• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Myugariro Imanishimwe Emmanuel watandukanye na AEL Limassol yo muri Chypre yerekeje mu ikipe ya Chennaiyin FC yo mu Buhinde   |   11 Aug 2026

  • Rayon Sports yaguze myugariro w’Umunya-Côte d’Ivoire, Mohamed Ouattara wakiniye Wydad Casablanca, Simba SC na Al Hilal   |   10 Aug 2026

  • Kuki Jean Bosco Gasasira yapfuye umuryango we ukabimenya nyuma y’icyumweru?     |   09 Aug 2026

  • Inganda z’inzoga zitujuje ubuziranenge nk’Ibyuma zarimo ibibazo byinshi bigira ingaruka ku buzima bw’abaturage   |   09 Aug 2026

  • AMAFOTO: Amateka aranditswe, bisabye imyaka 28 ngo Rayon Sports itware CECAFA Kagame Cup ya kabiri mu mateka yayo   |   07 Aug 2026

  • Jambo ASBL yongeye kwerekana ko ari umuvugizi wa FDLR, ntiyifuza ko uyu mutwe wamburwa intwaro ku ngufu   |   07 Aug 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»U Bufaransa: CPCR yifuje ko Barahira na Ngenzi bongera guhanishwa gufungwa burundu
Alain Gauthier, yatangaje ko guhera ku wa Kabiri abagize umuryango yashinze na we ubwe bari i Paris kugeza ku wa 6 Gicurasi 2018, bakurikirana ubu bujurire

U Bufaransa: CPCR yifuje ko Barahira na Ngenzi bongera guhanishwa gufungwa burundu

Ubwanditsi 02 May 2018 ITOHOZA

Ishyirahamwe ry’imiryango iharanira ubutabera no kugeza mu nkiko abakekwaho Jenoside yakorewe Abatutsi bakihishahisha (CPCR: Collectif des Parties Civiles Rwandaises), risanga igihano cyo gufungwa burundu cyahawe Octavien Ngenzi na Tito Barahira, gikwiye kugumaho kugira ngo hatangwe ubutabera buboneye ku bishwe n’abarokotse.

Mu rubanza rwaciwe n’urukiko rwa mbere mu 2016, aba bombi basimburanye ku buyobozi bw’iyari Komini Kabarondo, bakatiwe gufungwa burundu nyuma yo guhamywa ko bagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Ntibanyuzwe n’iki gihano barakijuririra mu rukiko rw’i Paris biteganyijwe ko kuri uyu wa Gatatu rwumva ubujurire bwabo.

Mu kiganiro yagiranye na The New Times, Alain Gauthier, washinze CPCR ikorera mu Bufaransa, yatangaje ko guhera ejo ku wa Kabiri abagize uyu muryango na we ubwe bari Paris kugeza ku wa 6 Gicurasi 2018, bakurikirana ubu bujurire.

Yagize ati “Igihano cyo gufungwa burundu cyatanzwe n’urukiko rwa mbere, Ngenzi na Barahira barakijuririra ndetse bahindura n’ababunganira bafata abunganiraga Pascal Simbikangwa. Turizera mu mpera z’uru rubanza abashinjwa bazongera guhabwa iki gihano.”

Uyu Simbikangwa wari Kapiteni mu Ngabo z’u Rwanda mu gihe cya Jenoside yahamijwe ibyaha bya jenoside akatirwa igifungo cy’imyaka 25, nubwo yajuriye.

Gauthier avuga ko batazi umurongo mushya wo kwiregura uzakoreshwa n’abahamijwe ibyaha, kuko bari bafite ibinyoma byinshi mu rukiko bwa mbere ku buryo hari amatsiko yo kumenya aho bazaganisha ibitekerezo byabo mu bujurire.

Perezida wa Ibuka, Prof. Jean-Pierre Dusingizemungu, yavuze ko bizeye ko u Bufaransa butazakomeza gukina ku maraso y’Abatutsi barenga miliyoni bishwe muri Jenoside.

Yagize ati “Bakomeje gukina kuri ayo maraso badatanga ubutabera ku byaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi. Turasaba ko hari intambwe isobanutse yaterwa kuri ibi birego.”

Nk’uko byagenze mu 2016, biteganyijwe ko urubanza rwabo ruzafatwa amashusho ngo azifashishwe mu mateka, hakazumvwa ubuhamya butandukanye bw’abantu baturutse mu Rwanda, abandi hakazakoreshwa uburyo bw’amashusho y’iyakure.

Itsinda rya Gauthier n’ayandi matsinda ari bwitabire araba aherekejwe n’itsinda ry’abanyamategeko, Michel Laval, Sophie Dechaumet na Kevin Charrier bo muri ML&A Avocats yunganira abantu mu mategeko.

Ngenzi na Barahira bari bahamijwe ibyaha byibasiye inyokomuntu n’ibyaha bya jenoside bakoze bashyira mu bikorwa umugambi ugamije kurimbura Abatutsi. By’umwihariko bashinjwa kugira uruhare mu kwica impunzi z’Abatutsi bari bahungiye mu Kiliziya ya Kabarondo, aho abagera ku 1200 bishwe.

2018-05-02
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uganda: Dr Sam Ruvuma yatawe muri yombi akekwaho uruhare mu gucyura ku ngufu  impunzi z’Abanyarwanda

Uganda: Dr Sam Ruvuma yatawe muri yombi akekwaho uruhare mu gucyura ku ngufu impunzi z’Abanyarwanda

Ubwanditsi 19 Dec 2017
Niyigena Patrick  umunyarwanda w’umucuruzi  yashimutiwe muri Uganda, akorerwa iyicarubozo ririmo guterwa urushinge

Niyigena Patrick umunyarwanda w’umucuruzi yashimutiwe muri Uganda, akorerwa iyicarubozo ririmo guterwa urushinge

Ubwanditsi 14 Oct 2018
Uko Prof. Nshuti Manasseh Asesengura Umubano W’u Rwanda Na Uganda Ashingiye Ku Makuru Y’imvaho

Uko Prof. Nshuti Manasseh Asesengura Umubano W’u Rwanda Na Uganda Ashingiye Ku Makuru Y’imvaho

Ubwanditsi 13 Apr 2019
Inyandiko ya Bobi Wine isobanura uko yakorewe iyicarubozo kugeza no kubabazwa ubugabo

Inyandiko ya Bobi Wine isobanura uko yakorewe iyicarubozo kugeza no kubabazwa ubugabo

Ubwanditsi 04 Sep 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ababyeyi barasabwa kudaha inzoga no kujyana abana mu tubari
Mu Rwanda

Ababyeyi barasabwa kudaha inzoga no kujyana abana mu tubari

Ubwanditsi 15 May 2017
BYEMEJWE KO KAYUMBA NYAMWASA AGIYE KWAMBURWA UBUHUNZI.
Mu Rwanda

BYEMEJWE KO KAYUMBA NYAMWASA AGIYE KWAMBURWA UBUHUNZI.

Ubwanditsi 18 Jun 2016
Côte d’Ivoire yatangiye kwitegura Amavubi y’u Rwanda idafite kabuhariwe Eric Bailly
IMIKINO

Côte d’Ivoire yatangiye kwitegura Amavubi y’u Rwanda idafite kabuhariwe Eric Bailly

Ubwanditsi 04 Sep 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru