• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR yohereje abarwanyi bayo i Kinshasa kujya kwiga ikoreshwa rya drone bisabwe na Leta ya Congo   |   13 Nov 2025

  • Rayon Sports yatandukanye n’umutoza wayo Afahmia Lotfi wari umaze ukwezi ahagaritswe   |   13 Nov 2025

  • Kwizera Olivier ari mu bakinnyi bahamagawe mu mwiherero w’iminsi ine uzahuza abakinnyi bakina muri Shampiyona y’u Rwanda   |   11 Nov 2025

  • Amaherezo ashaririye ya bamwe mubasize bahekuye u Rwanda   |   11 Nov 2025

  • Amafoto – Al Hilal SC yitegura imikino y’Amatsinda ya CAF Championa League yatsinze AS Kigali ibitego 2-0   |   11 Nov 2025

  • Intwararumuri: Igihungabanya u Rwanda ntitwacyihanganira niyo wagira ute – Perezida Kagame Paul   |   08 Nov 2025

 
You are at :Home»ITOHOZA»U Bufaransa: CPCR yifuje ko Barahira na Ngenzi bongera guhanishwa gufungwa burundu
Alain Gauthier, yatangaje ko guhera ku wa Kabiri abagize umuryango yashinze na we ubwe bari i Paris kugeza ku wa 6 Gicurasi 2018, bakurikirana ubu bujurire

U Bufaransa: CPCR yifuje ko Barahira na Ngenzi bongera guhanishwa gufungwa burundu

Editorial 02 May 2018 ITOHOZA

Ishyirahamwe ry’imiryango iharanira ubutabera no kugeza mu nkiko abakekwaho Jenoside yakorewe Abatutsi bakihishahisha (CPCR: Collectif des Parties Civiles Rwandaises), risanga igihano cyo gufungwa burundu cyahawe Octavien Ngenzi na Tito Barahira, gikwiye kugumaho kugira ngo hatangwe ubutabera buboneye ku bishwe n’abarokotse.

Mu rubanza rwaciwe n’urukiko rwa mbere mu 2016, aba bombi basimburanye ku buyobozi bw’iyari Komini Kabarondo, bakatiwe gufungwa burundu nyuma yo guhamywa ko bagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Ntibanyuzwe n’iki gihano barakijuririra mu rukiko rw’i Paris biteganyijwe ko kuri uyu wa Gatatu rwumva ubujurire bwabo.

Mu kiganiro yagiranye na The New Times, Alain Gauthier, washinze CPCR ikorera mu Bufaransa, yatangaje ko guhera ejo ku wa Kabiri abagize uyu muryango na we ubwe bari Paris kugeza ku wa 6 Gicurasi 2018, bakurikirana ubu bujurire.

Yagize ati “Igihano cyo gufungwa burundu cyatanzwe n’urukiko rwa mbere, Ngenzi na Barahira barakijuririra ndetse bahindura n’ababunganira bafata abunganiraga Pascal Simbikangwa. Turizera mu mpera z’uru rubanza abashinjwa bazongera guhabwa iki gihano.”

Uyu Simbikangwa wari Kapiteni mu Ngabo z’u Rwanda mu gihe cya Jenoside yahamijwe ibyaha bya jenoside akatirwa igifungo cy’imyaka 25, nubwo yajuriye.

Gauthier avuga ko batazi umurongo mushya wo kwiregura uzakoreshwa n’abahamijwe ibyaha, kuko bari bafite ibinyoma byinshi mu rukiko bwa mbere ku buryo hari amatsiko yo kumenya aho bazaganisha ibitekerezo byabo mu bujurire.

Perezida wa Ibuka, Prof. Jean-Pierre Dusingizemungu, yavuze ko bizeye ko u Bufaransa butazakomeza gukina ku maraso y’Abatutsi barenga miliyoni bishwe muri Jenoside.

Yagize ati “Bakomeje gukina kuri ayo maraso badatanga ubutabera ku byaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi. Turasaba ko hari intambwe isobanutse yaterwa kuri ibi birego.”

Nk’uko byagenze mu 2016, biteganyijwe ko urubanza rwabo ruzafatwa amashusho ngo azifashishwe mu mateka, hakazumvwa ubuhamya butandukanye bw’abantu baturutse mu Rwanda, abandi hakazakoreshwa uburyo bw’amashusho y’iyakure.

Itsinda rya Gauthier n’ayandi matsinda ari bwitabire araba aherekejwe n’itsinda ry’abanyamategeko, Michel Laval, Sophie Dechaumet na Kevin Charrier bo muri ML&A Avocats yunganira abantu mu mategeko.

Ngenzi na Barahira bari bahamijwe ibyaha byibasiye inyokomuntu n’ibyaha bya jenoside bakoze bashyira mu bikorwa umugambi ugamije kurimbura Abatutsi. By’umwihariko bashinjwa kugira uruhare mu kwica impunzi z’Abatutsi bari bahungiye mu Kiliziya ya Kabarondo, aho abagera ku 1200 bishwe.

2018-05-02
Editorial

IZINDI NKURU

Umuyobozi wa MTN Uganda wirukanwe aravuga icyatumye akomeza kuvugana n’Umunyarwandakazi Tabura

Umuyobozi wa MTN Uganda wirukanwe aravuga icyatumye akomeza kuvugana n’Umunyarwandakazi Tabura

Editorial 13 Apr 2019
Padiri Nahimana akomeje kwiba impunzi akoresheje numero za Compte

Padiri Nahimana akomeje kwiba impunzi akoresheje numero za Compte

Editorial 31 Oct 2016
Bamwe mu bahawe amapeti na Gen. Kale Kayihura bayambuwe

Bamwe mu bahawe amapeti na Gen. Kale Kayihura bayambuwe

Editorial 28 Oct 2018
Sobanukirwa impamvu interahamwe n’abambari bazo banga urunuka Perezida Kagame umujinya wabo bakawutura Internet (Igice cya Mbere)

Sobanukirwa impamvu interahamwe n’abambari bazo banga urunuka Perezida Kagame umujinya wabo bakawutura Internet (Igice cya Mbere)

Editorial 24 May 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ibimenyetso bishya ku ihanurwa ry’Indege ya Habyarimana : Imbunda yakoreshejwe irasa missile yafatiwe muri Congo
ITOHOZA

Ibimenyetso bishya ku ihanurwa ry’Indege ya Habyarimana : Imbunda yakoreshejwe irasa missile yafatiwe muri Congo

Editorial 27 Feb 2017
Ethiopia igiye gushyiraho Minisitiri w’Intebe mushya usimbura Desalegn weguye
POLITIKI

Ethiopia igiye gushyiraho Minisitiri w’Intebe mushya usimbura Desalegn weguye

Editorial 06 Mar 2018
#AU SUMMIT: Leta y’u Burundi yahamagaje igitaraganya intumwa zari  ziyihagarariye mu nama y’umuryango w’ubumwe bwa Afrika ibera i Kigali
Mu Rwanda

#AU SUMMIT: Leta y’u Burundi yahamagaje igitaraganya intumwa zari ziyihagarariye mu nama y’umuryango w’ubumwe bwa Afrika ibera i Kigali

Editorial 18 Jul 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru