Munyarwanda ushobora kuvutswa ubwenegihugu, ko Umunyarwanda yemerewe ubwenegihugu burenze bumwe kandi ko yemerewe gutura aho ashaka ku Isi hose.

Yabwiye urubyiruko ati “Turabasaba gushaka ubumenyi, aho muri hose mwige mugire impamyabumenyi zishoboka kuko u Rwanda ni igihugu dushaka ko cyubakira ubukungu ku bumenyi kandi ni mwe muzabigiramo uruhare.”

Yakomeje avuga ko icyishe u Rwanda kikarugeza kuri Jenoside yakorewe Abatutsi ari uko leta zariho zigishije amacakubiri kugeza no mu mashuri, ubu Abanyarwanda bunze ubumwe muharanire ko nta cyabusenya.

Yashishikarije urubyiruko ruba mu mahanga by’umwihariko guhangana n’abagipfobya Jenoside yakorewe Abatutsi bifashishije imbuga nkoranyambaga n’itangazamakuru.

Muri iki kiganiro, abatozwa bahawe umwanya wo kubaza ibibazo no gutanga ibitekerezo ku cyateza imbere u Rwanda, bashimangira ko bambariye urugamba rwo kubaka igihugu.

Urubyiruko rusaga 500 rwitabiriye Itorero ry’Urungano mu Kigo cy’Ubutore cya Nkumba

Urubyiruko rwashimangiye ko rwambariye urugamba rwo kubaka igihugu

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’amahanga, Nduhungirehe Olivier, yasobanuye ko aho ibintu bigeze nta Munyarwanda ushobora kuvutswa ubwenegihugu

Umujyanama Mukuru wa Perezida wa Repubulika mu bya Gisirikare n’Umutekano, Gen James Kabarebe, yabwiye urubyiruko ko kuba nta gihugu abagize RPA bagiraga biri mu byatumye batangiza urugamba rwo kubohora igihugu cyabo
Src : igihe

2019-12-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Kagame yatumiye Macron kuzasura u Rwanda

Perezida Kagame yatumiye Macron kuzasura u Rwanda

Ubwanditsi 24 May 2018
Ikindi cyegeranyo ku ruhare rw’Ubufaransa muri Jenoside yakorewe Abatutsi kirashyirwa ahagaragara kuri uyu wa mbere tariki 19 Mata 2021

Ikindi cyegeranyo ku ruhare rw’Ubufaransa muri Jenoside yakorewe Abatutsi kirashyirwa ahagaragara kuri uyu wa mbere tariki 19 Mata 2021

Ubwanditsi 19 Apr 2021
Lubumbashi: Hari  Imyigaragambyo Ikomeye Y’abaturage Basaba Igaruka Rya Moise Katumbi

Lubumbashi: Hari Imyigaragambyo Ikomeye Y’abaturage Basaba Igaruka Rya Moise Katumbi

Ubwanditsi 07 Aug 2018
Nikobisanzwe yagizwe ambasaderi wa mbere w’u Rwanda muri Mozambique

Nikobisanzwe yagizwe ambasaderi wa mbere w’u Rwanda muri Mozambique

Ubwanditsi 15 Sep 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ufitiye umwenda leta agiye gukomanyirizwa [ gushyirwa mu kato ]
UBUKUNGU

Ufitiye umwenda leta agiye gukomanyirizwa [ gushyirwa mu kato ]

Ubwanditsi 27 Apr 2018
Amafoto – Rayon Sports yamuritse imyambaro mishya izakoresha mu mwaka w’imikino wa 2023-2024
Amakuru

Amafoto – Rayon Sports yamuritse imyambaro mishya izakoresha mu mwaka w’imikino wa 2023-2024

Ubwanditsi 25 Jul 2023
Umuryango w’Ikigarasha Bénoit MUHOZA,Urarira ayo Kwarika, ngo Wapfushije Uhagaritse!!
ITOHOZA

Umuryango w’Ikigarasha Bénoit MUHOZA,Urarira ayo Kwarika, ngo Wapfushije Uhagaritse!!

Ubwanditsi 19 Aug 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru