• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Ibintu 5 bigaragaza ko Kayumba Nyamwasa ari ikigarasha

Ibintu 5 bigaragaza ko Kayumba Nyamwasa ari ikigarasha

Ubwanditsi 21 Nov 2016 ITOHOZA

Kuva aho Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame yitabiriye imyitozo ya gisirikare y’ingabo z’u Rwanda y’urukomatane rw’intwaro, yabereye mu kigo cy’i Gabiro mu karere ka Gatsibo ku wa Gatanu ku ya 4 Ugushyingo 2016.

Iyo myitozo yakozwe na diviziyo ya mbere y’ingabo, yari igizwe n’ibice bitandukanye birimo icy’ingabo zirwanira ku butaka n’izirwanira mu kirere.

Gen. Kayumba Nyamwasa byaramuriye ndetse ababazwa bikomeye n’uko u Rwanda rufite ubwirinzi buhambaye, ajya kwiyahura kuri Radio RTLM/Itahuka, avuga ko Kagame ngo agaragaza intwaro za rutura ariko mu gihugu nta ruganda ruko n’igikwasi.

Ibi bitekerezo bya Kayumba bigaragaza ko atigeze akunda igihugu ko ahubwo yarwaniraga inyungu ze bwite, ari nayo mpamvu yahisemo kuba ikigarasha, ni gute ababajwe n’uko igihugu gifite ubwirinzi?

-4705.jpg

Kayumba na Rosette

Kayumba aheruka mu Rwanda 2010, RDF yari azi siyo y’ubu, ingabo z’u Rwanda zimaze kugira ingufu zihambaye n’intwaro zikakaye zo kwivuna umwanzi niba rero Kayumba yakekaga ko ashobora kugaruka mu Rwanda guhungabanya umutekano nk’ibyo yakoraga we na Karegeya bayobora ibitero bya Grenade muri Kigali, baca abaturage amaguru, aribeshya.

Icya kabiri : Kuba Kayumba Nyamwasa yarandikiye abacamanza b’ubufaransa bashinzwe gukora iperereza ku ihanurwa ry’indege yarimo perezida Habyarimana na Ntaryamira w’u Burundi, abasaba ko bamwumva agatanga ubuhamya bugamije gushinja Perezida Kagame kuba ariwe ngo wahanuye indege ya Habyarimana.

Akabeshya ko yari mu mwanya umwemerera kubimenya, bamubaza niba yari mu nama itegura icyo gikorwa cyo guhanura indege aho kugisubiza ati “nari ndi mu mwanya unyemerera kubimenya”. Mu by’ukuri biragaragara ko Kayumba ari ikigarasha.

Icya gatatu : Kuba Kayumba ashaka ubuhunzi mu bufaransa kuburyo yatangiye no kuvugana na Kanziga Agatha umupfakazi wa Habyarimana amubwira ko agiye gutanga ubuhamya ku ihanurwa ry’indege yarimo umugabo we nawe akamusaba kumuvugira kubayobozi b’ubufaransa kubona ubuhungiro mu bufaransa kandi Agathe Kanziga nawe amaze imyaka isaga 18 asaba ibyangombwa byo kuba mu Bufaransa yarabibuze, ni ikerekana ko koko Kayumba ari ikigarasha.

Icya kane: Kuba ishyaka reye RNC rifitanye imikoranire ya bugufi na Willy Nyamitwe uherutse mu nama Oslo aho yerekanye amashusho (Film Documentaire) y’intwaro n’ abasilikare, abeshya ko ari iby’igisilikare cy’u Rwanda, kandi ahubwo herekanywe amashusho arimo intwaro n’abasikare by’aba Congomani b’Abatwa b’Impunyu ziba mu mashyamba ya Congo, abandi ari aba Mai Mai.Ibi byose ni ibigaragaza ko Kayumba ari ikigarasha.

Icya gatanu: Kujya kurwanira hejuru y’umugogo w’Umwami Kigeli afatanije na Rujugiro, Rujugiro agatanga amafaranga ngo umugogo wa Kigeli utajya gutabarizwa mu Rwanda, ahubwo ujyanwe muri Protugal, Chancellor w’umwami Boniface Benzinge, akemera kugurisha umugogo w’umwami, agahaho Emmanuel na Rwigemera bakayasangira nabashiki ba Benzinge bivugwa ko ari nabo basahuye ibintu byari munzu kwa Kigeli, babona bimaze kumenyekana bagakwepa, bagasiga umugogo w’Umwami mu buruhukiro.

-4708.jpg

Rujugiro Ayabatwa Tribert

Hari amakuru avuga ko Benzinge yari yarakodesherejwe inzu yakataraboneka n’imodoka yo kugendamo, avuye kuba munzu z’abasaza none akaba yaraburiwe irengero n’ubwo hari amakuru twamenye avuga ko yigiriye mu Bwongereza kurirayo ayo mafaranga ya Rujugiro.

-4706.jpg

Nguwo Boniface Benzinge mu Bwongereza

Ariko ibintu bitangiye kujya mu buryo kuko mu itangazo ryashyizwe ahagaragara kuri uyu wa 17 Ugushyingo 2016 n’Umuryango w’Umwami Kigeli V uhagarariwe na Christine Mukabayojo, rivuga ko ibivugwa ko Umwami Kigeli V Ndahindurwa yari yaranze ko azatabarizwa mu Rwanda atari ukuri.

Iryo tangazo rigira riti “ Umuryango w’Umwami Kigeli V Ndahindurwa wamaganye ibi byose bigaragara kuri internet no ku mbuga nkoranyambaga ko: Umwami atazatabarizwa mu Rwanda, ko Umwami yasize abwiye icyo yifuza inshuti ze za hafi ku bijyanye n’itabarizwa rye, ko umuryango we wa hafi uri gushakisha ubufasha mu bantu batandukanye haba mu mazina yawo no mu izina ry’Umuryango washinzwe n’Umwami.”

-4707.jpg

Nyakwigendera Umwami wanyuma w’u Rwanda Kigeli V Ndahindurwa

Iri tangazo rikomeza rigira riti “ Kuri ubu, ibijyanye no gutabariza Umwami biracyategurwa kandi Umuryango we wa hafi n’abafitanye nawe isano ry’amaraso bya hafi bashimangira ko Umwami azatabarizwa mu Rwanda kandi bari gukora ibishoboka byose ngo ibyo bikorwe.”

Uyu muryango waburiye abantu bose bazatanga amafaranga muri gahunda zo gutabariza Umwami, ko atari iby’Umuryango ndetse n’ubikora agomba kwirengera uko byagenda kose.

Cyiza Davidson

2016-11-21
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Cape Town : Umunye-Congo ukekwaho  kwica  Dr Dusabe yagejejwe imbere y’urukiko

Cape Town : Umunye-Congo ukekwaho kwica Dr Dusabe yagejejwe imbere y’urukiko

Ubwanditsi 15 Jan 2018
Loni ni nka Bihehe bavugiriza induru, iti “ngizi impundu mporana”. Uko yamaganwa, niko irushaho gushyigikira abajenosideri.

Loni ni nka Bihehe bavugiriza induru, iti “ngizi impundu mporana”. Uko yamaganwa, niko irushaho gushyigikira abajenosideri.

Ubwanditsi 09 Aug 2024
Rudasingwa Theogene yongeye kuremba bikomeye

Rudasingwa Theogene yongeye kuremba bikomeye

Ubwanditsi 07 Jun 2016
PARIS:UMUTANGABUHAMYA W’UMUPADIRI YAGARAGAJE UBUGOME BWA NGENZI MU IYICWA RY’ABATUTSI I KABARONDO

PARIS:UMUTANGABUHAMYA W’UMUPADIRI YAGARAGAJE UBUGOME BWA NGENZI MU IYICWA RY’ABATUTSI I KABARONDO

Ubwanditsi 01 Jun 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Peter Kamasa watoje REG VC na Rwanda Revenue Authority VC yagizwe umutoza wa Kirehe VC.
Amakuru

Peter Kamasa watoje REG VC na Rwanda Revenue Authority VC yagizwe umutoza wa Kirehe VC.

Ubwanditsi 12 Jun 2021
Imibanire hagati ya Adeline Rwigara n’akazu
Amakuru

Imibanire hagati ya Adeline Rwigara n’akazu

Ubwanditsi 14 Apr 2021
Uyu wa Gatanu usize ba Mayor bashya uwa Rubavu na Kamonyi bimitswe
Mu Rwanda

Uyu wa Gatanu usize ba Mayor bashya uwa Rubavu na Kamonyi bimitswe

Ubwanditsi 17 Nov 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru