• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

  • Prudence Nsengumukiza akomeje kuba umuyoboro w’interahamwe mu gushaka amaronko   |   20 Apr 2026

  • Perezida Kagame yashimiye amakipe afitanye ubufatanye na Visit Rwanda kubwo kugera muri 1/2 cya Champions League   |   16 Apr 2026

  • Diamond aritegura gutaramira i Kigali mu mpeshyi, mu gitaramo yise ‘Retro Tour’   |   15 Apr 2026

  • Amaherezo y’urubanza rwa Agathe Kanziga azaba ayahe? Azapfa adashyikirijwe ubutabera nk’umugabo we?   |   15 Apr 2026

  • Umutindi ku mutima aba arogoye ijambo rya Perezida Kagame mu Kwibuka, ati “Muribuka ibiki harya?”   |   11 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Miliyari 210 zaburiwe irengero mu ngengo y’imari ya 2014-2015

Miliyari 210 zaburiwe irengero mu ngengo y’imari ya 2014-2015

Ubwanditsi 08 May 2016 Mu Mahanga

Umugenzuzi mukuru w’imari ya Leta, Obadiah Biraro yabwiye inteko ishinga amategeko ko inzego za Leta zongeye gusesagura aho miliyari 210 zaburiwe irengero mu ngengo y’imari 2014-2015.

Ubwo yamurikiraga imitwe yombi y’inteko raporo y’umwaka ushize igaragaza uko imari ya leta yakoreshejwe Biraro yagaragaje ko 12% by’ ingengo y’ imari y’ igihugu yakoreshejwe nabi.

Ibigo bitungwa agatoki mu gukoresha nabi imari ya leta kurusha ibindi ni icyahoze ari EWSA ahagaragaye ibibazo by’ ingomero 15 zidakora, gukoresha mazutu nyinshi n’ amafaranga y’ amashanyarazi adafitiwe fagiture byombi bifite agaciro ka miliyari 28.

Naho ikigo cy’ igihugu cy’ ubwiteganyirize, RSSB, cyashoye amafaranga mu mishinga itagira gikurikirana nticyamenya niba yunguka cyangwa ihomba. Mu kigo cy’ igihugu cy’ imisoro n’ amahoro, RRA, hari abasora batagaragara ku rutonde, abagaragara ku rutonde badasoreshwa, abamenyekanisha umusoro nyuma bakawugabanya n’ ibindi.

Abadepite n’abasenateri bagaragaje ko batiyumvisha uburyo umutungo wa Leta unga utyo waburiwe irengero.

Hon. John Ruku Rwabyoma yagize ati : “ Hari ibyo ndi bunenge hari n’ ibyo ndibushime, ndashima ko tumaze kubona uburyo bwo gukurikirana ibintu, ibyo birashimishije, ariko twongere tunababare iyo ndeba ariya mafaranga ari hanze hariya asesagurwa nagera hirya no hino nkumva abaturage bavuga ko babuze ivuriro kuko nta mafaranga, rero ntabwo dukwiye kwishima gusa.’’

Ingengo y’ imari yari iteganyijwe mu mwaka wayo wa 2014/ 2015 yari miliyari imwe na Miliyoni 758, umugenzuzi mukuru w’ imari ya Leta yavuze ko yakoreshejwe ku kigero cya 88.

Biraro avuga ko hari gahunda yo kugabanya isesagura ry’umutungo wa leta.

Ati: Nk’uko mwabyumvise ibyo tunenga birahari ariko gusesagura no kunyereza biragenda bigabanyuka bitewe n’ uko dutegura ibitabo by’ ibaruramari ibyo bitabo tukabigeza aho bigomba kugera ku gihe.”

Muri iri genzura mu nzego 157, ibigo 78 gusa bingana na 50% nibyo byakoze ibyo byagombaga gukora neza kandi ku gihe nyacyo (audit opinion), aha hiyongereyeho 14% ugereranyije n’umwaka wabanjije.

Obadiah Biraro yavuze ko mu ishoramari rya Leta (public investment), hashowe amafaranga y’u Rwanda Miliyari 126, zashyizwe mu mishinga 77 ariko ko myinshi muri iyi mishinga yakererewe, ndetse indi igatakara.

Akomeza avuga ko muri uriya mwaka w’ingengo y’imari hiyongereyeho imishinga 19, ubu Ibiro by’umugenzuzi w’imari ya Leta bikaba bibarura imishinga yose hamwe 131 irimo amafaranga agera kuri hafi Miliyari 155.

Obadia Biraro ati “Twasanze harimo ubukererwe bukabije mu kurangiza iyo mishinga nk’uko tuba twarayisabiye ingengo y’imari, ndetse hakabaho n’imwe ba rwiyemezamirimo basiga bakabivamo.”

Yanenze ikorwa ry’umuhanda wa Ruhengeri – Kigali, inzu ya Grand Pension Plaza, ibitaro by’Akarere ka Nyagatare n’indi mishinga imaze imyaka itarangira.

Umugenzuzi mukuru w’imari ya Leta Obadiah Biraro yasobanuye ko hakiri igihombo cya Miliyari hafi umunani (8,000,000,000 Frw) yakoreshwe mu kugura ibikoresho byo gukoresha hatangwa Serivise ku baturage, ariko ntibikoreshwe, ndetse bikarangira binangiritse.

Ibyo bibazo ngo bigaragaragara mu bigo nka RSSB haguzwe ibya Miliyoni 978 ntibikoreshwe, miliyoni 714 muri MINISANTE (Imiti), Mudasobwa z’abana 1,425 ikigo REB cyatanze muri gahunda ya ‘One Laptop per child’ zikaba zidakoreshwa n’ahandi.

Naho amafaranga ya Leta yakoreshejwe mu buryo budasobanutse ni miliyari 12,785 zidafite inyandiko zizisobanura, miliyari 3,8384 zifite inyandiko zizisobanura zituzuye, harimo kandi abakozi bihaye miliyoni 443 zidafite gikurikirana (accountability) mu buryo busobanutse, na miliyoni 173 zasesaguwe.

Aha yatunze urutoki ibigo nk’icyari EWSA, RBC n’amashuri ashamikiye kuri Kaminuza y’u Rwanda.

Umugenzuzi mukuru w’imari ya Leta avuga ko muri rusange ingengo y’imari yo muri uriya mwaka yakoreshejwe neza ku kigero kiri hejuru ya 88%.

-2762.jpg
Umugenzuzi mukuru w’imari ya Leta, Obadiah Biraro

2016-05-08
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ndayishimiye yisamye yasandaye?

Ndayishimiye yisamye yasandaye?

Ubwanditsi 03 Mar 2025
U Rwanda rwamenyesheje Uganda na Kenya ko u Burundi bwakumiriye amakamyo ava mu Rwanda

U Rwanda rwamenyesheje Uganda na Kenya ko u Burundi bwakumiriye amakamyo ava mu Rwanda

Ubwanditsi 01 Apr 2020
Papa  yasabye  imbabazi ku byaha abihayimana bakoreye mu gihugu cya  Chili

Papa  yasabye  imbabazi ku byaha abihayimana bakoreye mu gihugu cya  Chili

Ubwanditsi 17 Jan 2018
Perezida Kagame yasobanuye ko ntaho uRwanda ruhuriye n’umutwe wa M23. Kenya ntiyajya mu mikino yo kwegekanaho umutwaro kuko ntacyo yakemura”-William Ruto, Perezida wa Kenya.

Perezida Kagame yasobanuye ko ntaho uRwanda ruhuriye n’umutwe wa M23. Kenya ntiyajya mu mikino yo kwegekanaho umutwaro kuko ntacyo yakemura”-William Ruto, Perezida wa Kenya.

Ubwanditsi 26 Sep 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kubera umusaruro utari mwiza, Seninga Innocent n’umwungiriza we muri Sunrise FC bahagaritswe iminsi 15 badatoza
Amakuru

Kubera umusaruro utari mwiza, Seninga Innocent n’umwungiriza we muri Sunrise FC bahagaritswe iminsi 15 badatoza

Ubwanditsi 14 Feb 2023
Umukinnyi wa APR urwariye Kampala aratabaza
IMIKINO

Umukinnyi wa APR urwariye Kampala aratabaza

Ubwanditsi 20 Sep 2017
Kwibuka24: RMC yasabye Abanyamakuru kuba maso bagakumira ibitekerezo bibiba urwango
Mu Rwanda

Kwibuka24: RMC yasabye Abanyamakuru kuba maso bagakumira ibitekerezo bibiba urwango

Ubwanditsi 07 Apr 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru