• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

  • RSSB Tigers BBC yasezereye FUS Rabat BBC yo muri Morocco, izahura na AL Ahly muri ½ cy’imikino ya nyuma ya BAL 2026 iri kubera I Kigali   |   24 May 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»U Bufaransa: CPCR yifuje ko Barahira na Ngenzi bongera guhanishwa gufungwa burundu
Alain Gauthier, yatangaje ko guhera ku wa Kabiri abagize umuryango yashinze na we ubwe bari i Paris kugeza ku wa 6 Gicurasi 2018, bakurikirana ubu bujurire

U Bufaransa: CPCR yifuje ko Barahira na Ngenzi bongera guhanishwa gufungwa burundu

Ubwanditsi 02 May 2018 ITOHOZA

Ishyirahamwe ry’imiryango iharanira ubutabera no kugeza mu nkiko abakekwaho Jenoside yakorewe Abatutsi bakihishahisha (CPCR: Collectif des Parties Civiles Rwandaises), risanga igihano cyo gufungwa burundu cyahawe Octavien Ngenzi na Tito Barahira, gikwiye kugumaho kugira ngo hatangwe ubutabera buboneye ku bishwe n’abarokotse.

Mu rubanza rwaciwe n’urukiko rwa mbere mu 2016, aba bombi basimburanye ku buyobozi bw’iyari Komini Kabarondo, bakatiwe gufungwa burundu nyuma yo guhamywa ko bagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Ntibanyuzwe n’iki gihano barakijuririra mu rukiko rw’i Paris biteganyijwe ko kuri uyu wa Gatatu rwumva ubujurire bwabo.

Mu kiganiro yagiranye na The New Times, Alain Gauthier, washinze CPCR ikorera mu Bufaransa, yatangaje ko guhera ejo ku wa Kabiri abagize uyu muryango na we ubwe bari Paris kugeza ku wa 6 Gicurasi 2018, bakurikirana ubu bujurire.

Yagize ati “Igihano cyo gufungwa burundu cyatanzwe n’urukiko rwa mbere, Ngenzi na Barahira barakijuririra ndetse bahindura n’ababunganira bafata abunganiraga Pascal Simbikangwa. Turizera mu mpera z’uru rubanza abashinjwa bazongera guhabwa iki gihano.”

Uyu Simbikangwa wari Kapiteni mu Ngabo z’u Rwanda mu gihe cya Jenoside yahamijwe ibyaha bya jenoside akatirwa igifungo cy’imyaka 25, nubwo yajuriye.

Gauthier avuga ko batazi umurongo mushya wo kwiregura uzakoreshwa n’abahamijwe ibyaha, kuko bari bafite ibinyoma byinshi mu rukiko bwa mbere ku buryo hari amatsiko yo kumenya aho bazaganisha ibitekerezo byabo mu bujurire.

Perezida wa Ibuka, Prof. Jean-Pierre Dusingizemungu, yavuze ko bizeye ko u Bufaransa butazakomeza gukina ku maraso y’Abatutsi barenga miliyoni bishwe muri Jenoside.

Yagize ati “Bakomeje gukina kuri ayo maraso badatanga ubutabera ku byaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi. Turasaba ko hari intambwe isobanutse yaterwa kuri ibi birego.”

Nk’uko byagenze mu 2016, biteganyijwe ko urubanza rwabo ruzafatwa amashusho ngo azifashishwe mu mateka, hakazumvwa ubuhamya butandukanye bw’abantu baturutse mu Rwanda, abandi hakazakoreshwa uburyo bw’amashusho y’iyakure.

Itsinda rya Gauthier n’ayandi matsinda ari bwitabire araba aherekejwe n’itsinda ry’abanyamategeko, Michel Laval, Sophie Dechaumet na Kevin Charrier bo muri ML&A Avocats yunganira abantu mu mategeko.

Ngenzi na Barahira bari bahamijwe ibyaha byibasiye inyokomuntu n’ibyaha bya jenoside bakoze bashyira mu bikorwa umugambi ugamije kurimbura Abatutsi. By’umwihariko bashinjwa kugira uruhare mu kwica impunzi z’Abatutsi bari bahungiye mu Kiliziya ya Kabarondo, aho abagera ku 1200 bishwe.

2018-05-02
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

B’ Ambasaderi bavuyeho nabi kurusha abandi

B’ Ambasaderi bavuyeho nabi kurusha abandi

Ubwanditsi 17 Aug 2016
Umuryango w’Ikigarasha Bénoit MUHOZA,Urarira ayo Kwarika, ngo Wapfushije Uhagaritse!!

Umuryango w’Ikigarasha Bénoit MUHOZA,Urarira ayo Kwarika, ngo Wapfushije Uhagaritse!!

Ubwanditsi 19 Aug 2020
Sobanukirwa impamvu interahamwe n’abambari bazo banga urunuka Perezida Kagame umujinya wabo bakawutura Internet (Igice cya Mbere)

Sobanukirwa impamvu interahamwe n’abambari bazo banga urunuka Perezida Kagame umujinya wabo bakawutura Internet (Igice cya Mbere)

Ubwanditsi 24 May 2021
Intambara ziri kubera ku Isi muri iki gihe: Ingaruka, Impamvu n’Impungenge Mpuzamahanga

Intambara ziri kubera ku Isi muri iki gihe: Ingaruka, Impamvu n’Impungenge Mpuzamahanga

Ubwanditsi 24 Jun 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kigali: Abagabo babiri bafunzwe bakurikiranyweho guteza imvururu n’uburiganya mu itorero
INKURU NYAMUKURU

Kigali: Abagabo babiri bafunzwe bakurikiranyweho guteza imvururu n’uburiganya mu itorero

Ubwanditsi 19 Nov 2017
U Rwanda rwahawe kwakira imikino y’igikombe cya Afurika 2026 muri Volleyball ku makipe yabaye ayambere iwayo
Amakuru

U Rwanda rwahawe kwakira imikino y’igikombe cya Afurika 2026 muri Volleyball ku makipe yabaye ayambere iwayo

Ubwanditsi 10 Dec 2025
INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA  GUHINDUZA AMAZINA
Amakuru

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Ubwanditsi 08 Dec 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru