• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Nyuma y’imyaka itatu Stade y’Akarere ka Gicumbi itangiye kuvugururwa, kuri ubu yemerewe kwakira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League   |   21 May 2026

  • Umutoza w’Amavubi Stephen Constantine asanga kwitwara neza k’u Rwanda bisaba gutsinda imikino yo mu rugo ngo yerekeze mu gikombe cya Afurika 2027   |   20 May 2026

  • Olivier Kwizera ari mu bakinnyi basubukuye imyitozo ya Rayon Sports yitegura guhura na APR FC ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro   |   19 May 2026

  • Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera   |   18 May 2026

  • AMAFOTO – Patriots BBC na APR WBBC begukanye igikombe cy’irushanwa ryo kwibuka mu bakina ari batatu kuri batatu   |   18 May 2026

  • Bombori bombori hagati ya Kayumba Placide na Pierre Celestin Rwalinda wamusimbuye ku buyobozi bwa FDU Inkingi   |   15 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Perezida Museveni azatsinda bitanyuze mu mpapuro z’amatora ahubwo hamenwe amaraso

Perezida Museveni azatsinda bitanyuze mu mpapuro z’amatora ahubwo hamenwe amaraso

Ubwanditsi 31 Dec 2020 Amakuru, INKURU NYAMUKURU

Uyu mwaka nibwo hamenetse amaraso menshi mu bikorwa byo kwiyamamariza umwanya w’umukuru w’igihugu muri Uganda kuva Museveni yafata ubutegetsi mu mwaka wa 1986 kugeza ubu abarenga 50 bamaze guhitanwa n’inzego z’umutekano za Uganda abandi benshi barafungwa banakorerwa iyicwarubozo.

Abagande bibuka amatora yo mu mwaka wa 2001 aho Museveni yashinze uwitwa Majoro Roland Kakooza Mutale gukanga abagande akoresheje inkoni izwi nka Kiboko ariko ubu inzego zose z’umutekano ziyemeje kwica uwashaka kubangamira intsinzi ya Museveni.

Mu minsi yashize umwe mu bashinzwe umutekano wa Bobi Wine yagonzwe n’ikamyo ya Polisi ifite ibirango H4DF 2382 yari yafunze umuhanda idashakako bajya gusura umunyamakuru wo mu ikipe yamamaza Bobi Wine witwa Kasirye Ashraf wari warashwe yajyanywe mu bitaro.

Mu mateka ya Uganda kandi nibwo umugabo ukiri muto w’imyaka 37 ateye ikidodo Perezida Museveni umaze imyaka 34 ku butegetsi. Uburyo Bobi Wine wa NUP na Patrick Oboi Amuriat wa FDC bashyizweho imbaraga zo kubaca intege bigaragaza ko Perezida Museveni yagize ubwoba budasanzwe.

Perezida Museveni yatunguwe n’ubwamamare bwa Bobi Wine yumva ko ashobora kubangamira ubutegetsi bwe. Ibi nibyo byavuyemo kwica, guhohotera no gufunga hifashishijwe imbaraga za Leta abayoboke ba Bobi Wine n’abandi batavuga rumwe na Museveni. Tariki ya 28 Ukuboza, umukuru wa FDC ariwe Amuriat, yajyanywe ku bitaro bya Bugiri nyuma yuko umupolisi mukuru uzwi ku izina rya Abraham Asiimwe amuteye ibinyabutabire bifite urusenda mu maso.

Mu minsi ishize, Amuriat yari yaburiye abantu ko Museveni yahaye ikiraka abanyamahanga kugirango bahohotere abagande. Nubwo atigeze agaragaza igihugu abo banyamahanga baturutsemo, itangazamakuru ritandukanye ryagiye rigaragazako ibiro bishinzwe iperereza rya Uganda (CMI) ikoresha abanyamuryango ba RNC mu guhohotera Abanyarwanda cyane cyane babeshya ko ari intasi.

Museveni w’imyaka 76 ushaka manda ya karindwi yagiye ku butegetsi muri 1986, igihe uwo bahanganye uyu yari afite imyaka ine y’amavuko. Museveni akaba yarahinduye uburyo bwo kwiyamamazamo aho akora siporo agaragariza cyane cyane urubyiruko ko ashoboye ko Bobi Wine atamurusha imbaraga z’umubiri.

Abantu bose bibaza impamvu Museveni ashaka gusiga umurage mubi wo kwica abanyagihugu kandi nubundi amatora azayiba. Ntawe utazi ko muri Uganda Perezida Museveni ariwe barega kandi bamuregera aho muri iyi minsi yabonye yokejwe igitutu agahitamo guhagarika ibikorwa byo kwiyamamaza yitwaje icyorezo cya COVID-19.

Mbere yuko umunyamatageko akaba aharanira n’uburenganzira bwa muntu Nicholas Opia afatwa, yari yabwiye ibiro ntaramakuru by’abadage DW, ko COVID 19 yabaye urwitwazo mu kubangamira uburenganzira bwa muntu no kwishyira ukizana. Yongeyeho ko uturere twafungiwe ari utugaragara ko tudashyigikiye Museveni ahubwo ari udushyigikiye Bobi Wine.

Ubu mu mugi wa Kampala bafite ubwoba ku bizaba tariki ya 14 Mutarama ubwo bazaba bitabira amatora aho Perezida Museveni yateguye instinzi ku kiguzi icyaricyo cyose. Umukuru w’Akanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe Uburenganzira bwa Muntu yasabye Uganda kudakoresha imbaraga z’umurengera ndetse no gufungura abanyapolitiki n’abaharanira uburenganzira bwa muntu bafunzwe muri ibi bikorwa by’amatora.

2020-12-31
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Amafoto – Kepler VC na APR WVC begukanye igikombe cyo kwibuka Padiri Kayumba wayoboraga GSOB

Amafoto – Kepler VC na APR WVC begukanye igikombe cyo kwibuka Padiri Kayumba wayoboraga GSOB

Ubwanditsi 05 Mar 2024
Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera

Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera

RUSHYASHYA 18 May 2026
Amaherezo y’Inzira ni mu nzu, umwicanyi Ndereyehe azoherezwa mu Rwanda

Amaherezo y’Inzira ni mu nzu, umwicanyi Ndereyehe azoherezwa mu Rwanda

Ubwanditsi 18 Dec 2020
Perezida Tshisekedi arakoresha intambara ya Kongo mu nyungu ze bwite

Perezida Tshisekedi arakoresha intambara ya Kongo mu nyungu ze bwite

Ubwanditsi 03 Dec 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda : Impunzi nk’igicumbi cyo gukuramo abajya mu mitwe y’iterabwoba
INKURU NYAMUKURU

Uganda : Impunzi nk’igicumbi cyo gukuramo abajya mu mitwe y’iterabwoba

Ubwanditsi 28 Jun 2019
Padiri Nahimana abangamiwe n’imbabazi Papa Francis yasabye ku ruhare Kiliziya Gatolika yagize muri Genocide
ITOHOZA

Padiri Nahimana abangamiwe n’imbabazi Papa Francis yasabye ku ruhare Kiliziya Gatolika yagize muri Genocide

Ubwanditsi 26 Mar 2017
Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri idasanzwe yateranye kuwa Kane tariki ya 28 Ugushyingo 2019
INKURU NYAMUKURU

Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri idasanzwe yateranye kuwa Kane tariki ya 28 Ugushyingo 2019

Ubwanditsi 29 Nov 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru