• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Byukusenge Patrick yigaruriye icyizere muri Tour du Cameroun azamuka imyanya itatu

Byukusenge Patrick yigaruriye icyizere muri Tour du Cameroun azamuka imyanya itatu

Ubwanditsi 30 May 2018 IMIKINO

Ku munsi wa Kane wa Tour du Cameroun, kapiteni wa Team Rwanda, Byukusenge Patrick yigaruriye icyizere nyuma yo gusoza ari uwa kabiri mu gace kavaga Douala kajya i Limbe, ku rutonde rusange azamuka imyanya itatu.

Iri siganwa mpuzamahanga rizenguruka Cameroun, ryatangiye ku wa Gatandatu tariki 26 Gicurasi rikomeza ku Cyumweru ariko agace ko ku wa Mbere kari kuzenguruka Douala ku ntera ya kilometero 108 ntikabashije gukinwa kubera imvura nyinshi yaguye kagakurwaho.

Mu gace ka kane bakinnye kuri uyu wa Kabiri bava Douala bajya i Limbe ku ntera ya kilometero 75.5, Byukusenge yasoje ari uwa kabiri akoresheje isaha 1:53:41 anganya n’Umunya- Slovakia, Haring Martin, wabaye uwa mbere, basiga Konstantinov Radoslav Valentinov wa gatatu amasegonda 02 naho Uwizeyimana Bonaventure wa kane asigwa amasegonda 0:23.

Muri aka gace, Munyaneza Didier yasoje ari uwa 13, Ukiniwabo Jean Paul René aba uwa 17, Nsengimana Jean Bosco aba uwa 20 naho Hadi Janvier asoza ari uwa 23.

Kwitwara neza byatumye Byukusenge azamuka ku rutonde rusange ava ku mwanya wa karindwi afata uwa kane asigwa umunota 1:03 na Richet Noël bikaba bishoboka ko ashobora gukomeza kugabanya ikinyuranyo.

Kuri uru rutonde, Uwizeyimana Bonaventure wafashije cyane mugenzi we, yavuye ku mwanya wa gatanu ajya ku wa karindwi, Ukiniwabo Jean Paul René azamuka imyanya icyenda ava ku wa 21 aba uwa 12, Munyaneza Didier azamuka imyanya 11 ava ku wa 24 aba uwa 13, Nsengimana Jean Bosco azamuka 19 aba 21 avuye ku wa 40 naho Hadi Janvier asubira inyuma itatu aba uwa 31 avuye ku wa 28.

Nsengimana yagumanye umwambaro w’umukinnyi uzamuka imisozi kurusha abandi yambaye kuva ku munsi wa mbere, Ukiniwabo Jean Paul René agumana umwanya wa kabiri mu bakinnyi beza bakiri bato akurikiwe na Munyaneza Didier naho ikipe y’u Rwanda ikaba ari iya gatatu inyuma ya Martigues Sport Cyclisme yo mu Busuwisi na Dukla Banska Bystrica yo muri Slovakia.

Kuri gahunda, abakinnyi bagomba kuruhuka kuri uyu wa Gatatu mbere yo gukora agace ka Mbanga bajya Bafang kareshya na kilometero 121.5, tariki ya 1 Kamena bakazakora urugendo rw’ibilometero 98 bazenguruka Bafoussam, mu gitondo cyaho bakore ibilometero 83.7 bazenguruka Tonga basoze isiganwa tariki 3 Kamena bakora urugendo rw’ibilometero 122.8 ruva Bafia bajya i Yaoundé.

2018-05-30
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umukinnyi wa APR urwariye Kampala aratabaza

Umukinnyi wa APR urwariye Kampala aratabaza

Ubwanditsi 20 Sep 2017
Shampiyona y’u Rwanda irakomeza hakinwa umunsi wa gatandatu

Shampiyona y’u Rwanda irakomeza hakinwa umunsi wa gatandatu

Ubwanditsi 01 Dec 2021
Mukura VS yasinyishije Zapata Rodolfo Antonio nk’umutoza mukuru akazungirizwa na Mateso Jean De Dieu watwaye igikombe cy’Amahoro ari kumwe na AS Kigali

Mukura VS yasinyishije Zapata Rodolfo Antonio nk’umutoza mukuru akazungirizwa na Mateso Jean De Dieu watwaye igikombe cy’Amahoro ari kumwe na AS Kigali

Ubwanditsi 26 Mar 2021
Abakinnyi 10 ndetse n’umutoza w’ungirije wa Espoir FC ntabwo bagaragara ku munsi wa 20 wa Shampiyona y’u Rwanda

Abakinnyi 10 ndetse n’umutoza w’ungirije wa Espoir FC ntabwo bagaragara ku munsi wa 20 wa Shampiyona y’u Rwanda

Ubwanditsi 05 Mar 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame asanga Afurika itakomeza gutungwa n’inkunga z’amahanga ubuziraherezo
UBUKUNGU

Perezida Kagame asanga Afurika itakomeza gutungwa n’inkunga z’amahanga ubuziraherezo

Ubwanditsi 15 Oct 2019
Uganda: Igipfunsi cya Gen Katumba cyari kimpitanye – Depite Zaake
Mu Mahanga

Uganda: Igipfunsi cya Gen Katumba cyari kimpitanye – Depite Zaake

Ubwanditsi 01 Oct 2017
David Himbara Ntamunoza, niba uhakana ko uri umwanzi w’Abanyarwanda, kuki uhimbazwa n’ikibi kibabayeho, ukababazwa n’inkuru nziza ibavuzweho?
Amakuru

David Himbara Ntamunoza, niba uhakana ko uri umwanzi w’Abanyarwanda, kuki uhimbazwa n’ikibi kibabayeho, ukababazwa n’inkuru nziza ibavuzweho?

Ubwanditsi 19 Nov 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru