• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Abakinnyi 19 muri 28 bahamagawe n’umutoza Stephen Constantine witegura gukina na Liberia na Cap-Vert, bakina hanze y’u Rwanda   |   09 Sep 2026

  • Irabu: Ibigarahamwe mwitege iyi nkota ya menge ivuye muri Oman nimukoronge ariko nimurenga wa murongo izabarya   |   09 Sep 2026

  • Cricket: U Rwanda rwitwaye neza mu mukino ufungura irushanwa rya ILT20 Continent Cup 2026   |   08 Sep 2026

  • Byatsi Baker yongeye kwikirigita araseka, mu mugambi we wa mpemuke ndamuke akomeje wo kwambara urubwa rwo gusebya u Rwanda rwabyaye Nyina   |   08 Sep 2026

  • Cassa Mbungo yahamagaye ikipe y’igihugu y’u Rwanda U20, banatangira imyitozo yitegura imikino ya CECAFA izabera muri Tanzania   |   08 Sep 2026

  • Patrice Evra wakiniye Manchester United n’ikipe y’igihugu y’u Bufaransa, uri mu Rwanda yashimye intambwe y’u Rwanda nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi   |   03 Sep 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Byukusenge Patrick yigaruriye icyizere muri Tour du Cameroun azamuka imyanya itatu

Byukusenge Patrick yigaruriye icyizere muri Tour du Cameroun azamuka imyanya itatu

Ubwanditsi 30 May 2018 IMIKINO

Ku munsi wa Kane wa Tour du Cameroun, kapiteni wa Team Rwanda, Byukusenge Patrick yigaruriye icyizere nyuma yo gusoza ari uwa kabiri mu gace kavaga Douala kajya i Limbe, ku rutonde rusange azamuka imyanya itatu.

Iri siganwa mpuzamahanga rizenguruka Cameroun, ryatangiye ku wa Gatandatu tariki 26 Gicurasi rikomeza ku Cyumweru ariko agace ko ku wa Mbere kari kuzenguruka Douala ku ntera ya kilometero 108 ntikabashije gukinwa kubera imvura nyinshi yaguye kagakurwaho.

Mu gace ka kane bakinnye kuri uyu wa Kabiri bava Douala bajya i Limbe ku ntera ya kilometero 75.5, Byukusenge yasoje ari uwa kabiri akoresheje isaha 1:53:41 anganya n’Umunya- Slovakia, Haring Martin, wabaye uwa mbere, basiga Konstantinov Radoslav Valentinov wa gatatu amasegonda 02 naho Uwizeyimana Bonaventure wa kane asigwa amasegonda 0:23.

Muri aka gace, Munyaneza Didier yasoje ari uwa 13, Ukiniwabo Jean Paul René aba uwa 17, Nsengimana Jean Bosco aba uwa 20 naho Hadi Janvier asoza ari uwa 23.

Kwitwara neza byatumye Byukusenge azamuka ku rutonde rusange ava ku mwanya wa karindwi afata uwa kane asigwa umunota 1:03 na Richet Noël bikaba bishoboka ko ashobora gukomeza kugabanya ikinyuranyo.

Kuri uru rutonde, Uwizeyimana Bonaventure wafashije cyane mugenzi we, yavuye ku mwanya wa gatanu ajya ku wa karindwi, Ukiniwabo Jean Paul René azamuka imyanya icyenda ava ku wa 21 aba uwa 12, Munyaneza Didier azamuka imyanya 11 ava ku wa 24 aba uwa 13, Nsengimana Jean Bosco azamuka 19 aba 21 avuye ku wa 40 naho Hadi Janvier asubira inyuma itatu aba uwa 31 avuye ku wa 28.

Nsengimana yagumanye umwambaro w’umukinnyi uzamuka imisozi kurusha abandi yambaye kuva ku munsi wa mbere, Ukiniwabo Jean Paul René agumana umwanya wa kabiri mu bakinnyi beza bakiri bato akurikiwe na Munyaneza Didier naho ikipe y’u Rwanda ikaba ari iya gatatu inyuma ya Martigues Sport Cyclisme yo mu Busuwisi na Dukla Banska Bystrica yo muri Slovakia.

Kuri gahunda, abakinnyi bagomba kuruhuka kuri uyu wa Gatatu mbere yo gukora agace ka Mbanga bajya Bafang kareshya na kilometero 121.5, tariki ya 1 Kamena bakazakora urugendo rw’ibilometero 98 bazenguruka Bafoussam, mu gitondo cyaho bakore ibilometero 83.7 bazenguruka Tonga basoze isiganwa tariki 3 Kamena bakora urugendo rw’ibilometero 122.8 ruva Bafia bajya i Yaoundé.

2018-05-30
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Nyuma yaho Amavubi U23 asezerewe na Mali U23 yageze mu Rwanda, AS Kigali na Kiyovu SC mu makipe yitwaye neza ubwo hakinwaga umunsi wa 7

Nyuma yaho Amavubi U23 asezerewe na Mali U23 yageze mu Rwanda, AS Kigali na Kiyovu SC mu makipe yitwaye neza ubwo hakinwaga umunsi wa 7

Ubwanditsi 31 Oct 2022
Amafoto – Kepler VC na APR WVC begukanye igikombe cyo kwibuka Padiri Kayumba wayoboraga GSOB

Amafoto – Kepler VC na APR WVC begukanye igikombe cyo kwibuka Padiri Kayumba wayoboraga GSOB

Ubwanditsi 05 Mar 2024
Byiringiro Lague wakiniraga APR FC, yerekeje muri Sandvikens IF yo mu kiciro cya gatatu muri Suwede

Byiringiro Lague wakiniraga APR FC, yerekeje muri Sandvikens IF yo mu kiciro cya gatatu muri Suwede

Ubwanditsi 07 Mar 2023
Umunsi wa mbere wa Tour du Rwanda mu nzira ya Kigali-Rwamagana-Kigali

Umunsi wa mbere wa Tour du Rwanda mu nzira ya Kigali-Rwamagana-Kigali

Ubwanditsi 24 Feb 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Masisi: Hagabwe igitero gihitana ubuzima bw’abantu 14
HIRYA NO HINO

Masisi: Hagabwe igitero gihitana ubuzima bw’abantu 14

Ubwanditsi 09 Oct 2018
Bombori Bombori muri RNC: Umwiryane mu bigarasha  bya RNC urakomeje, Benoit Umuhoza yasezerewe, Deo Nyiligira niwe utahiwe
INKURU NYAMUKURU

Bombori Bombori muri RNC: Umwiryane mu bigarasha  bya RNC urakomeje, Benoit Umuhoza yasezerewe, Deo Nyiligira niwe utahiwe

Ubwanditsi 29 May 2020
Mukura VS yasezereye Al Hilal Obayed ijya ku muryango w’amatsinda ya CAF
IMIKINO

Mukura VS yasezereye Al Hilal Obayed ijya ku muryango w’amatsinda ya CAF

Ubwanditsi 23 Dec 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

31 Aug 2026
Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru