• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Miss Uwase Honorine ‘IGISABO’ yanze kwambara Bikini bituma abura umudari mu marushanwa ya ‘Miss Earth 2017’

Miss Uwase Honorine ‘IGISABO’ yanze kwambara Bikini bituma abura umudari mu marushanwa ya ‘Miss Earth 2017’

Ubwanditsi 15 Oct 2017 IMIKINO

Ku wa 7 Ukwakira, 2017 nibwo Miss Uwase Hirwa Honorine ‘IGISABO’ nibwo yahagurutse i Kigali yerekeza muri Philippines mu marushanwa ya ‘Miss Earth 2017’. Mu marushanwa yo kwambara umwenda wo kogana mu mazi kamwe mu bigize iri rushanwa Miss Igisabo yanze kwambara iyi myinda ahitamo kwambara ikanzu bituma abura umudari.

Agace ko kwambara umwenda wo ku mazi uzwi nka ‘Bikini’ ni kamwe mu duce tw’irushanwa dukorwa n’abitabira aya marushanwaya Miss Earth.

Abahatana basabwa kwiyerekana bambaye utwenda duhishe ibice by’ibanga gusa tumenyerewe koganwa ku mazi bagatambuka imbere y’inteko y’abacamanza (judges) noneho uwiyeretse neza cyangwa watambutse neza muri utu twenda akegukana umudari wa zahabu. Kuri uyu wa gatandatu tariki 14 Ukwakira, 2017 nibwo abakobwa bari muri ‘Miss Earth 2017’ biyeretse bambaye bikini ariko ubwo umunyarwandakazi Miss Uwase Hirwa Honorine yagerwagaho, yaje yambaye ikanzu ndende aho kwambara ibiteganywa n’amategeko agenga iri rushanwa.

-8363.jpg

Bisa n’ibitaratunguranye kuko abanyarwandakazi bagiye bitabira amarushanwa mpuzamahanga y’ubwiza bangaga kwambara ‘Bikini’ kubera impamvu z’umuco (nk’uko babivugaga). Na Miss ‘Igisabo’, n’ubwo ubwo twandikaga iyi nkuru tutari twakabashije kuvugana nawe, birashoboka ko yanze kwambara ‘Bikini kubera impamvu zisa n’iza bagenzi be.

-8364.jpg

Abambaye uyu mwambao batahanye umudari

Kwanga kubahiriza amabwiriza agenga irushanwa, byatumye Uwase Hirwa Honorine abura mudari.

Igihembo cy’umudari wa zahabu gitwarwa n’uwiyeretse muri Bikini kurusha abandi cyegukanwe na Nyampinga Karla Aponte waruhagarariye Puerto rico, umudari wa feza wegukanwa Sarah Laura Peyrel wo mu Busuwisi mu gihe umwanya wa gatatu wegukanwe na Nyampinga waruhagarariye USA wegukanye umudari w’umuringa.

-8365.jpg

Miss Igisabo agihinguka abari bakurikiye iri tushanwa ku mbuga nkoranyambaga baguye mu kantu bitewe nuko yambaye.

Amarushanwa ya ‘Miss Earth 2017’ azasozwa tariki 4 Ugushyingo, 2017 ari nabwo hazamenyekana Nyampinga uzegukana iri kamba.

Miss Uwase Hirwa Honorine ‘IGISABO’ yitabiriye aya marushwana nka Nyampinga ushyigikiwe kurusha abandi ‘Miss Populaire 2017’.

-8366.jpg

Miss Igisabo ni uku yaserutse yanze guta umuco gakondo

2017-10-15
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ikipe y’igihugu y’abahungu U19 muri Cricket yerekeje muri Nigeria guhatanira itike yo kuzakina imikino ya nyuma  y’igikombe cya Afurika

Ikipe y’igihugu y’abahungu U19 muri Cricket yerekeje muri Nigeria guhatanira itike yo kuzakina imikino ya nyuma y’igikombe cya Afurika

Ubwanditsi 29 Sep 2022
Bakame utagaragara mu bakinnyi 32 bahamagawe mu mwiherero w’ikipe y’igihugu,  yakoze impanuka

Bakame utagaragara mu bakinnyi 32 bahamagawe mu mwiherero w’ikipe y’igihugu, yakoze impanuka

Ubwanditsi 22 Aug 2018
Umunyezamu Hakizimana Adolphe werekeje muri AS Kigali, yashimiye Rayon Sports yari amazemo imyaka 4

Umunyezamu Hakizimana Adolphe werekeje muri AS Kigali, yashimiye Rayon Sports yari amazemo imyaka 4

Ubwanditsi 02 Jan 2024
Nizeyimana Olivier wayoboraga FERWAFA yeguye kuri uwo mwanya kubw’impamvu ze bwite

Nizeyimana Olivier wayoboraga FERWAFA yeguye kuri uwo mwanya kubw’impamvu ze bwite

Ubwanditsi 19 Apr 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

RwandAir igiye kugura indege enye mu kwagura ubwikorezi bw’imizigo
UBUKERARUGENDO

RwandAir igiye kugura indege enye mu kwagura ubwikorezi bw’imizigo

Ubwanditsi 26 Aug 2018
N’iki cyihishe inyuma yo gutangaza kwa bamwe ko bashaka kuyobora u Rwanda 2017
ITOHOZA

N’iki cyihishe inyuma yo gutangaza kwa bamwe ko bashaka kuyobora u Rwanda 2017

Ubwanditsi 03 Feb 2016
Umuryango wa Mageza wishwe n’iyicarubozo rya Uganda wasabye u Rwanda kuwufasha kugarura umurambo we
INKURU NYAMUKURU

Umuryango wa Mageza wishwe n’iyicarubozo rya Uganda wasabye u Rwanda kuwufasha kugarura umurambo we

Ubwanditsi 11 Feb 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru