• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Perezida Museveni azatsinda bitanyuze mu mpapuro z’amatora ahubwo hamenwe amaraso

Perezida Museveni azatsinda bitanyuze mu mpapuro z’amatora ahubwo hamenwe amaraso

Ubwanditsi 31 Dec 2020 Amakuru, INKURU NYAMUKURU

Uyu mwaka nibwo hamenetse amaraso menshi mu bikorwa byo kwiyamamariza umwanya w’umukuru w’igihugu muri Uganda kuva Museveni yafata ubutegetsi mu mwaka wa 1986 kugeza ubu abarenga 50 bamaze guhitanwa n’inzego z’umutekano za Uganda abandi benshi barafungwa banakorerwa iyicwarubozo.

Abagande bibuka amatora yo mu mwaka wa 2001 aho Museveni yashinze uwitwa Majoro Roland Kakooza Mutale gukanga abagande akoresheje inkoni izwi nka Kiboko ariko ubu inzego zose z’umutekano ziyemeje kwica uwashaka kubangamira intsinzi ya Museveni.

Mu minsi yashize umwe mu bashinzwe umutekano wa Bobi Wine yagonzwe n’ikamyo ya Polisi ifite ibirango H4DF 2382 yari yafunze umuhanda idashakako bajya gusura umunyamakuru wo mu ikipe yamamaza Bobi Wine witwa Kasirye Ashraf wari warashwe yajyanywe mu bitaro.

Mu mateka ya Uganda kandi nibwo umugabo ukiri muto w’imyaka 37 ateye ikidodo Perezida Museveni umaze imyaka 34 ku butegetsi. Uburyo Bobi Wine wa NUP na Patrick Oboi Amuriat wa FDC bashyizweho imbaraga zo kubaca intege bigaragaza ko Perezida Museveni yagize ubwoba budasanzwe.

Perezida Museveni yatunguwe n’ubwamamare bwa Bobi Wine yumva ko ashobora kubangamira ubutegetsi bwe. Ibi nibyo byavuyemo kwica, guhohotera no gufunga hifashishijwe imbaraga za Leta abayoboke ba Bobi Wine n’abandi batavuga rumwe na Museveni. Tariki ya 28 Ukuboza, umukuru wa FDC ariwe Amuriat, yajyanywe ku bitaro bya Bugiri nyuma yuko umupolisi mukuru uzwi ku izina rya Abraham Asiimwe amuteye ibinyabutabire bifite urusenda mu maso.

Mu minsi ishize, Amuriat yari yaburiye abantu ko Museveni yahaye ikiraka abanyamahanga kugirango bahohotere abagande. Nubwo atigeze agaragaza igihugu abo banyamahanga baturutsemo, itangazamakuru ritandukanye ryagiye rigaragazako ibiro bishinzwe iperereza rya Uganda (CMI) ikoresha abanyamuryango ba RNC mu guhohotera Abanyarwanda cyane cyane babeshya ko ari intasi.

Museveni w’imyaka 76 ushaka manda ya karindwi yagiye ku butegetsi muri 1986, igihe uwo bahanganye uyu yari afite imyaka ine y’amavuko. Museveni akaba yarahinduye uburyo bwo kwiyamamazamo aho akora siporo agaragariza cyane cyane urubyiruko ko ashoboye ko Bobi Wine atamurusha imbaraga z’umubiri.

Abantu bose bibaza impamvu Museveni ashaka gusiga umurage mubi wo kwica abanyagihugu kandi nubundi amatora azayiba. Ntawe utazi ko muri Uganda Perezida Museveni ariwe barega kandi bamuregera aho muri iyi minsi yabonye yokejwe igitutu agahitamo guhagarika ibikorwa byo kwiyamamaza yitwaje icyorezo cya COVID-19.

Mbere yuko umunyamatageko akaba aharanira n’uburenganzira bwa muntu Nicholas Opia afatwa, yari yabwiye ibiro ntaramakuru by’abadage DW, ko COVID 19 yabaye urwitwazo mu kubangamira uburenganzira bwa muntu no kwishyira ukizana. Yongeyeho ko uturere twafungiwe ari utugaragara ko tudashyigikiye Museveni ahubwo ari udushyigikiye Bobi Wine.

Ubu mu mugi wa Kampala bafite ubwoba ku bizaba tariki ya 14 Mutarama ubwo bazaba bitabira amatora aho Perezida Museveni yateguye instinzi ku kiguzi icyaricyo cyose. Umukuru w’Akanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe Uburenganzira bwa Muntu yasabye Uganda kudakoresha imbaraga z’umurengera ndetse no gufungura abanyapolitiki n’abaharanira uburenganzira bwa muntu bafunzwe muri ibi bikorwa by’amatora.

2020-12-31
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ntihazagire uwizera amareshyamugeni ya Perezida Yoweri K. Museveni , asaba guhagarika iyicarubozo rikorerwa Abanyarwanda, Burya abeshya kurusha uko ahumeka

Ntihazagire uwizera amareshyamugeni ya Perezida Yoweri K. Museveni , asaba guhagarika iyicarubozo rikorerwa Abanyarwanda, Burya abeshya kurusha uko ahumeka

Ubwanditsi 19 Aug 2021
Perezida Kagame yitabiriye Inama y’Ubutegetsi ya Mo Ibrahim Foundation

Perezida Kagame yitabiriye Inama y’Ubutegetsi ya Mo Ibrahim Foundation

Ubwanditsi 07 Oct 2018
Burya umusazi ngo arasara akagwa ku ijambo, Serge Ndayizeye, umuzindaro w’ibigarasha, ati:”Uwaturoze ntiyakarabye’’.

Burya umusazi ngo arasara akagwa ku ijambo, Serge Ndayizeye, umuzindaro w’ibigarasha, ati:”Uwaturoze ntiyakarabye’’.

Ubwanditsi 28 Mar 2022
Bombori bombori hagati ya Kayumba Placide na Pierre Celestin Rwalinda wamusimbuye ku buyobozi bwa FDU Inkingi

Bombori bombori hagati ya Kayumba Placide na Pierre Celestin Rwalinda wamusimbuye ku buyobozi bwa FDU Inkingi

RUSHYASHYA 15 May 2026

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Havumbuwe umugambi w’u Burundi na Uganda wo guhungabanya u Rwanda
INKURU NYAMUKURU

Havumbuwe umugambi w’u Burundi na Uganda wo guhungabanya u Rwanda

Ubwanditsi 15 Nov 2018
Ubufaransa ntaho buzahungira uruhare bwagize muri Jenoside yakorewe Abatutsi
ITOHOZA

Ubufaransa ntaho buzahungira uruhare bwagize muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 30 Oct 2017
Burundi: Leta irasaba ko Gen Niyombare na bagenzi be bashakaga guhirika Nkurunziza bafatwa
Mu Rwanda

Burundi: Leta irasaba ko Gen Niyombare na bagenzi be bashakaga guhirika Nkurunziza bafatwa

Ubwanditsi 14 Feb 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru